Visit Rwanda yaguriye amarembo muri Amerika
Gahunda ya Visit Rwanda, igamije kwamamaza ubukererugendo bw’u Rwanda yabaye umuterankunga wa LA Clippers ikina Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), na Los Angeles Rams ikina muri National Football League (NFL) mu rwego rwo kurushaho kwagura ubufatanye binyuze mu mikino itandukanye muri Amerika.

Aya ni amateka kuko bibaye ku nshuro ya mbere igikorwa icyo ari cyo cyose kigamije kwamamaza ubukerarugendo ku Mugabane wa Afurika, kigirana ubufatanye n’ikipe ikina muri NBA ndetse no muri NFL.
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yavuze ko Siporo ihuza abantu, ihuza abaturage binyuze mu gusangira ndetse ko "Binyuze mu bufatanye bwa LA Clippers na LA Rams, u Rwanda na Los Angeles bizagirana ubumwe mu guteza imbere imikino.”
Yakomeje avuga ko ubu bufatanye buzatuma u Rwanda rubasha kugaragaza ibyiza byarwo nyaburanga, haba ku baturage ba Los Angeles ndetse n’abafana ba NBA na NFL aho bazaba baherereye hose.
LA Clippers na Los Angeles Rams zinjiye mu mikoranire na Visit Rwanda zikurikira andi makipe mu mupira w’amaguru arimo Atlético de Madrid, Arsenal, Bayern Munich na Paris Saint-Germain.


Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|