Nyagatare: Abaveterineri bahawe ibikoresho byo gutera intanga

Abaveterineri b’imirenge 14 bahawe ibikoresho byifashishwa mu gutera intanga no kuzibika biyemeza kwegera aborozi no kubafasha kuvugurura amatungo.

Ibikoresho byahawe abaveterineri birimo ibyifashishwa mu gutera intanga n'ibizibika
Ibikoresho byahawe abaveterineri birimo ibyifashishwa mu gutera intanga n’ibizibika

Mbere yo guhabwa ibikoresho aba baveterineri babanje guhugurwa uburyo bwo gutera intanga no kuzibika.

Manigaba Jean Bosco umukozi ushinzwe ubworozi mu murenge wa Mimuli avuga ko bari basanzwe nta bikoresho bafite bityo ntibabashe kugera ku borozi benshi.

Yemeza ko kuva babibonye bagiye kurushaho gutanga serivise nziza.

Ati “ Icyo twaburaga ni ibikoresho none birabonetse, ubundi twatangaga serivise mbi kubera ibikoresho bikeya, ubu tugiye kurushaho kwegera aborozi inka ziterwe intanga umukamo wiyongere.”

Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare asaba abahawe ibikoresho kurusho kunoza akazi kabo, kwegera aborozi no guhindura imyumvire yabo kugira ngo bitabire gahunda yo guteza intanga.

Agira ati “ Bagende bafite ku mutima abaturage n’icyo babakorera, bahindure imyumvire yabo bitabire guteza intanga tubone inka z’umukamo, dufite intego ko abantu borora inka z’umukamo hagasigara abahisemo korora iz’inyama.”

Umuyobozi w'akarere asaba abaveterineri kurushaho kwegera abaturage no guhindura imyumvire yabo.
Umuyobozi w’akarere asaba abaveterineri kurushaho kwegera abaturage no guhindura imyumvire yabo.

Abakozi bashinzwe ubworozi mu mirenge igize akarere ka Nyagatare uko ari 14 nibo bahawe ibikoresho.
Buri wese yahawe ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe n’igice.

Hari kandi ibindi bikoresho bibika intanga bizashyirwa mu mirenge imwe n’imwe bikazajya bihurirwaho n’imirenge ibiri cyangwa itatu.

Akarere ka Nyagatare kabarirwamo inka zisaga ibihumbi 100, 40% zikaba arizo zivuguruye.

Uyu mwaka w’imihigo biteganijwe ko izigera ku bihumbi bitatu ari zo zigomba guterwa intanga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka