Umunyamakuru Robert Mugabe yarekuwe by’agateganyo

Umunyamakuru Robert Mugabe wari ukurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa babiri bava inda imwe, akanatera inda umwe muri bo, amaze gufungurwa by’agateganyo.

Robert Mugabe uzwi nka 'Bob' yari akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana babiri bavukana
Robert Mugabe uzwi nka ’Bob’ yari akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana babiri bavukana

Urukiko rw’ibanze rwa Kagarama mu Karere ka Kicukiro rufashe uwo mwanzuro nyuma y’uko yari ategereje icyemezo ku ifungwa cyangwa ifungurwa, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Ukwakira 2018.

Mugabe akurikiranyweho gusambanya abavandimwe babiri umwe ufite imyaka 17, n’undi ufite imyaka 19 ari we yateye inda agashakisha uburyo bwo kuyikuramo.

Robert Mugabe n’abo bareganwa babiri b’abaganga ari bo Dr Rurangwa Emmanuel na Dr Karegeya Byambu Adolphe, b’inzobereye mu kuvura indwara z’abagore, ntibigeze bagaragara ku cyicaro cy’Urukiko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka