Nyuma y’Imana itarahirwa mu busa no mu binyoma nk’uko amategeko ya Kiliziya Gatolika abatoza abemera bayo, Umwami w’u Rwanda rudahigwa na we ntiyarahirwaga mu busa no mu binyoma ku buryo kumwirahira byakurokoraga mu rukiko.
Abantu benshi bakunze gufata ifunguro ririho ibiribwa bitandukanye kubera kutamenya intungamubiri zibigize ndetse bamwe ugasanga ifunguro ryabo rigizwe ahanini n’ibiribwa bifite intungamubiri zimwe.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga muri Mata 1994, kuri Paruwasi ya Nyange yari muri Komini Kivumu, Perefegitura ya Kibuye, inama yateraniye mu ruganiriro rw’icumbi ry’umwe mu bapadiri witwa Athanase Seromba, nuko bahategurira gahunda y’ubugome butigeze bubaho mbere.
Mu myaka myinshi ishize, abantu benshi bakomeje kujya bumva no kwizera inkuru nyinshi zivuga ko umuntu akoresha gusa 10% by’ubwenge bwe, bityo ko aramutse abashije gukoresha 100% byabwo yakora ibintu bidasanzwe. Icyakora, abashakashatsi mu bya Neuroscience bagaragaje ko izi nkuru ari ibihuha cyane ko zishingiye ku myumvire (…)
Hirya no hino ku Isi, haracyagaragara ibikorwa bibangamiye uburenganzira bw’abakobwa n’abagore, hamwe usanga hari ibihugu bikibatsikamira rimwe na rimwe kubera umuco cyangwa n’indi myizerere y’amadini.
Imwe mu Filime y’uruhererekane yakunzwe cyane mu Rwanda guhera mu myaka ya 2010, Zirara Zishya, igiye kongera gukorwa nyuma y’imyaka igera kuri 17 yari ishize ihagaritswe gushyirwa hanze bitewe n’igihombo cyatewe n’imikorere y’abayitunganyaga.
Filime mbarankuru ivuga ku buzima bw’Ingagi zo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu Rwanda yiswe “A Gorilla Story: Told by David Attenborough” yakozwe na David Attenborough yashyizwe ku rubuga rwa Netflix. Iyi filime yashyizwe kuri Netflix ku wa Gatanu tariki 17 Mata 2026.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Gasabo Mudaheranwa Regis yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ndera mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko hibukwa abiciwe mu kigo cya CARAES, maze ababwira amwe mu mateka yaranze ubutegetsi bwa Habyarimana Juvenal wabaye uwa mbere (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 17 yatsizwe n’iya Zambia ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa FERWAFA abizeza gukomeza gushyigikirwa.
Intambara no gushyamirana bikomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, byahungabanyije isoko ry’ingufu, none ingaruka zabyo zirimo kugera no ku bihugu biherereye kure cyane y’ako Karere.
Nyuma yo gutangaza ibiciro bishya by’ingendo, abagera hafi ku 100 batwara abagenzi bamaze guhanirwa kubahenda bazamura ibiciro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko ibiciro ku ngendo bitazazamuka ku batega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, nubwo ibiciro bya lisansi byiyongereye.
Irushanwa rya Karate ritegurwa na Zanshin Sport Solutions ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Karate mu Rwanda (FERWAKA) ryagarutse mu kwezi kwa Munani aho uyu mwaka rizabera mu Mujyi wa Kigali kuri Notre Dame des Anges i Remera.
Igiciro cya Lisansi cyazamuwe kigera ku mafaranga y’u Rwanda 2,938 kuri litiro, ibiciro biratangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mata saa kumi n’ebyiri za mugitondo.
Muri Repubulika ya Congo-Brazzaville, kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2026 habereye umuhango w’irahira rya Perezida Denis Sassou Nguesso, uherutse kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu muri manda nshya. Uyu muhango witabiriwe n’abakuru b’ibihugu n’abayobozi batandukanye baturutse hirya no hino ku Isi, harimo na Perezida (…)
Umutoza Haringingo Francis waheruka gusezera Kiyovu Sports akajya gutoza Rayon Sports ariko iyi kipe yavuyemo itabyemera kugeza ubwo yimwe uruhushya rwo gutoza, yemerewe gutoza binyuza mu biganiro byagizwemo uruhare na Perezida w’Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice
Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Dr. Philbert Gakwenzire, yavuze ko Kiliziya ubundi yigisha kubana neza, ariko ngo si ko byagenze, kuko hari ingero nyinshi zibigaragaza, uhereye ku rwa Padiri Seromba Athanase, ndetse no ku bisigazwa by’inkingi (blocs) za Kiliziya ya Paruwasi ya Nyange, mu Karere ka Ngororero.
Mu nkiko z’u Rwanda kuri ubu hari imanza 892 zifitanye isano n’ibibazo by’ubwishingizi bijyanye n’indishyi, impanuka, amasezerano y’ubwishingizi, n’ibindi.
Kuva ku wa 20 Mata 2026, kugeza kuwa 3 Gicurasi 2026 igihugu cy’u Rwanda kizakira imikino ihuza amakipe y’abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAVB Men’s Club Championship 2026) rigiye kuba kunshuro ya 47 mu mujyi wa Kigali.
Umufaransa Frédéric Guérin yageze i Kigali aho aje gutoza amakipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball mu bagabo n’abagore aho aje asimbuye umutoza ukomoka muri Brezili, Paulo de Tarso.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Rayon Sports yashyize hanze ibiciro by’umukino wa shampiyona uzayihuza na APR FC tariki 2 Gicurasi 2026 kuri Stade Amahoro.
U Rwanda n’Ikigo cyo mu Busuwisi gikora imiti, Sandoz byasinyanye amasezerano azafasha Igihugu kubona no gukora imiti itandukanye irimo ibinini n’ivura kanseri. Ku ikubitiro, u Rwanda ruzahabwa ubwoko bw’imiti igera kuri 60.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, kuri uyu gatatu yagiranye ibiganiro na Gen. MK Mubarakh, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (Rwanda Defence Force), mu ruzinduko rugamije gukomeza gutsura umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Urwibutso ruri mu mujyi wa Rouen mu Bufaransa rwangijwe n’abataramenyekana.
Jenoside yakorewe Abatutsi itangira muri Mata 1994, Adeline Munganyinka yari umwana utangira ishuri.
Perezida Paul Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Congo Brazzaville, Denis Sassou NGuesso uherutse kongera gutorerwa kuyobora icyo Gihugu muri Manda ya Gatanu. Yamwifurije ishya n’ihirwe mu nshingano nshya yatorewe.
Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ikaba n’umufatanyabikorwa ukomeye w’u Rwanda binyuze muri gahunda ya #VisitRwanda, nyuma yo kugera muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League ndetse ayifuriza amahirwe masa mu cyiciro gikurikira.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Bayern Munich yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League yasezereye Real Madrid ku giteranyo cy’ibitego 6-4, nyuma kuyitsinda 4-3 mu mkino wo kwishyura wari uryoheye ijisho, Arsenal ihagera isezereye Sporting CP banganyije 0-0 busanga 1-0 cyo mu mukino ubanza.
Urwego rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu muri Sena ko bafite imbogamizi zo kudashora imari mu nganda kubera ikiguzi cy’ubutaka buhenze cyane.
Akaniwabo Colleta warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko we n’abo bari bari kumwe ubwo birukankaga bahunga Interahamwe zari zariye karungu, zica abantu umugenda, bahungiye ku rusengero rwa ADEPR Kayenzi bizeye kuharokokera, basanga Pasiteri Uwinkindi Jean wahayoboraga yateguye Interahamwe, abahageze mbere (…)
Mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi i Ntarama mu Karere ka Bugesera, Mupenzi Eustache watanze ikiganiro, yasobanuye uko uwari Perezida Habyarimana Juvenal yarenze ku itegeko ryo mu 1991 ryabuzaga amashyaka kugira imitwe y’abasivile yitwara gisirikare (militia), agashyiraho umutwe w’Interahamwe wakoze Jenoside.
Perezida Kayibanda Gregoire wategetse u Rwanda muri Repubulika ya mbere, akimakaza ivanguramoko acengeza mu bantu ko Abatutsi ari abanyamahanga agamije kubangisha abandi, amateka agaragaza ko ari we ufite inkomoko mu mahanga.
U Rwanda rwagiranye amasezerano y’inguzanyo ingana na miliyoni 213 z’Amayero (arenga miliyari 300 Frw), mu buryo bw’imari ikomatanyije (blended finance), igamije gushyigikira gahunda z’iterambere no gukomeza gucunga neza umwenda wa Leta.
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, JD Vance, yihanangirije Papa Leo XIV amusaba “kwitonda cyane” igihe atanga ibitekerezo ku bijyanye na tewolojiya, nyuma y’uko uyu mupapa anenze politiki mpuzamahanga ya Amerika, by’umwihariko ku bijyanye n’intambara.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, amakipe ya Atletico Madrid na PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League asezereye FC Barcelona na Liverpool muri 1/4 cy’irangiza.
Kimwe mu bintu byihariye byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni uko, kimwe n’ibyabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abayahudi (Holocaust), hari abagore bamwe bagaragaje ishyaka rikomeye mu gukora Jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abantu batanu bari barakatiwe igifungo kitageze ku myaka ibiri cyangwa baraciwe ihazabu, kubera ibyaha birimo gutanga sheki zitazigamiye n’ubufatanyacyaha mu gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro.
Ijambo ‘Ntibizongere ukundi’ rikunze kumvikana ahibukirwa Jenoside, mu mbwirwaruhame, no ku mbuga mpuzamahanga, cyane cyane muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubaho byahindutse nk’imibare ya buri munsi yo kugerageza kwirinda ibyago—aho kuva ku rugo ujya nko mu bilometero bike bishobora kuguhitana.
Romuald Wadagni, wari Minisitiri w’Imari wa Bénin, akaba n’umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi, yatorewe kuyobora iki gihugu ku majwi arenga 94,05%, nk’uko byagaragajwe n’ibyavuye mu matora by’agateganyo, byatangajwe mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 13 Mata 2026.
Umurenge wa Jali wo mu Karere ka Gasabo wahoze ari mu Karere ka Rutongo. Abari bahatuye kera babanaga neza nta kibazo kirimo, bahana inka n’abageni, bakabyarana muri batisimu, ndetse bakanashyingirana. Nyamara inyigisho z’urwango n’amacakubiri byibasiye ibice byose by’Igihugu zageze no mu bari batuye muri aka gace.
Kuri uyu wa Mbere, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore batarengeje imyaka 17 yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruri ku Gisozi bunamira abarenga ibihumbi 250 barushyinguyemo.
Inteko rusange y’umutwe w’Abadepite yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mata 2026 itora umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo hagati y’u Rwanda na Banki ya Standard Chartered ingana na miliyoni magana abiri na cumi n’eshatu, ibihumbi ijana na mirongo itandatu na bine na magana atatu mirongo (…)
Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda kugeza mu 1994, mbere y’uko ajya kuri uwo mwanya yagezeho ahiritse ubutegetsi bwa Gregoire Kayibanda, yari Minisitiri w’Ingabo na Polisi, akaba ari we wayoboye ibikorwa byo kwirukana Abatutsi mu mashuri, nubwo yaje kuzana ikinyoma avuga ko ahubwo yarwanyaga iyo politiki.
Mukandori Dancille utuye mu Karere ka Rwamagana ni umukecuru wapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yishimiye ko yasaniwe inzu n’umuryango wa gikirisitu udaharanira inyungu, ‘Comfort my People Ministry’ akavuga ko ubu agiye kuryama atekanye.
Guverinoma y’u Rwanda igiye kugeza ku ngo zibarirwa mu bihumbi 100 ibikoresho byo guteka bitangiza ibidukikije, mu gihe izindi zibarirwa mu bihumbi 200 zizagezwaho amashanyarazi, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.