Amakipe ya Rutsiro FC na Rayon Sports yumvikanye na Rayon Sports ku igurwa rya rutahizamu Habimana Yves.
Minisiteri y’Ibidukikije yahawe Minisitiri mushya, Dr. Bernadette Arakwiye, akaba asimbuye Dr. Uwamariya Valentine, mu gihe Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe Dominique Habimana muri Guverinoma nshya yashyizweho kuri uyu mugoroba.
Igikomangoma cyo muri Leta ya Perlis, mu gihugu cya Malaysia ku mugabane wa Aziya, Tuanku Syed Faizuddin Putra Jamalullail, n’intumwa yari ayoboye zirimo umugore we, umwana we n’umuyobozi w’idini ya Islamu muri iyo Leta, muri iki cyumweru bagiriye uruzinduko mu Rwanda, bagamije kurumenya, kumenya amateka yarwo cyane cyane (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 14 Nyakanga 2025, muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Amb. Antoine Anfré, Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda ucyuye igihe, na Amb. Hazza Mohammed Falah Kharsan AlQahtani, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Rwanda ucyuye igihe, mu rwego rwo (…)
Rutahizamu Biramahire Abeddy uheruka kongera amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports, yumvikanye n’ikipe ya ES Setif mu cyiciro cya mbere muri Algeria agomba gusinyira.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 24 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Dr. Justin Nsengiyumva, aheruka guha inshingano zo kuba Minisitiri w’Intebe, asimbuye Dr Edouard Ngirente.
Ikipe ya Rayon Sports izakina imikino itatu ya gicuti na Gasogi United, Etincelles FC na Gorilla FC mbere yo guhura na Yanga SC ku Munsi w’Igikundiro.
U Rwanda ruritegura gutangira gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwo gupima imyuka ihumanya ituruka mu binyabiziga byose, ibyo bikazaba ari intambwe ikomeye mu kurengera ibidukikije no gukumira indwara zituruka ku guhumeka umwuka wanduye cyangwa se uhumanye.
Ni amasezerano yasinyiwe i Alger murwa mukuru wa Algeria, tariki ya 23 Nyakanga 2025, na Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, Army General Saïd Chanegriha.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) n’u Rwanda bagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka, mu mahoro, kandi ku buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ikipe ya AS Kigali yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026, itangirana ingamba zo kuzakinisha abanyamahanga babiri no kuzakoresha miliyoni 750 Frw mu gihe yatijwe abakinnyi batatu na APR FC.
Abofisiye babiri muri Polisi y’u Rwanda, IP. Vedaste Nsabimana na IP. Gaston Gatsinzi, bari mu basoreje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi ya Turukiya.
Inteko rusange ya Sena yavuze ko Ikirwa cya Nkombo aricyo gikwiye guturwa cyonyine, mu gihe ibindi birwa cumi na bitatu bisigaye byose bikwiye kwimurwaho abaturage, kuko bitujuje ibyangombwa.
Mu rukerera rwo ku wa Kane tariki ya 24 Nyakanga 2025, Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’izindi nzego, yafashe abagabo 6 bakekwa kugira uruhare mu bikorwa by’ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva, asimbuye Dr. Edouard Ngirente wari muri izo nshingano kuva mu 2017.
Muri Thailand, umugabo ufite imyaka 44 yapfuye nyuma yo kumara ukwezi kose ahagaritse kugira ifunguro iryo ari ryo ryose yafata, ahubwo akiyemeza gutungwa n’inzoga gusa. Uwo mugabo yapfuye azengurutswe n’amacupa y’amavide abarirwa mu magana yashizemo inzoga, kuko ngo yari amaze ukwezi kurenga nta kindi kintu ashyira mu nda (…)
Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025, yatoye umushinga w’itegeko ngenga rigena imikorere ya Sena, urimo ingingo 131 ivuga ku bihano bihabwa Umusenateri biturutse ku ikosa yakoreye mu nama.
Ambasade y’u Rwanda mu Bushinwa, ku bufatanye n’umuryango w’Abanyarwanda batuye muri iki Gihugu, yateguye igikorwa cyiswe “Meet Rwanda in China" giteganijwe kuva ku ya 1 kugeza ku ya 2 Kanama 2025 mu Mujyi wa Wuhan mu Ntara ya Hubei.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zageze ku rutonde rw’ibihugu bitanu bya mbere byoherezwamo ibicuruzwa byinshi bituruka mu Rwanda, zisimbuye u Bwongereza nk’uko bigaragazwa na raporo nshya y’ubucuruzi (the latest trade rankings).
Inteko Rusange umutwe w’Abadepite yateguye umushinga w’imyanzuro wo gusaba Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), gukemura ibibazo byagaragaye mu ikoreshwa rya Sisitemu y’ikoranabuhanga ‘Integrated Education Business Management Information System/IEBMIS’ ya Kaminuza y’u Rwanda, bituma idatanga umusaruro yari itegerejweho, hagamijwe (…)
Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 20 ukekwaho gushimuta no kwica inyoni y’umusambi iri mu bwoko bw’izirinzwe (Critically endangered species).
Amakipe ya APR HC na Police HC ahora ahanganye muri Handball ari mu itsinda rimwe mu irushanwa ry’Igikombe cy’Igihugu 2025, riteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima bugaragaza ko Virusi itera Sida itavuzwa n’amasengesho kuko kugabanuka kw’ingano yayo mu mubiri hari abashobora kubyita ukundi, bikagera n’aho umuntu avuga ko yasengewe agakira ariko atari byo kuko nta muti nta n’urukingo igira.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwitegura ibirori by’Umunsi w’Igikundiro (Rayon Day), yashyize hanze ibiciro byo kwinjira aho itike ya menshi igura miliyoni 2 Frw mu gihe iya make ari 3000 Frw.
Mu gihe cy’amezi hafi 12, ba mukerarugendo b’abanyamahanga bishyuraga akayabo k’amafaranga, bashaka impushya zo gusura ingagi zo mu birunga by’u Rwanda, ariko ayo mafaranga ntiyajyaga mu isanduku ya Leta nk’uko biteganyijwe, ahubwo yoherezwaga kuri konti y’umuntu ku giti cye.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yagaragaje ko abasirikare bakuru badatozwa gusa kugira ngo babone amashuri makuru n’ubunyamwuga bwisumbuye, kuko ari n’uburyo bubategura gukorera hamwe.
Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwategetse ko ibikorwa bya Hotel Château Le Marara bihagarara, nyuma y’iperereza ryakozwe, bikagaragara ko iyi hoteli ikora nta ruhushya, bityo ikaba itarubahirije amategeko agenga ubukerarugendo mu Rwanda.
Abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro yabafashije gukira ipfunwe batewe n’ubwicanyi bakoze bongera kwisanga mu muryango nyarwanda nyuma yo kurangiza ibihano.
Mwitende Abdoulkarim wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Burikantu’ yatawe muri yombi azira gufungirana mu nzu abakobwa bari bagiye kumureba iwe mu rugo aho atuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kinyinya, Akagari ka Murama mu Mudugudu wa Binunga.
Amateka y’Uburezi mu Rwanda si aya none kuko kera Abanyarwanda bagiraga uburezi gakondo, aho ingimbi n’abangavu bajyanwaga mu ‘Itorero’ no mu ‘Rubohero’ bakigishwa indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda, bikabategura kuzavamo abagabo batabarira Igihugu n’abagore bacyambarira impumbya.
Byamenyekanye ko umudiplomate wafunzwe ari uwitwa Mutebwa Mulumba Jean de Dieu usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri Ambasade ya RDC mu Bubiligi, mu Buholandi no muri Luxemburg.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025, bamwe mu Badepite bagize Komisiyo zihoraho zitandukanye, ndetse n’abagize Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore mu Rwanda (FFRP), bahuye n’intumwa ziturutse mu Nteko Ishinga Amategeko ya Madagascar, zari ziri kumwe n’abahagarariye Ikigo cy’Amatora kigamije Demokarasi irambye muri Afurika (…)
Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, umugore witwa Hadija Yahiya, asobanura uko yatangiye akazi ko kurimbisha imirambo cyangwa se kuyisiga ibintu bituma isa neza (make ups) mu gihe iri mu buruhukiro bitegura kujya kuyishyingura.
Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko akurikiranyweho kugerageza kwica umugore w’imyaka 29 amugongesheje imodoka.
Ikibuga cya Stade ya Mukebera giherereye mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Mushubati cyatangiye kuvugururwa. Iki kibuga nicyuzura byitezwe ko kizafasha ikipe ya Rutsiro FC gukinira imbere y’abaturage b’ako Karere, dore ko ubu yakirira imikino yayo mu Karere ka Rubavu.
Umudipolomate wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Bulgaria nyuma yo gufatanwa n’abandi bantu babiri bashaka kwinjiza ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango watangijwe n’Umwami wa Maroc, Mohammed VI w’Abamenyi ba Afurika (Fondation Mohammed VI Des Oulemans Africains), Si Mohammed Rifki, asanga u Rwanda rukwiye kubera ibindi bihugu urugero kubera ubumwe n’amahoro biharangwa.
Umuhanzi w’Umunyamerika Marvin Gaye Jr. wamamaye mu njyana za Pop na Soul hagati ya 1960 na 1984, yishwe arashwe na se Marvin Pentz Gay Sr. ku wa 01 Mata 1984 mu Mujyi wa Los Angeles, California, habura umunsi umwe ngo yizihize isabukuru y’imyaka 45, mu gihe yari ageze mu bushorishori bw’umwuga we w’ubuhanzi.
Hari abantu bajya bibwira ko ibinyobwa bidasembuye (sodas) byo mu bwoko bwa Fanta (Orange na Citron) bikorwa mu mbuto z’amaronji (Fanta Orange), n’indimu kuri (Fanta Citron), nyamara si ko bimeze.
Mu Bwongereza, umugabo yihakanye umwana we, agambana n’umuganga ukora muri Laboratwari ipima iby’amasano y’amaraso (DNA/AND), kugira ngo asohore ibisubizo byemeza ko ntaho ahuriye n’umwana bityo bimurinde gutanga indezo asabwa y’Amadolari y’Amerika 125,000.
Kuri uyu wa Gatandatu, Iradukunda Elie Tatou ukina ku ruhande rw’ibumoso asatira, yongereye amasezerano muri Mukura VS mu gihe yifuzwaga na Bugesera FC.
Mu Burusiya, mu gace ka Rostov, abayobozi batangiye kugerageza uburyo bushya bugamije gufasha mu kurwanya ruswa, aho abapolisi banze kwakira ruswa, bazajya bashimirwa, ariko bakanahabwa angana n’ayo banze kwakira.
U Rwanda rwishimiye isinywa ry’amahame ngenderwaho aganisha ku masezerano y’amahoro hagati ya RDC na AFC/M23, yasinyiwe i Doha muri Qatar.
Abaturage bo mu Karere ka Nyagatare barishimira ko babifashijwemo n’Umuryango ufasha abahinzi kongera umusaruro (One Acre Fund- Tubura) babonye umusaruro uhagije mu gihembwe cy’ihinga cya 2025B n’ubwo batabonye imvura nk’iyo bari biteze.
Syria na Israel byemeranyijwe ku gahenge mu ntambara bahanganyemo nk’uko byatangajwe na Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Turukiya Tom Barrack, dore ko igihugu cye cyabaye umuhuza muri iyi gahunda.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije myugariro Emery Bayisenge na Ntarindwa Aimable inongerera amasezerano Niyonzima Olivier Seif.