Hari amafoto y’uduce tumwe na tumwe two mu Rwanda, abantu ndetse n’ibikorwa byabo ushobora gutungurwa ubibonye mu binyamakuru byo muri Austria cyangwa Australia ukaba wakwibaza uburyo yahageze.
Assomption ni umunsi Abagatolika b’isi yose bizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya nyina wa Yezu Kristu.
Mu Gushyingo 2018 ubwo yagezaga ijambo ku bari bitabiriye ibiganiro byahuje abanyamakuru n’abapolisi, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yatangaje ko Leta irimo gutegura ibihano bikomeye ku batwara ibinyabiziga batubahiriza uburyo bwo kugenda mu muhanda.
Muri Mutarama uyu mwaka wa 2019, minisiteri y’uburezi yashyizeho ibwiriza zisaba ibigo by’amashuri byose byo mu Rwanda, guhera mu mashuri y’inshuke kugeza mu yisumbuye guha abana amata nibura inusu ku munsi, bivuze ko hazakenerwa amata angana na litiro 1,813,181.
Niyonkuru Florence wiga kuri GS Bigugu na Habinshuti Alexis wiga kuri GS Muganza mu Karere ka Nyaruguru ni bamwe muri batandatu bafite imyaka iri munsi ya 18 bafashe indege ku wa 14/08/2019 saa16h50 berekeza mu gihugu cy’ u Budage mu mahugurwa n’ amarushanywa yo gusiganwa ku maguru (Athlétisme).
Umushinga wa Partners in Health (Inshuti mu Buzima) wafunguye ku mugaragaro amacumbi yubakiwe abivuriza Kanseri mu bitaro bya Butaro. Ni inyubako yatwaye amadolari ya Amerika asaga ibihumbi 300, ni ukuvuga Amafaranga y’u Rwanda asaga gato miliyoni 276.
Mu kinyejana cya makumyari mu mwaka 1910 umuganga, umwanditsi akaba n’impuguke mu mitekerereze ya muntu witwa Freud Sigmund ukomoka muri Austria yaduye ikiswe “complexe d’oedipe”.
Nyuma y’imyaka ine itera inkunga Sampiyona y’u Rwanda, Azam Tv yamaze kumenyesha Ferwafa ko ihagaritse ubufatanye bari bafitanye
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, byaba ibyoroshye cyangwa ibikomeye, kuko bibangiriza ubuzima bikaburizamo intego bari bafite.
Hari umugabo ukunze kujya gusengera i Kibeho yambaye imyenda y’umweru iteye nk’iy’abayobozi bo mu gisirikare. Ngo abiterwa n’uko ari ingabo yo mu rwego rwo hejuru (ofisiye) ya Bikira Mariya.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ateguje abamotari ko mu Rwanda moto zigendeshwa na lisansi zigiye kuvaho mu gihe cya vuba hakazakurikiraho imodoka.
Ku mukino wa mbere mu mikino ya gisirikare iri kubera i Nairobi muri Kenya, APR FC itsize UPDF igitego 1-0.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Patrick Nyamvumba avuga ko umubare munini w’abagore mu kubungabunga amahoro bizatuma ibibazo bya bagenzi babo bimenyekana.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 15 yakoze imyitozo ya nyuma mbere yo kwerekeza muri CECAFA izabera muri Eritrea, aho ivuga ko ijyanye intego yo kwegukana igikombe
Kuri uyu wa gatatu tariki 14 Kanama 2019, urubyiruko rugera ku 3,000 rwaturutse imbere mu gihugu no hanze yacyo, rwaganiriye na Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi kuri gahunda zitandukanye zireba ubuzima bw’igihugu. Niba utabashije kwitabira ibi birori, Kigali today yahakubereye igufatira amafoto y’iki gikorwa (…)
Akarere ka Rubavu gafite imihigo 74 kazasinya n’umukuru w’igihugu iri mu byiciro by’ ubukungu 27, imibereho myiza 33, imiyoborere myiza n’ubutabera 14.
Abanyamulenge bavuga ko igihugu cy’u Burundi n’icya Kongo cyangwa se n’Umuryango w’Abibumye (ONU) babishatse, Abanyamulenge biciwe mu Gatumba bahabwa ubutabera.
Kaminuza n’amashuri makuru yo mu Rwanda, yamaze kwemererwa kwinjira mu mushinga wa Kaminuza eshatu zikomeye i Burayi wa ERASMUS, hagamijwe kurushaho kubaka ubushobozi mu masomo ajyanye no gutunganya ibiribwa no kurushaho kurinda ibidukikije.
Kuri uyu wa gatatu tariki 14 Kanama2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiye kuganira n’urubyiruko rusaga ibihumbi bitatu rwaturutse hirya no hino mu gihugu, ndetse n’abaturutse hanze y’u Rwanda.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho nyuma yo kumara iminsi akora adafite amasezerano yamaze gufata icyemezo cyo gutandukana na Rayon Sports.
Benimana Richard wize iby’uburezi muri kaminuza y’u Rwanda, ntiyakomeje ngo akore ibijyanye n’ibyo yize ahubwo yinjiye mu bukorikori burimo ikoranabuhanga bituma abasha kwikorera ibyuma by’imikino y’amahirwe bimenyerewe ko bituruka hanze.
Bimwe mu bikorwa byari biteganyijwe gukorwa muri uku kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi kwatangijwe tariki ya 15 Nyakanga, harimo n’igikorwa cyo guha ubwisungane mu kwivuza abantu ibihumbi bitatu (3,000) mu rwego rwo kurushaho gushimangira imibereho myiza n’iterambere ry’abaturage bafite ubuzima bwiza.
Mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 13 Kanama 2019, nibwo umuhanzi Mbonyicyambu Israel wiyise Mbonyi, yageze mu Mujyi wa Manchester uri mu Burengerazuba bw’Amajyaruguru y’u Bwongereza, aho azatangirira ibitaramo bizenguruka u Bwongereza, akazasangiza abanyaburayi uburyohe bw’indirimbo ziri kuri Album ye (…)
Pasiteri Singirankabo Jean de Dieu ari mu bajyanye ikirego ku biro by’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC), bagiye kurega Leta ya Uganda ko yabakoreye iyicarubozo ikanabambura imitungo.
Perezida Kagame yasabye ko mu mihigo y’umwaka wa 2019-2020, ibijyanye n’imibereho myiza y’abaturage byitabwaho ku buryo buhagije kuko hari bimwe ngo bitahawe umwanya uhagije, ibyo bikaba byatumye iyo mihigo idasinywa.
Abantu babiri bari barwaye Ebola mu Mujyi wa Goma basohotse aho bavurirwaga nyuma yo gukira iki cyorezo cyica 90% by’abakirwaye.
Hari abantu bavuga ko hari ibiribwa batarya kubera ko ngo bibatera kumererwa nabi mu mubiri cyangwa bigatuma baruka (allergy). Hari abakeka ko biterwa no kutabikunda nyamara si ko bimeze.
Mu Rwanda rwo hambere Abanyarwanda bagiraga amoko 19 bakomora ku bakurambere, akaba amoko akomoka ku muryango mugari w’abantu.
Abize ubuvuzi muri Kaminuza ya UGHE (University of Science in Global Health Equity) baravuga ko ubumenyi bahawe buhagije ku buryo bizeye badashidikanya ko bagiye gutanga umusanzu wabo mu kurwanya ibyorezo nka Ebola.
Ikipe y’Amagaju iheruka kumanuka mu cyiciro cya kabiri, yamaze gushyiraho Habimana Sosthene wahawe inshingano zo gukura Amagaju mu cyiciro cya kabiri
Akarere ka Gasabo katangaje ko guhera kuri uyu wa kabiri tariki 13 Kanama 2019, abakozi bako batangira gukorera mu nyubako nshya yubatswe mu gihe cy’imyaka itatu.
Muri iyi minsi uturere twose twiteguye kumenya ibyavuye mu isuzuma ry’imihigo twasinyanye na Perezida wa Repubulika mu mwaka wa 2018-2019, ndetse no kongera gusinyana na we indi mihigo yo mu mwaka wa 2019-2020.
Urubuga rwa Internet www.lesjardinslaurentiens.com ruvuga ko betterave ari igihingwa cyamenyekanye ku mugabane w’u Burayi guhera mu kinyejana cya kabiri, ariko cyamamara cyane mu kinyejana cya cumi na kane.
Ku rubuga www.healthline.com, bavuga ko amagi yashyirwa mu biribwa bicyeya ku isi bikungahaye ku ntungamibiri zitandukanye, kandi akarusho ni uko amagi anigiramo intungamubiri zidakunze kuboneka mu bindi biribwa, muri make amagi agira nibura urugero ruto rw’intungamubiri zose umuntu akenera.
Indwara yanegekazaga amaguru mu mashuri ya Gashora "New Explorers Girls Academy (NEGA)" na GS Rambura Filles (Saint Rosaire) muri Nyabihu, yageze muri GS Rega(Bigogwe).
Ikipe ya Rayon Sports yafashe icyemezo cyo gusaba kutajya muri Sudan gukina umukino wo kwishyura mu irushanwa rya CAF Champions League hagati yayo na Al Hilal kubera impamvu z’umutekano muke uvugwa muri Sudan.
Abanyeshuri 46 barangije muri Kaminuza mpuzamahanga y’ubuvuzi bukomatanyije UGHE (University of Global Health Equity), bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters), biyemeza kuba umusanzu wo gushakira hamwe icyakemura ibibazo by’ubuzima bw’abatuye isi.
Mu mpera z’icyumweru gishize, abantu bari uruvunganzoka mu imurikagurisha mpuzamahanga ribera i Gikondo, cyane ko ari yo weekend ya nyuma yaryo, abana na bo bakaba bari benshi ahanini bishimisha mu mikino inyuranye yabagenewe.
Abayislamu bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko Umunsi Mukuru w’igitambo uzwi nka Eid al-Adha ubibutsa inyigisho zibasaba kutarangwa n’ivangura ahubwo bakunga ubumwe.
Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 11 Kanama 2019, Padiri mukuru wa paruwasi gatolika Mwamikazi w’Intumwa/Nyamata, akuyeho icyemezo cyemerera umukirisitu w’iyo paruwasi gutaha ubukwe mu rindi dini anasaba imbabazi abo ‘cyabereye imbogamizi’. Ibi bikaba bibaye nyuma y’uko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu yamaganye (…)
Nzafashwanayo Jean Claude ukinira ikipe ya Benediction Excel Energy yegukanye irushanwa rya Tour de la République Démocratique du Congo ryasorejwe i Kinshasa kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2019.
Rayon Sports inganyije na Al Hilal Omdurman yo muri Soudani 1-1 mu mukino ubanza w’ikiciro kibanza cya Champions league wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Urubuga rwa Internet www.medicalnewstoday.com ruvuga ko imyumbati ari ikimera kiri bwoko bw’ibitera imbaraga, kimwe n’ibijumba, ibinyamayogi(ibikoro), aho igice cyo mu butaka cyakabaye ari yo mizi, kiba ari cyo kiribwa.
Amategeko y’u Rwanda agira icyo avuga ku nshingano z’ababyeyi ku mwana. Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, risobanura ibijyanye n’ububasha bwa kibyeyi ku mwana.
Pasiteri Antoine Rutayisire uyobora itorero Anglikani ry’i Remera mu Mujyi wa Kigali yasobanuye impamvu Ubumwe n’Ubwiyunge ari ngombwa mu Banyarwanda bitewe n’amateka mabi banyuzemo.
Madame Jeannette Kagame yashimiye abitabiriye amasengesho ngarukakwezi yo gusabira igihugu, barimo abayobozi muri Guverinoma, mu Nteko Ishinga Amategeko, mu bikorera no mu banyamadini n’amatorero, n’abandi baturutse hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga.
Abaturage b’Umurenge wa Nyagatare barasaba ubuyobozi kubafasha mu bukangurambaga bwo kurandura igiti cya Rwiziringa abana barya imbuto zayo bakarwara.