Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko ibihugu bya Afurika bidakwiye kugira uwo biharira inshingano zo gukemura ibibazo by’umutekano wabyo, cyane ko ngo nta mbogamizi n’imwe Abanyafurika badafitiye ubushobozi bwo gukemura.
Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph, Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, n’abandi bayobozi ba siporo mu mashuri n’amashyirahamwe y’imikino bahuriye muri Lycée de Kigali ahabereye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro umwaka w’imikino y’amashuri 2025/26 bibutsa abanyeshuri kujyanisha imikino no kwiga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kigaragaza ko kuva gahunda ya Leta y’ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo yatangira, arenga miliyari 7Frw, ariyo amaze gushumbushwa abahinzi n’aborozi bahuye n’ibihombo bikomoka ku biza n’imihindagurikire y’ikirere.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Christine Nkulikiyinka, yagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu biganiro bagiranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, ibirimo gukorwa mu guteza imbere imibereho y’abageze mu zabukuru, no kugira ngo umubare munini (…)
Josephine Murphy Bukuru na Joselyne Alexandre Butoyi ni amazina amaze kumenyerwa cyane mu Rwanda kubera ibikorwa bitandukanye by’ubugiraneza bakora babinyujije mu muryango ‘Shelter Them’.
Abagenzi basanzwe bagenda na RwandAir n’abandi batangiye kuyimenya ubu bashyizwe igorora.
Ikipe APR FC yatsindiye Mukura Victory Sports igitego 1-0, kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona wakinwe kuri iyi Cyumweru, Police FC ihatsindira Amagaju FC 1-0.
Mu mwiherero w’uburezi w’iminsi ibiri, wahuje abayobozi b’ibigo by’amashuri bose ndetse n’abandi bafite aho bahuriye n’uburezi, bafashe umwanya wo kwishimira ibyo bagezeho, abitwaye neza barabihemberwa, barebera hamwe n’ingamba zatuma barushaho gukora neza, hanabaho gusinyana imihigo n’Umuyobozi w’Akarere.
Mu ijoro ryo ku wa 18 Ukwakira 2025, BK Arena yakiriye 1/2 cy’imikino y’irushanwa rya PFL Africa muri Mixed Martial Arts ’MMA’ ryitabirwe na Perezida Paul Kagame, abakinnyi umunani baboneramo itike gukina imikino ya nyuma.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Rutsiro FC kuri Kigali Pele Stadium ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
Urukiko rwa rubanda rw’ i Paris, urugereko rw’ubujurire ruragana ku musozo w’urubanza ubushinjacyaha buburana n’umuganga Sosthene Munyemana uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi byakorewe i Tumba mu Karere ka Huye.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yakiriye Perezida Bassirou Diomaye Diakhar Faye wa Sénégal, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda rugamije gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, igikorwa cyabereye muri Village Urugwiro.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda bwahuye na Minisiteri wa Siporo Nelly Mukazayire baganira ku iterambere rya ruhago.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bose ndetse n’abandi bafite aho bahuriye n’uburezi bo mu Karere ka Kirehe, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025 bahuriye mu mwiherero w’uburezi w’iminsi ibiri, mu rwego rwo kwishimira ibyo bagezeho no kurebera hamwe ingamba zatuma barushaho gukora neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burashima abafatanyabikorwa mu gukwirakwiza ibikorwa remezo by’amazi ,isuku n’isukura, barimo umushinga Water For People, Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, (WASAC Group), na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), n’abandi batumye ubu amazi meza muri ako Karere agera ku baturage 100%.
Kuri uyu wa Gatanu, hatangiye Shampiyona ya Volleyball 2025-2026 aho yafunguwe n’imikino ibiri, Kepler VC mu bagabo na APR WVC mu bagore zabonyemo intsinzi.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko ababyeyi n’abana bo mu Murenge wa Nyarugenge, barishimira ko bahinduriwe ubuzima n’ibikorwa bya BK Foundation n’Umuryango Shelter Them, byabafashije gusobanukirwa no kugira imibereho myiza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, yayoboye umuhango wo gutanga impamyabumenyi wabaye ku nshuro ya 11, ku barangije muri Kaminuza y’u Rwanda wabereye ku ishami rya Huye, aho abazihawe ari 9,526 barangije mu mashami arindwi, abasaba gukora cyane baharanira guhanga udushya.
Perezida Juvenal Habyarimana wayoboye u Rwanda kugeza mu ntangiriro z’uwa 1994 yaguye mu ndege yahanuwe ijya kugwa ku Kibuga cy’indege I Kanombe, mu ijoro ryo kuwa 6 Mata 1994, ubwo yari avuye mu nama i Dar es Salam muri Tanzania. Amakuru menshi agaragaza ko yishwe n’agatsiko k’abo mu butegetsi bwe bari bafite ibyabo (…)
Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu,akaba yakiriwe na Mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Umuhanzi w’Umurundi Kirikou Akili wamenyekanye mu ndirimbo ‘Aha ni he’, agiye gusohora indirimbo yahuriyemo n’abahanzi b’Abanyarwanda barimo Bushali, Yampano na Davis D, akaba ari i Kigali aho yitabiriye igitaramo kidasanzwe yatumiwemo.
Mu nama yabereye i Kigali ku wa Kane tariki ya 16 Ukwakira 2025, igahuza abafatanyabikorwa n’abafite aho bahuriye n’ubuhinzi bw’inyanya, mu biganiro byiswe ‘Policy Dialogue on Insurance for Tomato Value Chain’, havuzwe ko inyanya zigiye kongerwa mu bihingwa byishingirwa.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yagaragaje ko kuba umubare w’Abanyarwanda bazigama ukiri hasi, ari kimwe mu bikoma mu nkokora ubukungu bw’Igihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya, Yves Iradukunda, yavuze ko ubwenge buhangano (Artificial Intelligence/AI) buzifashishwa mu gusuzuma umugore utwite, bikazafasha kumenya mbere uko ubuzima bwe n’ubw’umwana buhagaze.
Amakuru aturuka mu Bufaransa aravuga ko umurambo wa Protais Zigiranyirazo witwaga Monsieur Z watwitswe nyuma y’uko umuryango we wimwe uburenganzira bwo kumushyingura muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije Abanyakenya kubera urupfu rwa Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, akaba yaritabye Imana ku itariki 15 Ukwakira 2025.
Umuhanzi Emma Rwibutso urimo kuzamuka no kugaragaza impano mu ndirimo zo guhimbaza Imana, yashyize hanze indirimbo ya gatanu yise ‘Rukundo’. Yayikoranye na mugenzi we Bosco Nshuti umaze kugira izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Urwego rw’amabanki mu Rwanda, rumaze igihe rufatwa nk’inkingi ikomeye y’ubukungu bw’igihugu, ruri kugenzurwa na Leta nyuma yo kugaragara ko zunguka inyungu z’umurengera, ariko abakiriya bazo bakaviramo aho.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yashyizweho n’urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), asaba ko umuntu uyobora itorero cyangwa umusigiti agomba kuba afite impamyabumenyi ya Kaminuza, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) wagiranye amasezerano y’ubufatanye na Kaminuza ya UTB (University of Tourism, (…)
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, NCHR, yatangaje ko mu 2024/2025 ubucucike mu magororero bwagabanutseho 24.4% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2023/2024.
Mu Karere ka Muhanga, ibirori by’umunsi mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro byaranzwe no gutanga ibihembo ku miryango y’intangarugero mu kubana neza nta makimbirane, kuremera abatishoboye, gutanga ibiryamirwa mu miryango itishoboye, no gufasha amarerero yo mu ngo.
Komite y’Igihugu Ishinzwe Kurwanya Iterabwoba (NCTC) yatangaje ku mugaragaro Urutonde rw’Abanyarwanda bakekwaho iterabwoba n’abarifasha mu buryo bw’amafaranga, rugaragaza abantu 25 bashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba cyangwa mu gufasha no gutera inkunga amatsinda yagiye agaba ibitero ku Rwanda mu myaka ishize.
Visi Perezida wa mbere wa Rayon Sports ushinzwe Tekinike Muhirwa Prosper yigaritse Perezida wayo Twagirayezu Thaddée ku cyemezo cyo gusesa amasezerano y’umutoza Afhamia Lotfi.
Umusaruro w’umutoza Adel Amrouche mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ’Amavubi’ mu mikino ye ya mbere mu mibare ntimuvugira, nyuma y’uko kuva muri Werurwe 2025 ubwo yahabwaga akazi, atsinze umukino umwe mu munani yakinnye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yavuze ko 95% by’Abanyarwanda bazajya babona serivisi z’ubuzima ku rwego rwa Poste de Santé no ku bigo nderabuzima.
Airtel Rwanda yishimiye gutangaza ishyirwaho rya Bwana Sujay Chakrabarti nk’Umuyobozi Mukuru mushya wa sosiyete, kuva ku wa 6 Ukwakira, akaba yaratangiye imirimo ye ku itariki ya 13 Ukwakira 2025.
Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akaba n’umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, yitabye Imana azize uburwayi afite imyaka 80.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Habimana Dominique, yavuze ko urwego rw’akagari ruzakomeza kongererwa ubushobozi kugira ngo ibibazo birurimo bikemuke, bityo serivisi rutanga ku baturage zinozwe, ndetse na bo boroherezwe mu byo bakora.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu ya Nyungwe barasaba ko yazitirwa kugira ngo barusheho gukora akazi kabo ka buri munsi batekanye.
Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda igiye gukina imikino y’Akarere ka Gatatu mu Iteramakofe muri Kenya bahize gutahana imidali.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryamuritse ikirango gishya cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagabo n’Abagore, mbere yo gutangira iya 2025-2026 ku wa Gatanu, tariki ya 17 Ukwakira 2025.
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe n’abahagarariye umutwe wa M23, basinye amasezerano y’agahenge, ikaba ari intambwe ikomeye mu kurangiza intambara yashegeshe Uburasirazuba bwa Congo.
Abakinnyi b’ikipe ya APR FC barimo Niyigena Clement, William Togui na Memel Raouf Dao bari bafite ibisuko ku mutwe bagaragaye mu isura nshya bose bogoshe mbere yo gusubukura shampiyona bakira Mukura VS ku munsi wa kane.
Muri Madagascar, abasirikare barangajwe imbere na Col. Michael Randrianirina batangaje ko bakuye ku butegetsi Perezida Andry Rajoelina, nyuma y’aho Inteko Ishinga Amategeko itoye umwanzuro wo kumweguza imushinja guta akazi.