APR na Mukura zikomeje gukubana nyuma yo gutsinda imikino ine zikurikiranya

Mukura Victory Sports itsindiye Kiyovu ku Mumena igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona, APR nayo itsindira Marines i Rubavu.

Mukura yatsindiye Kiyovu ku Mumena, ishimangira amahindura y’uyu mwaka

Igitego rukumbi muri uyu mukino cyatsinzwe na Iradukunda Bertrand ku munota wa 10 mu gice cya mbere.

Mu mukino wari ukomeye Mukura yatsindiye Kiyovu ku Mumena
Mu mukino wari ukomeye Mukura yatsindiye Kiyovu ku Mumena

Nyuma y’ki gitego byatumye Kiyovu Sports yotsa igitutu Mukura ariko barinda bajya mu kiruhuko itishyuye.

Iradukunda Beltrand watsindiye Mukura igitego, ari nacyo cye cya mbere muri Shampiona
Iradukunda Beltrand watsindiye Mukura igitego, ari nacyo cye cya mbere muri Shampiona

Mu gice cya kabiri Kiyovu yakomeje kwiharira umupira ariko ntibigire icyo bitanga, kugeza mu minota ya nyuma aho umuzamu Rwabugiri Omar yarokoye ikipe akuyemo ishoti rikomeye ryari ritewe na Vincent.

Mukura mu byishimo nyuma yo gutsinda umukino wa kane yikurikiranya
Mukura mu byishimo nyuma yo gutsinda umukino wa kane yikurikiranya

APR ikomeje gutsinda 2-0 mu mikino yose

Kuri Stade Umuganda, APR nayo yatsinze Marines ibitego 2-0 byatsinzwe na Muhadjiri Hakizimana kuri Coup-Franc, ndetse na Byiringiro Lague ku gitego cy’umutwe ku mupira yari ahawe na Bigirimana Issa.

APR kugeza ubu imaze gutsinda imikino yose ine ya Shampiona, aho buri mukino wose yawutsinzemo ibitego 2-0, bivuze ko itaratsindwa igitego na kimwe muri Shampiona

As Kigali ya Masudi Juma ikomeje kubura intsinzi

Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya Etincelles yabonye amanota 3 ya mbere ya shampiyona nyuma yo gutsinda AS Kigali ibitego 2-0.

As Kigali na Etincelles warebwe n'abafana mbarwa
As Kigali na Etincelles warebwe n’abafana mbarwa

Turatsinze Heritier yafunguye amazamu ku munota wa 18, Niyonsenga Ibrahim atsinda igitego cyiza cyane ku munota wa 78.

Ikipe ya AS Kigali yabonye amahirwe mu gice cya kabiri, mu gihe itari ifite umutoza mukuru Masudi Djuma wahawe ikarita y’umutuku ku mukino uheruka na Marines.

Imikino yabaye kuri uyu wa gatandatu

Kiyovu Sports 0-1 Mukura
Marines 0-2 APR FC
AS Kigali 0-2 Etincelles

Imikino iteganijwe kuri iki cy’umweru

Rayon Sports vs Gicumbi
Bugesera vs Sunrise

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ndayishimiye cyane Mukura kuko iri kuduha ikizere nkabanyarwandako izaduhagararira neza

Paul yanditse ku itariki ya: 4-11-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka