Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu isaba abatwara abagenzi kuri moto kwirinda gutwara abakora ingendo zihuza Akarere ka Nyabihu n’aka Rubavu mu gihe ubu bitemewe.
Imipira y’abakinnyi bakina mu irushanwa rya ‘Premier League’ izaba yanditseho ijambo ‘Black Lives Matter’ risobanuye ngo ‘Ubuzima bw’abirabura bufite agaciro’, mu mikino 12 izabanziriza isubukurwa ry’iyo shampiyona y’u Bwongereza, riteganijwe tariki ya 17 Kamena 2020.
Ubutabera bw’u Bufaransa bwahaye uburenganzira umushakashatsi François Graner bwo kugera ku nyandiko zibitse za François Mitterrand zivuga ku Rwanda.
Ibitaramo byiswe ‘Iwacu Muzika Festival’ bigiye kuba ku nshuro ya kabiri aho bizahuza abahanzi batandukanye ba hano mu Rwanda, abantu bakaba bazabireba badasohotse hanze kuko bizajya bitambuka kuri televiziyo gusa.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yatangaje ko kuva igice kimwe cy’Akarere ka Rusizi cyashyirwa muri gahunda ya #GumaMuRugo, byatumye abanduye Covid-19 babasha kumenyekana ndetse n’abahuye na bo bakomeza kugenda bashakishwa.
Abarokotse Jenoside batishoboye 40 bo mu Mirenge ya Karama na Gishamvu mu Karere ka Huye bari batuye mu nzu ziva, bagiye gushumbushwa inziza zubakishije amatafari ahiye.
Mu rwego rwo kwifatanya na Guverinoma n’Abavandimwe b’Igihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi mu kunamira uwari Umukuru w’icyo Gihugu Nyakubahwa Petero Nkurunziza,
Ingaga z’abikorera mu Rwanda no mu Butaliyani zigiye gukorana mu gihe kiri mbere hagamijwe kuzamura ishoramari ritangiza ibidukikije, nk’uko ibihugu byombi bikomeje kureba ahari amahirwe yo gushoramo imari mu nzego zitandukanye hagamijwe iterambere rirambye.
Kuri uyu wa gatanu tariki 12 Kamena 2020, u Buhinde bwagize abantu basaga ibihumbi 297 bamaze kwandura Covid-19, bituma buba ubwa 4 nyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Brazil n’u Burusiya.
Abakunzi batandukanye ba Rayon Sports baganiriye na Kigali Today bagira icyo bavuga nyuma y’uko Komisiyo y’ubujururire muri FERWAFA igize umwere umuyobozi w’iyi kipe, Munyakazi Sadate.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko abashinzwe gukumira no kuvura icyorezo Covid-19 bakomeje kubona ibibafasha kwirinda kwandura, birimo ibyatanzwe n’Urugaga rw’Abahanga mu by’Imiti mu Rwanda (Rwanda National Pharmacy Council/RNPC).
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi na batandatu ba COVID-19.
Mu Bwongereza baritegura kongera gufungura utubari n’ahakirirwa abantu (Pubs) ku itariki 22 Kamena 2020. Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu yavuze ko yifuza kubungabunga imirimo ijyanye n’iyo serivisi igera kuri miliyoni eshatu n’ibihumbi magana atanu (3.500.000).
Mu cyubahiro kimukwiye kandi bamugomba nk’umukozi uzwiho ubupfura, ubunararibonye ndetse n’ubuhanga ku murimo wo gufata amashusho yari amazeho imyaka 38, Umusaza Rwamukwaya wakoreraga Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yatangiye ikiruhuko cy’Izabukuru.
Urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga mu Burundi, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020, rwememeje ko Evariste Ndayishimiye arahira vuba, agasimbura Pierre Nkurunziza uherutse kwitaba Imana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye gufatira ibihano ababyeyi badafasha abana gukurikira amasomo bakabajyana gukora ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yatangaje ko Umurenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi na wo washyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo mu rwego rwo kurwanya ikwirakwizwa rya COVID-19 muri ako gace.
Muri iki gihe cyo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Musanze abasore n’inkumi b’abakorerabushake (Youth Volunteers) 352, bari gufatanya n’ibindi byiciro by’inzego zitandukanye mu bukangurambaga bwo kwirinda iki cyorezo.
Urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga muri Afurika y’Epfo rwanzuye ko itegeko rigenga amatora muri icyo gihugu rinyuranya n’itegeko nshinga.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) buratangaza ko hari abasirikare babiri bafunzwe bakaba bakurikiranyweho ibyaha byo guhohotera abaturage.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru, Serge Ruzima n’Umuyobozi ushinzwe Imirimo Rusange muri aka Karere (Division Manager) Innocent Nsengiyumva.
Uwahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze na bagenzi be bari bamaze iminsi muri gereza bashinjwa gukubita no gukomeretsa, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho noneho bakekwaho ruswa no gushaka gutoroka ubutabera.
Abakinnyi b’ibyamamare b’ikipe ya Arsenal barimo Pierre-Emerick Aubameyang, Hector Bellerin na Reiss Nelson bamuritse imyambaro yakorewe mu Rwanda, mu ihiganwa ryo kwambara imyambaro ikorerwa mu Rwanda, ryiswe ‘Made in Rwanda Challenge’ ryateguwe na ‘Visit Rwanda’.
Ku wa Gatatu tariki 10 Kamena 2020, Guverineri wa Leta ya Washington, Jay Inslee yatangaje ko iperereza ku rupfu rwa Manuel Ellis, umwirabura wishwe afite imyaka 33 rutaharirwa urukiko n’igipolisi byo mu gace ka Pierce gusa, bitewe n’uko yumva bitakorwa neza kuko na bo babifitemo uruhare.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) cyahaye u Rwanda indi nkunga ingana na miliyoni 111.06 z’amadolari ya Amerika yo gufasha guhangana n’icyorezo cya Coronavirus no kuzahura ubukungu bwashegeshwe n’icyo cyorezo.
Icyorezo cy’indwara y’ibicurane ifata ingurube cyadutse muri koperative yorora ingurube nyinshi mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria.
Umukinnyi ukomoka muri Ghana wiberaga mu kibuga cy’indege mu Buhinde yabashije kugisohokamo nyuma y’amezi arenga abiri yari amazemo kubera Covid-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2020 yitabiriye inama yakozwe mu buryo ikoranabuhanga, ihuza Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, abayobozi b’imiryango y’ubukungu mu bice bitandukanye bya Afurika ndetse n’Intumwa zihariye za Afurika. Iyo nama yari igamije (…)
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa kane tariki 11 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi n’umunani ba COVID-19.
Ihuriro ry’Impuzamiryango y’Amadini, Amatorero na Kiliziya Gatolika(RIC) ryishyiriyeho ingamba zakurikizwa mu kwirinda Covid-19 mu gihe cy’amateraniro cyangwa misa, nyuma yo kubisabwa na Guverinoma.
Kuri uyu wa kane tariki 11 Kamane 2020, urubanza ruregwamo Vital Kamerhe, Jammal Samih na Jeannot Muhima, rwakomereje muri gereza nkuru ya Makala. Aba bagabo bashinjwa kunyereza amafaranga yari kubaka inzu rusange zigera ku 4500, muri gahunda yiswe iy’iminsi 100, Perezida Félix Tshisekedi yari yemereye abaturage ubwo (…)
Akanama k’ubujurire ka Ferwafa kemeje ko Munyakazi Sadate akurirwaho ibihano by’amezi atandatu yari yahawe na Ferwafa.
Kapiteni mushya w’ikipe ya Musanze FC Habyarimana Eugene, avuga ko abakinnyi n’abatoza ba Musanze FC bafitiye abakunzi b’iyi kipe ideni ryo kubatsindira amakipe yose akomeye bagakomanga no ku gikombe mu mwaka 2020-2021.
Umugore wa nyakwigendera Kobe Bryant witwa Vanessa Bryant arashaka guhabwa impozamarira n’uruganda rw’indege umugabo we akaba n’umukinnyi muri NBA yapfiriyemo muri Mutarama 2020.
Sosiyete Nyarwanda ishinzwe Ingufu (REG) iratangaza ko kuva saa tatu z’ijoro kuri uyu wa kane tariki 11 kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki 12 Kamena 2020, abafatabuguzi bayo batari bubashe kugura umuriro.
Hari ababyeyi bavuga ko gahunda yo kwigira mu rugo hakoreshejwe televiziyo, telefone, mudasobwa na radiyo itarimo kugenda neza, bitewe n’uko bajya mu mirimo abana bakabura ubafasha gukurikirana amasomo.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Amazi n’Isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu buratangaza ko kubera imvura yaguye tariki ya 10 Kamena 2020 ikanduza imigezi ya Sebeya na Pfunda, byatumye uruganda rutunganya amazi rwa Gihira ruhagarara.
U Burundi bwateranyije inama y’abaminisitiri kuri uyu wakane tariki 11 Kamena 2020 kugira ngo iganire ku cyemezo cy’umuntu ugomba gukomeza kuyobora igihugu nyuma y’urupfu rwa Pierre Nkurunziza wari usigaje amezi abiri ku butegetsi.
Umugore witwa Lina Sapia n’umugabo we Fabio bo mu Bwongereza bamaze imyaka itatu bifuza kubyara ntibyakunda, nyuma muganga ababwira ko bitakunda gutyo gusa, ahubwo bisaba ko bafashwa n’abaganga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko mu gihe habura ibyumweru bitatu umwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 ukarangira, bugeze ku gipimo cya 87% mu kwesa imihigo bwahize muri uwo mwaka.
Niyobuhungiro Pantaleon, ni umusore ufite imyaka 22 y’amavuko, akaba akomoka mu mudugudu wa Kabahaya, Akagari ka Kimaranzara, Umurenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera.
Uwahoze ari umukinnyi wa Ghana yatangaje ko ari Se wa Marcus Rashford wa Manchester United, usanzwe ufite ababyeyi barimo Se uvuka muri Jamaica
Umuhanzikazi Priscillah umaze igihe atuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yaduhishuriye ko kuba arimo akora cyane muri iyi minsi biri mu mugambi arimo gutegura yo kuza mu Rwanda kuko yifuza kuzaza vuba afite ibihangano bihagije.
Kuva ku wa gatatu tariki 10 Kamena 2020 inzitiramibu ibihumbi 214,850 zatangiye guhabwa abaturage bo mu Karere ka Musanze. Abazihabwa birakorwa hashingiwe ku mubare w’uburyamo bwo muri buri rugo rwo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe.
Kaminuza yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yemereye buruse yo kwiga umwana wa George Floyd ufite imyaka 6.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CP Rogers Rutikanga, arasaba buri wese kuba umwalimu n’umujyanama w’ubuzima mu kwirinda Coronavirus.
Mu bigo nderabuzima byose mu Karere ka Nyarugenge ndetse n’ahahurira abantu benshi nko muri za gare no mu masoko, hari gahunda izamara uku kwezi kwa Kamena, ijyanye no gupima ku bushake indwara y’umwijima (Hépatite B na C).
Ikipe ya Espoir FC Kyambadde Fred akinamo yemeje ko iri mu biganiro n’ikipe ya Musanze FC ku kuba yayigurisha uwo rutahizamu Kyambadde Fred ukomoka mu gihugu cya Uganda.
Guhera ku wa Kabiri tariki ya 09 Kamena nibwo Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusuzuma icyorezo cya COVID-19 abanyarwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa gatatu tariki 10 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi na batatu ba COVID-19.