Inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida Paul Kagame, yaseshe ishami ryo mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) nyuma yo guteza leta igihombo cya za miliyari mu myaka ishize.
Julian Hellmann yongeye guhesha ikipe ya Embrace the World intsinzi ubwo yatwaraga etape ya gatanu ya Tour du Rwanda muri sprint i Rubavu.
Perezida Paul Kagame avuga ko imyitwarire ya bamwe mu bayobozi idakwiye, bitewe n’uko aho gukemura ibibazo by’abaturage bahora bahugiye mu gukemura amakimbirane abaranga.
Intore z’u Rwanda zataramiye abakinnyi b’ikipe ya Arsenal, mu rwego rwo kwibifuriza amahirwe masa muri shampiyona ya 2018/2019 bagiye gutangira.
Akarere ka Rwamagana, kongeye kwisubiza umwanya wa mbere mu kwesa imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari ya 2017- 2018 ku manota 84.5%.
Kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari busese Inteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite, isoje manda y’imyaka itanu.
Ikipe ya Rayon Sports yafatiwe ibihano na CAF birimo ihazabu y’amafaranga n’ibihano byo gusiba imikino Nyafurika iri imbere ku bakinnyi bayo batatu ari bo Yannick Mukunzi ,Christ Mbondi n’Umuzamu Ndayisenga Quassim nyuma y’imirwano yakurikiye umukino wayihuje na USM ALGER.
Bamwe mu bakandida bigenga bazahatana mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2018, bemeza ko biteguye bihagije ku buryo ngo badashidikanya ku ntsinzi.
Perezida Kagame arayobora umuhango wo gusinya Imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2018/2019 hamwe n’abayobozi b’ inzego nkuru z’igihugu nab’inzengo z’ibanze.
Umunsi wa Kane wa Tour du Rwanda wakomereje mu Karere ka Karongi iturutse mu Mujyi wa Musanze, aho isiganwa ry’uyu munsi ryegukanywe n’Umunyamerika Timothy Rugg.
Team embrace the World yongeye kubona intsinzi muri Tour du Rwanda 2018 binyuze ku Munyamerika Rugg Timothy watsindiye i Karongi kuri etape ya kane.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab, arizeza abategera imodoka i Rwamagana ko igihe cy’imvura kitazasanga bakizitegera ahantu h’amanegeka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera Evode Uwizeyimana, aranenga ibigo by’imari binyuranye bikorera mu Karere ka Rulindo kudakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda muri serivisi zigenewe abaturage.
Abayobozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko ibigori bituruka Uganda byishe isoko ryo mu Rwanda kubera ibiciro bito babiguraho.
Umuryango Aegis Trust wamuritse ibitabo bibiri bikubiyemo inyigisho z’amahoro n’urukundo, uhita ubishyikiriza Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) ngo kizabigeze mu mashuri.
Umuryango Commonwealth uhuza ibihugu byakoronijwe n’u Bwongereza hamwe n’ibikoresha ururimi rw’Icyongereza, uravuga ko u Rwanda ruzarusha ibindi bihugu biwugize kwakira inama yawo muri 2020.
Umudage Helmann Julia ukinira Team Embrace the World yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kareshya na kilometero 199,7 akoresheje amasaha atanu, iminota 12 n’amasegonda 04.
Umubare w’abemerewe kuzahatanira kwinjira mu nteko ishinga amategeko uyu mwaka wiyongereyeho 27% ugereranije na manda ishize, mu gihe abagore bemerewe kuziyamamaza bazamutseho 10%.
I Kigali hazahurira ibihangange muri politiki birimo Kofi Annan wayoboye Umuryango w’Abibumbye (UN), Al Gore wigeze kuba Visi Perezida wa Amerika na Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.
Abanyarwanda akenshi bavuga ko umubyeyi wasamye acyonsa, agomba guhita abihagarika, ngo kuko ayo mashereka ashobora kugira ingaruka mbi ku mwana . Ariko abahanga mu mirire bakemeza ko ntacyo amutwara.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rutozwa umukino wa Basketball, igikorwa kizwi nka “Giant of Africa” ko inzira imwe yo kuba igihangange ari ukubikorera.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa mbere tariki 06 Kanama 2018 rwerekanye abantu babiri bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura bukoresheje ikoranabuhanga.
Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data yegukanye agace ka Kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Mujyi wa Huye.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Nyakanga 2018, hagaragaye ubwirakabiri budasanzwe bw’Ukwezi ku isi hose. Ubwo bwirakabiri bufatwa nk’imbonekarimwe abafotozi bo hirya no hino ku isi bari babutegereje, kugira ngo basigarane amafoto y’urwibutso. Irebere ayo mafoto maze utubwire uwaba yarahize abandi mu gufotora ubwo bwirakabiri.
Abagore bo mu murenge wa Muko mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’abagabo babaturaho abana babyaye ku nshoreke, bikavamo gusenya ingo zabo.
Umunya Algeria Azzedine Lagab ukinira ikipe ya Groupement Sportif des Pétroliers yo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda kakiniwe i Rwamagana.
Perezida Paul Kagame wasoje itorero indangamirwa rya 11, yasabye abari baryitabiriye kumenya guhitamo icyagirira u Rwanda akamaro ariko icyarugirira nabi bakacyamagana.
Ishimwe Yvette ukora ibikoresho byo mu nzu bitandukanye n’imitako yifashishije umugano ahamya ko byamurinze ubushomeri, akaba yibonera icyo akeneye ntawe asabye.
Perezida Paul Kagame aritabira umuhango wo gusoza icyiciro cya 11 cy’itorero ry’urubyiruko kizwi nk’Indangamirwa, cyatorezwaga mu kigo cya Gabiro.
Umuryango imbuto Foundation n’abafatanyabikorwa bawo mu bijyanye n’uburezi batangije amahugurwa agenewe abarezi bo ku mugabane w’Africa mu bijyanye no gufasha abanyeshuri gushaka buruse mu mashuri yo hanze.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye, yatangaje ko umuhanda Huye-Kibeho-Ngoma uratangira gushyirwamo kaburimbo muri Nzeri 2018.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Amagare ku isi David Lappartient yatangaje ko gusura urwibutso rwa Genoside rwa Kigali, byamuhaye andi makuru arenze kure ayo yari afite ku Rwanda.
Mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bijihije umuganura ingo 34 zabanaga mu buryo butemewe n’amategeko zisezerana.
Antoine Mugesera wahoze ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yanyomoje abavuga ko bakoze impinduramatwara mu myaka y’1959 - 1962 abinyujije mu gitabo yanditse cyitwa "Rwanda 1959 - 1962, La Révolution Manquée" kivuga ku cyiswe impinduramatwara nyamara itaragezweho.
Mu mikino ya FEASSSA biteganijwe ko izabera mu Rwanda guhera taliki ya 10 kugeza 20 Kanama 2018, Minisiteri y’Uburezi yahagurikiye ikibazo cy’amanyanga avugwa mu bigo by’Amashuri bitira abakinnyi ahandi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’ibigo bicuruza amazi byatangiye ivugururwa ry’icuruzwa ry’amazi yoherezwa Goma Abanyarwanda bakayabura.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda FERWACY, ryamaze gushyira ahagaragara aho irushanwa rya Tour du Rwanda 2018 rizamara icyumweru rizanyura. Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe burakangurira buri Munyarwanda kuzarikurikirana ari nako bashyigikira amakipe atatu ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa
Mu gihe muri Kivu y’Amajyaruguru mu gace ka Beni na Lubero havugwa Ebola imaze guhitana ababarirwa muri makumyabiri, u Rwanda rukomeje gukaza ubwirinzi mu gukumira iyi ndwara.
Minisitiri wa Siporo n’Umuco Uwacu Julienne yibukije Abanyarwanda ko umurimo unoze kandi ukorewe ku gihe, ari ryo shingiro rya nyaryo ryo kwigira Abanyarwanda bifuza kugeraho.
Igitabo “Umugabo mu mugambi w’Imana” cyanditswe na Rev Dr Antoine Rutayisire wo mu Itorero ‘Anglican’, kirasaba abagabo gukorera ingo zabo.
Mu gihe usanga abakundana cyangwa abagabo n’abagore bitana ba sheri (chéri), Liberata Hategekimana we hashize umwezi kumwe atangiye kurihamagara umugabo bamaranye imyaka 10.
Kuri uyu 1 Kanama 2018 Minisiteri y’ubuzima ( Minisante) yatangaje ko mu gace kitwa Beni ko mu Majyaruguru ya Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) , hagaragaye icyorezo cya Ebola cyagaragaye.
Hamire Emmanuel uyobora umudugudu wa Rebero, Akagari ka Rugari, Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, yahawe impano ya Karuvati iriho ifoto ya Perezida Kagame, ashimirwa ko ayobora neza umudugudu we.
Perezida Paul Kagame ntiyemeranya n’abavuga ko Afurika itakwiteza imbere nta nkunga ihawe, akemeza ko umutungo utikirira mu nzira zitemewe ari wo mwinshi kandi ukwiye kugaruzwa.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’ Uburengerazuba ifatanije n’abaturage yafatanye abagabo bane ibiro birenga 40 by’urumogi mu turere twa Rubavu na Rusizi.
Uyu munsi Perezida Kagame aritabira kandi anageze ijambo ku bitabiriye inama y’Ihuriro Nyafurika ku Buyobozi ibera i Kigali kuva 2-3 Kanama 2018.