Abantu umunani bakize icyorezo cya Marburg ku wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 38.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko n’ubwo hari ikibazo cy’ubujura cyane cyane ubw’amatungo ariko kidakabije cyane kuko mu mezi atatu gusa hibwe inka 13, zirindwi ziteshwa abajura, enye zigaragara zamaze kubagwa naho ebyiri ziburirwa irengero.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arahumuriza abaturage cyane abo mu Karere ka Nyagatare ko nta bacengezi bari ku butaka bw’u Rwanda ahubwo abamaze iminsi bakora urugomo ari abafutuzi bagamije gucecekesha ababangamira ubucuruzi bwabo butemewe bwo kwinjiza ibiyobyabwenge mu Gihugu.
U Butaliyani bwafunguye ibigo bibiri mu gihugu cya Albania, byo kujya byoherezwamo abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo butubahirije amategeko.
Mu irimbi rya Gisirikare i Kanombe, niho habereye umuhango wo gusezera bwa nyuma no gushyingura Amb Col (Rtd) Dr Joseph Karemera.
Abantu 94 baguye mu mpanuka yatewe n’iturika ry’imodoka ya lisansi abandi bagera kuri 50 bakomereka bikabije.
Thomas Tuchel ukomoka mu Budage, wigeze no gutoza Chelsea, yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza (Three Lions), asinya amasezerano y’amezi 18.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko bagiye gukora igenzura rigamije kureba ko aborozi b’imbwa bubahiriza amabwiriza ajyanye n’ubu bworozi.
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi (WFP), ryatangaje ko abantu barenga miliyoni 27 bibasiwe n’amapfa akomeye mu kinyejana cya 21, ndetse byumwihariko miliyoni 21 z’abana bafite ikibazo gikomeye cy’imirire mibi.
Mu muhango wo guherekeza mu cyubahiro Amb Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024 mu Nteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yavuze uburyo Ambasaderi Colonel (Rtd) Joseph Karemera yitangaga muri byose ndetse akaba ari umwe mu bazanye igitekerezo cyo gutangiza urugamba rwo (…)
Kubera ko telefone zigezweho zizwi nka smart phone zikoze mu buryo zishobora kwangirika ubusa, abazikoze bateganyije n’ibirahure byo kuzirinda (screen protector), kugira ngo zidashwaraduka cyangwa zikaba zameneka igihe zituye hasi zikazamo imitutu ituma ikirahure kidakora neza.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, bitabiriye umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Amb Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera uherutse kwitaba Imana. Amakuru y’urupfu rwa Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yamenyekanye ku wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024.
Umukobwa w’imyaka 37 wo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga witwa Hagenimana Agathe, amaze imyaka 37 aryamye kuko kuva yavuka atigeze yicara cyangwa ngo ahagarare kubera ubumuga bw’ingingo.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2024, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arasura Akarere ka Nyagatare aho agirana ikiganiro n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bikorera muri aka Karere.
Inzobere mu bijyanye n’ubuzima bwa muntu zivuga ko umubiri w’umuntu nta mubare w’inkingo ntarengwa ushobora gukingirwa, kuko ufite ubushobozi bwo kwakira no gukingirwa inkingo zishoboka zose, kubera ko ziwufasha kongera abasirikare bahangana bakanawurinda indwara.
Abantu bane bakize icyorezo cya Marburg ku wa Kabiri tariki 15 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 30.
Isaha ni ingirakamaro mu buzima bwa muntu. Ni yo mpamvu mu mihanda itandukanye y’Umujyi wa Kigali hagiye hashyirwa amasaha kugira ngo afashe abahagenda n’abahatuye gukorera ku gihe no kumenya aho igihe kigeze.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, avuga ko muri gahunda y’imiturire n’imyubakire, u Rwanda rurimo kunoza umushinga w’imyubakire idasaba kwimura abahatuye, ahubwo abantu bagakomeza gutura aho basanzwe batuye. Uyu mushinga uri mu biteganywa muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere mu myaka iri imbere (…)
Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Ukwakira 2024, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yatsindiye Benin kuri Stade Amahoro ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa kane w’imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025, yigarurira icyizere cyo gushakisha itike.
Urukiko rukuru muri Kenya rwateye utwatsi icyifuzo cya Visi Perezida, Rigathi Gachagua wasabaga ko rwabuza Umutwe wa Sena kwiga ku cyemezo cyo kumukura ku butegetsi.
Umugabo n’umugore we bo mu Buhinde, barashakishwa na Polisi nyuma yo kwishyuza abantu asaga miliyoni 4.1 z’Amadolari bababwira ko bagiye kubasubiza itoto bakoresheje imashini.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ndetse n’Umujyi wa Kigali bafatiye mu makosa imodoka 34 ziri gutwara abagenzi mu buryo butubahirije amategeko.
Kampani ifite mu nshingano ibijyanye no gushyingura mu irimbi rya Nyamirambo izwi nka RIP Company, ntivuga rumwe n’ubuyobozi bw’uwo Murenge ku ifunga ry’iryo rimbi bivugwa ko ryuzuye.
Nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye inzu ibarizwamo Bar, Resitora, salle na sitoke bya Hotel Muhabura ikayangiza ndetse n’ibyarimo byose bigakongoka, nyiri iyi Hotel akaba n’Umuyobozi mukuru wayo Rusingizandekwe Gaudence, avuga ko n’ubwo ari igihombo gikomeye, bidashyize iherezo ku mwihariko yari ifite mu gusigasira (…)
I Londres mu Bwongereza hari kubera imurikabikorwa ryitabiriwe n’ibigo bisaga 20 byo mu Rwanda byohereza ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi bw’indabo mu mahanga.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wongeye kuvuga ku kibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abimukira muri Tunisia, nyuma y’uko hatangajwe raporo yakozwe n’inzobere za UN zishinzwe uburenganzira bwa muntu, aho muri iyo nyandiko yakozwe n’izo nzobere bamaganye iryo hohoterwa rimaze igihe rikorwa muri icyo gihugu.
Itegeko No 057/2024 ryo ku wa 20/06/2024 rigenga Amakoperative mu Rwanda ryitezweho guca akajagari mu micungire no gusigasira ubukungu bw’amakoperative, cyane ko mu bikubiyemo rigena ko abaziyobora n’abakozi bazo bazajya bamenyekanisha imitungo yabo kandi inakorerwe igenzurwa.
Ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga byo mu ijoro ryo ku itariki 02 rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, byibasiye uduce dutandukanye tw’Igihugu cyane cyane abatuye Intara y’Iburengerazuba, aho byahitanye abantu 135 bo hirya no hino mu gihugu.
Umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF) bavuga ko bahangayikishijwe n’ibikorwa byo gusambanya ku ngufu abagore n’abakobwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho uyu muryango ugaragaza ko ibi bikorwa bigenda byiyongera bitewe n’ibikorwa by’imitwe yitwaza intwaro.
Muri Sudani y’Epfo, imvura nyinshi yateje umwuzure wibasiye igice cya Leta ya Jonglei, bituma imiryango 375 isenyerwa abandi bava mu byabo ndetse abenshi ntibafite aho kuba.
Amakipe ya APR (Abagabo n’abagore) mu mukino wa Volleyball yari ahagarariye u Rwanda muri Tanzaniya, mu irushanwa mpuzamahanga ryo kwibuka uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Julius Kambarage Nyerere yegukanye ibikombe byombi.
Ubuyobozi bw’ikigo OVG gishinzwe kugenzura ibirunga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwemeje iruka ry’ikirunga cya Nyamulagira kirimo kurukira mu ishyamba ry’Ibirunga.
Nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye Hoteli Muhabura mu buryo butunguranye ikangiza byinshi birimo na zimwe mu nyubako zayo, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, yabwiye Kigali Today ko bimwe muri byo harimo ibyumba bitanu, Bar, Resitora, Ububiko bwayo n’ibyarimo byahiye birakongoka.
Umubare w’abakira icyorezo cya Marburg ukomeje kwiyongera, aho abandi batandatu bakize ku wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 26.
Iyo nkongi y’umuriro yibasiye Hoteli Muhabura mu ma saa yine y’ijoro ryo ku wa mbere Tariki 14 Ukwakira 2024, ngo yaba yahereye ahagenewe gutegurirwa amafunguro nk’uko amakuru agera kuri Kigali Today abivuga.
Umujyi wa Kigali uvuga ko uzatera ibiti birenga miliyoni eshatu ku nkengero z’imihanda no mu ngo mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere, ukazakoresha urubyiruko muri iyo gahunda izabamo no kubikurikirana kugeza bikuze.
Abarimu 2425 bo mu Turere twose tw’Igihugu bigisha isomo ry’amateka y’u Rwanda, bari bamaze iminsi mu mahugurwa, bavuga ko impamba batahanye ibakuyemo ubwoba bajyaga bagira iyo bigisha iryo somo, bujyanye no kuba bayagoreka biturutse ku mpamvu zitandukanye.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yagize Maj. Gen. Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, na ho Maj. Gen. Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere muri RDF.
Polisi y’u Rwanda irasaba abagenzi kugira uruhare mu kwirinda impanuka zo mu muhanda kuko zituruka ku tubahiriza amategeko y’umuhanda no kuwugendamo nabi.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, MINISANTE yagiranye ikiganiro n’abayobozi b’amadini n’amatorero ku miterere y’icyorezo cya Marburg mu Rwanda.
Umugore wo muri Brazil yeguriye ubuzima bwe gushakisha umwicanyi wishe Se kugira ngo agezwe mu butabera, bituma ajya no mu gipolisi ariko ashirwa afashe uwo mwicanyi nyuma y’imyaka 25 akoze ubwo bwicanyi. Bituma umuryango wiruhutsa ko ugiye kubona ubutabera.
Igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’umutwe wa Hezbollah cyishe abasirikare 4 ba Israel, kinakomerekeramo abantu 60, bikaba byatangajwe ko ari kimwe mu bitero bikomeye bibayeho bikagwamo abantu benshi kuva Israel yakwinjira mu ntambara yeruye n’uwo mutwe wa Hezbollah ubarizwa mu gihugu cya Lebanon, ku itariki 23 (…)
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice, yagaragaje ko iterambere ry’ama Koperative ridashobora kugira aho rigera zitaranzwe n’imikorere ishyize imbere imiyoborere n’imicungire inoze.
Muri Kenya, umukobwa ufite ubumuga yatewe n’indwara y’imbasa, yirukanywe iwabo mu rugo kugira ngo barumuna be babone uko barambagizwa bashake abagabo.
Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi y’u Rwanda (SONARWA General Insurance) Rees Kinyangi Lulu, hamwe n’uwari umucungamutungo wa Hotel Nobilis Aisha Uwamahoro, bari mu maboko y’ubugenzacyaha kuva ku itariki 2 Ukwakira 2024, aho bakurikiranyweho kunyereza arenga miliyoni 117 Frw.
Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, UNMISS, muri Sudani y’Epfo, zazindukiye mu muganda ku Ishuri Ribanza rya Kapuri.
Joann Kelly uzwi nka Buku Abi, umukobwa w’umuririmbyi Robert Sylvester Kelly wamamaye nka R. Kelly, yatangaje inkuru yatunguye benshi ubwo yavugaga ko Se, yamukoreye ibikorwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina akiri muto.
Abasaba serivisi muri imwe mu Mirenge yo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko hari inyubako z’Imirenge zitajyanye n’icyerekezo, bavuga ko zafatira urugero ku nyubako nshya y’Akagari ka Kora ko mu Murenge wa Gitega, aho bemeza ko kubatse neza kuruta Imirenge.
Abakorera bimwe mu bigo nderabuzima byo mu Turere two mu Rwanda, bavuga ko bari mu ihurizo ry’uburyo hari ibizamini bafatira abarwayi n’imwe mu miti baha ababigana, babikorera raporo na fagitire zishyuza RSSB, hakaba ibyo itemera kwishyura nyamara ngo biba biri ku rutonde rw’ibiba bigomba kwishyurwa.