Abatuye imirenge inyuranye igize akarere ka Nyabihu bari mu byishimo nyuma yo kugezwaho amazi meza, mu gihe bari bamaze imyaka myinshi bavoma ibirohwa bari barahaye izina rya Firigiti.
Ingabire Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless mu muziki wo mu Rwanda, ku isabukuru ye y’imyaka 29, avuga ko ashimira Imana ku byo amaze kugeraho mu gihe amaze ku isi, kandi ngo isabukuru ye imwereka ko Imana imutije iminsi myinshi yo kubaho. Urugendo rwe rwa muzika rwaranzwe n’inzira z’inzitane ariko ubu ni inkingi ya (…)
Bamwe mu bagabo bafite abagore bitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro baranenga uburyo bwo kuboneza urubyaro ku bagore bw’agapira n’ibinini kuko bibabyibushya cyane, abandi bikabananura hakagira n’abo bitera uburwayi.
Ku wa 03 Nyakanga 2019, nibwo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hafatiwe inka 157 z’aborozi bo mu turere twa Kayonza na Gatsibo bihana imbibi, harimo 104 za Safari Steven.
Komiseri mu Itorero ry’Igihugu witwa Twizeyeyezu Marie Josée avuga ko itorero ku mudugudu ari igisubizo ku bibazo byugarije umuryango kuko abaturage bafatanya kubyikemurira.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga, HVP Gatagara, hamwe n’abakozi bakorera mu mashami yacyo yose, begeranyije ubushobozi bubakira ufite ubumuga inzu yo kubamo.
Abatuye mu Kagari ka Rugango mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye bavuga ko nyuma yo kugezwaho amazi meza isuku yaganje iwabo.
Ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda rirateganya kongera guhura rigashaka undi mukandida senateri ritanga ugomba kujya muri Sena.
Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite (PAC) iratangaza ko miliyari zisaga 250frw zakoreshejwe nabi.
Umunyarwandakazi Peace Hoziyana wahabwaga amahirwe yo kujya mu cyiciro cya nyuma yasezerewe muri East Africa’s Got Talent, bituma itsinda ry’abana bitwa Intayoberana risigara ari ryo Abanyarwanda bahanze amaso mu cyiciro cya nyuma.
Abofisiye b’abapolisi 58 baturuka mu bihugu icyenda bya Afurika y’Iburasirazuba (EASF), barimo gutozwa gutabara igihugu cyahura n’umutekano muke mu bigize aka karere.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere imikino ifasha abana gukunda ishuri, Right To Play, ukorera no mu Rwanda ugiye kubakira bimwe mu bigo by’amashuri ibibuga bitandukanye by’imikino bizafasha abana kubona aho bidagadurira.
Mbere y’umukino w’igikombe kiruta ibindi mu Rwanda uzahuza Rayon Sports na AS Kigali, Haruna Niyonzima Captain wa AS Kigali yitezwe kugaruka mu kibuga, nyuma yo gusiba imikino Nyafurika ikipe ye yakinnye kubera kubura ibyangombwa.
Abanditsi b’ibitabo mu Rwanda bakunze kuvuga ko bahendwa mu macapiro yo mu gihugu, ababicapa n’ababicuruza bakavuga ko ikibazo ari ibikoresho bakura hanze bibahenda kubera imisoro, ari na ho benshi bahera bavuga ko ibitabo byo mu Rwanda bihenze.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangaje ko ku bufatanye n’inzego z’umutekano n’ikigo cy’ubuziranenge, bagiye gushaka uko bakemura ikibazo cy’abacuruzi banusura ibicuruzwa bakiba abakiriya.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Ecole des Sciences de Musanze batangiye kwifashisha Laboratwari zo muri Kaminuza y’ubumenyi ngiro ya INES-Ruhengeri mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bubategura kuzasoza amashuri yisumbuye bitwaye neza.
Equity Bank yatangiye uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwitwa Eazzypay, aho umukiriya w’iyi banki ashobora kwishyura ibicuruzwa na serivisi yifashishije telefoni kandi adakoze ku mafaranga.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko abacuruzi bakwiye gufasha abakene mu iterambere kuko ari uburyo bwo gutuma na bo babona abakiriya.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara yagaragaje ibyishimo ubwo yahabwaga mituweli n’abahaji maze abaragiza Bikira Mariya.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko tariki ya 01 Ukwakira 2019 hateganyijwe gushyiraho ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge ku rwego rw’Umudugudu mu rwego rwo gutangiza ibikorwa byo kuzirikana ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinyababa mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru basuwe n’umuvunyi mukuru Anastase Murekezi bamugezaho ibibazo by’akarengane aho abafite ibibazo babaye benshi ataha bose atabakiriye abasezeranya kuzagaruka vuba.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku wa gatandatu tariki 28 Nzeri 2019 zakoze umuganda zifatanyije n’izindi ngabo z’amahanga n’abayobozi n’abaturage bo mu mujyi wa Juba.
Johnathan "Johnny" McKinstry wahoze atoza ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ‘Amavubi’ yarangije kwemezwa nk’umutoza mushya w’ikipe y’igihugu ya Uganda aho kuri uyu wa mbere tariki 30Nzeri 2019 yasinye amasezerano y’imyaka itatu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa(FAO) rikorera mu Rwanda, ryiyemeje ko gahunda nshya y’imyaka itanu kuva 2019-2023, izaca ikibazo cy’imirire mibi mu bana.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 30 Nzeri 2019, saa moya n’iminota 50, ikirere cy’i Kigali cyaramutse cyijimye bitewe n’imvura.
Ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu mihanda buzwi ku izina rya ‘Gerayo Amahoro’ burakomeje, aho kuwa gatandatu tariki ya 28 Nzeri 2019, bwabereye mu rusengero rw’itorero rya Restoration Church riherereye mu mujyi wa Kigali.
Kayirere Julienne, Umunyarwanda wagiye muri Uganda mu mwaka wa 2017 afite umwana w’ukwezi kumwe, ariko yagarutse wenyine kuko ngo atazi aho uwo mwana aherereye.
Inzozi umuntu arota, ziba zitandukanye n’iz’undi, kimwe nuko zitandukana n’izo warose mu gihe cyashize, bityo hakabaho kurota ibyiza cyangwa ibibi, hakabaho kurota ibitabaho cyangwa bitigeze bikubaho, cyangwa ukarota n’ibyabayeho.
Ubusanzwe igihe k’impeshyi kirangwa n’ibikorwa byinshi bitandukanye harimo n’imyidagaduro. Muri iyi nkuru, Kigali Today irabibutsa bimwe mu bihe bitazibagirana mu mitwe ya benshi byabaye mu gihe cy’impeshyi ya 2019, ni ukuvuga kuva mu kwezi kwa Kamena kugeza muri Kanama 2019.
Kuri iki cyumweru 29 Nzeri 2019, guhera saa kumi n’ebyiri n’igice kugera saa mbiri n’igice z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda, ni bwo hari bumenyekane abandi banyempano bari bwinjire mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa ‘East Africa’s Got talent’ riri kubera muri Kenya.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Muhondo mu karere ka Gakenke ruravuga ko ruri gutandukana n’ubushomeri n’ubukene byari bibugarije nyuma y’aho bubakiwe ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TVET Muhondo, batewemo inkunga n’igihugu cy’Ubuyapani.
Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo ikipe ya Patriots BBC yegukanye igikombe cya shampiyona ya Basketball, nyuma yo gutsinda REG BBC amanota 65-59 mu mukino wa karindwi, ari na wo wa nyuma wasozaga iya Playoffs.
Abahanga mu by’imiti (pharmaciens) baravuga ko kuba umubare wabo ukiri muto, kubura imiti n’amakuru kuri yo, biri mu biteza abaturage benshi kwivurisha ibyatsi n’amasengesho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara buvuga ko mu gihe ababyeyi bagiye gukora umuganda rusange, abana babo na bo bazajya bakora umuganda wo gusoma.
Akarere ka Musanze kuwa gatanu 27 Nzeri 2019 kabonye komite nyobozi nshya, iyobowe na Nuwumuremyi Jeannine watorewe kuba umuyobozi w’akarere, Andrew Rucyahanampuhwe yabaye umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, hakaba na Kamanzi Axelle, watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije (…)
Buri wa gatandatu usoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange, aho abayobozi mu nzego zitandukanye, inzego z’umutekano n’abaturage bahurira ku gikorwa cyateguwe bagakora imirimo y’amaboko.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Dr. Munyakazi Isaac yaburiye abafite ibigo by’amashuri bitubahiriza gahunda byasabwe kwigishamo, ko bishobora gusubiza ibyangombwa byahawe.
Abaganga b’inzobere mu kuvura kanseri y’ibere n’ibibyimba byo mu mutwe baturuka muri bimwe mu bihugu by’i Burayi, bari mu Rwanda aho ku bufatanye n’abo mu Rwanda batangiye kuvura kanseri y’ibere ku buntu.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda burishimira ko abazisura bavuye ku bashyitsi igihumbi ku mwaka kuva mu 1989, bakaba bageze ku basaga ibihumbi 270, bivuze ko bikubye inshuro 270 mu myaka 30.
Mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki ya 27 Nzeri 2019, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushizwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda yakiriye itsinda ry’abantu batandatu baturutse mu nzego zitandukanye zishinzwe imiyoborere myiza no kurwanya ruswa mu gihugu cya Côte d’Ivoire.
Umusore w’imyaka 27 witwa Uwitonze Desiré, wo mu murenge wa Niboyi mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, wari ufungiye mu gihugu cya Uganda, yavuze ku buzima bubabaje Umunyarwanda uri muri Uganda abayemo bwo gutotezwa no gukorerwa iyicarubozo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, avuga ko bigayitse kuba Akarere ka Nyagatare gafite inka n’umukamo mwinshi mu gihugu ariko kakarwaza bwaki.
Polisi y’igihugu iratangaza ko icyo ibereyeho ari ugufasha Abanyarwanda n’abaturarwanda kwidagadura ariko bakabikora mu mudendezo.
Kuri uyu wa gatanu 27 Nzeri 2019, habaye amatora y’abayobozi b’uturere n’ababungirije basimbura abaheruka kwegura mu turere tumwe two mu ntara y’Uburengerazuba, Amajyepfo n’Amajyaruguru.
Ku nshuro ya kane y’iserukiramuco rihuza ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ririmo ribera i Dar es Salaam muri Tanzaniya (JAMAFEST), imbyino z’Abanyarwanda zamuritswe n’itorero Urukerereza ziri mu byakunzwe cyane kimwe n’umuziki w’imbonankubone (Live Music) wacuranzwe n’abanyeshuri ba Nyundo.
Hari abagabo bo mu Karere ka Nyaruguru batekereza ko umugabo ufite umugore utajya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya aba yarahombye.
Ibikorwa byo kurwanya abiba umuriro w’amashanyarazi byakozwe mu cyumweru cyo kuva ku itariki 20 kugeza ku ya 27 Nzeri 2019 bisize abantu 15 bafashwe biba umuriro.