Hari imiti itujuje ubuziranenge yinjijwe mu Rwanda iturutse mu Bushinwa no mu Buhinde

Abaganga baraburirwa ku bwoko bubiri bw’imiti ari yo Misoprostol na Oxytocin bwinjiye mu Rwanda butujuje ubuziranenge, buturutse mu Bushinwa ndetse no mu Buhinde.

Misoprostol uri mu miti abaganga basabwe kwitongera
Misoprostol uri mu miti abaganga basabwe kwitongera

Iyo miti ni isanzwe ikoreshwa mu gukumira kuva kw’amaraso gukabije k’umubyeyi mu gihe amaze kubyara itujuje ubuziranenge.

Umwe witwa Misoprostol waturutse mu Buhinde n’undi witwa Oxytocin waturutse mu Bushinwa.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na FDA, rivuga ko iyo miti yinjijwe mu Rwanda hagati ya 2017 n’Ukwezi kwa Kamena 2018.

Imibare itangwa n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA), igaragaza ko ikibazo cyo kuva gukabije kw’amaraso n’ibindi bibazo bisa bityo bigwirira umubyeyi umaze byibasira 90% by’ababyeyi ku isi hose.

Iby’iyinjizwa ry’iyo miti itujuje ubuziranenge byamekanye bivuye mu bushakashatsi bukorwa na Kaminuza y’u Rwanda ifatanije na Kaminuza yo mu Budage yitwa Tübingen na FDA.

Dr. Charles Karangwa, Umuyobozi w’agateganyo wa FDA yagize ati “N’ubwo ubushakashatsi butararangira neza, ariko bwamaze kugaragaza ko iyo miti itujuje ubuziranenge.

"Mu gihe tugitegereje ibisubizo bya laboratwari bya nyuma, twahagaritse ikoreshwa ry’iyo miti, duhagarika n’ikwarakwizwa ryayo .”

Misoprostol yo ifite n’ubushobozi bwo gutuma umubyeyi wabuze ibise ashobora kubigira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka