Umukino w’ishiraniro wabereye muri Kigali Arena mu ijoro ryo ku wa gatandatu tariki 21 Nzeri 2019 warangiye ikipe ya Patriots BBC itsinze REG BBC amanota 65-59.
Muhawenimana Assouma, umugore w’imyaka 40 y’amavuko, akaba ari mu batishoboye utuye mu murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze; avuga ko yari abayeho mu buzima bugoye kuko acumbitse mu nzu akodesha akishyura amafaranga y’u Rwanda 4000 buri kwezi.
Undi Munyarwanda uvuga ko yari umunyeshuri muri Uganda, arembeye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi nyuma yo gukubitirwa i Kampala ku cyumweru gishize.
Ni kenshi Polisi y’u Rwanda yagiye ikangurira Abanyarwanda cyane cyane abakora ubucuruzi bw’inzoga, nk’utubari, amaresitora ndetse n’amahoteli kwirinda guha abana ibisindisha cyangwa kubakoresha mu tubari.
Bwa mbere mu Rwanda hateguwe irushanwa ryo guhanga udushya, twafasha inganda gutera imbere hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’itumanaho cya MTN Rwanda buratangaza ko bugiye gushyiraho umunara woroshya itumanaho hagati y’ababyeyi n’abagororerwa Iwawa.
Mu ntangiriro z’Ukwakira mu Rwanda harakinwa isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla 2019, rikazakinirwa mu turere dutatu mu gihe cy’iminsi itatu
Ku wa gatanu tariki 20 Nzeri 2019 muri Kigali Arena habereye imikino ya Basketball. Ikipe y’abagore ya APR yegukanye igikombe cya Shampiyona iterwa inkunga na Banki ya Kigali (BK National Basketball League).
Nyuma y’iminsi hashakishwa umutoza ugomba gusimbura Robertinho, Rayon Sports yasinyishije Javier Martinez Espinoza amasezerano y’umwaka umwe.
Gen Maj Pacifique Ntawunguka uzwi ku mazina nka Omega, Nzeri na Israel ni we wagizwe umuyobozi w’agateganyo ku buyobozi bw’umutwe w’igisirikare cya FDLR.
Umushakashatsi w’Ikigo cy’igihugu cya Ghana gishinzwe amahoro (KAIPTC), Dr. Festus Aubyn yashyigikiye ko ibihugu bya Afurika bivoma ibisubizo mu mwimerere wabyo, ashingiye kuri Gacaca y’u Rwanda.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa muntu (NCHR) itangaza ko amatora y’Abasenateri aherutse kuba mu Rwanda yagenze neza kuko yubahirije ibiteganywa n’amategeko byose.
Abacuruza utubari bakorera mu mujyi wa Kigali biyemeje gufasha Polisi y’igihugu guhangana n’impanuka zo mu muhanda zituruka ku businzi.
Nyirasafari Espérance wari uherutse kugirwa Minisitiri w’umuco na Siporo, Perezida Kagame yamugize umwe mu basenateri binjiye mu nteko ishinga amategeko nyuma y’igihe kitagera ku mwaka ari minisitiri w’umuco na Siporo.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda muri Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) Rafiki Mujiji yabwiye abamotari bakorera umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu mujyi wa Kigali, bari bateraniye muri sitade ya Kigali i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge ku wa 19 Nzeri 2019 ko hari ibintu Polisi (…)
Ku gicamunsi cyo ku wa kane tariki ya 19 Nzeri 2019 nibwo Maj. Gen Luís Carrilho, Umuyobozi w’ishami rya Polisi mu Muryango w’Abibumbye (ONU) ari kumwe na Brig. Gen Ossama El Moghazy, umuyobozi wungirije w’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro no kubumbatira (…)
Hari uduce twamenyekanye cyane ku mazina y’abantu bahatuye ndetse n’abahubatse kurusha amazina yaho yanditswe mu byangombwa byemewe n’ubutegetsi bwite bwa Leta.
Mu Karere ka Rubavu, ubuyobozi buvuga ko ibikorwa byo gufasha urubyiruko kwiga imyuga no guhanga umurimo bigenda neza ariko hakaboneka imbogamizi zo kubona igishoro n’ingwate ku rubyiruko.
Mu cyumweru kimwe (kuva tariki 12 kugeza tariki 18 Nzeri 2019) inzego zishinzwe kugenzura ubujura bw’umuriro w’amashanyarazi zirimo Sosiyete ishinzwe ingufu mu Rwanda (REG), Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Polisi y’u Rwanda, zifatanyije n’abaturage, zataye muri yombi abantu batandatu bazira kwiba umuriro w’amashanyarazi.
Nyuma y’uko mu Karere ka Nyamagabe hasezeye abakozi icyenda, umwe muri bo akagirwa inama yo gusaba ikiruhuko cy’iza bukuru, mu Karere ka Gisagara n’aka Huye ho hasezeye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge umwe umwe.
Urubyiruko rwakurikiranye amahugurwa ku kubaka amahoro n’isanamitima, ruratangaza ko hari intambwe imaze guterwa mu komora ibikomere byatewe n’amateka yaranze u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru yaraye igeze i Addis Ababa muri Ethiopia amahoro, aho igomba gukina n’ikipe y’igihugu ya Ethiopia mu mukino wo gushaka tike y’igikombe cya CHAN.
Imvura ivanze n’umuyaga yasenyeye abaturage 54, isenya ubwiherero 64, ibikoni bitatu, igice cy’insengero eshatu, yangiza urutoki rwa hegitari eshanu, ndetse n’umugore witwa Mukampore Gaudence agwirwa n’igisenge cy’inzu.
Pasiporo (Passeport) kuri ubu ifatwa nk’urupapuro rufite agaciro gakomeye, aho ibihugu by’ibihangange biteranya inama zikomeye mu kwiga no gutanga uburenganzira ku mikoreshereze yayo. Hari ababona pasiporo, nk’urupapuro rwakugeza henshi wifuza ku isi, abandi bakayibona nk’urupapuro rufunga imiryango, kuko utayifite, hari (…)
Ikipe y’u Rwanda y’abagabo itangiranye intsinzi imikino Nyafurika y’abafite ubumuga itsinda Kenya amaseti 3-2 mu mukino wabereye muri Petit Stade i Remera kuri uyu wa kane.
Kuri uyu wa kane tariki ya 19 Nzeri, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yitabiriye inama ngaruka mwaka y’ihuriro ry’abayobozi ba za polisi zo mukarere k’Iburasirazuba bwa Afrika (EAPCCO) irimo kubera i Arusha muri Tanzania.
Inteko ishinga amategeko yasabye Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA) n’iy’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) gukemura ikibazo cy’abaturage bishyuye biogas none zikaba zidakora.
Uwizeyimana Charles, umuhinzi w’urusenda mu cyanya cya Kagitumba avuga ko yinjiza miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri mu mezi atatu kubera urusenda.
Umushinga SMAP (Smallholder Market-oriented Agriculture Project) w’Abayapani wafashaga mu buryo butandukanye abahinzi bakiteza imbere wasoje inshingano zawo, abaturage bakoranye na wo bakaba bishimira iterambere wabagejejeho.
Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu ishami rya Siyansi n’Ikorabuhanga (National Council for Science and Technology), kuri uyu wa kane tariki 19 Nzeri 2019 bahembye imishinga 11 y’abashakashatsi mu buzima, ubuhinzi, umutungo kamere ndetse no mu bushakashatsi bukorerwa mu nganda. Buri mushinga wahawe miliyoni 50 yose hamwe (…)
Bamwe mu bakora umuziki gakondo nyarwanda bavuga ko mu myaka iri imbere ngo uwo muziki ushobora kuzimira nihatagira igikorwa ngo usigasirwe.
Ishuri ryigisha amahoro (Rwanda Peace Academy) rifatanyije n’inzego zitandukanye, rirasuzuma aho u Rwanda rugeze rwiyubaka rinashakisha ibyarufasha gukomeza kubaka amahoro arambye.
Hari bimwe mu bihangano cyane cyane indirimbo byagiye bitavugwaho rumwe bitewe n’uburyo byitwa cyangwa uburyo amashusho yabyo agaragara, hakaba abavuga ko ayo mashusho ateye isoni kandi agacishwaho ku masaha y’amanywa, ababyeyi bakinubira ko aya mashusho ashobora kubangamira uburere bw’abana.
Imitwe ya Politiki yemewe ikorera mu Rwanda yemeje ko Uwamurera Salama na Nkusi Juvenal bayihagararira mu nteko ishinga amategeko, umutwe wa Sena.
Nyuma y’uko ikipe ya Mukura yatsinze iya Rayon Sport ikayitwara igikombe cy’amarushanwa y’ikigega ‘Agaciro’, umufana umwe yayihaye ikimasa mu rwego rwo kwishimira iyo ntsinzi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi, ahamya ko abumva ko abana babo ari abahanga kubera kuvuga indimi z’amahanga bakiri bato bibeshya.
Abakozi babiri b’akarere ka Musanze batawe muri yombi ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 18 Nzeri 2019, bakekwaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.
Mu kwezi gushize Perezida wa Repubulika Paul Kagame yateguje abamotari ko moto zinywa essence zigiye gusimbuzwa izitwarwa n’amashanyarazi, kandi ko icyo gikorwa nikirangira hazakurikiraho imodoka.
Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) itsinze iya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (Léopards) mu mukino wa Gicuti.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwongeye kwihanangiriza abantu bose bafite inshingano zo kurera (Ababyeyi n’abarimu) ndetse n’abandi banyarwanda muri rusange ko nta muntu wemerewe gukubita umwana bikabije bikaba byanamuviramo gukomereka ndetse n’ubumuga.
Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’umutwe wa NDC Guido ukorana na Leta mu kurwanya izindi nyeshyamba, barashe umuyobozi wa FDLR-FOCA hamwe n’abandi bayobozi bari kumwe na we mu nama y’ubuyobozi bukuru bwa FDLR yatangiye ku wa 16 Nzeri 2019 ikaba yaberaga ahitwa Makomarehe muri groupment ya Bukombo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimiye ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ku bw’igitero zagabye ku nyeshyamba zayoborwaga na Lt Gen Sylvestre Mudacumura ndetse akahasiga ubuzima.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yerekeje i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa gatatu tariki 18 Nzeri 2019 mu ruzinduko rw’akazi. Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta, bagirana ibiganiro.
Amakuru y urupfu rwa Gen Mudacumura Sylvestre yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18 Nzeri 2019.
Nzabonariba Jean Baptiste utuye mu murenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu avuga ko yangirijwe imodoka n’uwo yayikodesheje akanga kumwishyura, n’imitungo yari afite akayikuraho ngo itazafatirwa ikavamo ubwishyu.
Prof Niyomugabo Cyprien yatorewe guhagararira Amashuri makuru na Kaminuza bya Leta muri Sena, mu matora y’abasenateri yabaye ku wa 17 Nzeri 2019 hirya no hino mu gihugu.