Ni gahunda yatangijwe na Kompanyi yitwa MK Sky Vision, ikazafatanya n’ikipe ya Rayon Sports, aho abakunzi b’iyi kipe bazajya biyandikisha bagahabwa amakarita azajya abafasha mu kugura ibintu bitandukanye, amafaranga bazajya bishyura hakazajya havaho ayagenewe gufasha Rayon Sports kubaka Stade.

Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Gicumbi, niho habereye igikorwa cyo kwandika abakunzi ba Rayon Sports bifuza kugira uruhare muri uyu mushinga, nyuma yo kuzenguruka utundi turere trimo Ruhango, Rwamagana, Kayonza na Ngoma.

Umuyobozi wa MK Sky Vision, Munyakazi Sadate, yadutangarije ko kugeza ubu bishimiye ko ibyo batekerezaga biri kugenda neza ndense bikanarenga uko babyumvaga mbere yo gutangira uyu mushinga.
Yagize ati “Mbere twatekerezaga ko twazabona nk’abakunzi ibihumbi 10 biyandikisha, ariko byaradutangaje kuko ubu mu turere tune gusa nUmujyi wa Kigali tumaze kubona barenga 10,000 bafite ubushake bwo kwitabira iyi gahunda, tukaba dufite gahunda ko mu minsi mike umushinga utangira gushyirwa mu bikorwa.

Yakomeje kandi adutangariza ko bamwe mu bantu bazakorana ku ikubitiro harimo Sitasiyo za Essence, aho abafite ibinyabiziga bzajya bayigura hakagira amafaranga ahita ajya mu mushinga wo kubaka Stade.
“Iki cyumweru twagombaga kuba twarasinyanye na sitasiyo imwe ya essence, ariko twabyimuriye mu cyumweru gitaha kuko hari ibyo twari tugishira ku murongo, tukaba hari n’abandi bafatanyabikorwa benshi tugomba gusinyana vuba”
Uyu mushinga wo kubaka Stade ya Rayon Sports izitwa Gikundiro Stadium, ikazaba ifite ubushobozi bwo kwakira abafana ibihumbi 60, umushinga wo kubaka Stade ukaba watangira mu myaka itatu iri imbere.
Mu mafoto, i Gicumbi ahafunguwe Fan Club itwa Gicumbi cy’Abarayons, ndetse bagahita basobanurirwa iby’uyu mushinga
















National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Mudusobanurire iyo gahunda twiyandikishe
Nitwa kwizera ndifuza kwiyandikisha umuntu anyurahe atanga angahe muzangereho nange
Nanjye munshyire muri iyo sisiteme
MWAKEREJENEZA REYOTUZAYISHYAGIRA
hahahaha,abarya nibarye ibyacu ndabizi
mwatekereje neza peee arikose ko dusanzwe tubizi ubwo ntimuzayashyira mugifu cyanyu?