Urugwiro Mushikiwabo yagaragarijwe rwashimangiye ko mu masaha make ari butorerwe kuyobora OIF- Photo
Mu gihe amatora y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, abura amasaha make ngo abe, mu Mujyi wa Erevan mu gihugu cy Armenie aho aya matora ari bubere, hakomeje kugaragara ibimenyetso bishimangira ko Madame Louise Mushikiwabo ari bwegukane uyu mwanya.

Madame Louise Mushikiwabo ni umukandida ushyigikiwe n’ibihugu byose byibumbiye mu muryango wa Afurika yunze ubumwe.
Ashyigikiwe kandi n’ibihugu by’u Burayi birimo cyane cyane u Bufaransa, ndetsa na Canada ikomokamo Michaelle Jean bahanganye.
Iki kikaba ari ikimenyetso gikuru kigaragaza ko nta kabuza Min Mushikiwabo ari bwegukane umwanya w’Umunyamabanga mukuru wa OIF, kuko ibyo bihugu bimushyigikiye birenze kimwe cya kabiri cy’ibihugu 84 bigize uyu muryango.
Nyuma y’itangizwa ry’ihuriro ry’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma kuri uyu wa Kane, akaba ari naryo riri buberemo amatora kuri uyu wa gatanu, Madame Louise Mushikiwabo yagaragarijwe urugwiro na benshi rwashimangiye ko intsinzi ishobora gutaha mu Rwanda.
Uru rugwiro kandi rwakomereje mu mugoroba wo gusangira amafunguro witabiriwe n’abari muri iri huriro rya 17 rya OIF riri kubera i Erevan muri Armenie
Amatota y’Umunyamabanga mukuru wa OIF akaba ari bube i saa sita z’amanywa muri Armenie, bikaza kuba ari 10h00 z’amanywa za Kigali.
Irebere Urugwiro mu mafoto Urugwiro Louise Mushikiwabo yagaragarijwe ubwo hatangizwaga inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma
































Inkuru zijyanye na: OIF
- Perezida Kagame yemeje uruhare rwa OIF mu kwiyunga k’u Rwanda n’u Bufaransa
- Nzanye ikintu gifatika muri OIF - Mushikiwabo
- Mushikiwabo atorewe kuba Umunyamabanga Mukuru wa OIF
- Abitabiriye inama ya OIF bahurije ku kwita ku bibazo byugarije isi
- Inama nyirizina ya OIF iratangira kuri uyu wa Kane
- Armenie: Madame Louise Mushikiwabo yasusurukije amahanga mu mbyino Nyarwanda - AMAFOTO
- Armenia: Perezida Kagame yagiye gushyigikira Mushikiwabo wiyamamariza kuyobora OIF
- Mushikiwabo yakandagije ikirenge kimwe mu buyobozi bwa OIF
- Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF - AMAFOTO
- RDC ishyigikiye Min Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga mukuru wa OIF
Ohereza igitekerezo
|
twishimiye itsinzi y’urwanda kbsa