Umubyeyi witwa Nyirahonora Théophila wo mu Murenge wa Gataraga Akarere ka Musanze, yavuze uko yahinduye izina rye Niwemuto akitwa Nyirahonora, mu rwego rwo kugira ngo abone uburenganzira bwo kwiga.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Bimenyimana Jean de Dieu, avuga ko n’ubwo hakozwe byinshi bigamije gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane mu kubabonera amacumbi ariko hari imiryango 153 itarubakirwa ndetse n’irenga 400 ifite amacumbi ashaje akeneye gusanwa.
Abacuruzi by’umwihariko abo mu Isoko rigezweho rya Kabeza (Kabeza Morden Market), biyemeje gukora ubucuruzi budasenya Igihugu ahubwo bucyubaka, bitandukanye n’uko byagenze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bamwe mu bacuruzi bashoye amafaranga yabo mu bikorwa bishyigikira Jenoside.
Abantu basaga 400 barimo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal n’abahagarariye ibihugu byabo muri Senegal bitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, avuga ko n’ubwo Ubumwe bw’Abanyarwanda bugeze ku kigero cyo hejuru cyane, hakiri abagizi ba nabi batari benshi babubangamira bangiza imyaka n’amatungo by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe ku ya 7 Mata 2025, u Rwanda rwatangiye Icyumweru cy’Icyunamo ndetse n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amakipe ya Arsenal na PSG yavuze ko yifatanyije n’Abanyarwanda muri ibi bihe bikomeye.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Emmanuel Hategeka yavuze ko kwibuka buri mwaka Jenoside yakorewe Abatutsi, byabaye inkingi mwikorezi yo kongera kwiyubaka k’u Rwanda, no gufasha ibiragano bizaza kwiga amateka no kuyazirikana.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) no muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), hamwe n’Abanyarwanda batuye muri ibyo bihugu ndetse n’inshuti z’u Rwanda, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo yavuze ko ijambo Never Again (Ntibizongere Ukundi), ridakwiye kwingingirwa ahubwo ko ari icyemezo gikomeye amahanga agomba gushyira mu bikorwa, aboneraho no guhamagarira umuryango mpuzamahanga gukura amasomo ku mateka ababaje ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ikipe ya APR WVC iri mu marushanwa mpuzamahanga ahuza amakipe y‘abagore yabaye aya mbere iwayo ‘African Women Club Championship’ mu gihugu cya Nigeria, yifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda ziba muri iki gihugu, Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Nk’uko byagenze hirya no hino mu gihugu cyose no ku Isi muri rusange, ku wa Mbere tariki 07 Mata 2025, hatangijwe icyumweru cy’icyunamo hibukwa ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Gasheja Jean warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, avuga ko ingengabitekerezo ya Jenoside yari ifitwe n’abagize uruhare muri Jenoside bakomereje ibikorwa byabo mu Burasirazuba bwa Congo, iyitwaga Zaïre.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yavuze ko Igihugu cye gishyigikiye byimazeyo umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse kandi cyiyemeje kwifatanya n’u Rwanda mu bikorwa byo kwibuka, gushyira imbere ukuri n’ubutabera.
Gatera Gatete Sylvère, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko mu 1990, yatsinze ikizamini cyo gukora muri Banki y’Abaturage, ariko uwo yarushije amanota birangira ari we umuyoboye kuko we yari Umuhutu, ndetse n’ako kazi nyuma aza kukirukanwaho azira uko yavutse.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasobanuye uruhare rw’u Bubiligi mu gusenya u Rwanda mu gihe cy’imyaka 109.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango ‘Aegis Trust’, ushinzwe kwita ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Freddy Mutanguha, yatanze ubuhamya bw’agahinda yanyuzemo kuva ku guhunga kw’ababyeyi be muri 1973 kugera muri 1994 aho yisanze asigaranye na mushiki we umwe, abandi bashiki be bane n’ababyeyi bamaze kwicwa.
Damien Rusagara w’imyaka 82, utuye i Karama mu Karere ka Huye, avuga ko hashize imyaka 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye, ariko ko ubugome yakoranywe butuma atibagirwa uko byamugendekeye, ku buryo iyo abitekerejeho yumva ari nk’aho byabaye ejo.
Perezida w’u Rwanda Kagame Paul yavuze ko hari abantu bajya bamubwira ngo azarekere kujya avuga ibintu byose uko biri ngo batazamwica. Umukuru w’igihugu yabivugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gusozi, mu ijambo ritangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasetse abayobozi ba Ambasade y’igihugu cy’amahanga i Kigali baherutse gusanga Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascene Bizimana ku kazi ke, bakamutera ubwoba, bamukangisha kumwima Viza, kuko abavugaho amakuru mpamo y’ibibi bakoreye u Rwanda.
Perezida wa Repubulika arasaba Abanyarwanda guhaguruka bakarwanira uburenganzira bwabo, byaba na ngombwa bagapfa baburwanira aho gupfa nk’isazi yicwa ihagaze.
Kuri uyu wa mbere tariki 7 Mata 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije icyumweru cy’icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umubyeyi witwa Jean Bosco Nkurikiyinka wo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, amaze imyaka 14 arera abana batatu bo mu muryango ufungiye ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Uwamahoro Angelique, wiswe n’ababyeyi be Munganyinka, utuye mu Mudugudu wa Cyonyo Akagari ka Bushoga Umurenge wa Nyagatare,ubu ni ‘umwana mushya mu muryango’ we, kuko amaranye na wo imyaka itatu gusa.
Mu gihe imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, African Women’s Club Championship irimbanyije, Amakipe ahagarariye u Rwanda ya Police na APR arasabwa kudakora ikosa mu mikino yayo ya nyuma mu matsinda.
Kalendari yitiriwe Papa Gerigori kuva uku kwezi kwatangira yatwinjije mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2025.
Ubwo ibitero by’Interahamwe byazaga ari simusiga kuwa 11 Mata 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ntagwabira Gaston yavuye iwabo i Musenyi n’umuryango we wose, bambuka igishanga baturanye bafata hakurya batatanira ahitwa Nyiramatuntu, abandi na bo bakomeza kugenda bicwa umugenda bagana i Ntarama.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice arahamagarira abaturage kubyaza umusaruro gahunda Leta yabashyiriyeho ya Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi, aho abona ko mu Ntara y’Amajyaruguru ayoboye itaritabirwa uko bikwiye, kandi ari ahantu hafatwa nk’igicumbi cy’ubuhinzi n’ubworozi mu gihugu.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu masaha ya nyuma ya saa sita tariki 5 Mata 2025, yasenye amashuri ndetse isenyera abaturage mu Mirenge ya Rugerero, Kanama, Nyundo na Nyamyumba.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2025, hasojwe amahugurwa yatanzwe n’abatoza Mpuzamahanga baturutse muri Uganda aho bahuguraga Abanyarwanda byumwihariko bo mu ikipe ya BodyMax Boxing Club ku buryo bwo kuzamura iteramakofe mu Rwanda.
Dr Monique Nsanzabaganwa, i Addis Ababa muri Ethiopia yamuritse igitabo yise ‘SEED’ kivuga ku rugendo ruganisha ku bifite akamaro binyuze mu kudatezuka ku ntego bikajyana n’impinduka, abantu bagaharanira kwera imbuto ziganisha ku iterambere.
Julienne Uwacu wari Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Itorero no guteza imbere Umuco muri MINUBUMWE, yashimiwe umusanzu we mu kubaka Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu,ku nshuro ya mbere muri shampiyona 2024-2025 ikipe ya APR FC yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsindira Bugesera FC iwayo 1-0,Rayon Sports yari iwufite ikanganyiriza na Marine FC 2-2 i Rubavu.
Mu ijoro rya tariki 04 Mata 2025, mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, hiciwe umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, atewe ibyuma n’ibindi bikoresho gakondo, iperereza rikaba rikomeje ngo abo bagizi ba nabi bafatwe.
Ubushakashatsi mu by’ubuvuzi bwagaragaje ko muri ibi bihe abantu ibihumbi 700 ku Isi, bapfa buri mwaka bazira ikoreshwa nabi ry’imiti ya antibiyotike (antibiotique), kimwe n’indi miti iba yafashwe mu buryo budakwiye, igiraingarukaku buzima bw’abantu, bagasabwa gufata iyo bandikiwe na muganga.
Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu, Senateri Umuhire Adrie, yagejeje ku Nteko rusange ya Sena yateranye ku wa Gatanu tariki 4 Mata 2025, raporo ikubiyemo igikorwa cyo kugenzura ibikorwa mu guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, aho basanze abiga muri aya mashuri bafite imbogamizi (…)
Itsinda ry’Abasenateri ryagiriye urugendo mu gihugu cya Denmark, Sweden, Norway na Finland, kuva tariki ya 10 kugera ku ya 15 Werurwe 2025, riyobowe na Senateri Dr Usta Kaitesi, ryagejeje ku Nteko Rusange ya Sena, raporo y’ibyavuye muri urwo ruzinduko, aho ibiganiro n’abayobozi b’ibyo bihugu byibanze ku kibazo cy’umutekano (…)
Ikipe ya Police Women Volleyball Club iri mu zihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, yatangiye itsindwa n’ikipe ya Kenya Pipeline amaseti 3-1.
Ubuyobozi bukuru bwa Koperative Muganga SACCO, buratangaza ko bugiye kubona ubushobozi bw’Amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari n’igice, azabafasha gukomeza gufasha abanyamuryango kubona inzu.
Ubuyobozi bukuru bwa BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ) bongereye amahirwe ba rwiyemezamirimo bakiri bato bafite imishinga bifuza ko yahatana muri gahunda ya ‘Urumuri’.
Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Mata 2025, yemeje abagize inama y’abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC).
Muri Indonesia, umugore uzwi cyane mu gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa TikTok witwa Ratu Thalisa, yakatiwe n’urukiko gufungwa imyaka 2 n’amezi 10 muri gereza, nyuma yo kubwira Yezu (ishusho ye) ko akeneye kogoshwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ko uretse imibiri mikeya yatunganyijwe byihariye, iyindi yari isanzwe igaragara ku rwibutso rwa Jenoside rwa Murambi amaherezo igomba gushyingurwa.