Tariki 26/08/2018 ni bwo ikipe ya Bugesera yasinyishije Seninga Innocent nk’umutoza mukuru wa Bugesera FC, Bugesera ikaba yari yamusinyishije kuyitoza mu gihe cy’umwaka umwe, akaba yari ayigiyemo nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Musanze.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ni bwo uyu mutoza yanditse ibaruwa avuga ko amaze gusesa amasezerano n’iyi kipe,aho yagaragaje ko hari ibikubiye mu masezerano yasinye bitubahirijwe.

Seninga Innocent kandi usibye gusezera ku kazi ke, yatangaje ko yishyuza iyi kipe ibirarane by’umushahara w’amezi abiri, ndetse n’andi mafaranga ibihumbi 500 byasigaye ubwo yahabwaga amafaranga yo kwimukira i Bugesera.
Seninga mu mikino 21 nk’umutoza mukuru wa Bugesera Fc, yatsinze imikino itanu, anagnya imikino icyenda, ndetse atsindwamo ikino irindwi, akaba ayisize ku mwanya 10 n’amanota 24.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
ikibazo kijyanye umutoza erega si ibirarane,ahubwo abo bayobozi bayo bamuvangiraga,cyane cyane uwitwa Karenzi.Kandi ukurikije uko ikipe yari ibayeho ahubwo n’umugabo kuba ayisize kuri uwo mwanya pe.
nagende ntakundi ariko ntiyaraduhagaritse neza kbsa ikindi amikoro na rayon yabayeho mumakipe yambere mu Rwatwibarutse ntiragakemura niburayi bibaho