Kuki mutuzanira abapfuye ntimuduhe abazima? - Mayor wa Nyagatare abwira Abanya-Uganda
Ubuyobozi bw’u Rwanda burasaba ubwa Uganda kujya bubagezaho Abanyarwanda bazima bafungiwe muri Uganda, aho kuzana imirambo y’Abanyarwanda.
Ibi byagarutsweho kuri uyu wa mbere tariki 27 Gicurasi 2019 ubwo Leta ya Uganda yashyikirizaga Leta y’u Rwanda ku mupaka wa Gatuna, umurambo w’Umunyarwanda warashwe nyuma yo kugerageza guhangana n’inzego z’umutekano zari zimuhagaritse zimukekaho kwinjiza mu Rwanda ibicuruzwa mu buryo butemewe.
Umudepite uhagarariye agace ka Rukiga muri Uganda witwa Kamusiime Caroline ni we wari kumwe n’abandi bayobozi bo muri Uganda baherekeje umurambo w’umunyarwanda wagombaga kugezwa mu gihugu cye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, David Claudien Mushabe (ari na we uyobora agace uyu Munyarwanda yarasiwemo mu Murenge wa Tabagwe ubwo yashakaga kwambutsa magendu ayizana mu Rwanda, ariko abo bari kumwe bakamuhungishiriza muri Uganda nyuma yo kuraswa) yibukije abayobozi ba Uganda ko u Rwanda rutakwemerera buri wese ushaka kugira icyo azana binyuranyije n’amategeko, kandi abibutsa ko hari n’abandi banyarwanda bakigirirwa nabi muri Uganda na bo bakeneye gutaha iwabo.
Mushabe yagize ati “Kuki mutuzanira abapfuye, ntimuduhe abazima bafunzwe mu gihugu cyanyu bakomeza gukorerwa iyicarubozo?”
Leta y’u Rwanda ikomeza kugaragaza ko hari Abanyarwanda benshi baba mu gihugu cya Uganda bakomeza guhohoterwa n’inzego z’ igisirikare cya Uganda zishinzwe iperereza.
Biteganyijwe ko umurambo w’uyu Munyarwanda ugomba gushyingurwa mu Karere ka Nyagatare. Impande zombi zemeranyije gukomeza iperereza ryimbitse kuri iki kibazo.
Amafoto: Roger Marc Rutindukanamurego
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
nubundi urwanda rusanzwe rutanga service nziza ibiciro byi ndege biri hasi thanks.