Papa Francis yasomye ibirenge by’abayobozi bahanganye muri Sudani y’Amajyepfo

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis, yagaragaje uwkicisha bugufi kudasanzwe ubwo yapfukamaga agasoma ibirenge bya Perezida Salva Kiir na Riek Machar utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

Yabikoze ubwo basozaga umwiherero w’iminsi ibiri waberaga i Vatican, mu rwego rwo kubashishikariza kwirinda gusubira mu ntambara, ahubwo bagakomeza inzira batangiye yo gushaka amahoro arambye y’icyo gihugu.

Inkuru yanditswe na Dailymail ivuga ko abari aho batangajwe no kubona Papa Francis w’imyaka 82 y’amavuko, usanzwe ufite n’ikibazo cy’uburwayi mu kuguru, asaba abantu kumufasha gupfukama agasoma inkweto z’abo bayobozi bo muri Sudani y’Amajyepfo, agasoma n’iz’abandi batandukanye bari muri icyo cyumba.

Papa asanzwe akora umuhango wo koza ibirenge imfungwa ku wa kane mutagatifu. Icyakora bibaye inshuro ya mbere akora igikorwa nk’icyo cyo kwicisha bugufi imbere y’abanyepolitiki.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

Mumbwire izina papa francis yiswe nababyeyibe

Nsanzumuhire theoneste yanditse ku itariki ya: 6-01-2022  →  Musubize

Mumbwire izina papa francis yiswe nababyeyibe

Nsanzumuhire theoneste yanditse ku itariki ya: 6-01-2022  →  Musubize

Ubundise ko arimana yonyine dukwiye gupfukamira ibyo yakoze nibiki

Niyoyita oscar yanditse ku itariki ya: 29-04-2020  →  Musubize

Mwibuke ko na yuda yagambanishirije,yes kumusoma,papa n’umuntu nk’abandi,aravuka agasaza ndetse,agapfa nyirubutagatifu n’Imana imwe rukumbi,ndetse ngo n’abamalayika bayo ngo so abera 100/100 bityo rero mwitondere kwemera ibyo mu bonye byose,Dore ko ngo ibyera byose,si amata!!!

Gatebuke,pascal yanditse ku itariki ya: 5-07-2019  →  Musubize

papa nawe ni umuntu nkabandi kandi upfa.ibyo kuba nyirubutagatifu reka tubiharire IMANA YONYINE

dmj yanditse ku itariki ya: 19-04-2019  →  Musubize

Turashimira papa Francis keicisha bugufi yagaragaje imbere yamahanga nukuri nibyagaciro naho abavugako biriya ari umuvumo ntazi amavuta yasizwe ubundi n’inyirubutagatifu ubu niteka ryose.

Thierry yanditse ku itariki ya: 17-04-2019  →  Musubize

Aba bagabo bo muli Sudan ntibishinge ibyo Paapa ababwira ngo abahaye umugisha.Igihe Paapa Yohana Paul II yazaga mu Rwanda muli 1990,ageze ku kibuga k’indege I Kanombe yasomye ubutaka ngo aduhaye umugisha.Nyamara akimara gutaha,intambara yaratangiye ndetse ikurikirwa na genocide yatwaye abantu barenga 1 million.Nubwo bamwe bita Paapa Nyirubutungane,Yesu yavuze ko “nta ntungane ibaho uretse Imana yonyine”.Na biliya Paapa agenda agira abantu “abatagatifu”,akwiye kubireka kubera ko muli Umubwiriza 7:20 havuga ko nta muntu numwe udakora icyaha (na Paapa arimo).Imana yonyine niyo ifite ububasha bwo kugira umuntu umutagatifu.Niko bible ivuga.Ibindi ni ukurengera (usurpation) kandi bibabaza Imana cyane.

sezikeye yanditse ku itariki ya: 13-04-2019  →  Musubize

Aba bagabo bo muli Sudan ntibishinge ibyo Paapa ababwira ngo abahaye umugisha.Igihe Paapa Yohana Paul II yazaga mu Rwanda muli 1990,ageze ku kibuga k’indege I Kanombe yasomye ubutaka ngo aduhaye umugisha.Nyamara akimara gutaha,intambara yaratangiye ndetse ikurikirwa na genocide yatwaye abantu barenga 1 million.
Nubwo bamwe bita Paapa Nyirubutungane,Yesu yavuze ko “nta ntungane ibaho uretse Imana yonyine”.Na biliya Paapa agenda agira abantu “abatagatifu”,akwiye kubireka kubera ko muli Umubwiriza 7:20 havuga ko nta muntu numwe udakora icyaha (na Paapa arimo).
Imana yonyine niyo ifite ububasha bwo kugira umuntu umutagatifu.Niko bible ivuga.Ibindi ni ukurengera (usurpation) kandi bibabaza Imana cyane.

sezikeye yanditse ku itariki ya: 13-04-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka