Igihugu cy’u Budage kigiye gufatanya n’u Rwanda ngo hageragezwe igihingwa cy’umuzabibu bityo divayi iwengwamo yaturukaga hanze ihenze ibe yakwengerwa mu Rwanda.
Amazina y’abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Louis Baziga wari uhagarariye Abanyarwanda (Diaspora) baba muri Mozambique yashyizwe ahagaragara.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), igaragaza ko buri mwaka Abanyarwanda ibihumbi 10 bandura kanseri aho abantu ibihumbi bitatu muri bo aribo bitabira gahunda y’ubuvuzi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko buri gukoresha imbaraga zishoboka zose, ku buryo icyiciro cya mbere cy’abatuye mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro I mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, ahazwi ku izina rya ‘Bannyahe’ bazaba bamaze kuhimuka bitarenze ukwezi k’Ugushyingo 2019.
General Patrick Nyamvumba umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda avuga ko nta gihugu na kimwe cyakwifasha mu gukemura ibibazo bibangamiye isi.
Ikigo gitwara abagenzi mu modoka ‘Horizon Express’ kiravuga ko cyiyemeje kurushaho guha serivisi nziza abagenzi bakigana kuva ku gukatisha itike kugeza ku musozo w’urugendo rwabo.
Mu gihe hari abantu bumva ko abakomisiyoneri babona amafaranga, noneho hagira ubabaza ikintu runaka nk’inzu cyangwa ikibanza kigurishwa, agahita yiyita umukomisiyoneri ako kanya. Nyamara amakoperative y’abakora uyu mwuga avuga ko ibyo bitavuze ko ari umukomisiyoneri.
Nyuma y’umunsi umwe ikipe ya APR Fc itangaje ko itazakina irushanwa AGACIRO FOOTBALL TOURNAMENT 2019, yamaze gutangaza ko byahindutse izitabira iri rushanwa
Abagororwa 250 bo muri Gereza ya Huye, ku wa kabiri tariki 27 Kanama 2019 bahawe seritifika (impamyabushobozi) zemeza ko bashoboye umwuga w’ubwubatsi.
Ku mukino uzahuza ikipe ya Rayon Sports na Mukura VS kuri iki Cyumweru, ufite inoti y’igihumbi azabasha kureba uyu mukino wo Padiri Fraipont Ndagijimana
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko bufite gahunda yo kunoza uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu mu Mujyi wa Kigali, ku buryo abakoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusanjye bazajya bagenda babyishimiye.
Hari ibintu byinshi abantu bashobora guhuriraho gusa biragoye, kuko ubwabyo kubibona ntabwo biba byoroshye. Bisaba kubigenzura rimwe na rimwe kugira ngo bibashe kugaragarira buri wese kandi bisobanutse neza.
Aho abantu bahurira ari benshi, baba bari mu kazi, mu isoko, ku bibuga by’imipira cyangwa muri za sitade, mu tubari n’amahoteri ndetse n’ahandi, haba bagomba kuba ubwiherero rusange.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aremeza ko uruhare rw’abikorera ari nyamukuru mu migambi igamije iterambere ry’ibihugu.
Mu rubyiruko hari imvugo nyinshi zikoreshwa ahanini n’urubyiruko, baganira bashaka kuzimiza cyangwa kuryoshya ikiganiro nk’abantu b’urungano.
Perezida Paul Kagame ari mu Buyapani, aho yagiye kwifatanya n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika na za guverinoma na Leta y’u Buyapani, mu nama mpuzamahanga ya karindwi ibera i Tokyo, inama yiga ku iterambere rya Afurika (TICAD).
Ikipe ya APR FC yamaze ko itazitabira irushanwa ngarukamwaka "AGACIRO FOOTBALL TOURNAMENT", kubera imvune ndetse n’abakinnyi ifite mu Mavubi
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred yasabye abayobozi mu nzego z’ibanze kwita ku baturage nk’uko bita ku ngo zabo.
Mu cyaro cy’akarere ka Gatsibo i Burasirazuba, umupfakazi w’imyaka 60 utuye i Kageyo mu kagari ka Kintu, ari muri bake boroye amatungo y’ubwoko butandukanye, banatunze televiziyo muri ako gace n’ubwo nta muriro w’amashanyarazi uhagera.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ahamya ko imyuga n’ubumenyingiro ari ipfundo ry’iterambere ry’ibihugu, cyane cyane iyo bishyizwemo ingufu bikigishanywa ubuhanga.
Uwizeyimana Félicien w’imyaka 51, Habimana Jimmy w’imyaka 27, Twizerimana Emmanuel w’imyaka 25 hamwe na Ndayambaje Jacob w’imyaka 36, baravuga ko barangije igifungo n’imirimo y’ubucakara muri Uganda.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, arahamagarira abayobozi mu nzego z’ibanze, abanyamadini n’abanyamatorero guhagurukira ikibazo cy’umwanda mu baturage, dore ko wageze n’aho Umukuru w’Igihugu awibonera we ubwe.
Ibigo binyuranye mu karere ka Musanze, byashyiriyeho abaturage uburyo bwo kubanza gukaraba mbere na nyuma yo kwaka serivise, mu rwego rwo kubatoza isuku no kwirinda Ebola.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko gusubiza abatwika amatafari mu gishanga cy’umuvumba byashingiwe ku nama z’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kandi binyuranye n’ibaruwa bandikiwe.
Ubuyobozi bwa serivisi y’ubutaka mu Karere ka Huye, buvuga ko guhera mu cyumweru gitaha abatuye mu mujyi wa Huye bashaka kubaka inzu zo guturamo bifashishije rukarakara bazatangira kubiherwa impushya.
Umuturage wo muri Uganda wiga muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri kaminuza ya Harvard yareze mu rukiko Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, amushinja kuba yaramukuye mu mubare w’abamukurikira ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter.
Umugabo utuye i Kibinja mu Karere ka Nyanza, afatwa n’ikiniga akanihanagura amarira iyo umugore we atanze ubuhamya bw’ukuntu yamuhohoteraga, atarabyihana.
Umuhanzi Harmonize umaze kwandika izina muri Tanzania no muri Afurika muri rusange, ashobora kuryozwa umurengera w’amafaranga yatakajweho mu gihe cyose yamaze muri Wasafi nk’umuhanzi watangiriye muri iyi nzu atangwaho umurengera ngo yamamare, ariko agasohoka muri iyi nzu impande zombi zitabyumvikanyeho.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga ukurikiranyweho gusambanya umukobwa w’imyaka 19 agamije kumwanduza Sida yafunzwe iminsi 30 y’agateganyo nk’uko byategetswe n’urukiko.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi, RAB, gitangaza ko Leta yashyize miliyari 11 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gutunganya umusaruro muri rusange kuko kugeza ubu ngo hakiri mwinshi wangirika.
Ikigereranyo cy’inkunga ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagabo n’ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagore bo ku mugabane wa Afurika kigaragaza ikinyuranyo kinini cyane kingana na miliyari 42 d’Amadorali ya Amerika, hagati y’izo nkunga, abagabo bakaba ari bo bahabwa menshi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron n’abandi bayobozi batandukanye b’ibihugu birindwi bikize ku isi (G7) kubera umwanya n’ijambo bahaye abayobozi bo ku mugabane wa Afurika kugira ngo bungurane ibitekerezo muri iyo nama ihuza ibihugu birindwi bikize ku isi.
Amakuru aturuka muri Mozambique aravuga ko Louis Baziga wakoraga ibikorwa by’ubucuruzi yishwe arashwe n’abantu batahise bamenyekana. Yari amaze imyaka isaga 15 aba muri Mozambique.
Musenyeri Philippe Rukamba, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, avuga ko abakobwa babyarira iwabo kabiri gatatu hanyuma bakajya kwaka imfashanyo, bakwiye kumenya ko umuntu yigira yakwibura agapfa.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwempasha mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare hafungiye umusore ushinjwa gutema inka y’umukuru w’umudugudu atuyemo, nyuma yo kumwonera.
Habumugisha Aron Umurinzi w’Igihango wo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke avuga ko n’ubwo yari muto mu gihe cya Jenoside bitamubujije guhangana n’ibitera by’Interahamwe byazaga guhiga Abatutsi muri Serire yayoboraga.
Undi Munyarwanda warekuwe na Uganda nyuma y’umwaka urenga yari amaze muri gereza anakoreshwa uburetwa, aravuga ko yageze ubwo yikorezwa inkono ishyushye.
Umuhango wo Kwita Izina muri uyu mwaka uratanga icyizere cyo kugenda neza kurusha imyaka yashize biturutse ku bikorwa Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwateguye bibanziriza umunsi nyirizina.
Ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, umuraperi Young Grace Abayizera yibarutse umwana w’umukobwa yise Amata Anca Ae’eedah Ai yahaye akabyiniriro ka DIAMANTE.
Ku cyumweru tariki 18 Kanama 2019, itsinda ry’impunzi z’Abarundi zituye mu Rwanda zaserutse mu irushanwa ryo kwerekana impano muri Kenya (East Africa’s Got Talent) maze rishimisha benshi cyane.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent amaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi batangira kwitegura umukino wa Seychelles
Abahanga mu by’indimi bemeza ko Ikinyarwanda ari ururimi rwihagije nubwo hatabura gutira amagambo amwe n’amwe, ariko ngo abashaka kugaragaza ko ari abasirimu ni bo baruvangira amagambo y’indimi z’amahanga ngo berekane ko bize.
Ikipe ya Rayon Sports isezerewe na Al Hilal yo muri Sudani nyuma yo kunganya ubusa ku busa muri Sudani
Mu muhanda Kigali - Musanze, ikamyo ya BRALIRWA ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kuzimya inkongi yihutira gutabara.
Umukecuru witwa Amina Mukanduhura, ni umwe mu bayoboke b’idini ya Islamu mirongo inani na batanu (85) basesekaye i Kigali ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019 baturutse i Maka muri Arabiya Sawudite mu mutambagiro mutagatifu (Hidja).
Prof Niyomugabo Cyprien ashyira mu majwi abiganjemo urubyiruko, akavuga ko hari imvugo bagenda badukana bigatuma imvugo n’amagambo byari bisanzwe biriho bitakaza umwimerere wabyo bikazimira nyamara ntacyo byari bitwaye.
I Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda hasojwe igikombe cy’isi cya Volleyball, aho mu bagore cyegukanywe n’Abaholandi naho mu bagabo cyegukanwa n’Abayapani.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze mu Mujyi wa Biarritz mu Bufaransa kuri iki cyumweru tariki 25 Kanama 2019 mu nama y’ibihugu birindwi bikize ku Isi (G7).