Goma: Ibyishimo ku bantu babiri bakize Ebola

Abantu babiri bari barwaye Ebola mu Mujyi wa Goma basohotse aho bavurirwaga nyuma yo gukira iki cyorezo cyica 90% by’abakirwaye.

Eben-Ezer n'umubyeyi we Espérance bagaragarizwa itangazamakuru ko bakize Ebola
Eben-Ezer n’umubyeyi we Espérance bagaragarizwa itangazamakuru ko bakize Ebola

Byafashwe nk’igitangaza ndetse bishimisha abari bahangayikishijwe n’indwara ya Ebola imaze iminsi ivugwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyane cyane mu Mujyi wa Goma uhana imbibi n’u Rwanda.

Abayobozi bashinzwe ubuzima muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Kanama 2019 nibwo bagaragaje umwana muto wari wanduye Ebola witwa Eben-Ezer n’umubyeyi we Espérance bakize Ebola.

Byatanze icyizere gikomeye ku bafite ubwoba bwa Ebola bishimira ko bigaragaye ko ishobora kuvurwa igakira. Ni nyuma y’uko imaze gufata abantu 2687 mu mwaka umwe mu burasirazuba bwa Congo, abagera ku 1866 ikaba imaze kubahitana.

Inzobere mu bumenyi zivuga ko imiti ibiri muri ine yatangiye kugeragezwa itanga icyizere mu gukiza indwara ya Ebola ndetse na bamwe mu bayihawe bakaba bagaragajwe nk’abakize.

Eben-Ezer n’umubyeyi we Espérance bari mu bantu bane bari bafashwe na Ebola mu Mujyi wa Goma nyuma y’uko abandi babiri bitabye Imana.

Dr Sabue Mulangu, inzobere muri Ebola, mu kiganiro n’abanyamakuru, yatangaje ko Eben-Ezer n’umubyeyi we Espérance bashobora gutaha, avuga ko mu bantu 681 bakoreweho igeragezwa ry’imiti ya Ebola, 60% iyo miti yabagiriye akamaro kuko barimo gukira Ebola.

Abaganga baravuga ko abakize batanga icyizere ko Ebola ishobora kutongera kwica abantu benshi
Abaganga baravuga ko abakize batanga icyizere ko Ebola ishobora kutongera kwica abantu benshi

Ubuyobozi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) butangaza ko ubu ari bwo habonetse imiti itanga icyizere cyo gukira indwara ya Ebola yagaragaye mu burasirazuba bwa Congo.

Ubuyobozi bwa WHO bukaba buvuga ko bukomeje gukorana n’igihugu cya Congo n’ibihugu bituranye nacyo mu gukumira ko iki cyorezo cyakomeza kwandura.

Ubuhahirane hagati ya Goma na Gisenyi bwaragabanutse kubera ingamba zafashwe mu kwirinda ko Ebola yagera mu Rwanda.

Umupaka wanyurwagaho n’abantu ibihumbi 55 ku munsi, ariko ubu umubare waragabanutse cyane kugera munsi y’ibihumbi 20 k’umunsi.

Kuboneka k’umuti wa Ebola bikaba inkuru nziza kubatuye umujyi wa Goma na Gisenyi byatuma ubuhahirane busubira uko bwahoze.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

nibyiza ubwo abantu batangiye gukira Ebora

Tuyikunde yanditse ku itariki ya: 14-08-2019  →  Musubize

ndumva iribyishimo ubwo abanu batangiye gukira icyo cyorezo gusa amahirwe yo gukira nubwo ari 10% wabasha gukira ugiye kwamuganga ikibona ibimenyetso

Tuyikunde yanditse ku itariki ya: 14-08-2019  →  Musubize

Really this is a miracle.Niba bavumburaga n’imiti ya Sida,Hypertension,Diabetes,Flu,Cancer,etc...zica +35 millions buri mwaka.Gusa tuge twibuka ko mu isi izaba paradizo dusoma henshi muli bible,nta muntu uzingera kurwara cyangwa gupfa nkuko ibyahishuwe 21 umurongo wa 4 havuga.Ndetse n’ibindi bibazo byose bizavaho burundu.Ariko iyo paradizo izaturwamo gusa n’abantu bumvira imana.

manzi yanditse ku itariki ya: 13-08-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka