Abagize urwego rw’umutekano rwa DASSO bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze, tariki ya 25 Nzeri 2019 batangiye gusezererwa basubizwa mu buzima busanzwe.
Mu rwego rwo gususurutsa abatuye Umujyi wa Kigali, buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi hateguwe igitaramo kizajya kibafasha kwidagadura, igitaramo abatuye umujyi binjira batishyuye amafaranga, bagasusurutswa n’abahanzi banyuranye.
Umushinga Mastercard Foundation w’Abanyakanada ukorera no mu Rwanda washoye miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 46 z’Amanyarwanda) mu gufasha urubyiruko kwiga imyuga izarufasha kubona akazi cyangwa rukakihangira kugira ngo rwiteze imbere.
Inzego zishinzwe kugenzura itangazamakuru no kurirengera zirasaba ko amategeko agenga umwuga w’itangazamakuru yavugururwa akajyanishwa n’ibihe rigezemo. Abayobora izo nzego babivuze mu gihe hari ababyeyi bakomeje kwinubira bimwe mu bitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane urwa YouTube, ruvugwaho kuba hari abarukoresha (…)
I New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika hari kubera inama y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumwe (United Nation General Assembly) izamara iminsi itanu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye aborozi bo mu turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare kwirinda kuragira inka zabo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, kuko ifatiwemo izajya itezwa cyamunara nta yandi mananiza.
Irushanwa rihuza abanyempano bo mu gace ka Afurika y’Iburasirazuba ryitwa ‘East Africa’s Got Talent’ rigeze ahashyushye ndetse Abanyarwanda bari mu bahabwa amahirwe yo kuryegukana hakurikijwe ubushobozi bagaragaje mu byiciro by’iri rushanwa bitandukanye.
Umuvunyi Mukuru Anastase Murekezi, avuga ko abayobozi icumi bamaze gusabirwa ibihano bazira kutamenyekanisha imitungo yabo ku rwego rw’Umuvunyi.
Jacques Chirac wabaye Perezida w’u Bufaransa apfuye ku myaka 86. Imyaka ye yanyuma yaranzwe n’ibirego bya ruswa yashinjwaga.
François Karangwa ukora mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ufite inzu aho bita i Madina hafi y’ishami rya Kaminuza ry’i Huye, yagujije banki ashyira kaburimbo mu muhanda ntawumufashije.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ine mu Karere ka Nyamasheke bazindutse basezera ku mirimo yabo bavuga ko bafite ibindi bagiye gukora.
Igenzura ryakozwe n’abakozi ba REG tariki 19 Nzeri 2019 ryafashe zimwe mu ngo ziba amashanyarazi ziherereye muri Karitsiye bakunze kwita Yapani, mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, Uwimana Fortunée, yahagaritswe by’agateganyo kubera raporo z’abagenzuzi.
Murenzi Jean Claude uyobora Akarere ka Kayonza avuga ko bateje inka cyamunara barenze ku cyemezo cy’urukiko bagamije kwirinda ko zashirira aho zafatiwe.
Mu gihe iminkanyari kuri bamwe ifatwa nk’ikimenyetso cy’ubukure mbese umuntu ageze mu zabukuru, hari izindi impamvu zinyuranye zitera kuzana iminkanyari imburagihe. Bikunze kugaragara aho usanga umuntu ukiri muto afite iminkanyari mu maso ku gahanga harajeho imirongo ari yo yitwa iminkanyari.
Perezida w’Umuryango SOS ku rwego rw’isi, Siddhartha Kaul, asanga imbere hazaza hasaba Leta gufatanya n’abaturage guha umwihariko uburere bw’abana.
Nyuma y’uko ubushakashatsi buheruka bwagaragazaga ko akarere ka Nyabihu ari ko kari ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bagaragayeho ikibazo cyo kugwingira, abaturage bahagurukiye icyo kibazo biyemeza kukirwanya bitabira amasomo mbonezamirire.
Abaturage barenga 1000 batuye mu midugudu ya Kangondo na Kibiraro muri Nyarutarama mu murenge wa Remera ahazwi nka ‘Bannyahe’ basabwa kwimurirwa mu nzu bubakiwe mu karere ka Kicukiro, bagejeje ugutakamba kwabo muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), basaba uburenganzira ku mitungo yabo.
Madame Jeannette Kagame yasabye Afurika n’Isi muri rusange guteza imbere abagore n’abakobwa mu buyobozi no mu nzego zifata ibyemezo.
Abayobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB baratangaza ko batunguwe n’ubumenyi buke n’imyigishirize iri hasi bihabwa abanyeshuri mu mashuri menshi yo mu karere ka Gicumbi.
Ku ishuri rya Kabusanza (GS Kabusanza), riherereye mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye, abana 170 biga mu mwaka wa kane A na B bigira mu mashuri y’ibirangarizwa atagira inzugi n’amadirishya.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko Inama y’ibihugu bihuriye mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) itaha izabera mu Rwanda ku itariki ya 22 Kamena 2020.
Mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ibarirwa muri 200.
Mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, ku wa mbere tariki 23 Nzeri 2019, hatangijwe amahugurwa y’ibyumweru bibiri, arebana n’ubumenyi ku micungire y’ubutaka, yitabirwa na Kaminuza zinyuranye muri Afurika zigisha ibijyanye n’ubutaka.
Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente avuga ko guhinga neza ukeza ntugaburire umuryango uko bikwiye ntacyo byaba bimaze kuko abana batakura neza ahubwo bakarwara indwara zijyanye n’imirire mibi zirimo no kugwingira.
Abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata y’inka ava mu borozi bo mu Murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batakibona uko bagurisha umukamo mwinshi kubera ko imirimo y’uruganda Burera Daily yahagaze kugeza ubu.
Nyuma y’uko ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byatanze amatangazo ahamagarira abantu kwikingiza ku buntu indwara ya Hépatite B, abivuriza kuri RAMA ntibahawe servise bari bijejwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) kuri uyu wa kabiri tariki 24 Nzeri 2019 yakoze umwitozo wo kwirinda no kurwanya Ebola.
Mu muco Nyarwanda, Abanyarwanda bitaga umwana izina nyuma y’iminsi umunani avutse, bakamwita izina bitewe n’icyo bamwifuriza ko azaba.
Minisiteri y’Uburezi irateganya kuzenguruka mu mashuri 900 mu minsi 10 itanga inama ku bibazo bibangamiye ireme ry’uburezi.
Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) ruri kuganira n’abaturage ku buryo bashobora guturana n’inyamaswa ubusanzwe zitabana n’abantu, kandi bakabana mu mahoro.
Abaforomo n’ababyaza bo mu bitaro bya Butaro baravuga ko batabona aho bacumbika hafi y’ibitaro bikabagiraho ingaruka zo kutanoza serivisi batanga, na bo ubwabo bikababangamira.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu nama y’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 74 irimo kubera i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko mu byo u Rwanda rwitayeho mu iterambere harimo guteza imbere ubuvuzi n’imibereho myiza y’abaturage.
Murekatete Julliet ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyagatare avuga ko abaturage ari bo bazajya batunga abari ku rugerero ruciye ingando.
Bamwe mu batangira gukora umuziki mu Rwanda, bavuga ko hari urwango bataramenya ikirutera, bagirirwa na bagenzi babo bawumazemo igihe. Bavuga ko nubwo wakoresha imbaraga ugakora umuziki mwiza, hari uburyo bwinshi aba bitwa bakuru babo babakomanyiriza ngo ntibacurangwe ku ma radiyo no kuri televiziyo, ubundi ngo (…)
Ikigo cy’igihugu cy’igororamuco (NRS) cyemeza ko mu bajyanwa mu bigo ngororamuco bitandukanye, 20% byabo basubira mu buzererezi, hakaba n’abo biba ngombwa ko basubizwa muri ibyo bigo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) gisaba Abaturarwanda kwisuzumisha hakiri kare indwara zitandura zirimo kanseri, kugira ngo batazajya kuyivuza bitagishobotse.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rutegetse ko Dr Habumugisha Francis ukurikiranyweho gukubita umukobwa witwa Kamali Diane afungurwa akazajya aburana ari hanze ya gereza.
Abatuye umujyi wa Musanze baranengwa kutitabira gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé), aho imirenge itatu igize uwo mujyi ariyo Muhoza, Musanze na Cyuve ikurikirana ku mwanya wa nyuma mu mirenge 15 igize akarere ka Musanze.
Isi igizwe n’ibihugu 195, buri gihugu kikaba gifite umubare ukiranga mu itumanaho, twakwita kode (code).
Umuryango International Alert utangaza ko Abanyarwanda bagomba kubakira urubyiruko amahoro babarinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’amagambo asesereza.
Umugore ufite ubumuga bw’ibirenge byombi witwa Uwimana Chantal utuye mu mudugudu wa Mwidagaduro, akagari ka Bukinanyana mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kubakirwa kuko abayeho mu buzima bubi.
Umuhango wo kurya ubunnyano wakorwaga umwana amaze iminsi umunani avutse kugira ngo ahabwe izina, nubwo kuri ubu hari abaganiriye na Kigali Today bemeza ko ukorwa hake cyangwa ugahuzwa n’indi mihango, aho ushobora gusanga umwana yiswe izina nka nyuma y’ukwezi, ariko amazina ye asanzwe azwi, ndetse n’ibiribwa byakoreshwaga (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku cyumweru tariki 22 Nzeri 2019 ubwo yari i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahuye n’abagize inteko y’abajyanama be n’aba Guverinoma y’u Rwanda muri rusange barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, abashimira uruhare rukomeye bagira mu iterambere ry’u Rwanda.
Mu gihe Shampiyona y’Umupira w’amaguru mu Rwanda isigaje iminsi mike ngo itangire, muri Sitade Ubworoherane y’i Musanze hari akazi katoroshye mu rwego rwo gushaka icyemezo cyemerera iyo sitade kwakira imikino ya Shampiyona.
Mu mukino ubanza mu ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike y’igikombe cya CHAN 2020 , Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) atsindiye Ethiopia iwayo igitego kimwe ku busa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko muri iki gihe abahinzi bagomba guhinga bashyizemo ubwenge.
Ubushakashatsi bwakozwe na Warren G. Sanger hamwe na Patrick C. Friman, mu gitabo cyabo cyitwa Reproductive Toxicology, buvuga ko kwambara umwenda w’imbere ku bagabo ubafashe cyane bishobora gutera ubugumba umuntu ntabashe kubyara.
Umukino w’ishiraniro wabereye muri Kigali Arena mu ijoro ryo ku wa gatandatu tariki 21 Nzeri 2019 warangiye ikipe ya Patriots BBC itsinze REG BBC amanota 65-59.