Umusore witwa Nzabonimpa Joseph w’imyaka 25 wari umaze amezi atanu afungiye muri Uganda, avuga ko yagombye kwihindura umurwayi wo mu mutwe, kugira ngo adakubitirwa aho yari afungiye.
Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye risobanura uko bigenda iyo umuntu yabuze cyangwa yazimiye.
Abagororwa 142 n’abacungagereza batanu bo muri Gereza ya Nyaza mu Ntara y’Amajyepfo, bahawe impamyabushobozi zo kubaka zitangwa n’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi ngiro WDA.
Si ngombwa umubare w’iminara(antenne) uhwanye n’uwa televiziyo ziri mu nzu iwawe cyangwa mu baturanyi, kuko ngo wagura umunara umwe ukaziha amakuru zose.
Iyo kandagirukarabe ikozwe mu buryo bwa kijyambere ariko ukabona yarakozwe hagendewe ku zo tumenyereye, ikaba ifite ahajya amazi meza, ahamanukira ayakoreshejwe n’ahajya isabune y’amazi.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke bahisemo gufasha Leta kwishakamo ibisubizo biyubakira amavuriro mato mu tugari, barwanya ingendo ndende bakoraga bajya gushaka serivisi z’ubuvuzi.
Kubera imirimo yo kubaka ikiraro gihuza Nyabugogo na Gatsata izakorwa kuva tariki 27 kugeza 28 Nyakanga 2019 guhera saa 6h00 kugeza saa 11h00 z’amanywa, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramenyesha abakoresha icyo kiraro bajya cyangwa bava mu bice bya Gatsata ko cyizaba kidakoreshwa haba ku binyabiziga no kubagenda n’amaguru.
Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda yemeje Umushinga w’Itegeko ryemeza burundu amasezerano ya Afurika Yunze Ubumwe yerekeye gucunga amakuru Abanyarwanda bohereza cyangwa bakira biciye mu ikoranabuhanga.
Sena y’u Rwanda, kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019 yemeje ba Ambasaderi icumi bashya bagiye guhagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga.
Kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019, nibwo Hypolite Ntigurirwa yasoje urugendo rw’ibirometero birenga 1000 azenguruka igihugu. Yarukoze mu rwego rwo guha icyubahiro Abatutsi bategekwaga kugenda urugendo bajya kwicwa muri Jenoside.
Uwari umunyezamu wa mbere mu ikipe ya Musanze Ndayisaba Olivier, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Kiyovu Sports
Nyuma y’uko inkuru y’urupfu rwa Perezida wa Tunisia Beji Caïd Essebsi rumenyekanye kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yihanganishije abo mu muryango we, guverinoma y’igihugu ndetse n’abanya – Tunisia bose.
Polisi y’igihugu irasaba abayobozi b’ibigo bitwara abagenzi mu modoka, ab’ibigo bitwara imizigo mu makamyo no mu zindi modoka kugira inama abashoferi babakorera, bakajya bitwara neza kugira ngo birinde impanuka.
Kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019, umuhanzi Knowless Butera yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya yise Inshuro 1000 yari amaze iminsi mike ashyize hanze, aririmba ku rukundo, amashusho yakoreye mu nzu yabo nshya bivugwa ko bagiye kwimukiramo mu gihe gito, iherereye mu karere ka Bugesera ahitwa mu Karumuna.
Indagagaciro na kirazira ni imigirire n’imvugo z’umuco nyarwanda, zibuza abantu imigire,ingeso cyangwa se imyitwrire runaka, kuko nk’uko zibivuga uzirenzeho bishobora guteza umuntu, umuryango cyangwa igihugu ibyago by’uburyo butandukanye.
Abanyamuryango ba Koperative Dukundumurimo babangamiye cyamunara y’ibagiro ryabo, bavuga ko bataterezwa cyamunara mu gihe ikibazo kikiri mu rukiko.
Abitabira ibihembo bitangirwa mu Rwanda cyane cyane ibyo mu mikino n’imyidagaduro bakomeje kwinubira ababitegura kuko babemerera ibihembo biherekejwe n’amafaranga ariko bakabaha impapuro z’amashimwe n’ibirahuri by’ibihembo ntibabahe ako gashimwe ko mu mafaranga baba babemereye.
Kuva mu cyumweru gishize, mu nzego zinyuranye z’akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, cyane cyane muri serivisi zikenerwa n’abaturage cyane, hatangiye gukoreshwa imashini abaturage bakoresha bagaragaza uko bakiriye serivisi bahawe.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC mu Karere ka Rubavu butangaza ko bufite ihurizo ryo kubona miliyoni 70 ziyongera kuri miliyoni 80 ihabwa n’Akarere kugira ngo ishobore gushyira mu bikorwa ibyo yateganyije mu ngengo y’imari ya 2019-2020.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert, avuga ko uburyo bwiza bwo kwirinda kwandura Ebola ari ukwirinda gusuhuzanya no kugira abo umuntu akoraho.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda mu Rwanda (NIRDA), ku ruhererekane nyongeragaciro rw’ibikomoka ku biti bwerekanye ko abakoresha ikoranabuhanga rigezweho ari 1%, bikadindiza iterambere ry’urwo rwego.
Munyeragwe Epimaque w’imyaka 56, nubwo atuye mu cyaro cya Kiyogoma ku birometero birindwi uvuye mu mujyi wa Nyamata w’akarere ka Bugesera, avuga ko isi yose n’u Rwanda by’umwihariko ngo abimenyera mu nzu iwe.
Mu buryo butunguranye, umuhanzi Nsengiyumva wamamaye kubera indirimbo ye Igisupusupu, yongewe mu iserukiramuco ryitiriwe impeshyi rizabera mu mugi wa Kigali, nyuma yo kugaragaza ko akunzwe mu bitaramo aherutse kuzengurutswamo bya Iwacu Muzika Festival.
Umuhanzi w’umunyarwanda Emmy wikuye mu irushanwa rya PGGSS2 akajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka irindwi adakandagira ku butaka bw’u Rwanda.
Mu rwego rwo gufasha abanyakigali gusoza ukwezi bishimye kandi bidagadura, Umujyi wa Kigali wateguye igitaramo cyo kwidagadura kizajya kiba buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi, kikazaba ari igikorwa ngarukakwezi kikazajya kibera muri Car Free Zone mu Mujyi rwagati. Hazajya hatumirwa abahanzi n’amatorero abyina kinyarwanda (…)
Ikipe ya Gasogi United ibonye itike yo kujya mu cyiciro cya mbere, nyuma yo gutsinda Sorwathe mu mikino ibiri ya 1/2
Umugeni Kigali Today yahaye izina rya Nirere yahukanye akimara gutwikururwa agenda aherekeje abamutahiye ubukwe icyatumye abakurikira kiba amayobera.
Mu minsi ishize, umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ange I. Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma baherutse gukora ubukwe, bemeje ko bagiriye ukwezi kwabo kwa buki mu Rwanda.
Inzobere mu bijyanye no kubaga amagufa Dr. Jonathan Cluetts avuga ko indwara yo gupfa ku dutsi dutembereza amaraso mu ntoki izwi nka (ring avulsion) iterwa n’impeta ikanyaze ishobora gutuma ucibwa urutoki.
Mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherereye I Nyakinama mu karere ka Musanze, kuwa mbere tariki ya 22 Nyakanga 2019 hatangijwe amahururwa yitabiriwe n’abasirikari b’aba Ofisiye baturutse mu bihugu bine mu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye Eastern Africa (…)
Kuri uyu wa kabiri tariki 23 Nyakanga 2019 Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza Charles Philip Arthur George, ku birebana n’aho imyiteguro y’inama y’ibihugu bigize Commonwealth igeze, inama izabera mu Rwanda mu 2020.
N’ubwo Umutwe w’Abadepite w’Inteko Ishinga amategeko ku wa 22 Nyakanga 2019 wemeje Umushinga w’Itegeko rigenga amatora, abadepite babiri muri 59 banze kuwemeza.
Nyuma yo kubona ko byajyaga bigorana mu kwishyura ngo abantu binjire, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) mu imurikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 22, rwashyizeho uburyo bushya bwo kwishyura hakoreshejwe telefoni (Mobile Money).
Ikipe ya AS Kigali izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup, yatangiye imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) ruremeza ko umunyamakuru wa TV1 na Radio1 witwa Constantin Tuyishimire ashobora kuba abarizwa mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda nubwo bitazwi uko yahageze n’icyo yaba yaragiye kuhakora.
Konsa umwana inshuro nyinshi ni ingenzi ku buzima bw’umwana ndetse na nyina, kuko bituma amashereka yiyongera, umwana akagira ubudahangarwa mu mubiri, ndetse n’umubyeyi ubikoze neza bikaba byamufasha kudakurikiza umwana we vuba, ibyo bita gusamira ku kiriri.
Boris Jonhson wigeze kuba umuyobozi w’umurwa mukuru w’u Bwongereza, London, ni we umaze gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza.
Kuva gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP) yatangira muri 2008, amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari 290 niyo amaze gukoreshwa muri gahunda zayo uko ari eshatu.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagowe cyane no kurera abuzukuru babo ahanini basigirwa n’abakobwa babyarira iwabo.
Umutoza Kirasa Alain wari umutoza mukuru wa Kiyovu Sports, yamaze gusinyira nk’umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sports
Irushanwa Beshobeza Cup imyaka itaha rishobora guhatanirwa n’imirenge yose igize akarere ka Nyagatare aho kuba umwihariko wa Karama.
P Fla umaze umwaka n’amezi arindwi avuye kurangiza igihano muri Gereza ya Mageragere kubera gukoresha ibiyobyabwenge, yavuze ko urukundo rwe na Aline rwari baringa kuko bakundanye buri umwe afite icyo ashaka kungukira ku wundi, anavuga ko adateze kongera gukoresha ibiyobwabwenge nkuko abantu babitekereza.
Rutahizamu wa Rayon Sports Jules Ulimwengu, yahakanye amakuru amaze iminsi avugwa ko ashobora kwerekeza muri APR FC.
Ubusanzwe ahabera imurikagurisha mpuzamahanga i Gikondo hari hari irembo rimwe ryo kwinjira no gusohoka, bigatuma haba umubyigano cyane cyane mu masaha y’umugoroba bityo bamwe bakibwa bakozwe mu mifuka none hashyizweho indi nzira.
Iyo umubyeyi amaze kubyara, usanga ahangayikishijwe no kubona amashereka kugira ngo umwana abashe kubona ibimutunga cyane cyane ko amabwiriza y’ubuzima avuga ko umwana atungwa n’amashereka gusa mu mezi atandatu ya mbere.
Umuhire Solange uzwi ku mazina ya Liza Kamikazi, umuhanzikazi wamenyekanye cyane mu myaka ya 2010, avuga ko atareka umuziki, kuko yumva ufite igice kinini ku buzima bwe, cyane ko ari wo watumye ahura n’umugabo we.