Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, arashishikariza abahanzi kuzitabira inama ya ACCESS 2024 u Rwanda rugiye kwakira, kuko ari inama izabafasha kunguka ubumenyi bw’uburyo babyaza inyungu ibihangano byabo, cyane cyane muri iki gihe cy’iterambere ry’ikoranabuhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB), cyungutse ibitabo bibiri bikubiyemo indangagaciro ziranga Umunyarwanda, bizafasha abanyeshuri mu myitwarire yabo, bityo bakazakura ari Abanyarwanda bizihiye Igihugu.
Ku itariki ya 08 Ukwakira 2024, uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba, Uwimana Vedaste, yanditse asezera ku mirimo yari amazeho imyaka irindwi, avuga ko impamvu asezeye ari ukubera ko agiye kwiga kandi ko bitabangikanywa n’inshingano yari afite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buravuga ko bihaye gahunda irambye yo gufasha umuturage kwikura mu bukene, hashyirwa imbaraga mu guhugura urubyiruko, mu rwego rwo kubashishikariza kugira ubumenyi no guhatana ku isoko ry’umurimo.
Abaturage bo mu Turere twa Kirehe na Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba by’umwihariko abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), barishimira ko imikoranire myiza yabo n’iyo banki yabafashije kwiteza imbere.
Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yandikiwe ibaruwa na Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta (NPSC), imusaba gukuraho icyemezo cyo kwirukana umukozi witwa Ndagijimana Froduald ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo.
Imvura yaguye mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, yatumye umugezi wuzura uyobera mu mirima y’abaturage, wangiza imyaka y’ibigori ihinze ku buso bwa hegitari enye.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Rwanda bakorera ubucuruzi mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), bagaragaje ko bagihura n’imbogamizi zitandukanye zidindiza ubucuruzi bwabo, bagasaba ko inzego bireba zagira icyo zikora bigakemuka.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda(RSSB) rwatangaje ko ruzatera inkunga gahunda ya Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) igamije gukuba kane umubare w’abaforomo n’ababyaza hamwe no guhugura abaganga babaga.
Mu mikino ya Kamarampaka (Playoffs) yari imaze ibyumweru bibiri iba, ikipe ya REG WBBC ni yo yegukanye igikombe itsinze ikipe ya APR Women Basketball Club imikino 4-0 muri irindwi basabwaga gutanguranwa kuzuza ine. Uwa nyuma wabaye kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya REG WBBC ikaba yatsinze APR WBBC amanota 71 kuri 63.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024 umuntu umwe yishwe n’indwara ya Marburg, yuzuza umubare w’abantu 14 bamaze gupfa mu Rwanda bazize icyo cyorezo.
Banki ya Kigali (BK) yongeye gushimangira ubushake bwo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi bw’u Rwanda ifatanya na Kivu Choice Ltd, iyi ikaba ari kompanyi irimo kugaragaza umuvuduko no kuzana impinduka mu guteza imbere ibyerekeranye n’ubworozi bw’amafi mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe y’u Rwanda Amavubi itakinnye umukino mwiza yatsindiwe na Benin kuri stade Felix Houphety-Boigny muri Côte d’Ivoire igitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa gatatu w’amatsinda yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, aranenga abanyamadini n’amatorero biyita abahanuzi bagamije kwiba abanyantege nke bagendeye ku bikomere bafite.
Leta ya Florida muri leta zunze ubumwe z’amerika kugeza ubu, abantu 10 ni bo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’inkubi y’umuyaga, ndetse wangiza ibikorwaremezo.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024 yakiriye Intumwa yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Johan Borgstam, baganira ku bijyanye n’umusanzu w’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ndetse n’umutekano w’Akarere.
Nihon Hidankyo, itsinda ry’abayapani barokotse ibisasu bya kirimbuzi (bombe atomic), ryatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cya 2024.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko bufite ikibazo cy’ibicuruzwa biborera ku mupaka hakabura aho kubyerekeza kubera kubura ubushobozi bwo kubyangiza.
Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera wabaye Minisitiri w’Ubuzima n’uw’Uburezi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse akaba Umusenateri yitabye Imana.
Umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi wamaze gushyikiriza inzu wubakiye Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ mu rwego rwo kumushimira ku gihangano cyiza yakoze, indirimbo ye ikaba yararirimbwe mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame cyane cyane muri Nyakanga 2024.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024 abandi bantu batatu bakize indwara ya Marburg, abamaze gukira bose hamwe baba 15. Kuri uwo munsi nta wapfuye azize Marburg, nta n’uwanduye mushya wabonetse, abarimo kuvurwa ni 30.
Igihano cyahawe umwana witwa Habumugisha Fabrice wiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza muri GS Rukaragata, i Gihara mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, cyatumye Umuyobozi w’ishuri n’abo bafatanyaga batabwa muri yombi.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwatesheje agaciro ubujurire bwa Musonera Germain wari ugiye kuba Umudepite, bwo gukurikiranwa ari hanze ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha.
Nubwo ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe zikora kuri benshi mu nzego zitandukanye, ariko iyo bigeze mu rwego rw’ubuhinzi, abakora uwo mwuga bashegeshwa n’ingaruka zayo bitewe n’uko umusaruro uba mucye.
Perezida wa Turkey, Recep Tayyip Erdoğan yise Israel kuba ihuriro ry’iterabwoba rya Kiyahudi kubera ibitero byayo muri Lebanon no muri Gaza.
Mukwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku buzima bwo mu mutwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, cyageneye ubutumwa abakoresha ku kwita ku bakozi babo no kubarinda ibibazo byabatera ihungabana.
Umuforomokazi (utifuje ko amazina ye atangazwa) ukorera ikigo cy’ishuri i Kigali, ntashobora gusohoka na rimwe ngo ajye kure y’ikigo, kuko umunyeshuri wafatwa n’uburwayi cyangwa wahura n’impanuka, adashobora kubona undi muntu hafi wahita amuvura.
Ihuriro ry’Abayobozi b’lbigo by’Amashuri mu Rwanda, Heads of Schools Organisation in Rwanda (HOSO), ryatangaje ko rizafasha kwiga ku buntu kugeza barangije ayisumbuye, abana bagaragaje ubutwari bwo kwemera kunyagirwa bakarinda ibendera nk’ikirango cy’Igihugu, kugira ngo ridatwarwa n’umuyaga.
Rurangiranwa mu mukino wa Tennis, Umunya- Espagne, Rafael Nadal yatangaje ko mu Ugushyingo 2024, azahagarika gukina Tenis nk’uwabigize umwuga, nyuma y’umukino wa nyuma wa Davis Cup uzabera muri Espagne.
Urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ll, ruri kubakwa hagati y’Uturere twa Gakenke na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024 yakiriye Charlotte Helminger, umuyobozi muri Ambasade ya Luxembourg mu Rwanda (Chargé d’Affaires).
Banki ya Kigali (BK), ubwo yitabiraga umwiherero w’Abanyarwanda bo muri Diaspora wabereye muri Denmark mu Mujyi wa Copenhagen, ku matariki 5-6 Ukwakira 2024, yagaragaje ko ari umwanya ukomeye wo guhurira hamwe bakaganira ku bintu bitandukanye birebana n’u Rwanda nk’Igihugu bakomokamo.
Mu Karere ka Nyabihu hatangirijwe ku mugaragaro Ukwezi kwahariwe ibikorwa by’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ku rwego rw’Igihugu, aho urwo rubyiruko guhera kuwa gatatu tariki 9 Ukwakira 2024, rwatangiye kwegera abaturage no gufatanya na bo gukora ibikorwa bitandukanye, bibafasha kwigobotora ibibazo byari bibugarije, mu rwego (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 nta muntu wishwe n’indwara ya Marburg, nta wakize, nta n’uwanduye mushya wabonetse kuri uwo munsi.
Ibihugu by’u Rwanda na Guinea Conakry, byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye hagamijwe gutsura no kunoza umubano usanzwe urangwa hagati y’ibihugu byombi.
Umupilote w’indege ya sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya Turkish Airlines yo muri Turkiya, yapfuye bitunguranye mu gihe yari atwaye indege yari mu rugendo ruva muri Amerika rugana mu Mujyi wa Istanbul muri Turkiya.
Mu mukino wa kane mu ya nyuma ya kamarampaka (Playoffs), ikipe ya REG Women Basketball Club, yongeye gutsinda APR Women Basketball Club amanota 86-66, bituma yuzuza imikino 3 ku busa.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinnée-Conakry, Morissanda Kouyaté, wanamushyikirije ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, Mamadi Doumbouya.
Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umukandida Depite wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, yitije umugore n’abana b’inshuti ye bamaranye igihe agamije kubakoresha mu mafoto n’amashusho (Video), yo kwiyayamaza kugira ngo agaragaze ko agira umuryango kandi mu by’ukuri ngo nta mugore cyangwa abana agira, ahubwo yibanira n’imbwa ye gusa.
Umuryango International Alert, uvuga ko mu isuzuma wakoze mu matsinda 20 y’abantu 600 yo mu Mirenge ya Karangazi na Gatunda, byagaragaye ko Nyagatare ifite umwihariko wo kuba ituwe n’abantu benshi bavuye ahantu hatandukanye bitewe n’amateka y’Igihugu ndetse ikanagira umwihariko wo kuba yakira abantu benshi baturutse hirya no (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu muri Afurika abaturage batemererwa kugenderana cyangwa ngo habeho urujya n’uruza rw’ibicuruzwa biva mu bihugu bimwe bijya mu bindi.
Nyuma y’amakuru y’ibihuha yatangajwe ku wa Kabiri ko Perezida wa Cameroon, Paul Biya yitabye Imana, abayobozi bakuru mu gihugu bashimangiye ko n’ubwo amaze igihe atagaragara mu ruhame, ubuzima bwe bumeze neza nta kibazo afite.
Imvura ivanze n’urubura yaguye ku itariki ya 01 Ukwakira 2024 ikibasira Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke, yasigiye abaturage ibibazo bikomeye nyuma y’uko urubura rwangije imyaka yabo, bakaba bibaza ku buzima bwabo bw’ejo hazaza.
Ihuriro ry’Amashyirahamwe y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR), mu ntangiriro z’icyi cyumweru ryamuritse icapiro rishya rishushanya insimburangingo rikanazisohora uko zakabaye, hifashishikwe ikoranabuhanga rizwi nka 3D printer, kimwe mu bikorwa biri muri gahunda yo guteza imbere ubuzima bw’ababuze ingingo bafashwa kubona (…)
Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagaragaje imirongo yo muri Bibiliya irimo kumufasha kunyura mu bihe bigoye byo kweguzwa ku butegetsi, kandi akaba ari we wa mbere bibayeho mu mateka ya Kenya.
Ababyeyi ndetse na bamwe mu bana b’abakobwa basambanyijwe bikabaviramo guterwa inda no kubyara imburagihe, harimo abagifite imyumvire yo guhishira ababahohoteye bakanabatera inda banga kwiteranya na bo, iki kibazo kikaba gikomeje kubakururira uruhurirane rw’ingaruka zirimo no kuba hari abavutswa ubutabera.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 mu gihugu cya Misiri habereye tombola y’uko amakipe azahura mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo yasize u Rwanda rutomboye Djibouti.
Ministiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kuwa kabiri yatangaje ko igisirikare cy’Igihugu cye, cyishe uwari umuyobozi mushya w’umutwe wa Hezbollah, Hashem Safieddine wari wasimbuye Hassan Nasrallah, na we wishwe mu mpera z’ukwezi kwa Cyenda.
Abahagarariye amavuriro yigenga mu Rwanda baratangaza ko babangamiwe n’uko ibiciro by’ibikorwa by’ubuvuzi bitavugururwa, bikaba bituma amwe muri ayo mavuriro ahagarika ibikorwa byayo, n’andi akaba ari gukorera mu bihombo.