Umuhanzikazi Butera Jeanne d’Arc uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Knowless ni we wegukanye ku uru wa 15 Kanama 2015, intsinzi ya Primus Guma Guma Super Star, ku nshuro yayo ya gatanu nyuma y’urugendo rutamworoheye na gato dore ko igeze hagati yari yasezeye bikaza kurangira asubiyemo.
Umwanditsi Nizeyimana tariki ya 14 Kanama 2015 yamurikiye Abanyarubavu igitabo “Ubumwe bw’abanyarwanda mu mateka yabo” gikubiyemo amateka y’u Rwanda.
Abahinzi b’ikawa nziza kurusha izindi bo mu karere ka Nyamagabe, umwaka urashize bagerageza kwishyuza NAEB amafaranga y’ibihembo by’ikawa zabo.
Abikorera bo mu karere ka Ruhango, biyemeje gukora ibishoboka byose ngo gare y’akarere ka Ruhango yubakwe vuba itangire gukoreshwa harimo n’uruhare rwabo rugera kuri 55%
Madame Jeannette Kagame arasaba abakobwa kutatinya ikoranabuhanga, ahubwo ko bagomba kurikoresha bavumbura udushya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’inzego z’umutekano bagiranye inama n’abikorera bo mu Karere ka Muhanga, babasaba kubaha akazi k’inzego z’umutekano.
Padiri Dominique Karekezi wayoboraga Ishuri Rikuru rya Kibungo (INATEK) yashyinguwe mu cyubahiro i Rwamagana ku wa gatanu tariki 14 Kanama 2015.
Abagize umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biga muri za Kaminuza, biga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Huye, baremeye incike za Jenoside ihene.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera bavuga ko bishimiye gahunda yo gucururiza ibirayi mu makusanyirizo, uretse ko hari ababaca intege bababwira ko bazajya bishyuzwa imisoro ku birayi baranguza.
Ambasaderi mushya wa Korea y’epfo, Park Yong-Min, hamwe na Fréderic Maria De Man w’Ubuholandi, bagejeje kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame inyandiko zibahesha guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda nka ba ambasaderi, kuri uyu wa gatanu tariki 14 Kanama 2015.
Madame Jeannette Kagame aratangaza ko mu Rwanda ari igihugu gifasha abakobwa gutera imbere, agendeye ku mibare igaragaza ko abakobwa bagera kuri 96% bashoboye kujya mu ishuri.
Amashami yose ya Kenya Commercial Bank (KCB), ku mugoroba wo kuri uyu wa 14 Kanama 2015 yafunze mbere ya saa mbiili z’umugoroba, maze amakiliya b’iyo banki bagaragaza kutishimira icyo cyemezo.
Umuryango mpuzahamahanga wa Action Aid ku bufatanye n’umuryango nyarwanda ugamije guteza imbere i Busoro (APIDERBU) bumvikanishije uburemere bw’ikibazo cy’abana bata ishuli mu buryo bw’ubukangurambaga bwifashishije imikino.
Itsinda ry’abahanzi bo mu Burundi baririmba indirimbo zihimbaza Imana “Heavenly Melodies” rigiye kumurikira umuzingo (album) waryo wa gatanu mu Rwanda, mu gitaramo “Overflow Concert” kizaba ku wa 6 Nzeri 2015 kuri Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.
Uwarindaga Banki y’Abaturage (BPR) ishami rya Rutsiro yagaragaje miliyoni enye mu mafaranga yari yibwe muri iyi banki, bituma babiri barimo umukozi ushinzwe kwakira abantu bakekwaga barekurwa.
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Rutsiro bifuza gutera imbere batangaza ko bagifite imbogamizi z’abagabo babo, bababuza kugana ibigo by’imari
Ikigo cy’ikoranabuhanga kitwa Rwanda Online, cyafashije Polisi y’igihugu ishami ribungabunga umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), korohereza abaturage uburyo bwo kwiyandikisha bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga zaba iz’agateganyo cyangwa se iza burundu, babicishije ku rubuga Rwanda Online yakoze rwitwa (…)
Urubanza Teta Sandra aregamo urubuga www.igihe.com n’umunyamakuru wacyo, Munyengabe Murungi Sabin, rwagombaga kuba kuri uyu wa 14 Kanama 2015 ku i saa tatu rwasubitswe rwimurirwa kuwa kane tariki 20 Kanama 2015 nyuma y’uko nyir’urwo rubuga, Igihe Ltd yanze umwe mu bagombaga kuruburanisha.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze bafatira ubwisungane mu kwivuza buzwi nka “mitiwelri” ku Kigo Nderabuzima cya Muhoza barara kwa muganga cyangwa bakabyuka igicuku kugira ngo babashe kwivuza.
Umuryango Never Again Rwanda watangije ibikorwa byawo mu Karere ka Musanze, ku wa 12 Kanama 2015 ngo witezweho kuzafasha abaturage bo mu Murenge wa Muhoza kuganira kuri gahunda za Leta no kuzisobanukirwa bigamije ko bazigiramo uruhare.
Ubuyobozi bw’Ikigo k’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere, kuri uyu wa 13 Kamena 2015 bwahumurije abasaba ibyangomba by’ubutaka ko batazongera gusiragira kuko begerejwe ababitanga mu mirenge.
Abatuye mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke, baratangaza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kubana binyuze mu mategeko, kuko kudasezerana bituma batizerana.
Nyuma y’uko hagaragaye uburwayi mu gihingwa cy’imyumbati bwateje igihombo mu bahinzi; Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yatanze imbuto nshya y’imyumbati ariko bayiteye na yo irarwara. Abahinzi bakeka ko ubu burwayi bushobora kuba buterwa n’ubutaka bahingamo, bakaba basaba ko bukorerwa isuzuma.
Mu gihe haburaga umunsi umwe ngo imikino y’agaciro Development Fund itangire,haje ku ba impinduka ku ngengabihe y’ayo marushanwa,aho amakipe yahise ashyirwa mu matsinda maze amakipe yombi akazagenda ahura hashingiwe ku turere aherereyemo.
Abaturage baturiye igishanga cya Gacaca cyo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza barasaba ingurane z’ubutaka bwabo bwakoreshejwe ubwo igishanga cya Gacaca cyatangiraga gutunganywa mu myaka itatu ishize.
Abatuye akarere ka Ngoma basanga nta mbaraga nyinshi zigishyirwa mu gukumira ba rutwitsi, Nyuma yuko umusozi usaga hegitari 12 ukongotse n’ababigizemo uruhare bakaba bataramenyekana.
Bamwe mu biga gusoma no nkwandika bakuze, mu Karere ka Gisagara bavuga ko nta muntu ukwiye kubaho mu bujiji kandi barabonye uburyo bworoshye bwo kwiga.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Kamonyi bahamya ko gahunda yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage, yahinduye uburyo bw’imiyoborere nabo ikabafasha guhumuka bakagira uruhare mu gutanga ibitekerezo ku bikorwa bibakorerwa.
Perezida Kagame aravuga ko u Rwanda rudashobora kwemera ko amahanga akomeza kurugaragura uko yishakiye, agendeye ku kibazo cya Lt Gen Karenzi Karake wari watawe muri yombi n’Urukiko rwo mu Bwongereza ariko rukaza kumurekura kuko nta cyo rwamushinjaga.
Abakoreye amakomini yahindutse Akarere ka Kayonza barasaba ubuyobozi bw’akarere kubishyura ibirarane by’imishahara yabo batishyuwe.
Perezida Paul Kagame ubwo yari mu muhango wo guhigura imihigo y’umwaka ushize wa 2014-2015 no gusinya imihigo mishya y’umwaka wa 2015-2016, wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kanama 2015, yavuze ko uturere dukunze kugaragara ku myanya ya nyuma mu mihigo, dukwiye kujya dutanga ibisobanuro bibitera bagafatanya kubikemura.
Abatuye umurenge wa Nkomane bafite ikibazo cy’uko umurenge wabo uri mu duce amashanyarazi atageramo, bigatuma batabasha gutera imbere nk’abandi baturage bamaze kubona amashanyarazi.
Ku wa 05 Nzeri 2015, mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze hazabera umuhango ukomeye wo kwita izina abana b’ingagi 24, kuri ubu bakaba bari mu myiteguro ikomeye y’uwo munsi uzaba ubaye ku nshuro ya 11.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera cyane cyane abo mu Murenge wa Rilima baravuga barashinja imbuto bahawe gutuma barumbya bigatuma bacika integer zo kongera guhinga soya.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abagore b’abayobozi bakuru b’u Rwanda n’abandi bahoze muri Guverinoma ya Leta y’Ubumwe, Unity Club, rifatanyije na Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu gikorwa cyo gushakisha "Abarinzi b’Igihango" hirya no hino mu gihugu, buravuga ko bwanyuzwe n’uko iki gikorwa kirimo gukorwa hirya no hino mu mirenge (…)
Abashinzwe gutora abarinzi b’igihango batangaza ko bizeye ko hari byinshi abakibyiruka bazigira ku bazatorwa, bikazatuma bakurana umuco Nyarwanda no gukunda igihugu nk’uko byahozeho kera.
Lt Gen Karenzi Karake, mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Kanama 2015 yageze mu Rwanda aturutse mu Bwongereza aho yari afungiye nyuma y’uko urukiko rwo mu Bwongereza rwa Westminster rwamuburanishaga rufashe icyemezo cyo kumurekura kuri uyu wa 10 Kanama 2015.
Ababyeyi bo mu murenge wa Nkomane, barifuza ko mu duce tw’ibyaro hakwiye kubakwa amashuri y’inshuke, kuko abana hari igihe habura ababitaho, bityo bakirirwa bazerera aho bashobora guhura n’ababahohotera cyangwa bakabakoresha n’imirimo ivunanye.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje gushakisha umutoza uzayitoza mu mwaka w’imikino wa 2015-2016,aho kugeza ubu abatoza bagera kuri batanu bari mu biganiro n’iyi kipe ya Rayon Sports,kugira ngo batoranywemo uzatoza iyi kipe y’i Nyanza.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yavaga mu Karere ka Rubavu yerekeza mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro ku bw’amahirwe imodoka izimya inkongi z’imiriro ya Polisi izwi nka “kizimyamwoto” itabara vuba isanga itarashya yose ngo ikongoke.
Iminsi icumi irashize abaranguza ibinyobwa bya BRALIRWA bafungiwe na Banki ya Kigali kubera umwenda Rutagengwa Oswald ukwirakwiza ibyo binyobwa afitiye watumye ububiko bw’inzoga (amadepo) bwose bufungwa kuko amakaziye yakoreshaga yose yatanzweho ingwate muri Banki.
Abaturage bo mu kagari ka Guriro mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu, bavuga ko ivuriro igiye kuzahubakwa izabaruhura ingendo ndende bakoraga bajya ku kigo nderabuzima.
Aborozi b’inka bo mu Karere ka Burera batangaza ko basigaye babura aho bagurisha amata yabo kuko ikaragiro ry’amata bagomba kuyagurishaho, riri muri Santere ya Kidaho mu Murenge wa Cyanika, ryuzuye ariko rikaba rimaze amezi abiri ritaratangira gukora.
Perezida Kagame yasabye abagize Koperative enye zikorera ahahoze hitwa Gakinjiro ubu hakaba hitwa Gakiriro mu Karere ka Gasabo, mu murenge wa Gisozi, gukora bazirikana indangagaciro y’igihe mu byo bakora, bakanakorana umurava kugira ngo bibafashe mu kubasha kurwana n’intambara yo kwiteza imbere.
Sindayigaya Marc bakunze kwita Professeur, umusore w’imyaka 22 wo mu Mudugudu wa Mapfundo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga avuga ko nubwo yananiwe kurenga umwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye yiyemeje gukoresha ubwenge afite akavumbura.
Umutungo kamere w’ibiti ugiye kurushaho gufatwa neza, aho ibikorwa mu mbaho bigomba kuba byiza bifite ireme kandi bitaremereye, nk’uko Perezida Paul Kagame yabyijeje ubufatanye n’ababikorera mu Gakiriro ka Gisozi ubwo yabagendereraga kuri uyu wa gatatu tariki 12 Kanama 2015.