Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Habimana Dominique, yavuze ko urwego rw’akagari ruzakomeza kongererwa ubushobozi kugira ngo ibibazo birurimo bikemuke, bityo serivisi rutanga ku baturage zinozwe, ndetse na bo boroherezwe mu byo bakora.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu ya Nyungwe barasaba ko yazitirwa kugira ngo barusheho gukora akazi kabo ka buri munsi batekanye.
Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda igiye gukina imikino y’Akarere ka Gatatu mu Iteramakofe muri Kenya bahize gutahana imidali.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryamuritse ikirango gishya cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagabo n’Abagore, mbere yo gutangira iya 2025-2026 ku wa Gatanu, tariki ya 17 Ukwakira 2025.
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe n’abahagarariye umutwe wa M23, basinye amasezerano y’agahenge, ikaba ari intambwe ikomeye mu kurangiza intambara yashegeshe Uburasirazuba bwa Congo.
Abakinnyi b’ikipe ya APR FC barimo Niyigena Clement, William Togui na Memel Raouf Dao bari bafite ibisuko ku mutwe bagaragaye mu isura nshya bose bogoshe mbere yo gusubukura shampiyona bakira Mukura VS ku munsi wa kane.
Muri Madagascar, abasirikare barangajwe imbere na Col. Michael Randrianirina batangaje ko bakuye ku butegetsi Perezida Andry Rajoelina, nyuma y’aho Inteko Ishinga Amategeko itoye umwanzuro wo kumweguza imushinja guta akazi.
Ikipe y’Igihugu ya Afurika yabonye itike y’Igikombe cy’Isi 2026 nyuma yo gutsinda Amavubi ibitego 3-0 mu mukino wabereye muri iki gihugu kuri uyu wa Kabiri.
Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, yatorewe kuba Senateri kuri uyu wa 14 Ukwakira mu Nteko Rusange y’Urwego rw’Igihugu rw’Inama y’Igihugu y’Amashyaka ya Politiki (NFPO).
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Police FC yatangaje ko yasinyishije Manishimwe Djabel nyuma y’igihe nta kipe afite.
Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa mu Karere ka Muhanga ryaganiriye ku ngingo zo kwita ku rubyiruko by’Umwihariko, hagamijwe kururinda gukurana umuco w’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ahubwo rugakura rwubaka Ubumwe nk’Inkingi ya mwamba izarugeza ku mibereho irambye.
Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina, yagejeje ijambo ku baturage bwa mbere nyuma y’igihe igihugu cye kirimo imyigaragambyo ikaze y’abiganjemo urubyiruko bazwi nka Gen Z, gusa uyu Mukuru w’Igihugu ntawe uzi aho ari kuko bivugwa ko yahungishijwe atinya kwicwa.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru n’abayobozi b’Ikigo cy’Afurika gishinzwe Imiti (African Medicines Agency/AMA), bigamije gusuzuma aho ibikorwa by’iki kigo bigeze, no kureba gahunda yo kwihutisha ukocyatangira gukorera i Kigali.
Mu mpera z’icyumweru gishize, umuryango w’Abahinde baba mu Rwanda bahuriye i Kigali, mu rwego rwo kwizihiza umunsi Mukuru wa Diwali.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yahagaritse umutoza wayo Afahmia Lotfi n’umwungiriza we, nyuma yo kumwangira gukoresha imyitozo kuri uyu ya Mbere yageze ku kibuga.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na myugariro Aimable Nsabimana ku bwumvikane.
Akigera muri Isarel, Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko igihe cy’intambara n’umwijima cyarangiye, hatangiye igihe gishya cy’amahoro n’iterambere mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mu cyumweru gishize, umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi wateranye ku nshuro ya kabiri mu nama igamije iterambere n’abafatanyabikorwa baturuka imihanda yose.
Mu gihe harimo kwitegurwa itangizwa ry’Ukwezi kwahariwe uruhare rw’umuturage mu igenamigambi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko Leta igiye kujya yishyura ibirarane by’ingurane z’imitungo y’abaturage hakoreshejwe telefone(Momo cyangwa Aitel Money), mu rwego rwo kwihutisha iki gikorwa.
Nyuma y’imyaka 29 babana, umugore w’umuhanzi w’icyamamare ku Isi mu njyana ya R&B akaba n’umucuruzi Akon, Tomeka Thiam yasabye gatanya , asaba miliyoni 100 z’amayero, mu gihe urukiko rwagaragaje ko uyu muhanzi afite ibihumbi 10 gusa by’amadolari kuri konti ye.
Amakimbirane yo mu miryango agaragazwa nk’inzitizi ikomeye ku iterambere ry’umwana w’umukobwa, bikaba byamuviramo nko guta ishuri, guhohoterwa mu buryo butandukanye, kwishora mu ngeso mbi, bikaba byatuma ejo hazaza he hadindira.
Mu Mujyi wa Kigali mu mpera z’iki cyumweru hasojwe amahugurwa y’abakora mu ruhererekane nyongeragaciro rw’ibikomoka ku mpu, yateguwe mu rwego rwo kubafasha kunoza ibyo bakora, kubimenyekanisha no gukorera hamwe hagamijwe kongera umusaruro.
Ni Shampiyona yatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11 Ukwakira 2025, aho ikipe ya Group Scolaire Marie Mercie yo mu Karere ka Nyaruguru, yatsinze iya Saint-Joseph Kabgayi yo mu Karere ka Muhanga, mu mukino ufungura Shampiyona y’abato mu mukino wa Volley ball mu Rwanda.
Patrick Herminie utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Seychelles yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ahigika uwari usanzwe ukiyobora bari bahanganye, Wavel Ramkalawan.
Ubwo Sendika y’Abakora mu bwubatsi, ububaji n’ubukorikori mu Rwanda, (STECOMA) yahaga impamyabushobozi (certificates) abafundi 500 bigiye ku murimo mu Mujyi wa Kigali, abazihawe babyishimiye, bavuga ko noneho zizaborohereza mu gusaba akazi no kugahabwa, kuko ari igihamya cy’uko bafite ubumenyi muri ako kazi.
Urubanza rwa Dr. Sosthene Munyemana wajuririye igihano cy’imyaka makumyabiri n’ine y’igifungo iki cyumweru rwashojwe n’ubuhamya bw’abana be mu rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba urubyiruko kwemera kugirwa inama, ariko rukanagira uruhare mu gusesengura cyangwa gushungura izo nama rugirwa niba hatarimo izarushora mu ngeso mbi.
LOLC Unguka Finance yateguye icyumweru cyahariwe umukiliya mu rwego rwo gushimira umukiliya ndetse n’utanga serivisi ku mukiliya buri munsi. Iyi gahunda y’icyumweru cy’umukiliya ni mpuzamahanga kandi hashize imyaka isaga 30 itangiye kwizihizwa.
Abo mu myaka yo hambere, ndetse n’abagiye bavuka nyuma yabo, baziranyeho ko mu myaka ishize iyo mu Rwanda havugwaga amata y’ifu, nta yandi yahitaga aza mu bwonko vuba nka NIDO.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yagaruye Sébastien Lecornu amugira Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, nyuma y’iminsi itanu gusa yeguye kuri uwo mwanya nanone atari amazeho n’ukwezi.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MOYA), irahamagarira urubyiruko kurushaho gukora imishinga itanga ibisubizo ku bibazo Igihugu gifite, banatanga akazi kuri bagenzi babo, kugira ngo bifashe Igihugu kugera ku ntego yo guhanga imirimo myinshi.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ’Amavubi ’ yatsindiwe na Benin igitego 1-0 kuri Stade Amahoro mu mukino w’umunsi wa cyenda wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, myugariro Kavita Phanuel atoragura amacupa y’amazi.
Umunyarwanda yabivuze neza ko umukiriya ari umwami, atari uko ari ingoma yimye, ahubwo kubera ko ari uw’agaciro gakomeye mu buzima bwa buri munsi bw’umucuruzi, cyangwa ubucuruzi ubwo ari bwo bwose.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye Umuyobozi Mukuru w’umuryango Mastercard Foundation, Reeta Roy ndetse na Sewit Ahderom ugiye gusimbura Roy mu mwaka utaha, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025.
Abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, mu biganiro bagiranye na Minisitiri w’Umutekano Dr Vincent Biruta ku ngamba zo gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda, bamwakirije ikibazo cy’amagaraje yo mu Rwanda arimo imikorere itanoze n’ubumenyi buke bw’abayakoramo.
Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel (Prix Nobel) cy’uyu mwaka wa 2025, cyegukanywe n’impirimbanyi muri politiki, itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela, Maria Corina Machado w’imyaka 58, akaba yagihawe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025.
Kuri uyu wa Gatanu, Ikipe ya APR FC yahagaritse abakinnyi bayo Mamadou Sy na Dauda Yussif kubera imyitwarire mibi bagaragaje mbere y’umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League batakinnye itsindwa na Pyramids FC 3-0.
Ku wa 9 Ukwakira, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula Von der Leyern ku mikoranire no gukomeza ubufasha mu bijyanye no gukora inkingo mu Rwanda.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, yatangaje ko ahantu hagaragara ko hateza impanuka hagera kuri 78, muriho 31 hazakosorwa bitarenze mu kwezi kwa Nzeri 2028.
Ubuyobozi bw’Umuryango Imbuto Foundation busanga guteza imbere uburere bw’abana bakiri bato ari umusingi ukomeye w’iterambere, kuko iyo umwana yitaweho hakiri kare, akurana urukundo n’ubupfura bimufasha mu buzima bwe bwose.
Perezida Paul Kagame ari i Bruxelles mu Bubiligi aho yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma, mu Nama yiga ku Ishoramari, izwi nka Global Gateway Forum 2025, aho yavuze ko hakenewe ubufatanye bushingiye ku nyungu rusange hagati y’Afurika n’u Burayi.
Uyu munsi, u Rwanda rwatashye imihanda itatu ya kaburimbo y’ibilometero 151 yubatswe cyane cyane ku bufatanye bwa Banki n’ibigo byiganjemo ibyo mu bihugu by’Abarabu.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize uburway ku myaka 64 y’amavuko.
Urwego rw’ubuzima n’urw’ubuhinzi ni zimwe mu zikomeye kuko zifatiye runini ikiremwamuntu, kubera ko ibiva mu buhinzi ari bimwe mu bituma umuntu arushaho kugira ubuzima bwiza, kandi igihe umuntu adafite ubuzima buzima, kiba ari igihe cyo kwitabwaho n’abaganga kuko hari ikiba kitagenda mu mubiri.
Abanyarwanda barimo Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice, Anne Lise Alida Kankindi wo muri AS Kigali, bahawe inshingano mu nzego z’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi ’FIFA’, basanzemo Ambasaderi Martin Ngoga.
Banki y’Abarabu y’Iterambere muri Afurika (BADEA), yahaye u Rwanda inguzanyo ya Miliyoni 45 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga Miliyari 65 z’Amafaranga y’u Rwanda.