Itsinda rya Charly&Nina rikorera umuziki mu Rwanda, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2019, ryerekeje muri Nigeria, ahagomba kubera ibirori byo gutanga ibihembo bya AFRIMA ku bahanzi b’Abanyafurika barenga 50 n’ibihangano birenga 200 biturutse mu bice bya Afurika.
Depite Edda Mukabagwiza ukuriye abadepite b’Abanyarwanda bari mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika Karayibe na Pasifike (Afrique Caraïbe et Pacifique-ACP), ahamya ko kuba u Rwanda ruri muri uwo muryango ari ingenzi, kuko urufasha kubona ubushobozi bwo gukora imishinga y’iterambere.
Umuhoza Charlotte ni umwe mu babyeyi bitabiriye umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana ku bana bavuka badashyitse wizihirijwe ku bitaro by’akarere ka Kirehe kuwa kabiri tariki 19 Ugushyingo 2019.
Hashize iminsi hirya no hino mu gihugu humvikana abantu bihererana abandi bakabambura amafaranga babizeza akazi cyangwa kuzabajyana mu mahugurwa mu mahanga cyangwa kubabonerayo akazi, abandi bagahamagarwa ku matelefoni babwirwa ko batsindiye amafaranga n’ibindi bihembo ahantu runaka.
Nyuma y’iminsi itatu gusa atangiye imirimo nka Minisitiri mushya w’ibidukikije, Ambasaderi Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya, akazi ke ka mbere yagatangiriye ku nama (breakfast meeting) n’abafatanyabikorwa b’iyi minisiteri.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama y’ishoramari ihuza ibihugu 20 bikize ku isi n’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika, izwi nka Compact with Africa (CwA), ko igihe kigeze ngo bashore imari mu Rwanda no muri Afurika, kuko ubu uyu mugabane uberanye n’ishoramari ry’amahanga.
Abana bitabiriye igikorwa cyo gutegura inama nkuru y’igihugu ya 13 y’abana, baratangaza ko biteguye kugeza ku babyeyi ndetse na Leta, ibibazo basanga bisubijwe byahindura ubuzima bwabo bagakura neza.
Mu ruzinduko Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda yagiriye mu bitaro bya Ruhengeri ku itariki 18 Ugushyingo 2019, yishimiye uburyo u Rwanda rwateye imbere muri gahunda yo gukumira icyorezo cya Ebola.
Inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC) yari iteganyijwe tariki 18/11/ 2019 yimuriwe umwaka utaha wa 2020, mu kwezi kwa Mutarama cyangwa Gashyantare.
Izi mpera z’umwaka zisobanuye byinshi ku marushanwa y’ubwiza ku rwego rw’isi no mu Rwanda by’umwihariko, kuko ni ho hari irushanwa rya ‘Miss World’ rigiye kubera mu Bwongereza rikitabirwa na Miss Rwanda Nimwiza Meghan, ni na bwo hagiye kuba irushanwa rya ‘Miss Supranational’ rizabera muri Polonye ryitabiriwe na Miss Umunyana (…)
Burya ngo, “utazi iyo ava, ntamenya iyo ajya”. Iyo ukebutse gato ukareba mu myaka 12 ishize, uko tumwe mu duce tw’umujyi wa Kigali twasaga, bikwereka imbaraga zakoreshejwe kugira ngo umujyi wa Kigali ugere ku iterambere rishimishije ugaragaza.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Ugushyingo 2019 ni bwo bizaba ari ibirori mu mihanda yo mu karere ka Gasabo, aho hazaba hakinwa irushanwa rya nyuma muri shampiyona yo gusiganwa ku ma modoka.
Umukino w’umunsi wa Cyenda wa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ugomba guhuza Gicumbi Fc na Rayon Sports Fc wimuriwe ku cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo 2019 i Saa Cyenda.
Abashinzwe kubungabunga ibidukikije baravuga ko bitarenze Ukuboza uyu mwaka, ba rushimusi b’imisambi banayicuruza mu buryo butemewe bazahura n’ibihano bikarishye.
Umugore witwa Ruth Bakundukize wari umaranye uburwayi budasanzwe imyaka irenga 30, yaguye mu bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro, nyuma yo kubagwa n’abaganga b’inzobere mu kubaga baturutse mu gihugu cy’Ubudage.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rutegetse ko Bayigamba Robert wakekwagaho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no kugurisha ikintu cy’undi cyangwa kugitangaho ingwate, arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze.
Ibinini bikoreshwa n’umuntu wakoze imibonano mpuzabitsina ariko utifuza gusama, biri amoko menshi, ari na ko bigura amafaranga atandukanye, ibintu bitera amakenga ababikoresha ndetse n’ababyumvise, bumva ko ibifite igiciro cyo hejuru ari byo birinda umuntu gusama kurusha ibindi, cyangwa ko ibya make batabigirira icyizere (…)
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Kayitesi Alice, arasaba abaturage n’abayobozi kwirinda ruswa kuko idindiza serivisi ubundi zikwiye kuba zitangwa nta kiguzi.
Hafi y’ahitwa ku kibuye cya Shari giherereye mu karere ka Nyaruguru, ikamyo ya Bralirwa yacitse umuryango kuri uyu wa 18/11/2019, inzoga zirameneka, abaturage barazinywa izindi barazihisha.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) isaba amadini n’amatorero kubanza gufasha abayoboke bayo kwikura mu bukene, bakabaho neza ku isi bityo bakabwirwa iby’ijuru kuko ari ngombwa ko roho nzima itura mu mubiri muzima.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi Tuyisenge Jacques, yashimiye ikipe ya Etincelles yakiniye imyaka ine, ayiha imyambaro ifite agaciro ka Miliyoni hafi eshatu
Bakundukize Ruth ufite uburwayi bw’ibibyimba byiyongereye ku maboko yabonye ibitaro bimwitaho.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire y’amakoperative, Rwanda Cooperative Agency (RCA), kiravuga ko politiki nshya igenga amakoperative, yitezweho kwimakaza ishoramari, ikoranabuhanga n’imikorere bigamije kwagura ibikorwa no kongera umubare w’abazigana.
Kuwa gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo, umuryango w’abibumbye (LONI), wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 428 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Santarafurika (MINUSCA).
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda itsindiwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo na Cameroun igitego 1-0, bituma ajya ku mwanya wa nyuma mu itsinda
Uwimbabazi Delphine w’imyaka 15 y’amavuko utuye mu karere ka Bugesera, umurenge wa Mayange, akagari ka Kibirizi, yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, akaba akora akazi ko kuvuga amazina y’inka mu birori bitandukanye, bikamufasha kwikemurira ibibazo bitandukanye ataruhije ababyeyi.
Abakobwa 416 biga muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda ku bufatanye na ‘Mastercard Foundation’ bakomoka mu miryango ikennye batsinze neza ibizamini byo mu mashuri yisumbuye, ni bo bahawe inkunga yo kurihirwa kaminuza.
Umunyarwanda Munyaneza Didier ukinira ikipe ya Benediction Excel Energy y’i Rubavu yegukanye Tour du Senegal yasorejwe mu mujyi wa Dakar
Aborozi b’ingurube mu Rwanda bashima ubu bworozi bukiza ababukora ku buryo bwihuse ariko bakanenga igiciro bahabwa kuko kidahura n’ibyo batanga mu kuzitunga.
Amarushanwa ya ‘TVET Youth Challenge’ asize abanyeshuri 42 biga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro bahembwe miliyoni 33 z’amafaranga y’u Rwanda, zigamije gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga yabo.
Ababyeyi bo mu murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bishimiye gahunda y’intore mu biruhuko izatangira kuwa kabiri tariki 19/11/2019 kuko izarinda abana kuzerera.
Umuryango mpuzamahanga ugamije guteza imbere umuco wo gusoma ibitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga (NABU), watangije ikoranabuhanga rifasha Abanyarwanda gusoma ibitabo by’ikinyarwanda bakoresheje telephone zigendanwa.
Umuryango Plan International Rwanda wubakiye ibyumba by’amashuri y’incuke abana bo mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera, bituma baruhuka kwigira munsi y’ibiti hatabafashaga kwiga no kwitabwaho nk’uko bikwiye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo 2019, Perezida wa Repubulika, akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’igihugu, yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasore n’inkumi 320, barangije amasomo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Gako mu karere ka Bugesera.
Nsengiyumva Emmanuel w’imyaka 25 y’ubukure, ni umwe muri 320 bambitswe ipeti rya ‘sous-lieutenant’ na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2019 i Gako mu karere ka Bugesera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kugira ngo igihugu kigire umutekano n’amahoro bisaba ko hari abemera kwitanga bagaharanira ayo mahoro.
Kuva tariki ya 21 kugera tariki ya 29 Ugushyingo 2019 mu Rwanda hazatangira irushanwa Agaciro Basketball Tournament ryateguwe n’Ikigega Agaciro Development Funds, n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda.
Abashinzwe kwimura abaturage ku bw’inyungu rusange baratangaza ko bamaze gushaka umuti urambye uzatuma nta baturage bazongera kutanyurwa n’uburyo bimurwamo ndetse no kwitotombera igenagaciro ry’imitungo yabo.
Igihugu cya Norvege cyiyemeje kugenera miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika yo gufasha impunzi zazanywe mu Rwanda zikuwe mu gihugu cya Libiya.
Mu birori byiswe Rayon Sports Day, ikipe ya Rayon Sports yamuritse umwambaro mushya inaha numero abakinnyi bazakinana mu mwaka w’imikino 2019/2020
Abanyeshuri bagaragarije inzego zitandukanye uburyo Abanyarwanda (kugera ku badafite amikoro ahagije), bashobora kubeshwaho n’ubumenyi bwigishwa mu Rwanda.
Abahagarariye ibihugu byabo 12, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ugushyingo 2019, bashyikirije ibyangombwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Jacqueline Mugirwa wo mu kagari ka Bitare mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, yavuye ku manota 40% agira 70% abikesha amashanyarazi bahawe na Polisi y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke, burashimira urubyiruko rw’abakorerabushake (Youth Volunteers) rushamikiye kuri Polisi y’u Rwanda, nyuma y’ibikorwa rumaze gukorera abatuye ako karere, birimo kurwanya ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi cyari cyugarije ako karere.
Ku wa kane tariki ya 14 Ugushyingo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta ndetse n’abayobozi mu ngabo z’igihugu bari beherutse guhabwa imyanya.
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, yahawe umukoro wo kwita ku gishushanyo mbonera cy’ahubatse sitade Amahoro, hagahinduka igice cy’imikino inyuranye.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko hakwiye kongerwa imipaka n’imihanda ibahuza na repubulika iharanira demukarasi ya Kongo, mu rwego rwo kurushaho guhahirana n’abatuye muri icyo gihugu.