Akarere ka Nyamagabe, ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe, ahaturuka inzuzi zivoma ku isoko ya Nili, ahahoze hafatwa nk’ahantu hatazwi hakomeje kwinjira muri politiki y’igihugu y’iterambere igamije gufata neza ubutaka no kububyaza umusaruro.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yibukije abayobozi ko inshingano yabo y’ibanze ari ugusobanurira abaturage gahunda za Leta kugira ngo bazishyire mu bikorwa uko bikwiye. Ibi uyu muyobozi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yitabiriye Inama Nyunguranabitekerezo y’Akarere ka Kicukiro, yahuje abayobozi (…)
Imibare y’ubushakashatsi buheruka bwa Finscope 2024, igaragaza ko abantu 96% bakoresha serivisi z’imari mu Rwanda, muri bo 60% bakaba bakoresha uburyo bw’ikoranabuhanga nka Mobile Money, Mobile Banking n’izindi.
Banki ya Kigali Plc yahawe igihembo cy’icyubahiro cya FiRe Award 2025, kimwe mu bihembo bikomeye mu Burasirazuba bwa Afurika bitangirwa ibikorwa birangwamo ubunyakuri no gukorera mu mucyo, imiyoborere myiza no gutanga raporo z’imari zinoze.
Kuri uyu wa Mbere tariki 08 Ukuboza 2025, muri Kaminuza ya Siyansi n’Ubumenyingiro ya INES Ruhengeri, habereye ibiganiro bigamije kugaragaza uruhare rw’urubyiruko mu guteza imbere imiyobore myiza y’ahazaza ha Afurika hibandwa cyane ku mutekano, amahoro n’iterambere rirambye.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yashyizeho Fred Hategekimana nk’Umuyobozi w’Akarere w’agateganyo hamwe na Jules Higiro nk’Umuyobozi w’Akarere wungirije b’Akarere ka Kayonza.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa yavuze ko ibirarane byo mu nkiko bidaterwa n’abacamanza, abashinjacyaha cyangwa n’abavoka gusa, ariko n’ababuranyi ubwabo akenshi usanga batinza urubanza, cyangwa bakaburana urwa ndanze.
Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe igorora, Evariste Murenzi, yavuze ko uyu munsi bafite mu magororero yose yo mu gihugu abanyamahanga magana atanu bakoze ibyaha bitandukanye.
Perezida w’urukiko rw’ikirenga Domitila Mukantaganzwa yavuze ko ubuhuza hagati y’abafitanye amakimbirane buri gutanga umusaruro mwiza kuva mu myaka itatu ishize aho Leta ishyizeho politiki nshya igenderwaho.
Mu mpera z’iki cyumweru gishize, Kiliziya Gatolika mu Rwanda, yagize ibirori byo gusoza Yubile y’imyaka 125 imaze igeze mu Rwanda.
Amarushanwa yiswe ‘Do the Hard Things Challenge’ yateguwe n’ikigo ALX Rwanda gihugura urubyiruko ku kwihangira imirimo no kugira ubumenyi ku isoko ry’umurimo, ku bufatanye na BK Foundation, yasojwe ku mugoroba wo ku itariki 06 Ukuboza 2025 hatangwa ibihembo bibarirwa mu bihumbi 18 by’Amadolari ya Amerika kuri ba (…)
Uwize muri Kaminuza cyangwa undi wese uzi imibereho y’abanyeshuri baho, nta kabuza ko azi neza akamaro k’amafaranga bahabwa buri kwezi (buruse) abafasha mu mibereho ya buri munsi.
Ubuyobozi bw’Inama Njyanama y’Akarere ka Kayonza, bwatangaje ko bwahagaritse ku mirimo Komite Nyobozi y’ako Karere, kubera kutuzuza inshingano zabo ku baturage.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye na BK Foundation batangije gahunda yo guhugura no kunganira abahinzi n’aborozi mu ishoramari (Integrated Agri Business Program), hagamijwe kubafasha kumenya uko barushaho gukora ubuhinzi mu buryo bwa kinyamwuga, bakabukora mu buryo bubabyarira umusaruro mu bucuruzi bwabo.
Ambasaderi Parfait Busabizwa yashyikirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Guinée Equatoriale,nyakubahwa Simeon Oyono Esono Angue, kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda RDF Gen Mubarakh Muganga, yakiriye kuri uyu wa Gatanu itsinda ry’abasirikare baturutse mu Bufaransa, riyobowe na Brigadier General Patrick Vaglio, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubufatanye mu bya Gisirikare mu bihugu byo mu Majyepfo, mu Biro Bikuru by’Ingabo z’u Bufaransa.
Mu Rwanda hatangiye urubuga rushya rwitwa eKash, ruzafasha guhuza serivisi zose z’inyuzabwenge zikoreshwa mu kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Itsinda ry’abasore n’inkumi, abagabo n’abagore, basoje amahugurwa atangwa na Banki ya Kigali (BK), binyuze mu kigo cyayo cy’amahugurwa (BK Academy), biyemeje kuzana impinduka muri iyo banki kugira ngo bafatanye na bagenzi babo mu iterambere ryayo.
Impunzi zisaga 600 zivuye muri Kamanyola zambutse umupaka wa Bugarama, umwe mu yihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).
Ikigo gikora amashyiga n’ibicanwa bitangiza ikirere hagamijwe kubungabunga ibidukikije, BioMassters, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA), cyahaye abaturage b’Akarere ka Nyagatare, Umurenge wa Karangazi mu Mudugudu wa Rwabiharamba, amashyiga agezweho 125, hagamijwe kuborohereza kubona ibicanwa, ariko kandi (…)
Perediza wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump ku bw’uruhare rukomeye yagize kugira ngo intambwe y’amasezerano agamije amahoro n’iterambere ry’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo igerweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba imiryango ivukamo abantu bafite ubumuga kwirinda kubaheza, by’umwihariko abana bavukana ubumuga kuko hari aho bahishwa mu bikari ntibanandikishwe mu bitabo by’irangamimerere.
Urubyiruko ruturuka mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika, rwitabiriye amarushanwa ya ALX Rwanda, azahemberwamo imishinga myiza y’ubucuruzi kurusha iyindi, rwanyuzwe n’imikorere n’inama bagiriwe n’aboyobozi b’ibigo bishamikiye kuri BK Group, zizabafasha kurushaho kunoza no kwagura imikorere yabo.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko u Rwanda rubona amasezerano ya Washington ateganyijwe gusinywa ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ari amahirwe akomeye yo kugera ku mahoro hagati y’ibihugu byombi no mu Karere.
Nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 03 Ukuboza 2025, impunzi z’Abanyekongo zambutse umupaka wa Kamanyola mu Karere ka Rusizi, zihunga imirwano ikomeye irimo kubera muri ibyo bice ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kugeza ubu urujya n’uruza rwahagaze ku ruhande rw’umupaka uhuza u Rwanda (…)
Perezida Paul Kagame yageze i Washington muri Leta zunze ubumwe za Amerika, aho biteganyijwe ko azahura na Perezida Donald Trump, ndetse akanashyira umukono ku masezerano ya nyuma aherekeza amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena 2025.
Ubuyobozi bw’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, burasaba abayobozi bawo mu nzego z’ibanze kuba intangarugero, kugira ngo abaturage babarebereho ibyiza, kuko iyo abayobozi badatanga urugero rwiza n’abayoborwa bitwara nabi.
Polisi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko abapolisi 74 barimo ba Komiseri babiri, bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, Perezida Paul Kagame, yagize Dr. Telesphore Ndabemeye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi asimbuye Dr. Mark Cyubahiro Bagabe.