Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Liverpool yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza 2024-2025 yegukanye ifite amanota 84 cyabaye icya 20 itwaye mu mateka, myugariro Trent Alexander-Arnold asezerwaho nyuma y’imyaka 20 ari muri iyi kipe.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Gicurasi 2025 mu Karere ka Huye mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis, hasorejwe irushanwa ngarukamwaka rya Memorial Rutsindura aho amakipe ya APR na Police ari yo yegukanye ibikombe.
Mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wahariwe inzuki tariki 20 Gicurasi 2025, abagore bakora ubuvumvu mu Karere ka Rutsiro, ubu ni bwo bamenye akamaro ko kubungabunga ishyamba cyimeza rya gishwati-Mukura, ryari rigiye gucika kubera ibikorwa bya muntu, ariko ubu rikaba ryaranhindutse urwuri rw’inzuki zabo.
Icyiciro cya karindwi cy’ibikoresho by’ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (SAMIDRC) zakoreshaga mu ntambara na M23, byasubijwe aho byaturutse binyujijwe mu Rwanda.
Ku wa Gatandatu tariki ya 24 Gicurasi 2025, mu Karere ka Huye mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis hatangiriye irushanwa ngarukamwaka rya Memorial Rutsindura, aho amwe mu makipe yamaze gusezererwa abandi bagera ku mikino ya nyuma.
Kuwa 22 Gicurasi, abaturage mu byiciro bitandukanye by’Umurenge wa Gitoki, abayobozi mu nzego z’ibanze guhera mu Isibo n’abavuga rikumvwa, basuye umuhora w’amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Raporo y’umwaka ushize wa 2024 ya Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC),igaragaza ko umubare w’abakobwa mu mashuri abanza uruta uw’abahungu kuko abakobwa ari 50.5% mu gihe abahungu ari 49.5%.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kuba hari umugani mu Kinyarwanda uvuga ko nta wigira, bisobanura ko abakobwa bonyine batagera ku byiza byose bizihiza.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsindira i Ngoma Muhazi United 1-0 mu gihe Rayon Sports yanganyirije na Vision FC 0-0 kuri Kigali Pele Stadium.
Mukandutiye Angeline wabaye umugenzuzi w’uburezi mu karere ka Nyarugenge, yakatiwe igifungo cya burundu aho afungiye muri gereza ya Mageragere mu Mujyi wa Kigali kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida wa Mozambique akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu, Daniel Chapo yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikari 525 barwanira ku butaka batojwe n’Ingabo z’u Rwanda mu gihe cy’amezi atandatu.
Dr. Janet Kayesu yakuranye inzozi zo kuzaba muganga ariko akibaza uko azabigeraho, bitewe n’ubuzima yabagamo, ariko aza kuzikabya binyuze mu kwishyurirwa n’Imbuto Foundation.
Ikipe ya Police HC yatsinze APR HC ibitego 26-25 mu mukino wa mbere w’imikino ya nyuma ya kamarampaka igena uzatwara shampiyona 2024-2025, wakiniwe muri Petit Stade mu ijoro ryo ku wa 23 Gicurasi 2025.
Umunyapolitiki Tito Rutaremara yagaragaje ko impinduka Afurika itegereje zikwiriye guhera mu burezi nyafurika, aho ababyeyi batagomba gukomeza kurera abana kizungu.
Kuri uyu wa 24 Gicurasi, Madamu Jeannette Kagame arahemba abanyeshuri b’abakobwa 123 batsinze neza kurusha abandi ibizamini bya Leta by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024.
Umuyobozi w’agateganyo w’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), Dr. Christian Ngarambe, avuga ko umubare w’Abatutsi baguye muri CHUB utazwi, ariko ko mu bahaguye harimo abagera ku 150 bishwe bambuwe Abaganga batagira umupaka (MSF), mu gihe cy’iminsi ibiri gusa.
Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’Umujyi wa Kigali, igiye gukomereza umushinga wo kuvugurura no kunoza imiturire i Nyabisindu mu Karere ka Gasabo.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu yasuye ikirombe cya Nyakabingo, giherereye mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Shyorongi, kikaba ari cyo cya mbere muri Afurika gicukurwamo amabuye menshi azwi nka ‘Wolfram’.
Shampiyona ya Handball y’u Rwanda iragana ku musozo aho kuri uyu wa Gatanu hatangira gukinwa imikino ya kamarampaka muri Petit Stade Amahoro
Umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, mu Karere ka Muhanga, uragaya abikorera bo muri icyo gihe bashoye amafaranga n’ibikoresho mu kwica Abatutsi mu 1994.
Ihuriro ry’Ibigo by’Imari Iciriritse mu Rwanda, AMIR, ku bufatanye na rigenzi ryaryo ryo muri Zimbabwe, ZAMFI, rigiye kwagurira ibikorwa by’Inama z’ibigo by’Imari muri icyo gihugu, mu rwego rwo gukurura abashoramari no kwerekanira muri Zimbabwe ibyo u Rwanda rukora.
Umuhanzi w’icyamamare mu muziki ukomoka muri Uganda, ariko akaba n’umunyabigwi mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba, Jose Chameleone, yageze mu Rwanda aho aje gutaramira Abanyarwanda nyuma y’imyaka irindwi yari ishize atahagera, kuko yahaherukaga mu 2018, ubwo yari yaje gufatanya na DJ Pius mu kumurika ‘album’ ye yise (…)
Asoza inama y’Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore bo mu Muryango wa Commonwealth (CWP) mu Karere ka Afurika, yaberaga mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuva tariki 19 kugeza ku ya 22 Gicurasi 2025, Perezida wa Sena Dr. François Xavier Kalinda, yavuze ko u Rwanda rwahisemo gushyira uburinganire mu bikorwa byarwo byose.
Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu gihe cy’imyaka 18, yambuwe ubudahangarwa na Komisiyo idasanzwe ya Sena yari ifite inshingano zo gusuzuma ubusabe bwo kubumwambura.
Ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL), ikomeje kugorwa no kubona itike iyerekeza mu mikino ya nyuma (Playoffs), nyuma yo gutakaza umukino wa kabiri wikurikiranya itsinzwe na Made By Ball Basketball Club amanota 94 kuri 88.
Irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse (uri hagati wambaye umupira w’umuhondo) wahoze akina akanatoza Volleyball, riragaruka mu mpera z’iki cyumweru tariki 24 – 25 rikazabera i Huye no ku Gisagara.
Kuri uyu wa Kane , Tuyishimire Placide wari Perezida wa Musanze FC na Rwamuhizi Innocent wari Visi Perezida we beguye ku nshingano zo kuyobora iyi kipe.
Abanyarwanda 642 biganjemo abagore n’abana bagejejwe mu Rwanda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR), bakuwe mu bice bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru muri RDC, aho bavuga ko baruhutse guhoza akarago ku mutwe bahunga intambara zidashira.
Mu Bufaransa,umugabo yafashwe nk’ufite agahigo muri icyo gihugu ko kumara imyaka myinshi atwara ibinyabiziga atabyemerewe, kuko nta permis agira guhera mu 1997, kuko ari bwo yayambuwe n’Abajandarume (gendarmes) b’ahitwa Tarare (Rhône) nyuma yo gufatwa atwaye ikinyabiziga yasinze.
Mu Bushinwa, umugore yategetswe kwihanagura mu isura akivanaho ‘make-up’ nyinshi yisize, kubera ko imashini yo ku kibuga cy’indege yananiwe kwemeza niba isura ibona ihura n’imyirondoro yatanze.
Ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga uburyo bukoreshwa mu gucunga inyandiko z’agaciro, amasezerano mu by’imari yemewe n’amasezerano y’ihuzabwishyu wemejwe n’Abadepite, uzafasha u Rwanda guhiganwa ku isoko mpuzamahanga, ndetse n’abashoramari bo hirya no hino ku Isi babashe kwitabira Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ashishikajwe no kubona umugabane wa Afurika ufite amahoro, ari na yo mpamvu icyo gihugu cyahisemo kuba umuhuza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda.
Abamotari bakorera mu Karere ka Musanze, barasabwa kubungabunga umutekano wo mu muhanda nk’uko badasiba kubyibutswa muri gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, basabwa guharanira kugira icyizere cy’ubuzima bwabo n’ubw’abagenzi batwara, bakoresha kasike zujuje ubuziranenge.
Kuri uyu wa gatatu , tariki ya 21 Gicurasi 2025 Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda (PUR) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 573 barangije amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza n’amasomo y’inyongera (postgraduate).
Bwa mbere nyuma y’imyaka 17, Ikipe ya Tottenham Hotspur yongeye gutwara igikombe icyo aricyo cyose, nyuma yo gutsindira Manchester United ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2024-2025 wabereye i Bilbao muri Espagne igitego 1-0.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yatangije inyigisho ku bagororwa b’abagore bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari gafi gusoza igihano bahawe n’inkiko.
Matata Ponyo Augustin wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), hagati y’umwaka wa 2012-2016 mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joseph Kabila, yakatiwe n’urukiko igihano cyo kumara imyaka 10 akora imirimo y’agahato, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa.
Ikipe ya Bugesera FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yuzuza amanota 34 ayiha amahirwe yo kutamanuka.
Kuva ku wa gatandatu w’icyumweru gishize kugera kuri uyu wa 20 Gicurasi, Abanyarwanda barenga igihumbi bamaze kwakirwa mu rwababyaye, aho igihugu kibereka ko umuturage ari ku isonga.
Antoine Cardinal Kambanda, Arikiyepiskopi wa Kigali, arashimira Imana yahaye Kiliziya Papa Leo XIV, yemeza ko Kiliziya ibonye umuyobozi ukenewe muri iki gihe Isi yerekezamo, nk’umuyobozi ufite ukwemera guhamye.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2025, kuri Stade ya Nuevo San Mamés Barria muri Espagne hategerejwe ibirori by’umukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2024-2025, aho Manchester United yisobanura na Tottenham Hotspur ufatwa nk’uwo gupfa no gukira kuri buri ruhande.
Nyuma y’uko ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Goma tariki 27 Mutarama 2025, Abanyarwanda ingeri zitandukanye bakomeje gutaha mu Rwanda.
Ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL), itsinzwe na Alahli yo muri Libya itakaza umwanya wa mbere.
Ababyeyi barishimira ko ‘Komera Business’ yabafashije kubonera amashuri abana babo mu mahanga nta kiguzi, ku buryo harimo n’abahawe buruse yo kwiga 100% bishyurirwa.
Perezida w’Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore bo mu Muryango wa Commonwealth (CWP) mu Karere ka Afurika, Depite Ndangiza Madina, yatangaje ko biteguye gusangiza abitabiriye inama baturutse mu Nteko zishinga Amategeko zo mu bihugu bya Afurika, uburyo u Rwanda rwimakaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bigakurikirwa (…)
Bamwe mu baturage mu Mirenge ya Nyagatare na Karangazi, bavuga ko bacitse ku kurya inyama zokerejwe mu tubari zizwi nka burusheti (Brochettes), kubera gutinya ko bashobora guhabwa iz’imbwa.