Mushikiwabo yakandagije ikirenge kimwe mu buyobozi bwa OIF
Canada yatangaje ko itagishyigikiye Umunya-Canada Michaelle Jean uhanganye na Madame Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).
- Madame Louise Mushikiwabo amaze amezi abiri ari mu bikorwa byo kwiyamamaza
Kuba Canada itazashyigikira Michaelle Jean wifuzaga manda ya kabiri ku bunyamabanga bukuru bwa Francophonie, byashimangiye ko Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Madame Louise Mushikiwabo afite amahirwe hafi 100% yo gutorerwa uwo mwanya.
Amatora y’umunyamabanga mukuru wa Francophonie ateganijwe ku wa kane no ku wa gatanu tariki 12 Ukwakira 2018.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Francophonie muri Canada, Melanie Joly, yatangaje ko Canada izashyigikira umukandida wemejwe na benshi, aho gushyigikira Michaelle Jean ukomoka muri icyo gihugu.
Uko gushyigikira umukandida wumvikanyweho n’ibihugu byinshi byahise bishimangira ko Madame Louise Mushikiwabo unashyigikiwe n’igihugu cy’u Bufaransa agana ku ntsinzi y’Ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi ra’Igifaransa (OIF).
Melanie Joly yagize ati "Turashima byimazeyo uruhare rwa Michaelle Jean mu iterambere ry’uyu muryango by’umwihariko mu guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa.
"Mu mahitamo y’Umunyamabanga Mukuru utaha, Canada iziyunga ku bitekerezo rusange nk’uko ari amahame y’umuryango.”
Kandidatire ya Madame Louise Mushikiwabo yemejwe n’Inteko rusange idasanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe yateranye ku itariki ya 30 Kanama 2018.
Uwo muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF) ugizwe n’ibihugu 84 bigizwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 274.
Madame Louise Mushikiwabo naramuka atowe, azaba ari we Munyafurika wa mbere w’umutegarugori uyoboye uwo Muryango.
Inkuru zijyanye na: OIF
- Perezida Kagame yemeje uruhare rwa OIF mu kwiyunga k’u Rwanda n’u Bufaransa
- Nzanye ikintu gifatika muri OIF - Mushikiwabo
- Mushikiwabo atorewe kuba Umunyamabanga Mukuru wa OIF
- Urugwiro Mushikiwabo yagaragarijwe rwashimangiye ko mu masaha make ari butorerwe kuyobora OIF- Photo
- Abitabiriye inama ya OIF bahurije ku kwita ku bibazo byugarije isi
- Inama nyirizina ya OIF iratangira kuri uyu wa Kane
- Armenie: Madame Louise Mushikiwabo yasusurukije amahanga mu mbyino Nyarwanda - AMAFOTO
- Armenia: Perezida Kagame yagiye gushyigikira Mushikiwabo wiyamamariza kuyobora OIF
- Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF - AMAFOTO
- RDC ishyigikiye Min Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga mukuru wa OIF
Ibitekerezo ( 6 )
Ohereza igitekerezo
|
Mushikiwabo azatsinda turamushyigikiye turamukunda,Imana ibimufashe mo
UMUKANDIDA UMWE,NTA MATORA ASANZWE YEMEWE
Birashimishije kubona isi nzima itugirira icyizere ikanatubonamo n’ubushobozi bwo kuyobora umuryango nka oif!!!itsìnzi ku rda.
Ntabwo Mme Mushikiwabo ariwe munya Africa wa mbere uyoboye OIF, Abdu Diouf se we si uwa Africa, ahari waba washatse kuvuga Umunya Afrikakazi ?
natwe turamushyigikiye
uzasubire mu ishuri ariko ubanze wige kwandika ikinyarwanda (Ububanye n’amahanga, ubunyamabanga bukudu,.....)