Mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, AS Kigali ntiyabashije kwikura imbere ya KMC yo muri Tanzania.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aragaya bamwe mu bakorera Ubugenzacyaha barenze ku masengesho bakarya ruswa.
Ubuyobozi bw’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo rwakuyeho utwangombwa tw’udupapuro twatangwaga ku mupaka tuzwi nka ‘Jeton’ twahabwaga abakoresha indangamuntu ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 09 Kanama 2019, nibwo inyubako cyangwa se stade idasanzwe y’umukino wa Basket izwi nka Kigali Arena yatashywe ku mugaragaro, ifungurwa na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro inzu y’imikino iri ku rwego mpuzamahanga ‘Kigali Arena’ Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasabye urubyiruko gukoresha neza iyi nyubako idafitwe na bose, maze bakazavamo ibihangange mu mukino wa Basketball.
Umunyamideri w’umunyarwanda Kate Bashabe yagaragaje ko ari umufana ukomeye w’ikipe ya Liverpool ndetse agaragaza ko yiteguye kureba umukino wayo wa mbere ufungura shampiyona ya 2019/2020.
Perezida Kagame avuga ko bisaba ubushishozi kugira ngo umuntu yumve ukuntu ibicuruzwa byoroherezwa kwinjira mu bihugu bitandukanye bya Afurika ariko koroshya urujya n’uruza rw’abantu bikaba bitaramera nk’uko byifuzwa.
Muri iyi minsi, mu Rwanda hari kugaragara abahanzi bakora umuziki biyongera umunsi ku munsi. Ibi ahanini biterwa n’uko urwego rw’umuziki rugenda ruzamuka mu buryo mpuzamahanga, ndetse abawukora benshi, bakaba batangiye gusobanukirwa uko abawukoze mbere ubabyarira inyungu.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy yateye utwatsi ibyo kuba Mimi Mehfira, umukobwa benshi bajya bita ko ari uwo benda kurushingana ko atari byo, ahubwo ko ari umukunzi usanzwe.
Muri paruwasi Gatolika ya Nyamata, iherereye mu karere ka Bugesera, muri Arikidiyoseze ya Kigali, hashyizweho ibwiriza ku bakirisitu Gatolika bayibarizwamo ko ugiye gutaha ubukwe mu rindi dini ritari Gatolika, azajya abanza gusaba uruhushya rusinyweho na padiri mukuru, kugira ngo barinde ukwemera kw’abakirisitu babo.
Ku wa kane tariki 08 Kanama 2019, i Gabiro mu Karere ka Gatsibo habaye umuhango wo gusoza icyiciro cya 12 cy’itorero Indangamirwa, rigizwe n’abanyeshuri biga muri za kaminuza zo hanze, abanyeshuri biga mu mashuri mpuzamahanga akorera mu Rwanda, abanyehsuri babaye indashyikirwa bitegura kujya kwiga muri kaminuza, ndetse (…)
Nk’uko tubikesha urubuga www.nationalpeanutboard.org, ubunyobwa ni igihingwa gishobora kuba gifite inkomoko muri Amerika y’Amajyepfo mu gihugu cya Peru cyangwa Brezil, kuko nta nyandiko ihari igaragaza aho ubunyobwa bwakomotse, ariko hari imitako ibumbye mu ishusho y’ubunyobwa kandi iyo mitako ikaba imaze imyaka irenga 3,500.
Mu rwego rwo kurwanya igwingira rishobora kwibasira impinja zidafite ababyeyi cyangwa se bafite ababyeyi ariko badafite amashereka ahagije, mu gihugu cya Kenya hatangijwe banki y’amashereka yitezweho kandi kugabanya impfu z’abana.
Hashize umwaka Banki y’u Rwanda y’iterambere BRD itangiye gushyira muri za SACCO amafaranga yo kuguriza abashaka amashanyarazi akomoka ku ngufu zisubira, ariko abazatse ni mbarwa.
Abanyeshuri 133 barimo Abapolisi 20, basoje amahugurwa bamazemo amezi ane bahabwa ubumenyi buhanitse mu gutahura ibyaha no kubigenza, mu gihe bane muri bobasezewe kubera imyitwarire mibi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasabye urubyiruko guharanira kugira ubumenyi bwisumbuye, bakabasha gukora ibihambaye nk’imodoka, za mudasobwa n’ibindi bikorerwa mu mahanga ya kure.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje gahunda y’ibikorwa mu mwaka w’imikino 2019/2020, aho iteganya gukoresha 1, 338, 150, 000 Frws.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports buratangaza ko nta gahimbazamusyi kazahabwa abakinnyi batatu bavuye muri Rayon Sports bakajya muri APR FC
Kuba hari Abanyarwanda badakoresha urubuga rwa akadomo rw (dot rw) mu bucuruzi no kumenyekanisha ibikorwa byabo bituma igihugu gihomba akayabo k’Amadolari ahabwa abanyamahanga mu kwishyura iyi serivisi.
Si Kampala gusa irimo gutoterezwamo Abanyarwanda, kuko no mu magereza y’uduce twegereye u Rwanda ngo barimo.
Nyuma y’imyaka 25 ikipe ya Al-Hilal yo muri Sudani inyagiwe na Rayon Sports mu irushanwa rya Cup winners Cup, bamwe mu bakinnye uwo mukino ubu ni abatoza, abayobozi, abacuruzi, mu gihe abandi batandukanye na ruhago.
Ubwo urubyiruko rurenga 600 rwasozaga itorero Indangamirwa rya 12 kuri uyu wa kane tariki 08 Kanama 2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye uru rubyiruko kwiga Ikinyarwanda kuko ari imwe mu nkingi z’Umuco Nyarwanda.
Igisonga cya Nyampinga w’u Rwanda 2019, Yasipi Kasmir Uwihirwe, ni umwe mu bagize Indangamirwa icyiciro cya 12 baturuka mu bihugu 23, basoje amasomo ku gukunda igihugu ndetse n’amateka yacyo no kukirwanira.
Dushimimana Olive akora akazi ko kotsa inyama (Mucoma) mu gasantere ko mu Nkanika gaherereye mu Kagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera. Avuga ko yiyemeje gukora ako kazi kugira ngo arebe ko imirimo abagabo bakora na we yayibasha, kugira ngo imufashe kwiteza imbere.
Anjine ni uburwayi bufata inyama ebyiri ziba mu muhogo zitwa amigdales (soma amigidale) cyangwa tonsils (soma tonsozi), zikaba zigira umumaro wo kurinda umuntu mikorobe zafata imyanya y’ubuhumekero n’uburiro. Iyo izo nyama zifashwe na mikorobe nibyo bita anjine.
Hari abitegura kurushinga bajya ku mwanditsi w’irangamimerere ngo bamugaragarize uko bifuza kuzacunga umutungo wabo, ngo ugasanga hari ubwo abahitiramo ntibibashimishe kuko amahitamo ari ayabo.
Uhagarariye Amerika mu mishinga y’Umuryango w’Abibumbye(UN) i Burayi, Tom Kip yasomye ku rwagwa ahita yizeza abahinzi-borozi ko azakomeza kubasabira amafaranga.
Ikipe ya AS Kigali yabuze ibyangombwa by’abakinnyi batandatu bagombaga gukina umukino uzabahuza n’ikipe ya KMC kuri uyu wa Gatandatu
Umunyarwenya wo muri Uganda, Anne Kansiime, aherutse kwiyemerera ko ari we watanze amafaranga yo kumukwa no gukora ibindi birebana n’ubukwe bwe yakoranye n’umugabo batandakunye witwa Gerald Ojok.
Muri Kenya, umwe mu bahagarariye abagore yasohowe mu ngoro y’inteko ishinga amategeko nyuma y’uko aje mu kazi ari kumwe n’umwana we w’amezi atanu.
Abanyeshuri 30 baturutse muri Kaminuza zinyuranye zo hirya no hino ku isi bahuriye mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, aho baje kungurana ibitekerezo basangira ubunararibonye muri gahunda yo gutegura imishinga ijyanye no guhanga imirimo.
Abahanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben na Butera Knowless hamwe n’umubyinnyi ukomoka mu Rwanda Sherrie Silver ni bamwe mu bari guhatanira ibihembo bitangwa n’ikinyamakuru African Music Magazine (AFRIMMA) bya 2019.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred avuga ko imiryango igaragaraho isuku nke igiye kujya inengerwa mu ruhame kugira ngo yikosore.
Kuri uyu 06 Kanama 2019, Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasuye bwa mbere Ngororero kuva yagirwa Minisitiri, yirebera uko ubuzima buhagaze muri ako karere, hafatwa n’ingamba zirimo kugarura mu ishuri abana 1851 barivuyemo bitarenze uku kwezi.
Ubusanzwe indwara y’imvuvu no gucika kw’imisatsi biterwa n’uruhu rwumagaye cyangwa gukoresha ibikoresho by’imisatsi byanduye, ibintu bitandukanye dushyiramo, nk’amavuta ataragenewe gusigwamo n’ibindi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’ikigo nyafurika cy’Intego z’iterambere rirambye (SDGs) yageze i Rusaka muri Zambia.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Umutesi Marie Goretti, yasabye abamotari kwitwararika, bubahiriza amategeko yo mu muhanda ndetse barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo babashe gukora akazi kabo neza, batanga serivisi nziza ku babagana.
Mu gikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano y’amahoro n’ubwumvikane hagati ya Leta ya Mozambique n’umutwe RENAMO, Perezida Paul Kagame yashimiye Abanya-Mozambique intambwe nziza bateye, aboneraho kubibutsa ko bo ubwabo ari bo bazahitamo ubumwe bakanabusigasira.
Ikipe ya Al Hilal izakina na Rayon Sports, yageze i Kigali idafite umunyamahanga n’umwe ariko itangaza ko yiteguye gutsinda
Ikipe ya AS Kigali yaraye inyagiye Gicumbi FC iratangaza ko hari icyizere cyo gutsinda KMC kuri uyu wa Gatandatu
Impuguke mu bijyanye n’ihumana ry’umwuka hamwe n’indwara z’ubuhumekero, zirasaba abahumeka imyuka iva mu modoka, mu nganda no mu bikoni kurushaho kwirinda.
Guhera mukwezi kwa cyenda (Nzeri) uyu mwaka wa 2019 kaminuza ya Indiana muri Leta ya Indiana, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika (USA), igiye gutangira kwigisha ururimi rw’Ikinyarwanda mu rwego rwo gufasha abana b’Abanyarwanda bavukirayo kumenya ururimi rw’igihugu bakomokamo.
Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda Diane Gashumba yakiriye Minisitiri w’agateganyo ushinzwe ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo Mbayi Kangudia baganira ku cyorezo cya Ebola gihangayikishije ibihugu byombi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyamaze gusinya amasezerano n’Ikigo cyo mu Bufaransa ‘Vivendi Group’ gisanzwe kibarizwamo Canal +, yo kubaka no kubyaza umusaruro umudugudu w’umuco ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, uherereye ku I Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Muri iki gihe, hari abagore bakunze kwambara imiringa cyangwa imikufi ku bice bitandukanye by’imibiri yabo, aho usanga hari iyambarwa mu ijosi, ku mazuru, ku matwi, ku maboko, ku mukondo, mu rukenyerero, ndetse no ku maguru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 06 Kanama 2019 yerekeje i Maputo muri Mozambique mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano yo kumvikanisha impande ebyiri zimaze igihe zitavuga rumwe.
Uwizeyimana Immaculée wacururizaga muri Nyabugogo ahitwa ku Mashyirahamwe mu murenge wa Kimisagara, ibintu bye byose bikaba byahiriye mu nkongi yadutse muri iyo nyubako ahagana saa sita z’ijoro ryakeye, avuga ko yamuhombeje asaga miliyoni 10.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’inzego z’umutekano bakajije uburyo abantu bambukiranya umupaka birinda indwara ya Ebola aho abadafite akazi kazwi bahagarikwa.
Ishimwe Clement, umuyobozi w’inzu ya Kinamusic itunganya umuziki, aherutse muri Leta Zunze Ubumwe bw’ Amerika (USA) mu nama yitwaga ASPEN IDEAS FESTIVAL, bituma agira amahirwe yo kubonana n’abantu batandukanye bakora umuziki na filimi bamusangiza ubunararibonye bwabo mu ruganda rw’umuziki w’abanyemerika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira inama yiga ku kibazo cyo kwihaza mu biribwa ku mugabane wa Afurika.