Umusifuzi wo ku ruhande Nsengiyumva Jean Paul wakubise umugeri mu bugabo myugariro wa Mukura VS, Mbonyamahoro Serieux yahagaritswe umwaka wose adasifura, Nshimiyimana Remy Victor wo hagati ahagarikwa imikino itanu.
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, muri Kenya, igiye kwiga ku busabe bwo kwambura Uhuru Kenyatta uburenganzira , inyungu n’ibindi bitandukanye ahabwa nk’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, harimo amashilingi Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu ya Kenya( Ksh 1.5M), ni ukuvuga asaga ibihumbi 11 by’Amadolari ya (…)
Ubwo Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yigaga ku mushinga w’itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’Umutungo koranabuhanga, Depite Mukabalisa Germaine yifuje kumenya ushinzwe kugenzura ubu bucuruzi hagati ya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Isoko ry’Imari n’Imigabane (CMA), kuko yumva hashobora kuba guhurira ku nshingano.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze uwitwa Imanirakiza Issa Naphtal, Noteri wigenga ukorera mu Karere ka Rubavu n’abandi bantu batandatu ari bo; Nkundimana Tharcisse, Nsabimana Straton, Harerimana Jean Paul, Mukeshimana Marie Louise, Ndagijimana Daniel na Ndagijimana Jean. Bakurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu (…)
Abadepite basabye Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi kwita cyane ku ngingo zireba zikanarengera umuguzi mu buryo bwihariye mu mushinga w’Itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru (HEC) kirimo kwakira ubusabe bw’Abanyarwanda bashaka kwiga mu mahanga ku nguzanyo ya Leta, mu masomo arimo na Siporo, azatangirana n’ukwezi kwa Cyenda (Nzeri) 2026. Gusaba iyo nguzanyo birakorwa muri uku kwezi kose kwa Gatanu (guhera tariki 01 Gicurasi 2026 kugeza tariki 31 Gicurasi (…)
Abadepite bemeje umushinga w’itegeko rigenga ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga, ushyiraho ibihano bikomeye ku bantu ku giti cyabo cyangwa ibigo bikora ubu bucuruzi batabifitiye uruhushya.
Umuryango w’abantu icumi (umugabo, umugore n’abana umunani) bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo mu Mudugudu wa Karutabana, Akagari ka Kagasa, wari uhangayikishijwe no kuba mu nzu itameze neza, ubu urashima ko wubakiwe inzu, ukaba ugiye kubaho utekanye.
Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ingabo za Leta ya Kinshasa, FARDC, hamwe n’abo bafatanyije bakomeje kugaba ibitero bikomeye ku baturage b’abasivili, mu duce dutandukanye two mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru (HEC), kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, cyatangije ku mugaragaro gahunda yo gusura amashuri Makuru na za Kaminuza hirya no hino mu Gihugu, mu rwego rwo kureba imikorere ihari no guteza imbere ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’imyigishirize n’imyigire mu mashuri makuru (…)
Kuri uyu wa Mbere i Addis Ababa muri Ethiopia hatangiye imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball #IHFTroph Zone 5, u Rwanda rutangira rutsinda Tanzania mu batarengeje imyaka 18 na 20.
Ikipe ya basketball yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dallas Mavericks, yatangaje ko Masai Ujiri yagizwe Perezida wayo mushya, mu rwego rwo kongera imbaraga mu buyobozi no gukomeza guhatanira ibikombe muri shampiyona ya NBA.
Muri Mali, impanga z’abana 9 bavukiye rimwe, harimo abahungu 4, Mohammed VI, Elhadji, Oumar na Bah hamwe na bashiki babo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, bafite agahigo ko kuba ari abana benshi bavukiye rimwe, bagakomeza kubaho, bafite ubuzima bwiza, ubu bakaba barimo kwitegura gutangira ishuri.
Arnold de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk nyuma yo guhamwa n’ibyaha yari akurikiranyweho kuri uyu wa mbere tariki 4 Gicurasi 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwamuhanishije gutanga ihazabu ya miliyoni 1,5 Frw no gukora imirimo y’inyungu rusange asubitse mu gihe cy’amezi atandatu, runategeka ko ahita arekurwa.
Inzego zifite ubutaka mu nshingano zigaragaza ko mu Rwanda habarirwa ibibanza by’ubutaka miliyoni 12 kandi byinshi mubyo Abanyarwanda batunze biri munsi ya ½ cya hegitari.
Ikipe ya Mukura VS yaregeye FERWAFA umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul wakubise umugeri myugariro wayo Mbonyamahoro Serieux mu mukino wa BK Pro League batsindiwe na Rustsiro FC i Huye ibitego 2-1.
Amakipe ya RAC, RBC na CHUB yegukanye ibikombe mu irushanwa ry’imikino y’abakozi ihuzwa no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.
Umurundi Girumugisha Jean Claude ukinira ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nk’umushyitsi yavuze ko Dauda Yussif ukinira APR FC ari umwe mu bakinnyi beza yabonye mu Rwanda.
Iyo usubije amaso inyuma mu mateka y’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, ukagaruka ku mubano hagati y’u Rwanda na Tanzania umaze imyaka myinshi, usanga waragiye ushingira ku bufatanye n’ubwubahane, gusangira intego yo kubaka amahoro arambye, guteza imbere ubukungu no gushyigikirana mu bihe bikomeye by’amateka byagiye (…)
Kuri iki Cyumweru hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 Mukura VS itsindirwa mu rugo na Rutsiro FC mu mukino umusifuzi yakubisemo umukinnyi umugeri.
Imvura yaguye mu ma saa saba n’igice z’amanywa mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Mpanga mu Kagari ka Bwiyorere, yumvikanyemo inkuba yakubise inka 15 n’intama 18 z’umworozi witwa Mutarambirwa Patrick zari mu rwuri rwe, zose zihita zipfa.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva kuri iki Cyumweru yitabiriye umuhango wayobowe na Perezida wa Gabon wo gutaha ku mugaragaro ingoro y’Inama ya Libreville.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Repubulika ya Tanzaniya, umuturanyi wo mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Perezida wa Tanzania, Dr Suluhu Hassan yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda atari abaturanyi gusa, ahubwo ni abafatanyabikorwa ba hafi bafite umubano ukomeje gutera imbere ku muvuduko mwinshi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugiye gutegura uburyo bwo gushimira ku mugaragaro abaturage ba Tanzaniya bakoze ibikorwa by’ubumuntu no gutabara Abanyarwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe agirira muri icyo gihugu. Ni uruzinduko rugamije gishimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Ikipe ya Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye igikombe cya shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kuba ku nshuro ya 47 i Kigali itsinze Police VC yo mu Rwanda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, maze amakipe abiri muri ane yari ahagarariye u Rwanda yandika amateka yo kuza muri atatu ya mbere muri Afurika.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 wabereye kuri Stade Amahoro.
Musenyeri Barthazar Ntivuguruzwa, avuga ko Diyosezi ya Kabgayi, izakomeza kunganira Leta mu guhanga imirimo mishya, mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, azagirira uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Tanzania. Ni uruzinduko rugamije gishimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ’Amavubi’, ndetse na Al-Wefaq Ajdabiya SC yo muri Libya, Nshuti Innocent avuga ko kuba nk’abakinnyi bagira igiye gito bakiri mu kibuga, bituma batekereza no ku yindi mishinga izabatunga nyuma yo gusoza gukina umupira w’amaguru.
Iwabo mu Karere ka Huye, babyirutse banywa kawa, ariko yari ayizi mu izina rusange, kugeza ubwo yagiye muri Kaminuza akiga siyanze y’ibijyanye n’ibiryo – food Science, maze yagera mu kwimenyereza umwuga iki gihingwa ngengabukungu kiyoboye ibyoherezwa hanze atangira kugikunda bikomeye.
Bagaragaza Daniel utuye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Kagari ka Gasharu. Yiyita ‘Imbwa Nkuru’ kuko imbwa azifata nk’abavandimwe be akaba mukuru wa zo, kandi yiyemeje kuzitaho, akazigaburira, akazitoza imyitwarire myiza, akanazivuza, by’umwihariko izo muri Kigali.
Ubworozi bw’imbwa buri gufata intera mu Rwanda. Imyumvire y’uko imbwa ari itungo risuzuguritse, ridafite agaciro, iragenda ihinduka bigatuma uko imbwa zafatwaga kera ubu atari ko zifatwa. Ubu hari abazorora kinyamwuga nk’umushinga ku buryo imbwa ishobora kugurishwa amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni eshatu.
Umukinnyi Clenia Dusenge uzwi cyane nka Madederi muri filimi zitandukanye zirimo Papa Sava, Inkomoko n’izindi, burya ngo atangira yumvaga bitazagera kure, nyuma aza gutungurwa n’uko ubu aho bigeze, atashobora kurenga metero ebyiri atabonye umuntu umuzi muri filime.
Byari ibyishimo bidasanzwe, amarangamutima yuzuye ishema n’akanyamuneza mu mitima y’Abanyarwanda, ubwo amakipe ane akomeye ku Mugabane w’i Burayi yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, yose yageraga muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League, irushanwa rikomeye ku Mugabane w’i Burayi.
Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria, Paul Okoye wamamaye nka Rudeboy mu itsinda rya P-Square, yahanutse ku rubyiniro, ubwo yari mu gitaramo mu gihugu cya Australia, ngo akaba yazize indorerwamo z’izuba (lunettes fumées) yari yambaye kandi ari nijoro.
Abiyise ’Abatowe’ bafite amatwara ashamikiye kuri Kiliziya Gatolika bongeye kwaduka, bavuga ko bafite ubutumwa bwo kubwira abantu ko hari ubukwe bugiye kuba bwa Ntama w’Imana, bujyanye no kubwira abantu kwihana, akazi ngo Kiliziya itari gukora.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Police VC yageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 nyuma yo gusezerera REG VC muri 1/2 iyitsinze amaseti 3-1.
Nyuma y’uko abakoresha Gas bari basanzwe bajyana amacupa ku bacuruzi ba Gas, cyangwa se bagahamagara abayicuruza bakayibazanira, kuri ubu hakozwe porogaramu yo muri telefone yitwa ‘tekereheza app’ ukeneye Gas akoresha akayitumiza, abatanga Gas bagahita babona ubusabe bw’uyikeneye bagahita bayimugezaho.
Abafite imishinga ifite udushya yifashisha ubwenge buhangano (AI) n’Ikoranabuhanga rigezweho mu guteza imbere uburezi bushingiye ku makuru (data-driven education), bashyiriweho amahirwe yo guhabwa ibihumbi 50 by’Amadolari ya Amerika (angana na miliyoni zirenga 70 z’amafaranga y’u Rwanda), bakazanafashwa mu ishyirwa mu (…)
Nyuma y’uko kwerekeza muri Al Hilal SC kwa myugariro wa APR FC Niyigena Clement byanze muri Mutarama 2026, uyu musore yavuze ko bakimukeneye bavugana kandi ko nta biganiro byo kongera amasezerano arimo na APR FC.
Itangazamakuru ni akazi dukora umunsi ku wundi kabyara amafaranga muri rusange, ariko jyewe ntekereza ko nta muntu ukwiye gukora akazi kamwe, kereka iyo nta yandi mahitamo afite.
Biragoye kumva ko waba mu Rwanda utunzwe n’umushahara gusa, kuko umushahara iyo uwutanzeho ingwate, ni nk’aho baba bawumazeho. Bisaba rero buri gihe ko ushaka utundi tuntu ukora, cyangwa se ugashaka n’iyo nguzanyo ukayishora mu tundi, uretse ko na byo atari byiza.
Business ndi gukoraho ni ijyanye n’uburyo bw’imyishyuranire bw’ikoranabuhanga (blockchain) ndetse n’ibijyanye no guha agaciro igicuruzwa cyangwa imitungo, ikagurishwa ihagarariwe n’ikimenyetso gifatika(tokenization).
Ubushomeri buracyahagaze kuri 14 ku ijana mu rubyiruko rw’u Rwanda, ariko Clenia Dusenge uzwi nka Madederi mu izina ry’ubuhanzi, yaburwanyije akigera mu mwaka wa kane w’ayisumbuye, arabutsinda.
Abakunzi b’imyidagaduro muri Kigali bashyizwe igorora binyuze mu gitaramo kidasanzwe cyiswe The Long Weekend Affair, bakazataramirwa na Success SA, DJ uri mu bagezweho mu kuvangavanga umuziki muri Afurika y’Epfo, cyane cyane mu njyana y’Amapiano irimo gukundwa cyane muri iki gihe.