Kuva tariki ya 07 kugeza ku ya 11 Ukwakira 2019, mu Rwanda harabera inama ihuriza hamwe impuguke ziturutse hirya no hino ku isi, inzego za Leta n’abandi bafatanyabikorwa. Ni mu rwego rwo kuganira ku mabwiriza y’ubuziranenge arebana no kubungabunga ubuzima n’umutekano by’abakozi.
Ikipe ya UTB VC yamenyesheje amakipe arimo Gisagara yifuza Niyigena Jules wabakiniraga, ko agomba kubahiriza amasezerano uyu mukinnyi afitanye na UTB
Urwego rw’Abinjira n’abasohoka mu Rwanda rwasubije muri Amerika Gregg Schoof Brian nyuma y’uko yangiwe kuguma ku butaka bw’u Rwanda.
Rutahizamu ukomoka i Burundi Shabban Hussein Tchabalala, ymaze kubona ibyangombwa bimwemerera gukinira Bugesera Fc mu mwaka w’imikino 2019/2020
Ibyamamare byo mu Rwanda kimwe na benshi mu bahagurutse mu Rwanda bajya mu Budage muri Rwanda Day yabereye i Bonn, bagiye mu gitondo cyo ku wa 4 Ukwakira 2019 ni ukuvuga ko bwari bucye bajya mu gikorwa nyirizina cyabajyanye.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2019, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yakiriye mu biro bye ku Kacyiru, Randolf Stich, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutekano w’imbere mu Ntara ya Rhénanie Palatinat yo mu Budage.
Ku nshuro ya mbere, Abanyarwanda bakina mu ikipe ya Huye Motorsports yari ihagarariwe n’imodoka ya Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude, ni bo begukanye isiganwa rya Mountain Gorilla Rally.
Umunsi mpuzamahanga w’abasheshe akanguhe mu Karere ka Nyamagabe wijihirijwe mu Murenge wa Tare, aho abasheshe akanguhe babaye intangarugero baho babihembewe bahabwa matela.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatashye ku mugaragaro uruganda rwa ‘Mara Phone’ rukorera telefone zigezweho (Smart Phones) mu Rwanda, rukaba ari rwo rwa mbere mu Rwanda ruzanye iryo koranabuhanga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu bijyanye n’imitekerereze ya muntu bugaragaza ko abakora imibonano mpuzabitsina bakiri bato bibangiriza ubwonko.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), kiratangaza ko mu myaka itanu iri imbere Abanyarwanda bazaba bakoresha amafumbire n’imbuto bikorerwa mu Rwanda.
Calvin Mbanda ni we wegukanye intsinzi mu marushanwa yo kuzamura impano yiswe “Spark your talent”, yateguwe ku bufatanye n’inzu ifasha abanyamuziki “The Mane” na sosiyete icuruza ibyuma bya electronic yitwa “Tecno”.
Kuva ku wa 05 kugeza ku wa 14 Ukwakira 2019, Intore zisaga 200 zo muri sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), ziri mu kigo kigisha umuco w’ubutore i Nkumba mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kinoni mu Ntara y’Amajyarugu, aho ziri mu Itorero kugira ngo bigishwe indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.
Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Cote d’Ivoire Didier Drogba ni umwe mu bazitabira inama ya YouthConnect Africa, bakazanatanga ikiganiro muri iyo nama iteganyijwe ku matariki ya 9 kugeza kuri 11 Ukwakira 2019.
Myugariro wa APR Fc Mutsinzi Ange uheruka kugongana na Sugira Ernest mu mukino bakinaga na AS Kigali, abaganga bamuhaye ikiruhuko cy’iminsi itatu
Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda itegerejwe kuri uyu wa kabiri, hategerejwe imikino ibiri izahuza amakipe ahabwa amahirwe y’igikombe
Ubundi umuhango wo guhambanwa ni umwe mu mihango y’umuco Nyarwanda yakorwaga mu gihe cyo gushyingura ariko ubu usa nk’aho utagikorwa.
Abarimu bo mu Karere ka Huye bifuza ko umwarimu ufite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2), akabasha gukorera iy’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) yajya aherwaho mu kuzamurwa mu ntera, mu kigo akoreramo.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse hamwe n’abakuriye inzego z’umutekano mu Ntara y’Uburengerazuba bongeye kwibutsa abaturiye umupaka mu Karere ka Rubavu kuba ijisho ry’umutekano w’igihugu bakumira abashaka kuwuhungabanya.
Mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wagenewe abageze mu zabukuru ku rwego rw’igihugu, abasaza n’abakecuru bavuga imyato Perezida wa Repubulika wabashyiriyeho gahunda zigamije kubaherekeza neza mu zabukuru.
Abantu batanu bafashwe mpiri ubwo bari bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru baganiriye n’itangazamakuru ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 bavuga ko bateye mu Rwanda bizeye gufata igihugu.
Tariki ya 30 Nzeri 2019 nibwo mu ishuri rya Polisi rya Gishari (PTS-Gishari) riherereye mu Karere ka Rwamagana hatangijwe amahugurwa y’abapolisi bo mu muryango w’abibumbye. Ku wa gatandatu tariki ya 05 Ukwakira 2019 bakoze urugendo shuri, basura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruherereye i Kigali mu Murenge (…)
Irushanwa ryari rimaze igihe rikurikirwa na benshi muri Afurika y’Iburasirazuba risojwe kuri iki cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019.
Abasirikari n’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) n’abandi Banyarwanda baba muri icyo gihugu (Diaspora) ku wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019 bahuriye hamwe n’abaturage bo mu murwa mukuru Bangui mu gikorwa cy’umuganda cyibanze ku (…)
Abantu 14 ni bo biciwe mu gitero cyagabwe n’abagizi ba nabi cyabereye mu tugari twa Kaguhu mu Murenge wa Kinigi no mu Kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 4 Ukwakira 2019.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye Dr. Isaac Munyakazi yijeje gukemura ibibazo cyo gutinda kubona abasimbura abarimu bagiye mu kiruhuko cy’ababyeyi.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko abantu 19 mu bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu ijoro ryo ku itariki 04 rishyira tariki 05 Ukwakira 2019 bishwe abandi batanu bafatwa mpiri. Ibikorwa byo gushakisha uwo ari we wese wagize uruhare muri iki gitero birakomeje.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ry’imodoka ryiswe Rwanda Montain Gorilla Rally, Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude bakuye ku mwanya wa mbere Umurundi Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bari babarushije amasegonda abiri ku munsi wa mbere.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruratangaza ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga bikomeje.
Ku mukino wa mbere wa Shampiyona wakinirwaga kuri Stade nshya ya Bugesera Heroes yahatsindiwe ibitego bibiri ku busa ku mukino wayo wa mbere mu cyiciro cya mbere
Mu kiganiro cyatanzwe na Louise Mushikiwabo wishimiwe n’abantu benshi bitabiriye Rwanda Day i Bonn mu Budage, yanenze imvugo zisubiza inyuma ubumwe bw’Abanyarwanda, avuga ko nyuma ya Rwanda Day Abanyarwanda batuye mu mahanga bashyiraho ikiganiro kibafasha gukomeza kunga ubumwe.
Perezida Paul Kagame yemereye itike yo kuza mu Rwanda umukobwa witwa Rachel urangije kwiga Ubuganga (Medecine) mu Bufaransa.
Ku ikubitiro ubu bukangurambaga bwatangirijwe ku mukino wari wahuje Rayon Sports na Gasogi United ku wa gatandatu tariki ya 05 Ukwakira 2019.
Umuhanzi Alain Muku ni umwe mu batanze ikiganiro muri Rwanda Day yaberaga i Bonn mu Budage. Yifashishije ingero z’abahanzi afasha mu muziki yerekana ko gutera imbere ukorera mu Rwanda bishoboka. Muri iki kiganiro, yavuze ubuhamya buto bw’ukuntu yasangiye irindazi na Igisupusupu avuga uko uyu muhanzi yari ashaririwe n’ubuzima.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof Shyaka Anastase, yabwiye Abanyarwanda n’abandi bitabiriye ‘Rwanda Day’ irimo kubera mu Budage, ko ahari Umunyarwanda hose haba habaye u Rwanda.
Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Eduard, yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga, by’umwihariko ababa mu gihugu cy’u Budage gutoza abana babo umuco w’ubutwari bwaranze abakurambere bageza ubwo bizirika umukanda ubu igihugu cy’u Rwanda kikaba kimeze neza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019, yitabiriye igikorwa gihuza Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kizwi ku izina rya Rwanda Day cyabereye i Bonn mu Budage.
Ikipe ya Gasogi United yihagazeho inganya na Rayon Sports 0-0, mu mukino w’umunsi wa mbere wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro.
Umunsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Mountain Gorilla Rally wabereye kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki 04 Ukwakira 2019, wegukanywe, na Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bakomoka mu gihugu cy’u Burundi.
Abanyarwanda baba mu Rwanda, ababa mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda bose hamwe barenga ibihumbi bitanu, kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019 bateraniye i Bonn mu Budage.
Abagabo babiri b’i Nzega mu Karere ka Nyamagabe, umwe yiyise Rusakara undi Ben Nganji, kubera ko ngo batajya bakura urushinge kuri KT Radio.
Mu ijoro ryo ku itariki 04 rishyira tariki 05 Ukwakira 2019, abagizi ba nabi biganjemo abitwaje intwaro gakondo bateye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze bica abaturage, abandi barabakomeretsa.
Abatangizi muri IPRC-Huye barasabwa guhanga udushya bacyiga Abanyeshuri b’ababatangizi mu wa mbere muri IPRC-Huye barasabwa gutangira amasomo banibaza ku byo bazahanga byazabateza imbere bikanagirira u Rwanda akamaro.
Ingabire Magaly wongeye Pearl ku izina rye ry’ubuhanzi, ni umunyarwanda ukorera umuziki muri Amerika kuva mu myaka ibiri ishize. Yavuzweho gukundana n’umunya-Nigeria Ice Prince, nyamara ngo byari ubucuti busanzwe bushingiye ku kazi.
Mu mukino wafunguraga Shampiyona y’u Rwanda 2019, AS Kigali inganyije na APR FC igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko hari itsinda ririmo gukora inyigo mu duce twose tugize uwo mujyi hagamijwe kumenya ahemerewe kubakisha amatafari ya rukarakara, bikazatangarizwa Abanyarwanda bitarenze Ukwakira uyu mwaka.
Ubushize twabagejejeho kode z’ibihugu biherereye kuva muri zone ya mbere kugeza kuri zone ya kane, aho ibihugu byo muri zone ya mbere biba bifite kode itangirwa n’akamenyetso ko guteranya (+) hagakurikiraho umubare 1, nyuma hagakurikraho nimero zikoreshwa muri icyo gihugu kugeza kuri kode ya 4.
Mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 04 Ukwakira 2019 hasojwe amahugurwa yahabwaga abaganga mu birebana no kuvura kanseri, indwara zo mu mutwe, ubwonko n’imitsi.