Nyagatare: Uwica abana mu bihe bitandukanye yatawe muri yombi

Kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2019, inzego z’umutekano zo mu murenge wa katabagemu akarere ka Nyagatare, Intara y’Uburasirazuba zafashe umugabo ukurikiranyweho kwica abana bagera kuri bane.

Ikarita y'akarere ka Nyagatare
Ikarita y’akarere ka Nyagatare

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha Mbabazi Modeste, avuga ko hari hashize iminsi hari amakuru y’abana babura bituma hatangira iperereza.

Yagize ati “Hari hamaze iminsi ababyeyi batabaza bavuga ko babura abana babo bituma dutangira iperereza. Ejo kuwa mbere tariki 18 Werurwe hafashe uwitwa Twagirayezu John w’imyaka 30.”

Uyu mugabo ngo habonetse ibimenyetso bituma akekwaho kwica umwana w’imyaka itanu witwa Habineza Jean Pierre, bageze iwe basanga munsi y’igitanda cye hari indi mirambo y’abana igera kuri itatu.

Uyu mugabo aramutse ahamwe n’ibyo akurikiranyweho, yahanwa hakurikijwe ibiteganywa n’ingingo y’ijana na karindwi (107) yo mu itegeko ry’ibyaha n’ibihano, ivuga ko umuntu wica undi abigambiriye aba akoze icyaha, yabihamywa n’urukiko agahanishwa igifungo cya burundu.

Kigali Today ikomeje kubakurikiranira iby’iyi nkuru.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Mumurenge wakatabagema kukigo cy gs rutomaturabangamiwe mudukorere ubuvugizinkatwebanyeshurnonekobatatugaburira kandi amafaranga abaritwe tuzayishura nokubona icyemezo bikaba ingutu murakoze

Mark yanditse ku itariki ya: 13-12-2020  →  Musubize

None kigo cyacu batwima ifunguro kandi barangiza bakishuza utarariye mudukorere ubuvugizipe nicyemezo kukiguhaninambara kuri gs rutoma

Mark yanditse ku itariki ya: 13-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka