Perezida Kagame yakiriwe ku meza hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye uwo muhango barimo abo mu bihugu bya Angola, Botswana, Cap Vert, Mauritius, Namibia, Portugal, Afurika y’Epfo, Zambia, na Zimbabwe.
Perezida Kagame yerekeje muri Mozambique avuye i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, aho yari yitabiriye Inama mpuzamahanga yiga iterambere(Abu Dhabi Sustainability Week).
Filipe Jacinto Nyusi w’imyaka 60 y’amavuko wo mu ishyaka riri ku butegetsi Frelimo, yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yabaye mu kwezi kwa 10 mu mwaka ushize wa 2019, abona amajwi 73%, mu gihe Ossufo Momade bari bahanganye wo mu ishyaka Renamo ritavuga rumwe n’ubutegetsi we yabonye amajwi 22%.
Amafoto: Urugwiro
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Dushyigikiye peresidant wacu kuko kumenyekanisha urwanda mumahanga aribyagaciro nakomereze aho tumurinyuma!