Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko uwiyemeje guhora mu manza akuramo kugira ubunararibonye mu kuburana ariko akarushaho gukena.
Tariki 8 Ukwakira 1990, Elie Nduwayesu arimo yigisha ku ishuri ribanza rya Rwankeri, mucyahoze ari komine Nkuri, abapolisi baje kumuta muri yombi.
Mu mukino w’ikirarane waberaga kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, urangiye Police Fc itsinze Mukura ibitego 3-2.
Mu karere ka Rusizi, bamwe mu rubyiruko barifuza kuboneza urubyaro kugira ngo birinde kubyara imburagihe, ariko ababyeyi n’ubuyobozi bw’akarere babyamaganye.
Dufitimana Janviere wiga muri Kaminuza y’u Rwanda avuga ko we na bagenzi be batinya gutwara inda kurusha gutinya kwandura virusi itera SIDA.
Mu ijoro ryo kuwa 23 rishyira uwa 24 Mutarama, abagororwa batatu barashwe bagerageza gutoroka Gereza ya Huye iri mu Ntara y’Amajyepfo, bose bahita bitaba Imana.
Abakanishi 239 bakorera umwuga wabo mu magaraji yo mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa 23 Mutarama 2019 bahawe impamyabumenyi n’Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro “Rwanda Polytechnic (RP) zishimangira ubumenyi n’ubushobozi mu mwuga wabo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko poste de santé zigiye kongererwa ingufu bityo zitange serivisi nyinshi kuruta izo zari zisanzwe zitanga hagamijwe korohereza abaturage kwivuza.
Mu kiganiro ubyumva ute cya KT Radio cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki 23 Mutarama 2019, umunyamakuru yatumiye ababaye mu kanama nkemurampaka ka Miss Rwanda mu bihe byashize aribo Sandrine Isheja Butera na Mike karangwa, ndetse anatumira umunyamakuru ukurikiranira Miss Rwanda hafi kuva mu myaka myinshi ishize ngo bungurane (…)
Imyaka myinshi y’akazi ke, Hon. Tito Rutaremara, kuri ubu ufite imyaka 76, yibanze ku bikorwa bya politiki. Nyamara kimwe n’abandi agira ubuzima busanzwe mbere cyangwa nyuma y’akazi.
Bamwe mu baturage b’umudugudu wa Gacungiro akagari ka Musenyi mu karere ka Nyagatare, bavuga ko babona amazi meza ari uko haje abayobozi bakomeye nabwo bakajyana nayo.
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO) rwatangiye ubukangurambaga bushakisha abiyemeza kuzaba intwari bagendeye ku zababanjirije.
Tuyishime cyiza Vanessa wari numero gatandatu muri Miss Rwanda, yasezerewe ku munsi wa kane wo gusezerera abakobwa batanu bagomba gusezererwa mbere y’uko umunsi wa nyuma ugera.
Abaturage bagera kuri 46 bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi, baravuga ko bamaze kurambirwa no kwishyuza amafaranga y’ingurane z’imitungo yabo yangijwe mu gihe cyo gukora umuyoboro w’amashanyarazi akomoka ku ruganda rwa nyiramugengeri ruzwi ku izina rya Gishoma peat plant.
Mu mukino wa Shampiona utari warabereye igihe ikipe ya Sunrise yihagazeho ku kibuga cyayo, itsinda APR FC ibitego 3-2 i Nyagatare
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, Uwimana Jean de Dieu ukinira Ikipe ya Pépinière yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano akekwaho Kwiba mu kigo cy’ababikira giherereye ku Kacyiru.
Itsinda ry’abantu 16 barimo abayobozi muri kaminuza ya Gitwe, kuri uyu wa gatatu 23 Mutarama 2019 ryakiriwe mu nteko ishingamategeko, muri komisiyo y’uburezi ngo basobanure birambuye ibyo bita akarengane bavuga ko bakorerwa n’inama nkuru y’uburezi (HEC).
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Madame Ingabire Marie Immaculee, Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, yavuze ko atumva akamaro ka Miss Rwanda, n’icyo iri rirushanwa ryaba rimariye abanyarwanda.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, arasaba abari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe guharanira kukivamo bakajya mu byisumbuyeho, kuko iki cyiciro atari umurage.
Ikigo gishinzwe ingufu REG kiravuga ko gihomba umuriro w’amashanyarazi ungana na Megawati 44(19%), ukaba uhwanye n’amafaranga asaga miliyari 19 ku mwaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe isuku n’isukura WASAC, kiravuga ko kigiye gutangiza uburyo bushya bwo kwakira abafatabuguzi bashya hagamijwe kubaha serivise nziza kandi zihuse.
Mu gihe mu Rwanda hari gukinwa igikombe cy’Intwari mu mikino itandukanye, muri Handball ho bahisemo kujyana aya marushanwa mu karere ka Gicumbi, imikino izitabirwa n’amakipe y’abagabo ndetse n’abagore
Mu nama ya 49 y’ihuriro ryiga ku bukungu bw’isi (Wef19) iri kubera i Davos mu Busuwisi, Perezida Kagame unayoboye umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yavuze ko kuri ubu benshi bamaze kubona ko hari inyungu nyinshi ku kuba Afurika yaba ikomeye kandi yunze ubumwe.
Ubwo Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo, Ntagengwa John yasuraga Lions Karate Club, ikipe y’umukino wa Karate yo mu Mujyi wa Kigali, ikora imyitozo yayo ku Cyumweru, yabashimiye uburyo bishatsemo ibisubizo bakigurira ibikoresho nkenerwa mu mukino wabo badateze amaboko kuri leta.
Amakipe 11 ni yo yamaza kwiyandikisha guhatana mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari z’igihugu rizatangira tariki ya 25 Mutarama rigasozwa tariki ya 1 Gashyantare uyu mwaka.
Ku cyumweru gishize, tariki 20 Mutarama, wari umunsi w’akazi kenshi ku bayobozi bakuru ba minisiteri y’uburezi, kuko bazindukiye mu bitangazamakuru bibiri bikuze kurusha ibindi mu gihugu ngo basubize ikiganiro cyanyujijwe kuri imwe muri radiyo zigenga iminsi itatu mbere yaho.
Ku munsi wa gatatu wo gusohora abakobwa mu mwiherero, Umurungi Sandrine winjiye muri Miss Rwanda ahagarariye Intara y’amajyepfo niwe wari utahiwe nyuma yo gutsindwa ikizamini cy’umuco n’ubugeni, ntanaze muri batanu bafite amajwi menshi mu itorwa rya SMS.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26/01 kugera tariki 01/02/2019, kuri Stade Amahoro haraba hakinwa igikombe cy’intwari mu mupira w’amaguru.
Ikipe y’ u Rwanda ikomeje kwitwara neza mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo rizenguruka igihugu cya Gabon aho Uwizeyimana Bonaventure arangije agace ka kabiri ari ku mwanya wa gatatu inyuma y’umutaliyani Bonifazio Niccolo wa Dirrect Energie n’igihangange Andre Greipel wa Arkéa Samsic.
Ubuyobozi bwa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda bwemeza ko ikibazo cya parikingi za moto muri Kigali kimaze iminsi kivugwa kigiye gukemuka bityo abamotari bareke guhora bavuga ko barengana.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihonga, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu basabwe gushaka inka eshanu z’umuturage zaburiwe irengero, bazibura abo baturage b’Akagari bakaziteranyiriza bakazishyura.
Kuri uyu wa 22 Mutarama 2019, minisitiri w’ubutabera muri Maroc, Mohamed Aujjar,yavuze ko icyaha cya jenoside kizajya gikurikiranwa mu gihugu cye.
Kuva muri Gashyantare uyu mwaka, Abanyarwanda bashobora gutangira gukoresha amashyiga ya gaz akorerwa mu Rwanda, mu gihe ayari asanzwe ku isoko ry’u Rwanda yaturukaga mu Bushinwa.
Tuyishimire Placide, Umuyobozi wa Musanze FC, aravuga ko idafite gahunda yo kwirukana umutoza wayo n’ubwo ikipe igeze mu murongo utukura.
Abasore n’inkumi bize mu ishuri ry’imyuga rya Kigali (KIAC) bemeza ko umwuga bize wo gufotora, gufata amavidewo no kuyatunganya utazatuma basaba akazi ahubwo ko bazagatanga.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye aratangaza ko u Rwanda na Maroc bagiye kugirana amasezerano y’ubufatanye mu gutanga ubutabera hifashishijwe ikoranabuhanga (Digital Courts).
Umuziki ni kimwe mu bihuza abantu benshi, haba mu bawukora ndetse n’abakunda kuwumva. Ntawashidikinya ko umuziki nyarwanda umaze kugera kuri byinshi byiza, na none ntitwakwirengagiza ko hajya hanabonekamo amahari n’impaka za ngo turwane hagati y’abahanzi.
Sultan Ahmed Bin Sulayem Umuyobozi mukuru wa “Dubai Portland World” avuga ko umwanzuro w’iyo sosiyete ahagarariye, wo gufungura ishami mu Rwanda, ugamije gufasha ibihugu bidakora ku nyanja gukora ubucuruzi bwagutse.
Ipimwa ry’imyotsi yo mu gikoni ryakozwe na Kaminuza y’u Rwanda muri 2017, rigaragaza ko abacana inkwi n’amakara bugarijwe n’ibyago byo kwandura indwara z’ubuhumekero n’umutima.
Emery Bayisenge uheruka gusezererwa mu ikipe ya USM Alger yo muri Algeria, agiye kwerekeza mu ikipe itozwa na Johnattan McKins
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare itangiranye imbaraga mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo aho umukinnyi Didier Munyaneza yegukanye umwanya wa gatatu nyuma y’agace ka mbere katwawe n’umutaliyani Niccolo Bonifazio ukinira Direct Energie.
Umunsi wa kabiri wo gusohoera abakobwa mu mwiherero wa Miss Rwanda, usize Igihozo Darine asohotse mu cyumba cye, ahabwa imodoka imigeza iwabo nk’uko uwamubanjirije byamugendekeye.
Uko iterambere ry’igihugu rizamuka, ni na ko umubare w’abanyarwanda bagenda batekereza gutunga imodoka wiyongera. Kigali Today yabakoreye icyegeranyo cy’imodoka eshanu zikunzwe kurusha izindi mu Rwanda kuri ubu.
Muhire Kevin, umukinnyi wo hagati wari usanzwe ukinira ikipe ya Rayon Sports, yamaze gusinya mu ikipe ya Misr Lel Makasa yo mu Misiri.
Abagabo icumi bamaze amezi atanu mu kigo ngororamuco cya Iwawa, nyuma yo gufatwa bacuruza ibiyobyabwenge bihaye intego yo gushinga koperative itubura imbuto y’ibirayi.
Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwulire mu Kagari ka Ntunga habereye impanuka yahitanye abantu 14.
Umusifuzi Ishimwe Jean Claude ari mu basifuzi 24 batoranyijwe bazasifura igkombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Niger
Hari abakeka ko kuba abakobwa bari mu mwiherero bagiye kumva uburyohe bw’amafunguro meza, kudabagira mu byumba bihenze, cyangwa kwifotoza amafoto abereye imbuga nkoranyambaga.
Emmanuel Imanishimwe uri hafi kwerekeza i Burayi, asanga Eric Rutanga ukinira Rayon Sports ari mu bakinnyi bamusimbura neza muri APR FC
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare kuri uyu wa mbere tariki 21 Mutarama 2019 iratangira gusiganwa mu irushanwa rizenguruka Gabon rizwi nka La Tropicale Amissa Bongo, irushanwa yegukanye umwaka ushize, ritwawe na Areruya Joseph.