Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), Richard Tusabe, aravuga ko yicuza cyane kuba ikigo akuriye cyarubatse gusa inzu zihenze kandi ngo cyagombye kuba cyarubatse n’izihendutse zihwanye n’ubushobozi bw’abanyamuryango bacyo.
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Belise Kariza arasobanura ko u Rwanda rwafashe ingamba zo kurinda ingagi gufatwa n’icyorezo cya Ebola.
Babinyujije ku rukuta rwa Facebook, RG Consult itegura ibitaramo bya Kigali Jazz Junction, kuri uyu wa kabiri batangaje ko umuhanzi w’Umurundi uzwi ku izina rya Kidumu yiyongereye ku bazataramira abakunzi ba Kigali Jazz Junction, tariki ya 27/09/2019.
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere(RDB), Belise Kariza atangaza ko ibyamamare mu mupira w’amaguru hamwe n’abahanzi, barimo kwitegura kuza mu Rwanda ku itariki 06/9/2019.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ry’ibanze ku murambo wasanzwe mu modoka mu Mudugudu wa Rubingo, Akagari ka Kagugu, Umurenge wa Kinyinya, rimaze kugaragaza ko ari uwa Callixte Ndahimana.
Ikigo cy’igihugu cy’Amahoro (RPA), giherereye mu karere ka Musanze cyakiriye Ingabo, Polisi n’Abasivire 23 baje guhugurirwa uburyo bwo kurinda abasivire mu bihugu byugarijwe n’intambara.
Ku wa gatandatu tariki 17 Kanama 2019, Polisi y’u Rwanda yasoje ibikorwa yari imaze iminsi ikorera hirya no hino mu gihugu mu kwezi kwa polisi kwatangiye ku itariki ya 15 Nyakanga 2019.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko zimwe mu nyubako za mbere y’umwaka wa 2013 zifite imiterere izishyira mu manegeka, kuko nta gishushanyombonera cyari kiriho mu gihe zubakwaga.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben mu muziki w’u Rwanda, yahakanye ibyari bimaze igihe bivugwa ko akundana na bamwe mu bakobwa b’ibizungerezi yashyize mu mashusho y’indirimbo ze, cyane cyane umukobwa ugaragara muri ‘VAZI’ iheruka na ‘Naremeye’ yari yayibanjirije.
Ikipe ya Bugesera yatunguranye isinyisha rutahizamu Francis Mustafa wakiniraga Gor Mahia Fc yo muri Kenya
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame, kuri uyu wa mbere 19 Kanama 2019, bagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu gihugu cya Namibia.
Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako ikoreramo uruganda RWACOM, rukora ibikoresho bya plastic.
Imboga ziri mu biribwa bya mbere byiza ku buzima mu biribwa byose biba ku isi. Nyamara abatuye isi bazirya ku buryo buhoraho ni mbarwa.
Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) gitangaza ko gihomba agera kuri miliyari 20Frw buri mwaka kubera ko amafaranga atangwa n’abanyamuryango ari make ugereranyije n’ayo icyo kigo cyishyura servisi z’ubuvuzi.
Johnston Busingye minisitiri w’ubutabera avuga ko abagize umuryango nibita ku bana bizagabanya umubare w’abafungirwa gufata ku ngufu.
Polisi y’u Rwanda n’Akarere ka Kicukiro batangaje ko barimo gukurikirana abashinzwe umutekano bavugwaho guhohotera umuntu bari bafashe bamutwaye mu modoka.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Kayibanda Ladislas, se wa Kayibanda Aurore yitabye Imana azize uburwayi, akaba yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari yaragiye kwivuriza.
Nyuma y’iminsi yari ishize arangije amasezerano ye, Mashami Vincent yagiriwe icyizere cyo gukomeza gutoza ikipe y’igihugu Amavubi.
Uwizeyimana Evode Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Ushinzwe Itegeko nshinga n’andi Mategeko, arasaba abaturage kwikosora bakava mu mwanda, asaba n’abayobozi b’amadini n’amatorero gufasha abakirisitu kuva mu mwanda, roho nziza igatura mu mubiri muzima.
Ubuyobozi bushya bw’Umujyi wa Kigali burangajwe imbere n’umuyobozi wawo, Rubingisa Pudence, bwiyemeje kwegera abaturage kurushaho hagamijwe iterambere ryabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe hamwe n’abafatanyabikorwa bako biyemeje ko uyu mwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 uzarangira abatishoboye 499 batari bafite aho kuba bahafite.
Ngabo Medard umwe mu Banyarwanda bakora umuziki bakunzwe imyaka irenga 10, yakurikiye imiririmbire ya Nsengiyumva Francois mu gitaramo gisoza Iwacu Muzika Festival ahita asaba ko ababishinzwe bamufasha agakorana indirimbo n’uyu musaza ukunzwe mu gihe gito kubera umuduri.
Mu gihe umuco uvuga ko inyatsi ari ukubura umugisha w’amahirwe bigatuma umuntu atagira icyo ageraho, siyansi yo ivuga ko ari nk’indwara cyangwa imyitwarire idasanzwe iba ibura gato ngo ihinduke indwara ziba mu gice cy’ibyitwa ‘kuba imbata y’ikintu, imyitwarire, cyangwa se imikino.
Tuyishimire Dismas, umusore w’umunyarwanda umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko Umunyarwanda uhafungiye asabwa kwishyura amafaranga akarekurwa, yayabura akabyishyura gukoreshwa imirimo y’uburetwa no gukubitwa buri munsi.
Mufulukye Fred guverineri w’Intara y’iburasirazuba yasabye abaturage bubakiwe amazu n’abahawe urumuri kwitura babifata neza banakumira ibyabangamira umutekano.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba Munyantwari Alphonse atangaza ko u Rwanda rugiye gusuzuma no kuganira n’ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’amajyaruguru ku byangombwa biri kwakwa Abanyarwanda bakorera Goma.
Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu DCGP Marizamunda Juvenal aratangaza ko ibikorwa byinshi byakozwe mu kwezi kw’ibikorwa bya Polisi y’Igihugu bigaragaza akamaro k’ubufatanye mu kwihutisha iterambere.
Polisi y’Igihugu yibukije abaturiye umupaka ko mu bihano bihabwa abafatwa bambukana magendu n’ibiyobyabwenge harimo no gutakaza ubuzima.
Mu gikorwa cyo gutora umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, inteko itora ihundagaje amajwi kuri Rubingisa Pudence, waturutse mu Nama Njyanama y’akarere ka Gasabo, aho na bwo yari yatowe muri iki gitondo.
Ikipe ya ya APR FC ihagarariye ingabo z’u Rwanda (RDF) mu mikino ya gisirikare iri kubera Uganda, yatsinze iy’ingabo z’u Burundi ibitego 3-0
Emmanuel Ndatimana Padiri mukuru wa Paruwasi gatolika ya Nyagatare avuga ko ubundi abemera Yezu ko ari umwana w’ Imana bakamuha agaciro bakwiye no kugaha nyina Bikira Mariya kuko utakubaha umwana ngo ureke nyina.
Umunyatanzaniya Diamond Platnumz umaze kwamamara muri muzika avuga ko ibyo akora byose abishobozwa n’Imana.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye asaba abaturage kwirinda guhana ibiganza no kwegerana kugira ngo birinde ebola.
Uruganda rukora ibinyobwa bya Skol (Skol Brewery Ltd) ku wa 16 Kanama 2019 rwerekanye ishusho nshya y’ikinyobwa cya Skol Lager, aho kigaragara mu icupa rishya n’ibirango bishya.
Abakozi 25 b’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), basoje amahugurwa yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi riherereye i Musanze, aho bamaze icyumweru bakarishya ubumenyi bujyanye n’uburyo bwo gukora iperereza no kugenza ibyaha.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 16 Kanama 2019 yashyizeho batanu bagize inama njyanama y’umujyi wa Kigali, baza biyongera ku bandi batandatu baturuka mu turere dutatu tugize Kigali. Aba uko ari 11 ni bo bari butorwemo umuyobozi mushya w’umujyi wa Kigali kuri uyu wa gatandatu.
Amakipe y’u Rwanda y’umukino wa volleyall yo ku mucanga yatangiranye intsinzi mu mikino nyafurika ya All Africa Games iri kubera muri Maroc aho u Rwanda rwatsinze Algeria mu bagabo no mu bagore kuru uyu wa gatanu, nubwo abagore baje gutsindwa na Mauritius.
Ishuri rikuru INES Ruhengeri ryasoje amahugurwa yiswe “summer school” y’iminsi 12 i Kigali, yahuriwemo n’abanyeshuri bo mu Budage, muri Ghana no mu Rwanda bigaga ku byo gutegura imishinga ijyanye no guhanga imirimo.
U Buyapani n’u Rwanda byasinye amasezerano y’inguzanyo y’asaga miliyari 83Frw azifashishwa mu kuvugurura ubuhinzi hagamijwe kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana.
Abakirisitu basengera muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yitiriwe “Umwamikazi w’i Fatima”, ubwo bizihizaga umunsi wa Asomusiyo w’ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya, bakoze umutambagiro nyuma y’igitambo cya Misa, bafunga umuhanda Musanze-Butaro, ubwo bagendaga baririmba banasenga.
Umunyatanzaniya Diamond Platnumz watumiwe gusoza iserukiramuco ryiswe Iwacu Muzika Festival, yavuze ko indirimbo yakoranye na Meddy yatinze gusohoka kuko byagoranye guhuza umwanya, kubera imiterere y’ibitaramo byabo no kutabonana, anavuga ko umuhanzikazi ukizamuka Sunny yifuza kumwumva no kumubona.
Abarwayi babiri barimo umubyeyi w imyaka 26 n’umwana we w’amezi arindwi ni bo bagaragayeho Ebola tariki ya 15 Kanama 2019 mu bitaro bya Mwenga ndetse umubyeyi ahita yitaba Imana nkuko bitanganza na radiyo y Abafaransa RFI.
Nyuma yo kuzamura ikipe ya Gasogi United mu cyiciro cya mbere ndetse banegukanye igikombe, Lomami Marcel na Kalisa Francois bamaze gutandukana n’iyi kipe.
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka (DGM) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi bashyizeho amafaranga yishyuzwa Abanyarwanda bajya gukorera i Goma.
Umutoza Kayiranga Baptista wigeze gutoza no gukinira ikipe ya Rayon Sports, ni we uhaba amahirwe yo gutoza Rayon Sports mu mukino wo kwishyura uzayihuza na El Hilal
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye atangaza ko amategeko agenga imiburanishirize y’imanza azaba yavuguruwe mu byumweru bibiri biri imbere.
Hari abahanga mu by’imirire bafata ibihumyo nk’ubukungu buhishe. Impamvu babifata batyo, ni uko nta binure bigira, ntibibyibushya, ahubwo bikungahaye ku ntungamubiri zitandukanye.
Amahame ni imigenzo, amategeko cyangwa umuco idini runaka ryishyiriraho, ryaba rigendeye kuri Bibiliya cyangwa ku myemerere yaryo bwite. Buri muyoboke waryo aba agomba kuyubahiriza, yayarengaho agahabwa ibihano biba byaragenwe n’iryo dini.
Myugariro Munezero Fiston wari umaze imyaka akinira ikipe ya Musanze Fc, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports