Imikino yo Kwibuka muri Handball iratangirira i Zaza na Huye

Guhera kuri iki Cyumweru mu Rwanda haratangira irushanwa ryo kwibuka Abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mukino wa Handball rikazatangirira hanze ya Kigali

Ni irushanwa ngarukamwaka ritegurwa ku bufatanye na Ministeri ya Siporo n’Umuco, Komite Olempike y’u Rwanda ndetse n’ama federasiyo y’imikino mu Rwanda, rikaba rigamije kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Imikino yo Kwibuka Abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ni ngarukamwaka
Imikino yo Kwibuka Abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ni ngarukamwaka

Mu mukino w’intoki wa Handball, ni irushanwa rizatangirira mu majonjora azakinirwa mu matsinda, aho itsinda rimwe rizakinira i Huye, naho irindi rikazakinira i Zaza mu ntara y’i Burasirazuba, imikino ku Cyumweru tariki 02/06/2019.

I zaza hazakinira APR, Gicumbi, GS Adegi, Zaza, Karembo, Es Kabarondo, UR Rwamagana, UR Nyagatare, naho i Huye hakazakinira Police, Es Kigoma, UR Huye, UR Nyarugenge, Nyakabanda, UR Remera.

Abakobwa nabo bazakina aya marushanwa
Abakobwa nabo bazakina aya marushanwa

Nyuma y’iyi mikino amakipe 3 ya mbere azakina imikino ya nyuma, aho azahita ahuzwa n’andi makipe azaturuka hanze y’u Rwanda, aho amakipe amaze kwemera kwitabira ari Ngome na JKT zo muri Tanzania, Makerere University na Evergreen zo muri Uganda, ndetse na Cereals na Black Mamba zo muri Kenya, iyi mikino yo ikazabera i Kigali tariki 08-09/06/2019.

Handball ni umwe mu mikino ugaragaramo ubuhanga buryohera abafana
Handball ni umwe mu mikino ugaragaramo ubuhanga buryohera abafana
Amakipe yo hanze y'u Rwanda ajya yitabira akanegukana ibikombe
Amakipe yo hanze y’u Rwanda ajya yitabira akanegukana ibikombe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka