Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, rwabonye umuvugizi mushya, Marie Michelle Umuhoza uje asimbura Mbabazi Modeste wari usanzwe kuri uwo mwanya.
Mu isiganwa ry’amagare rizwi nka Tour du Faso riri kubera muri Burkina Faso, ikipe y’u Rwanda yaje ku mwanya wa kabiri
Hirya no hino mu gihugu hakunze gutegurwa ibitaramo n’ibirori bitandukanye bifasha abantu gusoza neza icyumweru. Bimwe muri byo ni ibi bikurikira:
Abahanzi bo muri The Mane iyobowe na Bad Rama, bakoreye hamwe indirimbo bise ‘Nari High’ bunga mu rya polisi y’u Rwanda bakebura abantu banywa bakarenza urugero ndetse n’abatwara imodoka bafashe ku musemburo.
Madame Jeannette Kagame avuga ko Ndi Umunyarwanda ari igitekerezo cy’ingenzi Abanyarwanda bagombye gukomeza kugenderaho kuko ari na cyo cyabaye imbarutso yo kubohora u Rwanda.
Umuhanzi Meddy wari warafashwe na Polisi y’u Rwanda azira gutwara imodoka yanyoye akarenza urugero, yarekuwe kuri uyu wa gatanu tariki 25 Ukwakira 2019 asubira mu rugo yishimirwa n’umuryango we.
Uwari umutoza wa Patriots BBC Henry Muinuka yamaze gutandukana n’iyi kipe nyuma yo kuyihesha igikombe cya shampiyona ndetse no kuyifasha kwitwara neza mu majonjora ya Basketball Africa League
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje i Nyagatare aho igiye gukina na Sunrise mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona
Umuyobozi uhagarariye Umuryango w’Abibumye (UN) mu Rwanda Fode Ndiaye yifatanyije n’Abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi mu muganda udasanzwe wo gutera ibiti biribwa n’ibivangwa n’imyaka.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame arizera ko umubano hagati y’umugabane wa Afurika n’u Burusiya ushobora gukura mu gihe kiri imbere, mu gihe impande zombi zikomeje guteza imbere ubucuruzi ndetse n’imikoranire hagati y’inzego zitandukanye.
Impunzi zavuye muri Libya ziravuga ko kugera mu Rwanda kwazo byabaye nko kuva mu mwijima ujya mu rumuri. Ibi zirabivuga zihereye ku buzima busharira zabayemo mu nkambi zo muri Libya, nyuma y’uko benshi bafashwe bagerageza kujya ku mugabane w’i Burayi.
Rutahizamu wa APR Fc Sugira Ernest yamaze guhagarikwa amezi abiri n’ikipe ye aho ashinjwa amakosa atandatu
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo gishinzwe iterambere (RDB) ari na cyo gishinzwe kwita ku bikorwa by’ubukerarundo, yatangaje ko ingagi z’u Rwanda ziherutse gusuhukira muri Uganda ari ibintu bisanzwe.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko abatera u Rwanda baturutse hanze yarwo abafata nk’abiyahuzi, cyane ko batera ariko ntibasubireyo kuko inzego z’umutekano ziba ziri maso.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemererwa ko imikino yose isigaje kwakira mu mikino ibanza izajya Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba
Mu gihe kirenga imyaka icumi bamaze bakora umuziki, abagize itsinda rya Dream Boys bavuga ko umuziki utabatunga wonyine kuko nta mafaranga ahagije arimo.
Igihugu cy’u Rwanda mu mupira w’amaguru cyazamutseho umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi kwa FIFA rwasohotse uyu munsi
Koperative z’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Kayonza zatumye abari bafitanye ibibazo kubera ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabirana inka.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda mu bagore, ntiramenya niba izitabira CECAFA y’ibihugu izabera i Dar es Salam mu kwezi gutaha
Abakozi 250 ba Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (Rwanda Energy Group-REG) ku wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira 2019 batangiye gutozwa umuco w’ubutore i Nkumba mu karere ka Burera.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, arasaba abatuye n’abakomoka mu Karere ka Nyagatare gushyigikira ikipe yabo kuko aribwo izarushaho gukomera.
Ubwo yarimo ageza ijambo ku bitabiriye inama irimo guhuza u Burusiya n’ibihugu bya Afurika, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yageze hagati mu ijambo rye, yifuriza Perezida Kagame isabukuru nziza.
Ngwije Wilson wo mu Mudugudu wa Gihorobwa, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare yibwe Televiziyo abajura babanje gutobora inzu aryamyemo.
Urubuga ngishwanama rw’inararibonye z’u Rwanda (REAF), ruri mu gikorwa cyo gufatanya n’inzego zitandukanye ngo haboneke igisubizo cy’imanza 52.226 zirebana n’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zaciwe na Gacaca ariko ntizirangizwe.
Bamwe mu barokotse Jenoside bo mu Karere ka Nyaruguru basuye abagororwa bafungiye muri Gereza ya Nyamagabe babasabye imbabazi, barazibaha.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yamaganye ihamagazwa ritemewe ry’umuturage w’Akarere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo wasabwe kwitaba yitwaje ibyangombwa bitandatu.
Emery Gatsinzi uzwi nka Riderman, izina rikomeye cyane muri Hip Hop mu Rwanda, yavuze ko yaretse gukomeza kwiga amashuri ye, aho yari ageze muri kaminuza, kugira ngo akurikire inzozi ze, ku mpano ya muzika, kuko yumva ari wo muhamagaro we.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’igihugu, yunamiye ndetse ashima nyakwigendera Brigadier General (Rtd) Andrew Rwigamba watabarutse ku wa kane tariki 17 Ukwakira 2019 azize uburwayi.
Hashize igihe Sinema yo mu Rwanda igaragaza gucika intege, ndetse ababikurikira bavuga ko kurunduka kwa nyuma kwarangiranye n’umwaka wa 2013, ku buryo imyaka yakurikiyeho benshi mu bakoraga muri uru ruganda babaye abashomeri, abandi bahindura imirimo kuko gukora filimi bitari bigitanga amaramuko.
Rutahizamu wa APR FC wahagaritswe n’ikipe ye igihe kitazwi, yasabye iyi kipe n’abakunzi bayo imbabazi kubera amagambo aheruka gutangaza
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yari igeze ku munsi wa kane, aho amakipe nka APR Fc na Rayon Sports zacyuye amanota atatu
Umuhanzi w’Umunyekongo Awilo Longomba utegerejwe kuririmba muri Kigali Jazz Junction, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 23 Ukwakira 2019 yakirwa n’itsinda ry’ikigo cya RG consult.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Sochi mu Burusiya mu nama ya mbere ihuje u Burusiya n’abakuru b’ibihugu na Guverinoma bo ku mugabane wa Afurika.
Mu rukiko rwa gisirikare i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa kabiri tariki 22 Ukwakira 2019 hasubukuwe urubanza rw’abantu 25 baregwa gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa RNC (Rwanda National Congress).
Itsinda ry’Abapolisi batanu bayobowe n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba mu gihugu cya Zimbabwe, Commissioner Erasmus Makodza bari mu Rwanda mu rugendo shuri rw’iminsi ine. Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira 2019, aba bapolisi bo mu gihugu cya Zimbabwe basuye Polisi y’u Rwanda.
Mu mukino usoje indi y’umunsi wa kane wa Shampiyona yabaye kuri uyu wa kabiri, Rayon Sports itsinze Bugesera ibitego 2-1.
Ubushakashatsi bwiswe RPHIA bwari bumaze iminsi bukorwa bwerekanye ko SIDA mu Rwanda itiyongereye muri rusange mu myaka isaga 10 ishize, kuko ubushakashatsi buheruka bwa 2005 na bwo bwari bwerekanye ko yari kuri 3%, ari wo mubare wagenderwagaho kugeza ubu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge(NURC), Fidele Ndayisaba yashimye uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu guhumuriza Abanyarwanda, ariko ayimenyesha ko igifite umurimo ukomeye.
Urugaga nyarwanda rw’abavuzi gakondo(AGA-Rwanda Network), ruramagana abiyitirira umwuga w’ubuvuzi gakondo, banga kwiyandikisha mu rugaga ngo bakore nk’abaganga bazwi, aho bamwe bavura batabifitiye ubushobozi bikaba bikomeje kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage.
Inzobere mu bijyanye n’indwara zo mu mutwe zivuga ko ubwumvikane buke hagati y’abantu butera uburwayi bwo mu mutwe mu gihe hatabayeho kwiyakira no kwihangana.
Umukino uhuza abakinnyi bitwaye neza mu mwaka w’imikino muri Basketball muri Amerika uzwi nka All-Star Game, ugiye kongera kubera mu Rwanda nyuma y’imyaka itanu.
Rutahizamu w’ikipe ya Rayon Sports Jules Ulimwengu agiye kuyivamo, akerekeza mu ikipe yo mu Bushinwa ishobora kumutangaho Ibihumbi 50$
U Rwanda rwasabye kwakira icyiciro cya Kabiri cy’amajonjora ya Basketball Africa League kizatangira tariki ya 26 Ugushyingo kugera 01 Ukuboza 2019.
Rutahizamu w’ikipe ya APR FC Ernest Sugira biravugwa ko yamaze guhagarikwa n’ikipe ya APR FC nyuma y’ikiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru ari mu Mavubi
Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore Jean de Dieu Uwihanganye yatunguwe cyane n’ibyo icyo gihugu cyagezeho mu gihe cy’imyaka 50 gusa.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare igiye kongera kwitabira Tour du Faso yaherukaga kwitabira mu mwaka wa 2006
U Rwanda rwabeshyuje amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Uganda avuga ko ibihugu byombi bizi itariki izaberaho inama igomba guhuza intumwa z’ibyo bihugu, inama yiga ku iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda.
Tuyiringire Elias w’imyaka 24 y’amavuko, avuga ko aruhutse gukubitwa, kurya nabi n’imirimo y’uburetwa yakoreshwaga muri gereza y’i Kisoro muri Uganda, aho yari amaze hafi imyaka ibiri.