Perezida wa FERWAFA mu bahawe inshingano muri FIFA

Abanyarwanda barimo Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice, Anne Lise Alida Kankindi wo muri AS Kigali, bahawe inshingano mu nzego z’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi ’FIFA’, basanzemo Ambasaderi Martin Ngoga.

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice yagizwe umwe mu bagize Akanama Gashinzwe Kurwanya Irondaruhu ndetse n’Ivangura, Anne Lise Alida Kankindi usanzwe ari umuyobozi mu ikipe ya AS Kigali, agirwa umwe mu bagize Akanama Gashinzwe Ikoranabuhanga, Guhanga Ibishya no kujyanisha n’igihe ruhago.

Shema Ngoga Fabrice na Anne Lise Kankindi, basanze muri FIFA, Ambasaderi Martin Ngoga asanzwe ari Umuyobozi w’Akanama Gashinzwe imyitwarire, inshingano arimo kuva muri Gicurasi uyu mwaka gusa yari asanzwe anarimo kuva mu 2021.

Aba bayobozi bose bashyizwe muri izi nshingano, bazibamo mu gihe kingana n’imyaka ine ariko bakaba bashobora kugira manda eshatu zitandukanye.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka