Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Marie Francine Rutazana, avuga ko kwiyubaka no kwiteza imbere ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’imiryango yabo ari intambwe ishoboka.
Oda Umubyeyi avuga ko umubyeyi yagiye aha serivise nziza yaje kubyara yagize uruhare mu gutuma ubu ariho, bityo akavuga ko ari byiza gutanga serivise nziza.
Guverinoma y’u Rwanda yongeye gusaba amahanga inyandiko zibitse amakuru yerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 no kohereza abakekwaho kuyigiramo uruhare.
Itsinda ry’abantu 120 bo mu kagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza bahagarariye abandi, ku wa gatatu tariki ya 9 Mata 2019 ryasuye urwibutso rwa Bisesero.
Igisirikare cya Sudan cyamaze gutangaza ko cyakuyeho Perezida Omar al-Bashir kandi ko kigiye guhindura Itegeko Nshinga mu myaka ibiri iri mbere.
Polisi yo mu Bwongereza iratangaza ko yataye muri yombi, Julian Paul Assange, umunya Australia wamamaye kubera urubuga rwa Internet rwitwa ‘WikiLeaks’ yashinze rugashyira hanze amabanga y’abantu bakomeye cyane cyane abategetsi n’ay’ibihugu birimo n’iby’ibihangange byo hirya no hino ku isi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rubavu, baravuga ko hari imibiri batarabona y’abiciwe mu kibaya gihuza u Rwanda na Congo.
Perezida wa Sudan, Omar Hassan Ahmad al-Bashir, amaze kurekura ubutegetsi. Inzego zitandukanye muri icyo gihugu, zirangajwe imbere n’igisirikare, ubu ziri mu biganiro byo gushyiraho Guverinoma y’inzibacyuho.
Mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi ifatwa nka bumwe mu bwicanyi ndengakamere, bwakoranwe ubugome bukabije mu kinyejana cya 20, muri bimwe mu bice by’u Rwanda abana bibasiwe mu buryo bwihariye kugeza ubwo hari aho interahamwe ‘zivuga ko zidashaka abandi ba Rwigema’.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 urasaba abacitse ku icumu kudafata impinduka y’ingengabihe y’icyumweru cy’icyunamo nk’igamije gupfobya Jenoside.
Nyiraneza Justine avuga ko ubwo yari akiri umwana yatotejwe na Leta y’abicanyi bamuziza isura ye, ahitamo gupanura amazuru ye ngo badakomeza kumutoteza bamwita Umututsi.
Ku rubuga rwa Internet www.astucesnaturelles.net , bavuga ko urwo rubuto rufite izina rya siyansi ‘Annona reticulate’, cyangwa ‘Cachiman’. Ni urubuto rukomoka muri Amerika, rukaba ari urubuto rufite ibyiza byinshi.
General James Kabarebe avuga ko ingabo za RPA zahuye n’ikigeragezo gikomeye mu guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi, zikabasha kurokora bamwe mu bicwaga.
Akarere ka Musanze karatangaza ko kagiye kubaka urwibutso rushya rwa Muhoza mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza.
Kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruteye utwatsi icyifuzo cya Nkaka Ignace (Laforge Fils Bazeye) na Nsekanabo Jean Pierre (Lt Col Abega) bari basabye kuburana bari hanze.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 bo mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze bari kwifashisha ubukorikori kugira ngo barwanye ubukene no guhangana n’ihungabana.
Abayobozi bahawe inshingano nshya mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batangiye kuzishyira mu bikorwa guhera kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, nyuma yo guhererekanya ububasha n’abo basimbuye.
Depite Kalisa Evariste avuga ko hari Abanyarwanda bashobora kubana bishishanya niba bahaye agaciro abashinja ibinyoma ingabo zabohoye igihugu bagamije gusibanganya cyangwa kuyobya amateka.
Abayobozi n’impuguke baganirije Abanyamakuru ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 09 Mata 2019, babagiriye inama yo kwemera inzara aho kugira ngo bazapfane n’abayobozi babi.
Pierre Kavubi, w’imyaka 59, yarokotse ibihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi kuva muri za 60 kugeza kuri karundura yo mu 1994, acuzwa utwe anabuzwa kwiga kandi yari umuhanga ariko ntibyamubujije kuba umwubatsi kabuhariwe ufata amasoko y’amamiliyari.
Mu gihe ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bikomeje, abakozi bakora mu bigo bya REG na WASAC n’ibindi bigo bibishamikiyeho na bo bunamiye abari abakozi mu mirimo y’ibyo bigo mbere bikiri hamwe mu cyitwaga Electrogaz.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonné uzwi ku izina rya Mibirizi, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abantu benshi b’inzirakarengane, ariko yagera ku bana b’ibitambambuga ikabigirizaho nkana.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Amb Dr Richard Sezibera aravuga ko ibihugu by’amahanga bigikeneye gutera intambwe mu gukurikirana abakora ibyaha mu Rwanda by’umwihariko abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yakoze impinduka mu ngabo z’u Rwanda, bamwe bahabwa imyanya mishya y’ubuyobozi mu ngabo.
Dusangiyihirwe Fébronie ni umukobwa umaze hafi imyaka ibiri arangije Kaminuza nyuma y’urugendo rurerure rwaranze ubuzima bwe kuva mu bwana afite imyaka ibiri gusa.
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga rurasaba ababyeyi kuba maso, kuko abakozi bo mu ngo n’ababatwarira abana ku mashuri harimo ababasambanyiriza abana.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Colonel Joseph Rutabana, arasaba Umuryango Mpuzamahanga kubungabunga ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi, uha ubutabera abayirokotse uhagurukira kurwanya umuco wo kudahana, ukanahagurukira kwimakaza itegeko rihana abayihakana n’abayipfobya.
Leta yatsinzwe n’interahamwe, mu gucura umugambi wo kwica umubare munini w’Abatutsi babaroha mu mugezi wa Mukungwa, bize amayeri yo kwita ARUSHA ikiraro cyambukiranya uwo mugezi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Rusizi bibaza impamvu imyaka 25 yose ishize Jenoside ihagaritswe ariko kugeza ubu bakaba batabona inyandiko z’amateka agaragaza umwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka karere.
Uwimbabazi Francine avuga ko kugira umutekano no kutitwa andi mazina bimuha ikizere cy’ubuzima n’ubwo bitamworohera kubera inzira yanyuzemo.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko inkunga ndetse n’inguzanyo zigenerwa abafite ubumuga byatumye abasaga 1500 bihangira imirimo ibafasha kwitunga ntibasabirize.
Abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994 bo mu karere ka Nyarugenge, by’umwihariko abo mu murenge wa Nyarugenge, bifuza ko muri Camp Kigali hubakwa urukuta ruzandikwaho amazina y’abahiciwe.
Aborozi bo mu Karere ka Rwamagana bashyikirije Kabera Ndabarinze inka zo kumushumbusha.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko batewe impungenge n’ukuntu bazabana n’abicanyi ruharwa babiciye ababo.
Perezida Kagame avuga ko intambwe u Rwanda rwateye muri iyi myaka 25 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, yaturutse ku kuba rwarashyize imbaraga mu guhangana n’ibibazo byarwo rudategereje, aho guhanga amaso amahanga.
Minisiteri zitandukanye zo mu Rwanda zirimo ishinzwe imibereho myiza y’abaturage (MINALOC), ishinzwe uburezi (MINEDUC), ishinzwe iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) n’ishinzwe ubuzima (MINISANTE), ziyemeje gushyiraho ingamba zihamye zigamije guhangana n’ikibazo cya ‘Autisme’.
Dusengiyumva Samuel akomoka mu cyahoze ari Komini Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango. Yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, afite imyaka 13 gusa.
Madame Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda mu muhango wo gutangiza icyiciro cya mbere cyo kubaka ubusitani bwo kwibuka (Jardin de la Mémoire), burimo kubakwa iruhande y’urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, bukaba bugizwe n’ibice bitandukanye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo ugomba kuba mwiza, kubera ko hari ibyo ibihugu byombi biri gukora ngo uwo mubano wongere ube mwiza.
Ubwo yagezwaga mu rukiko kuri uyu wa mbere, uwahoze ari Umuvugizi wa FDLR yemeye ko yagiye muri Uganda mu bufatanye bafitanye na RNC.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasizuba (EAC) uhagaze neza muri iki gihe, kabone n’ubwo harimo utubazo duke ibihugu bikwiye kuganiraho.
Minisitiri w’intebe w’Ububiligi Charles Michel ari kumwe na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr Edward Ngirente, hamwe n’abandi bayobozi ku mpande zombi ndetse n’imiryango y’aba basirikare, bunamiye abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe mu Rwanda mu 1994, ubwo bari mu butumwa bw’amahoro.
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko uwashoza intambara ku Rwanda yabihomberamo, atangaza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’uwo ari we wese warushozaho intambara.
Tariki 07 Mata 2019, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi. U Rwanda ndetse n’isi bunamira abazize Jenoside ari nako hafatwa ingamba nshya z’uko itakongera kubaho ukundi. Kigali Today yerekeje mu turere dutandukanye tw’igihugu ireba uko icyumweru cy’icyunamo gitangizwa.
Minisitiri w’Intebe w’ubwami bw’u Bubiligi, Charles Michel, yatangaje ko mbere y’uko uku kwezi kwa Mata 2019 kurangira, inteko ishinga amategeko y’Ububiligi izaba yamaze gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
Tariki 07 Mata 2019 ku munsi watangijweho ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage barakekwaho kuvuga amagambo apfobya Jenoside.
Mugutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko abatekereza ko u Rwanda rutabonye ikibi bihagije, bagashaka kongera kurukora mu jisho, baba abari mu gihugu cyangwa abari hanze yacyo, ari bo bazabihomberamo birenze uko babitekereza.
Dr Jean Damascène Bizimana, Umunyamabanga wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, mu kiganiro yatanze ku wa 7 Mata 2019 hibukwa ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko mu gihe Jenoside imaze irangiye u Rwanda rwateye intambwe yo kwiyubaka naho amahanga agatera intambwe yo kwemera ukuri.
Charles Richard Mondjo, minisitiri w’ingabo muri Repubulika ya Congo aravuga aravuga ko batazahwema kongeramo imbaraga mu bikorwa bishimangira umubano hagati y’igihugu cye n’u Rwanda nko mu gucyura impunzi, no gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, baba babarizwa muri Congo.
Akarere ka Gasabo kibukiye mu Mudugudu wa Kabeza, mu Kagari ka Kabuga, mu Murenge wa Rusororo, ahamaze kuboneka imibiri irenga ibihumbi 31 kuva mu mwaka wa 2018 kugeza ubu.