Areruya Joseph uherutse kwegukana irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo ribera muri Gabon, ni umwe mu bakinnyi batandatu bagize ikipe y’u Rwanda izahatana muri iri rushanwa rizaba guhera tariki ya 21-27 Gashyantare 2019.
Bamwe mu rubyiruko bo mu Murenge wa Bungwe mu Karere ka Burera, bavuye mu kigo ngororamuco cy’Iwawa bashinja Leta kutabaha ubufasha yabemereye ngo batangire ubuzima bushya.
Mu gitaramo gikomeye cyane cyabaye kuri uyu wa 23 Ukuboza 2018 Chorale de Kigali yanejeje abantu mu buhanga bwayo ibaririmbira indirimbo izwi cyane iranga amarushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwabo ku mugabane w’Uburayi.
Byari urugamba rutoroshye gutoranya abakobwa bahagararira intara y’Uburengerazuba muri Miss Rwanda 2019, kubera umubare munini w’abakobwa bitabiriye iri rushanwa.
Abatuye akarere ka Nyamasheke basanga hari bimwe mu bibazo by’ingenzi bikwiye kubanza kuva mu nzira kugira ngo babashe guhangana n’ubukene bukabije buhora bubashyira ku mwanya wa mbere w’uturere dufite abaturage bakennye.
Mu irushanwa rya Miss Rwanda muri 2015, Umuratwa Eduige uzwi nka Queen Eduige akaba na murumuna wa Young Grace yavuyemo rugikubita, anenzwe uburebure butagera kuri metero 1,7.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke barasaba ko leta kubakuriraho amafaranga yose basabwa ngo abana batangire amashuri y’incuke kuko abatayabona abana babo batiga.
Minisiteri y’Uburezi (MINDUC) yaburiye abayobozi b’ibigo n’abashinzwe uburezi mu turere n’imirenge ko bashobora kuryozwa mudasobwa zisaga 600 zaburiwe irengero.
Abakora inkweto za Made in Rwanda bavuga ko bagifite ikibazo gikomeye cy’impu bakenera kuko nyinshi bazikura hanze bikabahenda bigatuma n’inkweto bakora zihenda.
Bamwe mu batishoboye bahawe inguzanyo ya VUP bamaze kwambura miliyoni zirenga 78Frw kandi ngo abenshi nta bushobozi bwo kwishyura bafite.
Ikipe ya Mukura ikoze amateka yo kugera mu kiciro kibanziriza amatsinda ya CAF confederation cup, isezereye ikipe yo muri Soudani kuri penaliti 5 kuri 4.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buravuga ko inzego zitandukanye zahagurukiye ikibazo cy’abatuye muri Kangondo hakunze kwitwa ‘Bannyahe’, bakazasubizwa hakoreshejwe uburyo butatu.
Perezida Kagame avuga ko atumva abayobozi bategera abaturage ngo baganire ku bireba igihugu ari ho haturuka ko haje ubashuka byamworohera kuko ababwira ko ari we ubitayeho.
Urubyiruko rukomoka mu miryango ikennye cyane yo mu Karere ka Muhanga, ruravuga ko ibiganiro bigamije kurufasha kwimenya bigiye kurworohereza ibikomere rwaterwaga n’ubwo bukene.
Ababyeyi bafite abana bajya bohereza gutozwa iby’umuco nyarwanda ku Ngoro y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iherereye i Huye, bifuza ko igihe cyo kubatoza cyakongerwa aho kuba iminsi 10 gusa.
Koperative Umwarimu SACCO yungutse miliyari 5 muri 2018 igahamya ko byaturutse ku gucunga neza inguzanyo no gushyira ingufu mu kwishyuza ibirarane byari byaratinze kwishyurwa.
Abakozi bashinzwe ikurikirana n’isuzumabikorwa ry’ibigo bya Leta, iry’abikorera n’imiryango mpuzamahanga, bamaze kwihuza kugira ngo basangire ubunararibonye bw’uwo mwuga.
Ku nshuro ya kane muri shampiyona Rayon yongeye gutsindwa, aho itsinzwe na Police igitego 1-0
Imani Bora, umwe mu rubyiruko rwahanze udushya yakoze imashini irarira amagi ikanayaturaga mu minsi 21 hagasohoka imishwi, akemeza ko izibagiza aborozi izavaga hanze kuko inahendutse.
Ishuri Wisdom School ni ishuri mpuzamahanga riherereye mu mujyi wa Musanze rikaba ari naho rifite icyicaro, rikaba rimaze kugaba amashami mu turere twa Burera, Nyabihu na Rubavu hose ryarateye intambwe yo kuba rihafite ibyiciro binyuranye birimo amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye.
Itegeko rishya rigenga umurimo ryasohotse mu igazeti ya Leta muri Nzeri 2018, rihana umukoresha wese umyuranyije n’iryo tegeko ry’umurimo no kurengera uburenganzira bw’umukozi.
Majoro Bernard Ntuyahaga urangije igihano cye cy’igifungo cy’imyaka 20 yakatiwe n’urukiko I Buruseri mu Bubiligi, kuri ubu ari mundege imuzana I Kigali Mu Rwanda, aho ari butunguke ku kibuga cy’indege yidegembya, ubundi akajya i Mutobo gutozwa mbere yo kwinjira mu muryango nyarwanda.
Abahinzi bakorana n’Ikigo giteza imbere ubuhinzi bw’icyayi (Rwanda Mountain Tea/RMT), baravuga ko uwahombeye mu guhinga indi myaka atahombera mu cyayi.
Umunyarwanda Areruya Joseph amaze gutorwa nk’umukinnyi w’umwaka muri Afurika mu mukino w’amagare, aho ahigitse abandi bose bari bahanganye
Mu nkambi ya Nyarushishi yakira impunzi by’agateganyo iherereye mu murenge wa Nkungu, mu karere ka Rusizi, komisiyo ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, yasezereye abagore b’abahoze ari abarwanyi ba FDLR babarirwa muri 644 n’abandi 400 bari i Nyanza.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Ambasaderi Nyirahabimana Solina, arahamagarira ababyeyi kuganiriza abana iby’ubuzima bw’imyororokere ntacyo basize kuko bibarinda abababeshya.
Abanyarwanda batatu bize mu gihugu cya Arabia Soudite bakoze umushinga wo kubaka ikigo cyigisha imyuga cyitwa TVET Gasanze giherereye mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze.
Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Cote d’Ivoire, yabwiye abikorera bo muri iki gihugu ko ari bo bifitemo umuti w’ibisubizo by’ibibazo by’Afurika.
Nshimiyimana Jerôme ucururiza butike mu kagari ka Rwebeya mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze, arishimira ko yarokotse impanuka y’imodoka yamusanze muri butike ye arokokana n’abakiriya babiri.
Ikipe y’amaguru y’abafite ubumuga mu karere ka Rubavu baranenga akarere kubatererana mu mikino yabagenewe bakavamo badakinnye.
Kugira ngo umuntu ahorane ubuzima buzira umuze kandi agira imbaraga, imirire myiza ni ingenzi.
Ikipe ya APR FC idakunze kugorwa na Kiyovu, iyitsinze igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere zungutse abapilote bashya 50 basoje amasomo muri Ethiopia mu byo gutwara indege no kuzikanika.
Inama y’abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba “EAC” yari iteganyijwe kuwa 27 Ukuboza 2018 yongeye gusubikwa hadatanzwe impamvu.
Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo Ing. Jean de Dieu Uwihanganye, ngo hagiye gutangwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’igihe gito rutarengeje amezi atandatu ku batsindiye impushya za burundu.
Perezida Paul Kagame ukomeje uruzinduko agirira muri Côte d’Ivoire yashyikirijwe infunguzo na Guverineri w’Umujyi wa Abidjan zimwemerera kuba umuturage wawo w’icyubahiro.
Bamwe mu baturage amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu karere ka Rusizi baravuga ko batifuza gukomza kwitwa “Abasigajwe inyuma n’amateka kuko ngo babona iri zina rikomeza kubambura agaciro mu bandi bagahora basuzuguritse.
Perezida Paul Kagame yemeza ko mu mwaka amaze ayobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yagowe cyane no guhuza imyumvire itandukanye y’abantu.
Umuryango SOS Rwanda wita ku mpfubyi n’abandi bana batereranywe, watangiye gahunda y’imyaka itatu yo gukorera ubuvugizi abana batarerwa n’abababyaye.
Musabyimana Agnès umubyeyi w’imyaka 29, nyuma y’inzira ndende yanyuzemo yitoza gusiganwa ku maguru, inzozi ze zibaye impamo aho amaze gutsindira itiye yo guhagararira u Rwanda mu marushanwa y’isi azabera muri Denmark muri Werurwe 2019.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 19 Ukuboza 2018, ikigo gishinzwe Iterambere (RDB) hamwe n’Urugaga rw’abikorera (PSF), bashyize amahoteli n’amarestora manini mu byiciro, hakurikijwe ireme rya serivisi batanga. Hotel One&Only Nyungwe House Lodge iba iyambere ibonye inyenyeri eshanu hanze y’umujyi wa Kigali.
Minisitiri wa siporo n’umuco (MINISPOC) Nyirasafari Esperance arasaba Abanyarwanda muri rusange, by’umwihariko Abatuye mu Mujyi wa Kigali kwishimira iminsi mikuru ariko birinda guhungabanya umutekano no gusesagura.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Cote d’Ivoire yaraye yambitswe umudali w’ikirenga muri iki gihugu, awutura Abanyarwanda baruhanye mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda.
Ikipe ya AS Kigali inyagiye Gicumbi ibitego 6-0, mu mukino w’umunsi wa 10 wa Shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Perezida Paul Kagame aherekejwe na Madame Jeannette Kagame bageze i Abidjan muri Cote d’Ivoire, aho bari buhabwe ibihembo bikomeye muri iki gihugu.
Abarwanyi ba FDLR bacyuwe mu Rwanda ku gahato na Congo bavuga ko babayeho neza mu gihe batari bizeye umutekano wabo.
Umujyi wa Kigali hamwe n’umuryango Caritas baravuga ko gufasha abana kuva mu muhanda utitaye ku babyeyi babo n’abo bavukana bidashobora gukemura burundu ikibazo cy’abana bo mu muhanda.
Harabura iminsi itageze ku cyumweru kimwe ngo Noheli ya 2018 ibe ariko ab’inkwakuzi batangiye gutaka umujyi kugira ngo uzanyure abawusura muri iyi minsi y’impera z’umwaka.
Minisitiri wa Siporo n’Umuco Madamu Nyirasafari Esperance, aratangaza ko ibibuga byasenywe inyuma ya Stade Amahoro, hatangiye gahunda yo gushaka aho byimurirwa