Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buratangaza ko guhera kuri uyu wa kabiri ya 24 Gashyantare 2015, isoko ritangira kurema kabiri mu cyumweru, rikazajya rirema buri wa wa kabiri na buri wa Gatanu.
Bamwe mu bacuruza urwagwa mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare yo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko batakibona abakiriya, ahanini bitewe n’uko igiciro cy’ibigori kiri hasi bityo abaturage bagurisha umusaruro wabo ntibasengere.
Umuhanzi Doxa, umwe mu bahanzi bagaragayeho ibikorwa by’ubushabitsi bindi bibinjiriza bitari ubuhanzi gusa ngo kuba ari umuhanzi ntibimubera imbogamizi mu bucuruzi bwe b’inkweto.
Abikorera bo mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 bagiranye inama n’Ubuyobozi bw’ako karere yari igamije kongera kureba uruhare rwa buri wese mu Kigega Agaciro Development Fund (AgDF) maze ku ikubitiro bakusanya abarirwa muri miliyoni 8 n’ibihumbi 398 (8398000FRW).
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) igaragaza ko umucuruzi ubereye u Rwanda ari umucuruzi ukunda igihugu cye, agakora ubucuruzi bwemewe n’amategeko kandi agatanga imisoro uko bikwiye ntawe ubimuhatiye.
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire (UN-Habitat), Dr Joan Clos arashima u Rwanda kuba ruri guteza imbere imiturire hongerwa imijyi yunganira uwa Kigali, kuko bizafasha iterambere gukwira mu gihugu kurusha uko umujyi wa Kigali warushaho gutera imbere wonyine.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko witwa Jérôme Muyoboke wari mucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Musasa giherereye mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho gutorokana amafaranga y’u Rwanda miliyoni 6 y’iryo vuriro.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Mirenge ya Sake na Mutendeli yo mu Karere ka Ngoma ku gicamunsi cyo ku wa 23/02/2015 yasakambuye amazu y’abaturage, ishuri ribanza rya Nshiri ndetse abantu bane barakomereka.
Akarere ka Ngoma katashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri icyenda n’ubwiherero 12 byatwaye miliyoni zigera kuri 48, muri gahunda yihariye yo gusimbuza bimwe mu byumba by’amashuri bishaje.
Mukambarushimana Esther wo mu mudugudu wa Bara, Akagari ka Rubimba mu Murenge wa Kabare wo mu Karere ka Kayonza yaturikanywe n’ingunguru yari atekeyemo kanyanga kuri uyu wa 22 Gashyantare 2015 ahita apfa.
Abacungagereza 17 bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasizuba (EAC) hiyongereyeho ibihugu bya Mauritius na Seychelles batangiye amahugurwa y’iminsi itanu yo kubongerera ubumenyi bwitezweho kuzabafasha kunoza imikorere yabo no gusohoza inshingano zabo mu butumwa bw’amahoro butandukanye.
Umuyobozi w’Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Imiturire, kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 ari mu Rwanda mu Karere ka Rubavu aho arimo gusura ibikorwa b’ imiturire u Rwanda rwagezeho Ku bufatanye na UN-Habitat.
Abanyamuryango b’ishyaka PL (Parti Liberale) bo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye gusigasira ibimaze kugerwaho haba mu iterambere no mu mibereho myiza y’abaturage.
Mu gitondo cyo kuwa Mbere, tariki 23/02/2015, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land cruiser ifite numero ziyiranga RAA 643E yakoreye impanuka mu Murenge wa Kanyinya, ahitwa i Shyorongi mu Karere ka Nyarugenge umushoferi wari uyitwaye ahita apfa, naho abandi batatu mu bantu bane bari kumwe barakomereka.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana yegukanye umwanya wa mbere mu basiganwa ku magare batarengeje imyaka 23, mu gihe ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare yegukanye umwanya wa mbere mu makipe yo muri Afurika mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Bamwe mu bakina filimi mu Rwanda baranenga urutonde rw’abahatanira ibihembo bya Rwanda Movie Awards, bakinubira kuba batagaragara kuri urwo rutonde kandi ngo barakoze cyane mu mwaka ushize wa 2014, nk’uko babitangarije ikiganiro KT Idols cyatambutse kuri KT Radio tariki 21/02/2014.
Ibitaro by’uturere mu Ntara y’Iburasirazuba birabarura igihombo gisaga miliyoni 120 z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo kuvura abarwayi ariko bamara gukira, ngo bakabura ubwishyu bwa serivise bababa bahawe. Izi ngorane zo kutishyurwa ibitaro bihura na zo, ngo ahanini zishingira ku baturage batagira ubwisungane mu kwivuza (…)
Ku munsi wa 18 wa Shampiona, mu mukino wari utegerejwe na benshi warangiye APR FC inyagiye ikipe ya Rayon Sports ibitego BINE ku busa (4-0).
Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke bemeza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kuboneza urubyaro ku buryo biyemeje kuzajya babyara abo bashoboye kurera.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Youth Healing Center (RYHC) ukorera mu Karere ka Ruhango, rurishimira ibyo rugenda rugeraho bitewe n’amahugurwa atandukanye rutegurirwa n’uyu muryango.
Abanyeshuri barangije muri Lycée Ikirezi de Ruhango baravuga ko biteguye kujya ku isoko ry’umurimo kandi ko ubumenyi bahawe atari ubuzatuma biruka inyuma y’akazi, ahubwo bagomba gutinyuka bakihangira imirimo.
Kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015 mu Karere ka Rutsiro hatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi maze abayitabiriye basabwa kuba intangarugero muri byose kugirango babe “Bandebereho.”
Polisi y’igihugu, kuri uyu wa 20 Gashyantare 2015 yashyikirije abaturiye ikiyaga cya Rweru imyambaro yabugenewe (life Jacket) ibarinda impanuka zo mu mazi ndetse n’uyaguyemo akaba yatabarwa.
Mu gihe habura igihe kitagera ku mwaka ngo igikombe cy’Afrika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu (CHAN) gikinirwe mu Rwanda, Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Amb. Joseph Habineza, kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015 yasuye imirimo yo gusana ibibuga bizakinirwaho icyo gikombe yatangiye.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) irasaba abacuruzi bo mu ntara y’Iburasirazuba kubyaza umusaruro amahirwe ari muri iyo ntara bityo ubucuruzi bwabo burusheho gutera intambwe mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.
Umuyobozi w’Inama y’Ubuyobozi ya Koperative Umwalimu Sacco, Nzagahimana Jean Marie Vianney, ku wa 21 Gashyantare 2015 yatangaje ko bagiye kongera ingufu mu gukurikirana abanze kwishyura amadeni bafitiye Umwalimu Sacco, kugira ngo bishyuzwe.
Karuhije Alexis,w’imyaka 55 utuye mu murenge wa Kazo, Akagari ka Karama mu Karere ka Ngoma ngo kwegerezwa amashanyarazi mu cyaro byamufashije gukora umushinga wo gusharija batiri z’imodoka none ngo bimuhesha hafi miliyoni y’amafaranga ku mwaka.
Amakoperative y’abahinzi yo mu Karere ka Nyagatare akorana na PAM, kuri uyu wa 20 Gashyantare 2015, yashyikirijwe inkunga y’ubwanikiro by’imyaka mu rwego rwo kuborohereza akazi no kongera ubwiza bw’umusaruro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero ngo bumaze gusuzuma ibyari byasabwe n’intumwa za rubanda, umutwe wa sena, ko isoko rya Nyange rifungwa rikimurirwa ahandi kuko ngo ryubatse ahantu rishobora guteza impanuka kandi hari umwanda, ngo bwasanze butagomba kurisenya ko ahubwo buzarisana.
Imirimo ikorerwa mu Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke, irimo n’uburobyi ngo yaba yaragurishijwe rwiyemezamirimo n’ubuyobzi bw’amakoperative y’abarobyi bwacyuye igihe, ku buryo ibikorerwa muri icyo kiyaga byose bizajya bibanza gutanga umusanzu kuri uwo rwiyemezamirimo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kirehe bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri yatangiye kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015, aho biga ku mateka y’igihugu, uko cyavutse, uko kiyubaka n’uburyo cyubahiriza amategeko, bamazwe impungenge ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ari iry’Abanyarwanda akaba ari bashobora gufata umwanuro wo (…)
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ruheru ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba basigaye bahabwa umwanya bakagira uruhare mu kugena ibikorwa bizibandwaho mu mihigo ngo binabafasha gukurikirana bishyirwa mu bikorwa.
Kundwa Doriane ni we uhize abandi bakobwa 15 bahataniraga umwanya wa Nyampinga w’u Rwanda uzwi nka "Miss Rwanda" 2015, nyuma yo gutangira ahatana mu bandi benshi aturutse mu Ntara y’Amajyaruguru ubwo amajonjora yatangiraga mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative COTHEMUKI yo mu karere ka Nyaruguru batangiye kugarura ikizere cy’uko bashobora kubona umusaruro, nyuma y’aho kuva batangira guhinga icyayi mu 2009 bagiye bacibwa intege no kudahabwa inguzanyo ariko ubu zikaba zaraje n’ubwo zitazira igihe.
Uko ikinyobwa cya Coca Cola gikoze, biri ku rutonde rw’ibirungo birindwi bita, ‘7X’ bikomoka ku byatsi bituma Coca Cola igira uburyohe bwihariye. Ni ibanga ryabitswe imyaka ijana yose na sosiyete ya Coca Cola.
Bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR baravuga ko ingabo za Congo (FARDC) zihatira Abanyarwanda bari mu mutwe wa FDLR bashaka gutahuka mu Rwanda kujya mu nkambi ya Kisangani, aho kugira ngo zikomeze ibikorwa ziyemeje byo guhangana n’uyu mutwe.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Budage, Dr. Frank-Walter Steinmeier, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yijeje ko agiye kugaragaza isura y’ubukungu bw’u Rwanda mu Budage n’ahandi, mu rwego rwo kureshya abashoramari kuza gukorera mu Rwanda no muryango w’Afurika y’uburasirazuba muri rusange.
Abahinzi bo mu Rwanda batangaza ko n’ubwo ubuhinzi bugenda butera imbere, kubona inguzanyo z’amabanki ku mishinga y’ubuhinzi bikiri ingorabahizi.
Bamwe mu bakozi ba Leta basanga komisiyo y’abakozi ba Leta ibafatiye runini cyane mu birebana n’imicungire y’abakozi ndetse no mu bijyanye no kumenya inshingano n’uburenganzira bwa buri wese,yaba umukozi cyangwa umukoresha.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Gatera James, arakangurira abantu b’amikoro atandukanye kugana banki bagasaba inguzanyo, kugira ngo barusheho gutera imbere kuko kugira inguzanyo ya banki ubwayo atari bibi.
Abaturage bo mu murenge wa Muzo mu karere ka Gakenke barakangurirwa gukoresha ubutaka bakurikije igishushanyo mbonera cyabwo, kuko igishushanyo mbonera cy’akarere cyamaze kwemezwa ku buryo buri hantu hafite icyo hagenewe.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera batangaza ko kuba muri ako karere hagaragara abakobwa bishyingira bakiri bato, bataranuzuza imyaka 18 y’mavuko, biterwa ahanini n’ubukene buba buri mu miryango yabo.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri yisumbuye rwa Marie Rene (GS Marie Rene) ruherereye mu kagali ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro biga banakora imigati na Keke ngo kugira ngo amafaranga avamo abafashe mu myigire yabo.
Banki iharanira iterambere ya Urwego Opportunity Bank (UOB) yamaze gufungura ishami rishya mu karere ka RUbavu mu ntara y’Uburengerazuba, nyuma yo kubona ko abakiriya bari bamaze kwiyongera mu kugana agashami gato kari kahasanzwe.
Mu murenge wa Kirehe uherereye mu karere ka Kirehe haracyagaragara indwara zitandukanye mu ngo z’abaturage, zirimo amavunja n’inzindi ndwara zifata uruhu, nk’uko byagaragaye mu igenzura ryakorewe muri izo.
Kuri Iki cyumweru taliki ya 22/02/2015, ikipe ya Rayon Sports iraza kwakira ikipe y’APR Fc mu mukino wa Shampiona wo kwishyura
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François imyaka itandatu y’igifungo n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda kuri buri wese , bazira guha umupolisi ruswa y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda ngo abakorere ibibujijwe n’amategeko ariko we arayanga.
Uruganda Mount Meru Soyco rukora amavuta mu gihingwa cya Soya mu karere ka Kayonza mu nata y’Iburasirazuba, rwatangiye kubona umusaruro wa Soya utuma rukomeza imirimo yarwo nyuma y’ubukangurambaga rwakoreye abaturage, ariko uracyasanga bo barishimira igiciro rubaguriraho umusaruro wabo.