Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije myugariro Emery Bayisenge na Ntarindwa Aimable inongerera amasezerano Niyonzima Olivier Seif.
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) n’Ihuriro AFC/M23 kuri uyu wa Gatandatu bashyize umukono ku nyandiko y’amahame ngenderwaho (Declaration of Principles) ikubiyemo ibyo impande zombi zifuza kuganiraho mu gushaka igisubizo cy’amahoro arambye.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagize Alice Uwase Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na Gazi.
Kompanyi ikorara ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya BIG Mining mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, yemeye kureka gukomeza kurengera mukeba wayo EMITRA Mining badikanyije, nyuma yo gusuzuma imbago n’imiterere y’aho izo Kompanyi zombi zemerewe gukorera.
Mu gikorwa Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside barimo hirya no hino mu gihugu, basanze urubyiruko rukomoka ku babyeyi bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ndetse n’urukomoka ku bayirokotse, ruhura n’ikibazo cyo kudahabwa amakuru y’ukuri n’ababyeyi babo bigatuma (…)
Mu gihe abanyeshuri batangiye biruhuko, hateguwe iserukiramuco ryiswe Kigali StreetBall riteganyijwe mu mpera z’iki Cyumweru aho rizakomatanyiriza hamwe imikino n’imyidagaduro muri Petit Stade Amahoro.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yakiriye mu biro bye intumwa zaturutse mu Kigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Rio Tinto.
Abanye-Congo barimo Moise Katumbi umuherwe akaba n’umwe mu banyepolitike batavuga rumwe n’ubutegetsi, ntibakozwa iby’amasezerano Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iheruka kugirana n’amakipe atandukanye yo ku mugabane w’u Burayi.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Ingabire Umuhoza Victoire afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Mu gihe Shema Fabrice azatanga kandidatire yo kwiyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, bamwe mu bo bashobora kuzakora barimo Richard na Gasarabwe basanganywe imyanya muri FERWAFA.
Perezida w’Ikipe ya AS Kigali Shema Fabrice azatanga kandidatire yo kwiyamamariza kuba Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda mu matora ateganyijwe muri Kanama 2025.
Abanyarwanda baciye umugani ngo ‘mu nda ni kure’, ndetse barongera bati ‘nta muzindutsi wa kare wigeze ashobora gutaha ku mutima, abandi nabo bise umwana wabo “Hishamunda”.
Urubyiruko rwo mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba rwateraniye i Kigali mu Rwanda ku matariki ya 17-18 Nyakanga 2025, aho barebera hamwe uko barushaho kugira uruhare mu buhinzi bugezweho bwihanganira ihindagurika ry’ikirere (Climate-Smart Agriculture), ndetse bugamije no gufasha mu kwihaza mu biribwa.
Leta y’u Rwanda n’iya Antigua and Barbuda, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, bemeranya gukuriraho viza abaturage b’ibihugu byombi batunze pasiporo z’ubwoko bwose, zirimo izisanzwe n’iza dipolomasi, hagamijwe kurushaho kubyaza umusaruro amahirwe aboneka ku mpande zombi.
Ku wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, Perezida William Ruto wa Kenya yakiriye mu biro bye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe nk’Intumwa yihariye ya Perezida Paul Kagame.
Muri Kenya, muri Kawunti ya Mombasa, abaturage batashywe n’ubwoba nyuma y’abantu bane bishwe n’indwara kugeza ubu itaramenyekana iyo ari iyo.
Hari hashize imyaka isaga 60, u Bufaransa buhoza ingabo zabwo muri Senegal, ariko kuri uyu wa 17 Nyakanga bwatanze ibirindiro bya nyuma muri Senegal, akaba ari nabyo byari bisigaye muri Afurika y’u Burengerazuba n’iyo hagati.
Abagore barenga ibihumbi 16 bo mu Karere ka Ngoma barishimira ko amahugurwa bahawe na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), ku gukoresha serivisi z’imari hifashishijwe ikoranabuhanga rya telephone, yabafashije kugira ubumenyi ku mikorere n’imikoreshereze yayo.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Kazarwa Gertrude, kuri uyu wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla Musa, bigamije gushimangira umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Mu Buyapani hari sosiyete ya OK Grandma, itanga serivisi zidasanzwe zirimo no kuganiriza abantu, bakabatega amatwi bakumva ibibazo bafite bakabagira inama uko babikemura, kubatekera ibyo kurya biryoshye by’abakecuru, mbese nk’uko ba nyirakuru b’abantu babikora. Ariko ukeneye iyo serivisi yo kuvugana n’umuntu umeze nka (…)
Mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 16 Nyakanga 2025, iyobowe na Perezida Paul Kagame, isize Minisiteri ya Siporo ibonye Umunyamabanga uhoraho mushya, Madamu Candy Basomingera, wari umuyobozi wungirije muri Rwanda Convention Bureau.
Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye kugirirwa icyizere.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, yamenyeshejwe ibyagezweho n’urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, rukomeje kugira uruhare rukomeye mu mpinduka mu iterambere ry’ubukungu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb Nduhungirehe Olivier yashyikirije Perezida wa Repubulika ya Tchad, Maréchal Mahamat Idriss Déby Itno, ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame.
Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, Depite Ndangiza Madina, yatangaje ko hakwiye urundi rugendo rwo guherekeza abarangije ibihano ku bakoze ibyaha bya Jenoside, nyuma yo gusubira mu miryango yabo.
Ubushakashatsi bugaragaza ko mu myaka 20 ishize gahunda ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo kurwanya SIDA (PEPFAR), imaze kuramira ubuzima bw’abarenga Miliyoni 26.
Tariki 11 Ugushyingo 2022, Guverinoma yemeje impinduka zirimo amasaha y’akazi n’ay’itangira ry’amashuri, aho ku mpamvu zo guteza imbere ireme ry’uburezi, amashuri yose byemejwe ko azajya atangira Saa Mbili n’Igice mu gihe yatangiraga Saa Moya z’igitondo.
Muri iki gihe cy’imbuga nkoranyambaga, umubare w’abanyamakuru mu Rwanda wariyongereye cyane, uva ku banyamwuga magana, ugera ku batangazamakuru bisanzuye kandi baduha inkuru batazuyaje, bakabakaba Miliyoni icumi.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball y’Abagore, ikomeje imyitozo mu gihugu cya Misiri aho irimo kwitegura imikino y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire, guhera tariki ya 25 Nyakanga kugeza ku ya 3 Kanama 2025.
Abashoramari b’Abadage bakorera mu Rwanda, batewe impungenge na bizinesi zabo kubera ko abakozi babo b’Abanyarwanda, bagorwa cyane no kubona viza zibemerera kuba bakora ingendo zijya mu Budage. Ibyo bigaterwa no kuba muri iki gihe, Abanyarwanda bose bashaka viza ya ‘Schengen’ bagomba kujya kuyisabira muri Kenya.
Umujyi wa Kigali watangaje ko ibibazo byakunze kugaragara mu mafaranga acibwa abasaba impushya zo kubaka byakemutse, binyuze ku rubuga rushya rwitwa ‘Kubaka’ rwashyizweho kugira ngo rujye rusabirwaho ibyangombwa byo kubaka.
Umutoza Seninga Innocent yongeye kugirwa umutoza wa Etincelles FC nyuma y’uko yari asoje amasezerano, akabanza kujya gushakishiriza muri Zambia bitakunze.
Inama ya Afurika na Madagascar y’Abasenyeri ba Kiriziya Gatolika SECAM yo mu mwaka wa 2022 yateraniye muri Ghana, yasanze uyu mugabane dutuye n’u Rwanda by’umwihariko turi kurwana n’ibikomere ndetse n’ibisare COVID-19 yaduteye, ikagenda itwaye inshuti n’abavandimwe kuri bamwe, abandi igatwara akazi, ubucuruzi n’ibindi byari (…)
Urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, urimo kuburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, rwongeye gusubukurwa kuri uyu wa 15 Nyakanga maze ahakana ibyaha aregwa.
Sadiki Munganga Gloire w’imyaka 32 y’amavuko, yaguye mu mwobo wa metero 15 z’ubujyakuzimu mu Bugesera aho yabaga mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Karindwi 2025.
Mu Buhinde, umugabo w’imyaka 55 ufite umuryango ndetse umaze kugira abuzukuru batatu, aravugwaho gucikana umukobwa w’imyaka 22 witeguraga kuba umukazana we.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yabwiye Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta, PAC, ko u Rwanda rukeneye Miliyoni 130 z’Amadolari (Miliyari 187.9Frw) yo gutunganya ibyanya by’inganda byose mu gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ivuga ko u Rwanda rurimo gukora ku buryo rwongera imiti imara igihe kinini, iterwa umuntu binyuze mu rushinge (long-acting injectable treatment), mu mabwiriza y’Igihugu ajyanye no gukurikira Virusi itera SIDA, bikazakorwa bidatinze.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko buri mwaka nibura abantu 2,600 bahitanwa na Sida, mu gihe abagera ku 3,200 bayandura.
Ubwo ibitaro bya CHUK byitabaga Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe kugenzura Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, yagowe no gusobanura uburyo yatanze isoko ryo kubaka ‘Parking’ kuri rwiyemezamirimo wari usanzwe ukorana n’ibi bitaro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko irimo kwiga uburyo amafaranga y’agahimbazamusyi agenerwa abakozi bo kwa muganga azwi nka ‘PBF’, yazajya atangirwa rimwe n’umushahara.
Emma Rwibutso ni umuhanzi umaze igihe gito mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, wahawe amahirwe yo kwigaragariza mu gitaramo ’Unconditional Love - Season 2’ umuhanzi Bosco Nshuti yamurikiyemo Album ye ya kane yise ‘Ndahiriwe’yizihiza n’imyaka 10 amaze mu muziki ku giti cye.
Mu mafu ya mu gitondo, mu Murenge wa Mudende, Akarere ka Rubavu, umugabo w’imyaka 69 yicaye mu ntebe y’urubaho imbere y’inzu ye. Amazina ye ni Kaporali Senkeri Salathiel, ubitse inkuru imyaka isaga 30 imuhora ku mutima. Ni umugabo wagize uruhare rukomeye mu mateka y’u Rwanda ya vuba aha.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, yabajije ibitaro bya CARAES Ndera amakosa yagaragajwe n’Umugenzuzi w’Imari ya Leta, y’ubwiyongere bw’amafaranga aba yateganyijwe gukoreshwa aho bigaragarira cyane cyane mu itangwa ry’amasoko.
Kuri uyu wa 13 Nyakanga hamenyekanye inkuru y’umushoferi w’Umunyarwanda wafatiwe I Mombasa, aho abapolisi b’igihugu cya Kenya bavugaga ko atwaye ikamyo ifite amapine ashaje, bityo bamwishyuza Amashiringi ya Kenya ibihumbi icumi(100,000 Frw), banamushyiramo amapingu bamuteguza umunyururu.
Ikipe ya APR Karate yegukanye irushanwa rya Kigali City Open Karate Championship ryakinwe bwa mbere tariki 13 Nyakanga 2025.
Nshimiyimana Canisius wari umaze imyaka itandatu ari umutoza wungirije wa Mukura VS yagizwe umutoza mukuru wayo.
Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, yemeje urupfu rwa Muhammadu Buhari wabaye Perezida w’icyo gihugu inshuro ebyiri, witabye Imana ku Cyumweru tariki 13 Nyakanga 2025, afite imyaka 82, akaba yaguye i Londres mu Bwongereza, aho yari amaze ibyumweru avurirwa.