Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), yatangaje ko irimo gukora ubushakashatsi ku kibazo giteye impungenge cy’Abanyarwanda bakomeje kwica abandi hirya no hino mu gihugu, aho iteganya gusuzuma niba abarimo kuva mu magereza baba atari bo ntandaro y’ubwo bwicanyi.
Frank-Walter Steinmeier, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Budage aragirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Minisitiri Louise Mushikiwabo, nyuma y’uko ageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki 20/2/2015.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Mudugudu wa Nyarutovu, Akagari ka Gitarama, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga bavuga ko abana babo batiga amashuri y’inshuke kuko nta bushobozi bwo kubarihirira bafite.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Christian ariko ngo ukunze kwiyita François mu Mujyi wa Nyanza, yateshejwe na Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza ari mu biciro n’umukiriya ashaka kugurisha ishyamba rya Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bwiyemeje ko bugiye kujya bukemurira ibibazo by’abarezi ku mashuri bigishaho, hagamijwe kubafasha no kuborohereza mu bibazo bahura nabyo mu kazi.
Mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abarimu batandatu batawe muri yombi na Polisi mu Karere ka Nyamasheke baguwe gitumo ngo bakurikiranyweho gukoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko amafaranga ya VUP.
Nyuma y’imyaka itanu idakina Shampiyona ya Volleball maze ikaza kugaruka mu mwaka wa 2014, ikipe y’Umubano Blue Tigers yamaze gutangaza abakinnyi izifashisha mu mwaka wa 2015.
Komite Nyobozi y’Inama y’Abaguverineri ba Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD, imaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abantu umunani bazatorwamo uzasimbura Umunyarwanda Donald Kaberuka, wari umaze imyaka 10 ayiyobora.
Ababyeyi barerera mu ishuri rya G.S. St Joseph Muhato bavuga ko bahangayikishijwe n’uburyo umunyamabanga nshungamutungo, Karamira Jacques yananiwe kugaragaza irengero ry’amafaranga arenga miliyoni 1 n’ibihumbi 200 akandika avuga ko azayasubiza ikigo ariko imyaka ikaba ishize ari ibiri atarayagarura.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe baratangaza ko bacengewe na gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bakanenga abayobozi bacengeje amacakubiri mu baturage ndetse bakanabashishikariza kwicana.
Umugore witwa Mukamuganga Ester wo mu Mudugudu wa Gatare mu Kagari ka Munanira ho mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi arimo gushakishwa n’inzego z’umutekano ashinjwa kwica umugabo we Ndagijimana Daniel mu ijoro ryo kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015.
Ku wa gatandatu tariki ya 21/02/2015, Shampiyona y’umukino w’Intoki wa Volleyball iraza gutangira mu bahungu ndetse n’abakobwa.
Polisi y’Igihugu iratangaza kuva kuwa 16 kugeza ku wa 18/02/2015 yataye muri yombi abashoferi 17 bagerageza gutanga ruswa ku bapolisi nyuma yo kubafatira mu makosa atandukanye bakoreye mu muhanda.
Mu rwego rwo guca burundu indwara zituruka ku mirire mibi, Akarere ka Nyamasheke kari koroza amatungo magufi ababyeyi bafite abana bagaragayeho indwara zitandukanye zikomoka ku mirire mibi nka bwaki.
Kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abagororwa b’abagore bose bari bafungiye muri Gereza ya Rusizi bimuriwe muri Gereza Nkuru ya Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo naho abagabo bari muri Gereza ya Nyamagabe bimurirwa mu ya Rusizi, muri gahunda ya politiki y’amagereza yo kudafungira hamwe abagore n’abagabo.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside bijeje ubuvugizi imfungwa n’abagororwa badafite ibyangombwa byuzuye ngo baburanishwe, abarangije ibihano bagomba kurekurwa ndetse n’abafite ibindi bibazo bitandukanye bijyanye n’ifungwa ryabo.
Abavuzi gakondo babiri bari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo na Poste za Polisi zitandukanye mu Karere ka Nyagatare kubera gukora batabyemerewe abandi bakabikorana isuku nke, kimwe na bimwe mu bikoresho bibujijwe muri uyu mwuga.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside baratangaza ko aho ibikorwa byo kubungabunga imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu buryo burambye bigeze hashimishije.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu Karere ka Musanze buratangaza ko hari abatekamutwe babeshya ko ikarabiya ikozwe mu mabuye y’agaciro yitwa mercure rouge ahenda cyane kugira ngo babahe amafaranga.
Kutagira inyubako zihagije bituma abarwayi baryamana ku gitanda kimwe ari babiri mu bitaro bya Muhororo biri mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba, ibi bikaba bishobora kubabangamira ndetse ntibyorohe kwita ku isuku no gutanga ubuvuzi ku barwayi.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Ambasaderi Habineza Joseph, ubwo yatangizaga kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015 imurikagurisha ry’ibitabo ryateguwe n’abanditsi bo mu bihugu bigize Afurika y’Uburasirazuba ndetse na babiri bo ku rwego mpuzamahanga, yijeje aba banditsi kubabera umuhamya w’ibikorwa byabo.
Itsinda rya bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bo mu Gihugu cy’Ubudage bayobowe na Honorable Anita Schafer basuye Akarere ka Rulindo, ku wa kabiri tariki ya 17/02/2015, bagamije gusura ibikorwa by’amajyambere byatewe inkunga binyujijwe mu mushinga w’Abadage wa KFW.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwaburanishije Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François bafashwe baha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300, kugira ngo harekurwe imodoka y’umwe muri bo yari yafashwe ipakiwemo ibiti by’imisheshe.
Uruganda rutunganya ibiryo by’amatungo rwitwa “Zamura Feeds” rwafunguwe ku mugaragaro ku wa Kane tariki 19/02/2015 rwitezweho guteza imbere aborozi bongera amagi babonaga, ndetse n’abahinzi bakabona isoko ry’umusaruro wabo.
Umuhanzi akaba n’umuririmbyi mu njyana ya Reggae w’umunya Cote d’Ivoire, Tiken Jah Fakoly (Doumbia Moussa Fakoly), ngo asanga umugabane w’Afurika ari “amizero y’ejo hazaza h’isi”.
Nyuma y’aho hafatiwe icyemezo ko Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) ari cyo gisoresha imisoro yeguriwe uturere, benshi mu bagomba kuyitanga ngo bakomeje kuyikwepa.
Kayirere Marie Claire ushinjwa n’abantu banyuranye ko yabatetseho imitwe akabacucura ibyabo yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Busasamana tariki 19/02/2015, asubikisha urubanza nyuma yo kubura umwunganira mu mategeko kubera ikibazo cy’amikoro make.
Umushinga USAID Ejo Heza ku bufatanye n’Akarere ka Ngororero watangije gahunda yo kwigisha ingo abaturage bahabwa ubumenyi bw’ibanze ku gucunga imari, kwizigamira ndetse no gukorana n’amabanki mu bikorwa bibyara inyungu, mu rwego rwo kubafasha gucunga neza umutungo wabo.
Perezida Paul Kagame ngo asanga Afurika yakwihaza mu ngufu z’amashanyarazi ariko ibyo byagerwaho ari uko habaye imikoranire hagati ya za leta n’abikorera.
Guverinoma y’u Rwanda iherutse kwiha gahunda y’imyaka irindwi (2010-2017) yo kongerera ubushobozi imiryango itegamiye kuri leta kugira ngo ibashe gutanga umusaruro ufatika mu guteza imbere Abanyarwanda.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Iterambere (UNDP) yo kuva 2007-2013 ivuga ko kwegereza ubuyobozi abaturage byagize uruhare mu guteza imbere gahunda za Leta zo gufasha abaturage kwikura mu bukene nka Gira Inka, Ubudehe, n’Umuganda.
Umukinnyi Jimmy Mulisa wahoze akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gusinyana amasezerano n’ikipe ya Sunrise yo kuba umuyobozi wa Tekinike kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.
Umugabo utaramenyekana amazina arashakishwa nyuma yo gufatwa na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda kuri uyu wa 18 Gashyantare 2015 agahita yiruka kuko ngo yari atwaye inzoga za Amstel Bock za magendu.
Mu gihe amenshi mu mavuriro mu Rwanda avuga ko ahangayikishijwe n’ikibazo cy’abaturage bajya kwivuza badafite mituweri babura yo kwishyura bagatoroka batishyuye, Ibitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero byo ngo byashyizeho agasanduku abakozi babyo bashyiramo amafaranga yo kugoboka ababa babuze kwishyura. Muri iki (…)
Umuyobozi w’Intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé arasaba abarimu gukorera ku mihigo kugira ngo babashe gutanga uburezi bufite ireme.
Abakinnyi b’umukino wa Handball bagera kuri 20 nibo bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu utangira kuri iki cyumweru taliki ya 22/02/2015.
Umusaza Mashukane Bernard utuye mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Burera, umaze imyaka irenga 50 adodesha icyarahani, avuga ko muri iki igihe umwuga w’ubudozi wakiza uwukora aramutse abishyizemo ubushake n’imbaraga.
Ikipe ya Kiyovu Sports yihimuye kuri Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wabaye ku wa gatatu tariki 18/02/2014.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye abagabo babiri bakekwaho guha abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ruswa.
Ikipe y’abafite ubumuga ya Sitting Volleyball mu Karere ka Ruhango iri mu myiteguro yo kuzitabira amarushanwa yateguwe na NPC ku rwego rw’igihugu.
Croix Rouge y’u Rwanda yatangije umushinga ugamije gufasha abatishoboye kuva mu bukene cyane cyane bikemurira bimwe mu bibazo bibangamira iterambere ryabo.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Rulindo baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano wabo, mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka iyo jenoside ku nshuro ya 21.
Bamwe mu barimu bo mu Karere ka Bugesera bahawe ibyuma by’ikoranabuhanga bya IPOD na Plan International Rwanda baratangaza ko bibafasha gutegura amasomo no kuyigisha mu rurimi rw’Icyongereza, bigatuma amakosa yo kuvanga indimi bakoraga atakigaragara nka mbere batarabihabwa.
Abanyarwanda barakangurirwa guhagurukira ikibazo cy’ingutu kijyanye n’imyubakire y’akajagari kandi abo mu mijyi bagaharanira kubaka inzu zo guturamo zigerekeranye, kuko mu gihe baba bakomeje kubaka nk’uko bikorwa ubu, byazagera igihe Abanyarwanda bakabura ubutaka bwo guturaho ndetse n’ubwo gukoreraho ibindi bikorwa birimo (…)
Mu nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi yateranye tariki 18/02/2015, ikibazo cy’inyerezwa ry’amafranga ya VUP ndetse n’ay’ububiko bw’imiti nicyo cyafashe umwanya munini.
Abagabo batatu bafunzwe bakekwaho kugurisha ibikoresho byari bigenewe kubaka ishuri ribanza rya Rudaga mu karere ka Nyamasheke.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka arasaba imiryango nyarwanda itegamiye kuri leta gukora ibikorwa biteza imbere Abanyarwanda aho kuvuga gusa no kunenga ibitagenda.
Musabyemariya Anne, umugore ufite abana 4 wo mu Mudugudu wa Rwumba mu Kagari ka Buvungira mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 18 Gashyantare 2015, ashinjwa n’abaturanyi be gukuramo inda abigambiriye.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Reggae, umunya Côte d’Ivoire Doumbia Moussa Fakoly uzwi ku izina rya Tiken Jah Fakoly yasabye abahanzi bo mu Rwanda kureka umuco wo kwisanisha n’abahanzi b’i mahanga.
Umuririmbyikazi Jody Phibi arashyize yinjiye mu irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar (PGGSS) bwa mbere mu mateka ye, nyuma y’uko abafana bari bamaze iminsi banenga EAP kudaha amahirwe abahanzi b’abahanga.