Nyagatare: Urusengero rugwiriye abakirisitu 40, babiri muri bo bahasiga ubuzima

Mu mvura nyinshi yaguye mu Karere ka Nyagatare ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, yasenye urusengero rwa Good Foundation rwarimo abakirisitu 40 basenga, inkuta zihitana babiri, zinakomeretsa bikomeye abandi umunani.

Inkuta z'uru rusengero zagwiriye abakirisitu basengaga
Inkuta z’uru rusengero zagwiriye abakirisitu basengaga

Abahitanywe n’iyo mpanuka ni Rusirasi Augustine wari ufite imyaka 70 na Murungi Olive wari ufite imyaka 33, abakomeretse bakaba bahise bajyanwa ku bitaro bya Nyagatare.

Uzabakiriho Francois wari muri urwo rusengero yavuze ko imvura nyinshi ivanzemo umuyaga yaje igaterura igisenge cy’urusengero inkuta zigahita zibagwa hejuru.

Ati “Umuyaga waje mbona uteruye igisenge inkuta zitangira kugwa, jye na mugenzi wanjye duhita twiruka urukuta rutugwa imbere tubona inzira, tujya gutabaza abantu.”

Abatabaye barimo bakuramo abakomerekejwe n'inkuta zagwiriye abakirisitu
Abatabaye barimo bakuramo abakomerekejwe n’inkuta zagwiriye abakirisitu

Uretse urusengero rwa Good Foundation, ruherereye mu Mudugudu wa Cyonyo Akagari ka Bushoga, Umurenge wa Nyagatare, hari n’inzu zo guturwamo zatwawe n’umuyaga banyirayo basigara iheruheru.

Habineza Longin Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagatare yafashe mu mugongo ababuze ababo, anabizeza ubufasha bw’abayobozi.

Yanasabye abaturage kuba hafi ya bagenzi babo, bakabacumbikira mu gihe hagishakishwa uko bafashwa.

Abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Nyagatare
Abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Nyagatare
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Mana we urengere abasigaye kandi uduhe kwita ku iherezo ryacu mzee wacu ugiye ntaguherukaga tuzahora Tukwibuka igendere uruhukire mu mahoro

M first(Aline) yanditse ku itariki ya: 9-11-2018  →  Musubize

Oya mama nabo bitwa abanzi bayo bazazukira gukorwa nisoni niwigira najyuwa jya ubanza ukore ubushakashatsi. Unwo ugerearnije umuntu n’amashanyarazi noneho na LEG uraza kuyigereranya n’Imana urantangaje.yewe Seziberawe warize koko.

Cabugufi yanditse ku itariki ya: 8-11-2018  →  Musubize

Inkuru ibabaje cyane.Dukomeje bene wabo,nibihangane.Ubwo basengaga,birashoboka ko bazazuka ku Munsi w’imperuka.Ariko nk’Umukristu wize neza Bible,nagirango mbwira abantu iyo dupfuye uko bigenda.Nta hantu na hamwe Bible yigisha ko umuntu upfuye aba yitabye imana.Dore uko Bible yigisha ku Rupfu.Upfuye ntabwo aba yumva (Umubwiriza 9:5).None se yakitaba imana gute kandi atumva?Umwuka Imana yashyize muli Adamu,ntabwo ari Roho itekereza nkuko benshi bibeshya.Ahubwo ni “neshamah “ mu Giheburayo (breath mu Cyongereza,Souffle mu Gifaransa).Uwo mwuka imana yashyize muli Adamu,siwo utekereza.Hatekereza “ubwonko gusa”.Umwuka uba mu mubiri wacu,ni imbaraga zidukoresha.Twabigereranya n’amashanyarazi akoresha Radio.Ntabwo rero umwuka wakitaba imana kandi “udatekereza”.Iyo dupfuye,uwo mwuka uragenda,nkuko amashanyarazi nayo agenda,RADIO ntiyongere kuvuga.Dore urugero rwiza rwerekana ko iyo dupfuye tutaba twitabye imana: Igihe Yakobo bamubwiraga ko umuhungu we witwaga YOZEFU yapfuye,ntabwo yavuze ko umwana we yitabye imana.Ahubwo yavuze ko azasanga umwana we mu gitaka (Itagiriro 37:35).Bible yigisha ko upfuye yakoraga ibyo imana idusaba,azazuka “ku munsi w’imperuka”,agahembwa ubuzima bw’iteka muli paradizo (Yohana 6:40).Ni Yesu ubwe wabivuze.Abantu bapfa biberaga mu byisi gusa,biba birangiye batazazuka kuko imana ibafata nk’abanzi bayo (Yakobo 4:4 ).Barabora bikarangira (Abagalatiya 6:8).

Sezibera yanditse ku itariki ya: 8-11-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka