#Kigali25: Hatahiwe abangavu, n’abagore bakuru, Ikaze ku munsi wa 7 wa shampiyona y’isi y’amagare I Kigali

Ikaze ku munsi wa 7 wa shampiyona y’isi y’amagare UCI Road world championship aho uyu munsi hateganyijwe amasiganwa 2, Abangavu (Junior) ndetse n’abagore bakuru (Elite) aho basiganwa mu muhanda (Road Race)

Hatahiwe abangavu, n'abagore bakuru, Ikaze ku munsi wa 7 wa shampiyona y'isi y'amagare I Kigali
Hatahiwe abangavu, n’abagore bakuru, Ikaze ku munsi wa 7 wa shampiyona y’isi y’amagare I Kigali

Abasiganwa bose (Women Junior) bamaze guhaguruka aho bahagurikiye kuri KCC, bakanyura Gishushu, Nyarutarama-MTN, Nyarutarama-Kabuga - Golf -SOS- Minagri-KBC- Medheal-Ku Muvunyi bakagaruka kuri Kigali convention Centre maze bakazenguruka inshuro 5 bakaza gusoreza kuri KCC.

Muri iki cyiciro cy’abangavu, abasiganwa barasiganwa ku ntera ingana n’ibirometero 74. Abasiganwa batangiye isiganwa, bose hamwe ni 72 bavuye mu bihugu 34.

Abasiganwa bose hamwe ni 72 bavuye mu bihugu 34
Abasiganwa bose hamwe ni 72 bavuye mu bihugu 34

Muri iki cyiciro, u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi babiri aribo Liliane Uwiringiyimana ndetse na Yvonne Masengesho.

Nyuma y’icyiciro cy’abangavu, harakurikiraho icyiciro cy’abagore bakuru (Women Elite) aho biteganyijwe ko bo baza guhaguruka ku isaha ya saa sita n’iminota itanu (12:05pm)

Mu cyiciro cy’abagore bakuru, abasiganwa baraza gusiganwa ku ntera ingana n’ibirometero 164 na metero magana atandatu aho abasiganwa bose hamwe ari 106.

Muri iki cyiciro cy'abangavu, abasiganwa barasiganwa ku ntera y'ibirometero 74
Muri iki cyiciro cy’abangavu, abasiganwa barasiganwa ku ntera y’ibirometero 74

Muri iki cyiciro cy’abagore bakuru, u Rwanda ruraza kuba ruhagarariwe n’abakinnyi 4 aribo Ingabire Diane, Irakoze Neza Violette, Nirere Xaveline ndetse na Nzayisenga Valentine.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka