Twagirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside yagejejwe mu Rwanda (Amafoto)

Nyuma y’uko urukiko rwo muri Danmark rwemeje ko Twagirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ukuboza 2018 ahagana mu ma 19h30, Polisi ya Danemark yamugejeje ku kibuga cy’Indege cya Kanombe, imushyikiriza urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB.

Twagirayezu yashyikirijwe Polisi y'u Rwanda na yo imugeza kuri RIB
Twagirayezu yashyikirijwe Polisi y’u Rwanda na yo imugeza kuri RIB

Kuri uyu wa Gatatu ku cyicaro cy’Ubushinjacyaha bwa Leta hakaba hateganyijwe ikiganiro n’abanyamakuru, kivuga birambuye ku iyoherezwa mu Rwanda ry’uyu mugabo nk’uko byatangajwe na Jean Bosco Siboyintore ushinzwe guhiga abakekwaho uruhare muri Jenoside bahungiye hirya no hino mu bihugu.

Dore mu Mafoto Twagirayezu agezwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe

Yicajwe gato ku kibuga cy'Indege i Kanombe hategerejwe amasezerano yo kumuhererekanya n'u Rwanda
Yicajwe gato ku kibuga cy’Indege i Kanombe hategerejwe amasezerano yo kumuhererekanya n’u Rwanda
Uhagarariye Polisi ya Danemark na Siboyintore Jean Bosco basinya amasezerano yo guhererekanya Twagirayezu
Uhagarariye Polisi ya Danemark na Siboyintore Jean Bosco basinya amasezerano yo guhererekanya Twagirayezu
Bahererekanya ayo masezerano
Bahererekanya ayo masezerano
Bahise bamushyiraho amapingu
Bahise bamushyiraho amapingu
Bamuhaga imizigo yaje yitwaje
Bamuhaga imizigo yaje yitwaje
Imodoka ya RIB yari imutegereje
Imodoka ya RIB yari imutegereje
Ajyanwa mu modoka ya RIB
Ajyanwa mu modoka ya RIB
We n'imizigo ye ni aha bamutwaye bamukura ku Kibuga cy'indege cya Kanombe
We n’imizigo ye ni aha bamutwaye bamukura ku Kibuga cy’indege cya Kanombe
Kuva Danemark aza mu Rwanda yaziye kuri Laissez Passer
Kuva Danemark aza mu Rwanda yaziye kuri Laissez Passer
Jean Bosco Siboyintore ushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside bahungiye hirya no hino hanze y'igihugu hamwe n'abapolisi babiri ba Danmark bazajye Twagirayezu mu Rwanda
Jean Bosco Siboyintore ushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside bahungiye hirya no hino hanze y’igihugu hamwe n’abapolisi babiri ba Danmark bazajye Twagirayezu mu Rwanda

Photo: Ruti

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka