Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore yatsindiwe na Misiri kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0, mu mukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2025 kizabera muri Maroc.
Gushakana k’umuntu ufite ubumuga bw’uruhu(albino) n’utabufite, byaba imwe mu ngamba zo kugabanya ivuka ry’abana bafite ubu bumuga.
Abanyeshuri baturuka mu bihugu 14 birimo ibyo ku mugabane wa Afurika n’uw’u Burayi, biga mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, bamuritse umuco w’ibihugu bakomokamo, igikorwa cyiswe “INES Interculturel Day” bahamya ko ari umwanya mwiza wo kurushaho gusabana no kumenya umwihariko w’imibereho ya bagenzi babo, (…)
Umutoza w’Amagaju FC, Niyongabo Amars, avuga ko barimo kwitegura Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu, batagendeye ku mukino ubanza wa shampiyona banganyirije i Kigali muri Kanama 2024, kuko yahindutse ndetse nabo bagahinduka ariko ngo biteguye kuyibonaho amanota.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yibukije Abanyarwanda ko kugira ngo Igihugu cyabo gikomeze kubaho kitavogerwa, gikeneye ubumwe kandi ko bagomba gukorera hamwe.
Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rugarika, habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri (School bus) n’ikamyo yavaga mu Karere ka Muhanga itwaye imbaho, abana 13 barakomereka, barimo batatu bakomeretse bikomeye.
Bimwe mu bibazo Abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari, basaba Guverinoma ko byakwihutishwa bigakemuka, harimo icy’umwenda uturere tubereyemo ibigo bicuruza inyongeramusaruro ungana na 22,054,073,550Frw.
Umuhanzi Alyn Sano yemeje ko yumva ageze kuri 2% mu rugendo rwe rw’umuziki ariko yiteguye kugera ku nzozi ze ijana ku ijana kuko ubu ngubu yamenye ko atagomba gufatafata ibyo abonye byose, ahubwo agahitamo ibimufitiye inyungu.
Abayobozi ba Sudani bahamagaje Ambasaderi wari uyigararirye muri Kenya, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Sudani.
Roger Stephens wamamaye mu muziki nka John Legend yageze i Kigali, aho yitabiriye igitaramo cya Move Afrika gitegurwa n’umuryango Global Citizen.
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rivugurura ingengo y’imari ya Leta ya 2024/2025, ikava kuri Miliyari 5,690.1Frw ikagera kuri 5,816.4Frw, bivuze ko iziyongeraho Miliyari 126,3 Frw.
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu birombe by’i Musanze, by’umwihariko umurenge wa Nkotsi, bibukijwe ko badafashe iya mbere ikibazo cya Malaria kibugarije kitacyemuka.
Muri Leta ya Arizona, imwe mu zigize Leta zunze Ubumwe za Amerika, abantu babiri bapfuye baguye mu mpanuka y’indege ebyiri zagonganye mu gihe zarimo zigerageza kugwa ku kibuga cy’indege cy’aho muri Arizona.
Mu gihe hari abumva ko iby’iteganyagihe bitabareba, hari abahinzi basanze ari ngombwa kurikurikirana no kuryifashisha mu kugena ibyo bazahinga, mu rwego rwo kugira ngo babashe kweza uko bikwiye.
Banyekongo bavandimwe! Ntabwo ndi umufana w’umupira w’amaguru, n’iyo ngize amahirwe yo kureba umupira, mfana iyatsinze.
Ambasaderi w’u Rwanda uhoraho mu Muryango w’Abibumbye (UN), Ernest Rwamucyo, ubwo ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025, yari mu nama y’akanama ka UN gashinzwe amahoro, yigaga ku bijyanye n’ibiri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gushimangira umutekano (…)
Ku wa 19 Gashyantare 2025, ikipe ya APR FC yatsindiye Musanze FC kuri Kigali Pelé Stadium 4-0, mu mukino wo kwishyura wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro igera muri ¼, aho yasanze amakipe arimo Rayon Sports.
Umuyobozi w’Inama nkuru y’Abepisikopi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Mgr Donacien Nshole, aratangaza ko Igihugu cye kidashobora kugera ku mahoro arambye, igihe cyose gishyize imbere inzira y’intambara no gushyira ku ruhande umutwe wa M23.
Abashinzwe gutegura isiganwa "Tour du Rwanda" bamaze gutangaza urutonde rwose rw’abakinnyi bazayitabira, ndetse na numero buri wese azaba yambaye
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025, ikipe ya Rayon Sports yangiwe gukorera imyitozo n’umuterankunga wayo mukuru Skol, aho isanzwe ikorera mu Nzove, kubera ibyo batumvikanaho.
Muri Kenya, amaganga y’inkwavu yabaye imari ishakishwa n’abakiriya benshi cyane, kandi bayishaka ari nyinshi ku buryo byatumye igiciro cyayo kizamuka kigera ku Mashilingi 1000 kuri litiro imwe (ni ukuvuga asaga 10000 by’Amafaranga y’u Rwanda), mu gihe ikilo cy’inyama z’inkwavu cyo kitageza no ku Mashilingi 500 ya Kenya.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), ushinzwe kurwanya SIDA mu rubyiruko, Dr Mugisha Hakim, avuga ko imibare y’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA mu Karere ka Nyagatare ihangayikishije, kuko iri kuri 1.2%, agasaba urubyiruko kugana ibigo byabagenewe kugira ngo babone inama zibafasha kwirinda.
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana ubwo yaganiraga n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu tariki 18 Gashyantare 2025, yabatangarije ko integanyanyigisho y’amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro igenda ivugururwa ikajyanishwa n’igihe yongewemo na gahunda yo kwigisha gukanika indege.
Ikibazo cyo kubura ibitotsi gikunze kubaho ku bantu benshi mu gihe runaka cy’ubuzima bwabo, rimwe na rimwe bigakemuka vuba, umuntu akongera kujya asinzira uko bisanzwe, ariko hari nubwo icyo kibazo kigera aho kikaba icy’igihe kirekire ku muntu, bitewe n’impamvu zitandukanye nk’uko bisobanurwa na Dr Faith Orchard, inzobere mu (…)
Minisiteri y’u Rwanda y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), yatangaje ko u Rwanda rwahagaritse gahunda y’ubutwererane Igihugu gisanzwe gifitanye n’u Bubiligi.
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa Politiki, Lawrence Kanyuka, yongeye gusaba Guverinoma ya Kinshasa guhagarika kugaba ibitero ku basivili, no kureka kwica abantu bazira ubwoko bwabo.
Itsinda ry’abasirikare 30 baturutse muri Nigeria bayobowe na Maj Gen (Rtd) Garba Ayodeji Wahab, basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku Kimihurura banagirana ibiganiro, mu ruzinduko bagirira mu Rwanda.
Muri Sudani y’Epfo, imirwano yongeye kubura mu bice bitandukanye by’igihugu, hagati y’ingabo za Leta ziyobowe na Perezida Salva Kiir n’abarwanyi batavuga rumwe na Leta bashyigikiye Riek Machar, uwo akaba ari na we Visi-Perezida w’iki gihugu.
Imwe mu ngingo zigize Itegeko rigenga abantu n’umuryango ryasohotse mu mpera za Nyakanga 2024, rivuga ko kororoka mu buryo bw’ikoranabuhanga k’umugabo n’umugore bashyingiranywe bishobora gukorwa kandi no hagati yabo n’undi muntu bagiranye amasezerano hakurikijwe amategeko abigenga.
Imirwano ikomeye hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za FARDC yongeye kubura muri Teritwari ya Lubero.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, batangiye gusuzuma umushinga w’itegeko urimo ingingo yemerera abagore gutwitira abandi, bavuga ko harebwa ingingo zo kuba bakwitabwaho mu buryo bw’imitekerereze nyuma yo kubyara (accompagnement psychologique), kuko bishobora (…)
Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko batangiye gusuzuma umushinga w’itegeko urimo ingingo yemerera abana bafite kuva ku myaka 15 kuzamura guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro bidasabye ko baherekezwa n’ababyeyi babo.
Umuhanzi Ma Voice, wabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru mu Rwanda, yahishuye uburyo imvune yagize yatumye yisanga afite impano no mu kuririmba.
Guverineri w’agateganyo wa Kivu y’Amajyaruguru washyizweho na M23, yashyizeho amabwiriza yo kurekura ingendo mu mazi y’ikiyaga cya Kivu ndetse bihita bikurikizwa.
Imwe mu ndangagaciro zahoze ziranga Abanyarwanda, harimo gutabara no kugirira impuhwe abababaye, kuko baba bakeneye ubutabazi no guhumurizwa, kugira ngo barusheho kwigarurira icyizere baba batakaje cyo kongera kubaho.
Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), ryamaganye imigambi mibi icurwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) n’abafatanyabikorwa bayo barimo ingabo z’u Burundi n’izindi zo mu bihugu bya SADC n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abazise bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyekongo babarirwa muri 400 bari mu Rwanda mu Karere ka Rusizi bacumbikiwe, bari bahunze imirwano yaberaga muri Kivu y’Amajyepfo, basubiye mu gihugu cyabo bashimira u Rwanda rwabakiriye.
Isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda, ku nshuro ya 17 rigiye kongera gukinirwa ku butaka bw’u Rwanda nk’ibisanzwe.
Nsabimana Thadée, Umunyarwanda utuye mu Karere ka Rusizi yashyitse mu Rwanda avuye mu mujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho yari yafatiwe n’ingabo z’iki gihugu, FARDC, zamuboshye kubera yabuze Amadolari 200 ariko abonye 50 ziramurekura.
Tugiye kubagezaho inkuru mbarankuru ijyanye n’ubutabera, yerekana uko umuntu ashobora kurokoka icyendaga kumukoraho, mu gihe ibyari biteganyijwe byose ngo yamburwe ubuzima ku maherere byamaze gushyirwa ku murongo.
Ikipe ya REG Volleyball Club yatsinze ikipe ya Gisagara Volleyball Club amaseti 3-1, amahirwe yo kuza mu makipe ane ya mbere arayoyoka.
Perezida w’ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko rikumira Jenoside, ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorwe Abatutsi (AGPF), Hon. Dusingizemungu Jean Pierre, avuga ko mu biganiro yagiranye n’abayobozi mu nzego zitandukanye mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Mugombwa, bagaragaje ko hari amakuru adatangwa ahagaragaye (…)
Madamu Jeannette Kagame yashimiye mugenzi we Fatima Maada Bio, watorewe kuyobora Umuryango w’abadamu b’Abakuru b’ibihugu ugamije iterambere, Organization of African First Ladies for Development (OAFLAD).
Perezida Kagame yashimiye umuyobozi mushya wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), Mahmoud Ali Youssouf, ku bw’intsinzi yegukanye.