Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko bufatanyije na Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere batangiye igenzura ry’isengero zose z’amadini agakoreramo, kugira ngo hatazagira urwongera kugwira abarusengeramo.
Kuwa gatatu tariki 7/1/2015 ni bwo amakipe yose y’ibihugu azagaragara mu mikino y’igikombe cya Afurika, yatanze intonde zanyuma z’abakinnyi 23 azifashisha mu mikino y’igikombe cya Afurika kigomba gutangira kuwa gatandatu tariki 17/1.
Urukiko rw’ibanze rwa Kagano rwafashe icyemezo cyo kuba rufunze umusore witwa Hafashimana Edison iminsi 30 mu gihe ategereje kuzaburana mu mizi.
Abafite inganda zinyuranye mu Karere ka Bugesera baratangaza ko babangamiwe no kutabona ibyo gupfunyikamo ibikorwa byabo bihendutse, kuko ibyo bapfunyikamo bituma ibicuruzwa bihenda.
Umugore witwa Mukantaganzwa Priscille utuye mu Mudugudu wa Mpara mu Kagari ka Cyome ko mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero yemeza ko ubu abarirwa mu bantu bakize mu Karere ka Ngororero abikesha Agakiriro kataramara n’umwaka gatangiye.
Nyiramubyeyi Jariya w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo gukuramo inda abigambiriye nk’uko abyiyemerera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buvuga ko bushobora kuzemerera abaturage kororera amafi mu rugomero rw’amazi rwo mu gishanga cya Cyiri.
Ishuri ry’umuziki ryo ku Nyundo ryafashe abanyeshuri 30 bashya bagiye kwigishwa amasomo ajyanye n’ubuhanzi bw’ubunyamwuga, riboneraho no kumurika urwego rushimishije abamazemo umwaka umwe batangiye bamaze kugeraho.
Mu rubanza ruregwamo abagabo bane bashinjwa kwica umugore nyuma yo kumusambanya, ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa burundu nyuma y’uko umwe muri bo yemeye ko ari bo bakoze icyo cyaha.
Urubyiruko rurangije itorero rusanga kwifashisha imbuga nkoranyambaga bifite akamaro mu gusakaza ibikorwa byarwo kuri rubanda no ku mubare mwinshi w’urubyiruko, kugira ngo n’abatitabira itorero babone ibikorerwamo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera aburira abayobozi b’ibigo by’amashuri bo muri ako karere ko ikigo kitazatsindisha umwana n’umwe mu byiciro by’amashuri abanza, ikiciro rusange ndetse n’ay’ibisoza amashuri yisumbuye, uyobora icyo kigo azahagarikwa kukiyobora abandi babishoboye bakiyobora.
Abagabo batatu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore mu Murenge wa Kabarore, mu Karere ka Gatsibo bakurikiranyweho gukoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano.
Nyuma y’uko Abanyehuye basezeranyijwe ko gare bari kubakirwa na KVSS izatahwa muri Mata 2014 ariko ntibishoboke, ubu noneho ngo izatangira kwifashishwa mu mpera z’ukwezi gutaha kwa Gashyantare.
Abaturiye umupaka wa Gatuna uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda barakangurirwa kwirinda ibishuko byabagusha mu busambanyi ndetse bakibuka gukoresha agakingirizo igihe bibaye ngombwa ko bakora imibonano mpuzabitsina.
Kuri uyu wa gatanu tariki 09/01/2015 abanyamakuru n’abayobozi mu Ntara y’Amajyepfo ku nshuro ya mbere barahurira mu mupira w’amaguru mu rwego rwo kurushaho kumenyana no gusabana kuko hari byinshi birebana n’ubuzima bw’igihugu bahuriramo.
U Rwanda ngo rwishimiye ko u Bubiligi bwiyemeje gushora imari mu Rwanda kuruta uko bwazana inkunga gusa. Nubwo hashize iminsi u Bubiligi buhagaritse inkunga ya miliyoni 40 z’Amayero bwagombaga guha u Rwanda ngo bwiyemeje kongera ishoramari mu Rwanda.
Mu gihe habura iminsi mike ngo umwaka w’amashuri 2015 utangire, mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Burera hagaragara ibyumba by’amashuri bitari byuzura kandi bigomba kuzigirwamo.
Urutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwa mbere muri 2015 rusize nta mpinduka nyinshi zibaye ku buryo ibihugu bikurikirana ugereranyije n’uruheruka gusohoka aho Ubudage bukiyoboye isi ya ruhago, Algeria ikayobora Afurika mu gihe u Rwanda rukiri imbere mu karere aho ruza ku mwanya wa 68 ku isi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwemeza ko kubana bitanyuze mu mategeko ari kimwe mu bizamura amakimbirane hagati y’abashakanye bikanatera imbogamizi mu kuyacyemura.
Kabatesi Penine w’imyaka 18 utuye mu Murenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare akaba ari umunyeshuri mu Rwunge rw’amashuri i Matimba (Groupe Scolaire de Matimba) mu mwaka wa kabiri, yafatanwe ibiro bitandatu by’urumogi kuwa gatatu tariki 07/01/2015 mu Murenge wa Gatore ubwo yari mu modoka atashye iwabo i Nyagatare.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa ryarangije kwemeza ko shampiyona y’icyiciro cya kabiri izatangira tariki 24/1/2015 mu gihe Abagore na bo bagomba gutangira gukina tariki 31 uko kwezi.
Urubyiruko rw’abanyamahanga rurashima intambwe u Rwanda rwateye mu kwimakaza umuco w’amahoro nyuma yo guca mu bibazo bya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, rukaba hari byinshi rwigiye ku Rwanda n’iterambere rumaze kugeraho.
Umukecuru witwa Mujawingoma Voronika w’imyaka 67 utuye mu Kagari ka Congo-Nil mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro atangaza ko inka yahawe muri gahunda ya Girinka yamufashije kuva mu buzima bubi.
Abanyeshuri bagiye gutangira ibikorwa by’urugerero mu karere ka Ngoma baremeza ko biteguye gutanga umusanzu mu guhindura imyumvire y’abaturage, kuko bahamya ko kuba hari ababayeho nabi bidaterwa n’ubushobozi bwabo ahubwo ari imyumvire.
Raporo yavuye mu bitaro byo mu karere ka Muhanga mu kwezi kwa 11 igaragaza ko ku barwayi 100 basuzumishije17 bari barwaye malariya . Imirenge ya Cyeza, Rongi na Nyarusange niho malariya yiganje.
Inama yahuje abayobozi b’imirenge ikora kuri Nyabarongo yo mu Karere ka Kamonyi n’aka Rulindo, abaturage n’abakoresha amato muri Nyabarongo mu rwego rwo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu, yanzuye ko nta muturage n’umwe wemerewe kuba yakorera akazi ko gutwara abantu n’ibintu muri Nyabarongo atujuje ibyangombwa bisabwa (…)
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu by’ikirere bugatangazwa n’ikinyamakuru La Libération, bugaragaraza ko kugira ngo gahunda yo kurinda isi guhura n’ubushyuhe bukabije izasaba ibihugu bicukura peteroli nyinnshi kuyigabanya.
Sergent Majoro Hakorumuremyi Alexis witandukanyije na FDLR nyuma y’imyaka 20 akorana nayo avuga ko igikorwa cyo gushyira intwaro hasi ku barwanyi ba FDLR byabangamiwe na Lt Gen Mudacumura uyobora FDLR nubwo byitirwa Gen Maj Victor Rumuri.
Iyo winjiye mu mujyi wa Gisenyi uhingukira ku busitani bwubatsemo inyubako izengurutswe n’amashitingi, umwaka ukaba ushize iyo nyubako itarashobora kurangira.
Uwari umukinnyi ukomeye mu mukino wa Tennis Gasigwa Jean Claude yitabye Imana kuri uyu wa kane tariki 8/1/2015 ubwo yarimo akora imyitozo isanzwe ku kibuga cya Cercle Sportif mu Rugunga.
Uwari umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko yeguye ku mwanya w’ubuyobozi bw’akarere kuko imbaraga zari zimaze kumubana nkeya, akaba yahaye abandi urubuga ngo nabo batange umusanzu wabo.
Abatuye mu mujyi wa Ngororero hafi y’ahari ibagiro ry’umujyi barasaba ubuyobozi bw’akarere kuryimura kuko ngo ribabangamiye. Bavuga ko umwanda uriturukamo ubateza umunuko ndetse n’ibisiga hamwe n’imbwa bihahora bishaka ibyo kurya bikaba bibateza umutekano mukeya.
Abaforomo babiri bo ku kigo nderabuzima cya Karambi kiri mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango; Mukeshimana Edith na Mukandanga Modeste barashinjwa icyaha cyo kubyaza umubyeyi umwana w’amezi atandatu bakamuta mu ndobo ijugunywamo imyanda.
Nyuma y’inama n’abakozi bashinzwe imirire mu bitaro n’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Karongi, Umuryango Society for Family Health (SFH) wiyemeje kongera ingufu mu kurwanya imirirre mibi cyane mu bukangurambaga binyuze mu mugoraba w’ababyeyi.
Kayumba Bernard wari umuyobozi w’Akarere ka Karongi yeguye ku mirimo ye nk’umuyobozi w’Akarere ku mpamvu ze bwite mu gitondo cyo kuwa 8/1/2015.
Ikipe ya Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya iri bwerekane abakinnyi bayo bashya kuri uyu wa kane mu muhango biteganyijwe ko uri bubere kuri Nyayo National Stadium muri aya masaha ya mugitondo.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, ndetse n’uw’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, beguye ku mirimo yabo ku mugaragaro muri iki gitondo cya tariki 08/01/2015 nyuma yuko inama njyanama zemeye ubwegure bwabo bari bazigejejeho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Bahizi Charles arasaba urubyiruko kudasinzira kuko ari bo mbaraga z’igihugu, kuko baramutse basinziriye igihugu cyahomba bigatuma n’abasigaye babura icyerekezo.
Intore z’inkomezabigwi mu Karere ka Muhanga zitangaza ko zihereye ku masomo zahawe mu byumweru bibiri zimaze zitozwa, ngo zigiye guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko ahanini usanga rwiganjemo n’urwarangije amashuri.
Nyuma yo kumva abatanze ibirego binubira amaradio ya City Radio, Radio One (R1) na Radio10, ndetse n’abahagarariye ayo maradiyo; Urwego rw’abanyamakuru rushinzwe kwigenzura (RMC), rwavuze ko ngo ibirego byatanzwe atari amakosa y’abanyamakuru b’ayo maradiyo.
Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye ruravuga ko rufite gahunda yo kubera abandi urugero rwiza rwigirira isuku, kandi rukazakora ubukangurambaga rushishikariza abaturage kugira isuku bita ku mibiri yabo, imyambaro, aho bagenda ndetse no mu ngo zabo.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo rwemeza ko kwitabira amasomo y’imyuga bizarufasha kwiteza imbere mu buryo butandukanye, kandi ko mu gihe ruzaba rurangije aya masomo ruzaba rutandukanye n’ubushomeri burundu kuko ruzahita rutangira kubyaza umusaruro ubumenyi rukuye mu bigo by’imyuga.
Mukakayonde Claudine amaze umwaka atunganya igihingwa cya Soya akibyazamo ibindi biribwa ndetse n’ibinyobwa, igikorwa avuga ko gifasha kongera agaciro k’iki gihingwa kandi akarushaho kwiteza imbere dore ko bimwinjiriza amafaranga ibihumbi 180 ku kwezi.
Wa mwana w’umukobwa w’imyaka 7, Mukakayigi Alice, wari watoraguwe ku muhanda mu Mujyi wa Rwamagana, tariki 07/01/2015, yaje kongera kugira amahirwe yo kubona abo mu muryango we mu ijoro rishyira uyu wa Kane, tariki 08/01/2015.
Igikorwa cyo gushyira amatara ku muhanda Kigali-Musanze-Rubavu kizarangirana n’itariki ya 10/1/2015 kikazarangira gitwaye amafaranga y’u Rwanda miliyari 7 miliyoni 997, ibihumbi 061 n’amafaranga 648 (7,997,061,648Rwf).
Muri iki gice cya kane ari na cyo cya nyuma ku nkuru zerekana imiturire mu gihugu, turabagezaho ibijyanye n’intara y’Amajyepfo. Uretse akarere ka Nyaruguru gafite umujyi udakora ku muhanda wa kaburimbo, utundi turere tugize intara y’Amajyepfo tugaragara ko tugenda dutera imbere mu kugira inyubako zigezweho.
Abasore babiri bo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze bafungiye kuri Stasiyo ya Muhoza mu Karere ka Musanze bakurikiranweho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 14 nyuma yo kumvikana amafaranga 500 yo kugira ngo basambane bakayabura akagenda atabaza batinya ko bimenyekana bamwicisha amabuye.
Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 7 y’amavuko uvuga ko yitwa Alice Mukakayigi yatoraguwe ku muhanda hafi ya gare ya Rwamagana kuri uyu wa 07/01/2015, avuga ko amaze kuburana n’abo bari kumwe mu modoka baturutse muri Uganda ahitwa Gisura ya Mbere.