Ni nyuma y’uko mu mukino ubanza Police FC yari yayitsinze ibitego bitanu ku busa.
Ibitego bya Kiyovu Sports byatsinzwe ku munota wa 32 na Habyarima Innocent ndetse na Benedata Janvier ku munota wa 52 ku ishoti yatereye kure rigakora ku mutwe wa Fabrice Twagizimana.
Igitego cya Police FC cyo cyatsinzwe na Habimana Youssuf ku munota wa 45 w’igice cya mbere.

Nyuma yo gutsinda Police Fc, ikipe ya Kiyovu Sports yaje guhita ishyikira ikipe ya Police ku manota 24 n’ubwo ikipe ya Police igifite imikino ibiri y’ibirarane.
Ubwo imikino y’ibirarane yatangiraga gukinwa ku wa gatatu tariki ya 18/02/2015 kandi ikipe ya Sunrise yatsinze Marines ibitego 3-0.
Uyu ni umukino wari wasubitswe kubera urupfu rw’uwahoze ari Directeur Technique w’ikipe ya Sunrise, Capt Jean Marie Ntagwabira. Nkomezi Aléxis yatsindiye ikipe ye ibitego bibiri naho icya gatatu gitsindwa cya Segawa Mike.
Mu mpera z’iki cyumweru Shampiyona izakomeza aho imikino yose izaba ku cyumweru taliki ya 22/02/2015, mu gihe umukino utegerejwe na benshi uzahuza ikipe ya Rayon Sports yakira ikipe y’APR FC kuri Stade Amahoro.
Abakinnyi babanjemo muri Kiyovu

Kiyovu SC:Ganza Alex, Fitina Ombelenga, Niyonshuti Gadi, Hitimana Omar, Mukamba Namasombwa, Munyakazi Yussuf, Gashugi Abdul, Habimana Yussuf, Benedata Janvier, Sibomana Hussein na Mbakiye Miamy.

Police:Mvuyekure Emery, Uwacu Jean Bosco, Mwemere Ngirinshuti, Mugabo Gabriel, Twagizimana Fabrice, Kalisa Rashid, Ngendahimana Eric, Twagiramungu Jean Marie Vianney, Habyarimana Innocent,Tuyisenge Jacques na Niyonzima Jean Paul.
Indi mikino iteganijwe
Mukura VS na AS Kigali
Etincelles Fc na Espoir FC
Isonga na Kiyovu Sports
Amagaju FC na Sunrise FC
Police FC na Marines FC
Musanze FC na Gicumbi FC
Andi mafoto:










Sammy IMANISHIMWE
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|