Ikipe ya Rayon Sports yanganyije n’Isonga iri ku mwanya wa nyuma ubusa ku busa, mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Sitade ya Muhanga.
Nyirabahutu Berancille utuye mu mudugudu wa Kanyovu mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Bushekeri avuga ko atiteguye gutanga ubwisungane mu kwivuza igihe cyose azaba akiri ku isi ngo kuko asanga ubu buryo bunyuranye n’amahame n’imyemerere y’idini asengeramo ry’abadivantisite b’umunsi wa karindwi.
Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishirije imbere y’abaturage bo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 04 Werurwe 2015 abantu batandatu barimo n’abasirikare bari mu mugambi wo kwiba SACCO bakoresheje intwaro maze ubushinjacyaha bwa gisirikare bubasabira igifungo cya burundu.
Gusobanukirwa amategeko k’umuturage n’uburenganzira bwe ni intambwe ikomeye mu kuyubahiriza, bikanamufasha kumenya guharanira uburenganzira bwe, nk’uko biteganywa n’itegeko igihe yahohotewe bityo bigatuma abasha no kubana n’abandi neza.
Umupadiri witwa Havugimana Thacien w’imyaka 33 yitabye Imana nyuma yo gukora impanuka mu Kagari ka Kabushiye mu Murenge wa Rwaza, Akarere ka Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 4/3/2015.
Abaturage bo mu mirenge ya Ndaro, Nyange mu karere ka Ngororero n’abo mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga baturiye urugomero rwa nyabarongo rutanga amashanyarazi, baravuga ko bishimiye urugendo perezida wa repubulika azakorera kuri uru rugomero kuri uyu wa kane tariki 05/3/2015.
Abayobozi b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), bagaragarije abashoramari mu bikomoka kuri peterori ko uyu muryango ukungahaye kuri uwo mutungo kamere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buravuga ko kwifashisha ikoranabuhanga ari kimwe mu bizaca ingeso yo “gutekinika” imihigo no kongerera agaciro raporo zitanzwe kuko biba byoroshye kubona aho zaturutse.
Abubatsi b’Amahoro bo mu Karere ka Gicumbi baremeza ko ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda bumaze kugerwaho, kuko inyigisho bahaye abaturage babona zaratanze umusaruro mu gusana imitima y’abanyarwanda nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Ku wa 01 Werurwe 2015, umukobwa witwa Muhawenimana Bernadette ufite imyaka 37 utuye mu Kagali ka Nkira mu Murenge wa Boneza ho mu Karere ka Rutsiro yagerageje kwiyahura ngo kubera gutotezwa n’ababyeyi be ariko ntiyagera ku mugambi we.
Abapfakajwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, barishimira aho bagera mu iterambere nyuma y’akaga bahuye nako, bagashimira umuryango Femmes Développement wabegereye ukabafasha kwivana mu bukene.
Mu gihe hasigaye iminsi ine ngo PGGSS5 itangire, Senderi International Hit, umuhanzi ukunze kugaragaraho udushya tudasanzwe noneho byagera muri PGGSS agaca ibintu aratangaza ko afite inyota n’inzara byo kugera kure muri Guma Guma kurusha abandi bagenzi be bahanganye.
Abakinnyi 14 bagize ikipe y’igihugu ya Handball izerekeza muri Ethiopia mu mikino y’akarere ka gatanu izabera muri Ethiopia bamaze gutangazwa.
Hashize igihe kigera ku mezi abiri mu Itorero Umusozi w’Ibyiringiro, Umudugudu wa Ruyenzi, rifite urusengero mu Kagari ka Muganza, ho mu Murenge wa Runda; havugwa ikibazo cy’ubwumvikane buke buterwa n’uko Bizimana Ibrahim, umwe mu bapasiteri akaba n’umugabo w’Umushumba w’iryo torero ashaka kugurisha urusengero, kuko ngo (…)
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa gihuza Uturere twa Ngoma na Kirehe baravuga ko kuba cyarangiritse bibangamiye ubuhahirane n’imigenderanire, kuko giteza ibibazo ibinyabiziga bihaca.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko ya Toyota Hiace ya kompanyi itwara abagenzi ya Rugari yafashwe itwaye inzoga za magendu zo mu bwoko bw’Amstel bock.
Mu Kagari ka Rango B mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, ku wa kabiri tariki ya 04/03/2015 hatoraguwe umurambo w’umugore uri mu kigero cy’imyaka 30 mu musarani washaje.
Itsinda ry’abaganga b’amaso bo mu Bitaro by’Amaso bya Kabgayi, ku bufatanye n’Ibitaro bya Rwamagana, bamaze kubaga abarwayi b’amaso bagera kuri 300 bo mu Ntara y’Iburasirazuba, muri gahunda y’ubufatanye bw’ibi bitaro byombi yatangiye tariki ya 23/02/2015 kugeza ku wa 04/03/2015; hagamijwe kwegereza abaturage serivise (…)
Mu gihe abavuzi gakondo bavuga ko bafite ubushobozi bwo kuvura indwara harimo n’izananiye ubuvuzi bwa kizungu, bamwe mu bavuzi gakondo bo mu Karere ka Kamonyi batangaza ko bafite imbogamizi z’imyumvire y’abaturage itabemera nk’abanyamwuga ahubwo bakabitiranya abapfumu.
Mu buzima bwa buri munsi muntu agengwa n’amasezerano yaba ayo aba yakoze abizi cyangwa atabizi akaba ashobora no kumugiraho ingaruka mu rwego rw’amategeko. Ni yo mpamvu tugiye kurebera hamwe icyo amategeko y’u Rwanda ateganya ku bijyanye n’amasezerano.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza yaguye gitumo umugabo witwa Gatera Aloys atekeye ikiyobyabwenge cya Kanyanga iwe mu rugo, ahita ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) bafatanye umucuruzi wo mu Mujyi wa Musanze witwa Ndagijimana Céléstin inzoga zihenze za magendu yishyiriragaho ikirango cy’uko zasoze (tax stamp) kugira ngo hatazagira umutahura ko anyereza imisoro ya Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’inzego zishinzwe umutekano muri aka karere buravuga ko bugiye kubaka ikigo ngororamuco (transit Center) kizajya cyakira abagore.
Bizimana Mustafa, umupolisi mu gipolisi cy’u Rwanda ufite ipeti rya Kaporari yatoraguye ibihumbi bitatu by’amadolari y’Amerika (amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 100) yatawe n’umuntu winjira mu Rwanda nyuma yo gusakwa, tariki ya 02/03/2015 ku isaha ya saa cyenda na mirongo ine (15h40) arayamusubiza.
Urutonde rw’imishinga ya Leta ikekwamo ruswa n’iyadindijwe nkana igiye gushyikirizwa ubushinjacyaha kugira ngo ikorweho iperereza, ababigizemo uruhare babihanirwe.
Abasore 7 bari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Gatunda mu Karere ka Nyagatare, nyuma yo gufatwa bagerageza kwinjiza kanyanga n’ibindi biyobyabwenge mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa 03 Werurwe 2015.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwotso ko mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza, Gasanganwa Félix yari yivuganye umugore we Kayitesi Solange amukubise ifuni kubera amakimbirane yo mu muryango bafitanye.
Mutuyimana Ibrahim wari ufite imyaka 9, Izabayo Obed w’imyaka 5 na Rukundo Juvon w’imyaka 7 bahitanywe n’impanuka y’imodoka bashyinguwe ku 03/03/2015, ku bufatanye bw’imiryango yabo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero.
Mu gihe abatoza b’amakipe y’abana bo mu turere twa Musanze na Gicumbi barimo gutegurira abana bari munsi y’imyaka 15 kuzakinira amakipe makuru yo mu Rwanda by’umwihariko amakipe yo mu cyiciro cya mbere yo mu Ntara y’Amajyaruguru, Musanze F.C na Gicumbi F.C, Akarere ka Rulindo kabimburira utundi turere kugira politiki yo (…)
Abantu bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busogo mu Karere ka Musanze bakekwaho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 17 witwa Nyiramugisha wo mu Murenge wa Gataraga, mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira ku wa 27/02/2015, nyuma yo kumusambanya ku ngufu.
Umufaransa Raymond Domenech wari wifuje gutoza ikipe y’igihugu Amavubi aratangaza ko we iyo yifuza cyane ari ikipe y’igihugu ya Ireland.
Ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, mu Karere ka Burera, haracyagaragara abantu batandukanye bawunyuraho mu buryo butemwe n’amategeko bajya muri Uganda banyuze mu bisambu, kandi barashyiriweho uburyo bworoshye bwo kwambuka.
Nyuma y’umunsi wa kane wa Shampiona y’umukino wa Volleyball mu Rwanda, ikipe ya INATEK mu bagabo iraza ku mwanya wa mbere mu gihe mu bagore Rwanda Revenue Authority ari yo iyoboye.
Bamwe mu basore bo mu karere ka Ngoma baravuga ko kuba ababyeyi babasaba gutaha kare batinda bakabakingirana bakarara hanze bibabangamira, bakaba ngo barahisemo kujya biyubakira "Ikibahima".
Umugabo w’imyaka 27 witwa Jerome Renzaho, utuye mu Mudugudu wa Buranga, Akagari ka Ruhinga mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, amaranye uburwayi bw’imitsi yo mu mutwe imyaka irenga ibiri.
Abaturage 20 batuye mu Mudugudu wa Bikingi mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu,kuri uyu wa 02 Werurwe 2015 basoje amahugurwa y’icyumweru yo gukora amakara mu byatsi bahabwaga na Croix rouge y’u Rwanda.
Nyuma y’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda bitangaje ko muri Kamonyi hari umugore wabyaye igikeri, ubuyobozi n’inzego z’umutekano zarabikurikiranye, maze abaganga na nyir’ubwite bemeza ko atigeze atwita cyangwa ngo abyare.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Abalayiki b’Ababadiventisiti (INILAK) bagiye gushyiraho ikigega bazajya batangamo umusanzu wo gufasha kwishyurira amafaranga y’ishuri bagenzi babo badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yibukije ko kurandura umwanda wo ntandaro y’indwara nk’amavunja no gushyiraho ingamba zihamye zigamije guhashya abajura ari inshingano ya buri muyobozi.
Ipikipiki ifite numero ziyiranga RC139R igonganye n’imodoka ahitwa ku Mushumba mwiza mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali ahagana ku isaha ya saa kumi n’ebyiri ihita ifatwa n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Mu gitondo cyo ku wa 02/03/2015, abakinnyi b’ikipe ya Espoir FC banze gukora imyitozo kubera ko bamaze igihe cy’amezi 2 badahembwa.
Kuri uyu wa 01 Werurwe 2015, Umuvugizi wa Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Lambert Mende Omalanga, n’abasirikare bakuru muri Kivu y’Amajyaruguru, bagaragaje abarwanyi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC, FARDC harimo abamajoro babiri ngo batashye ariko bo ngo babagaragaza nk’abafatiwe ku rugamba.
Umukobwa witwa Nyirangayaberura Dinah uvuka mu Karere ka Gicumbi, mu Murenge wa Muko, Akagari ka Mwendo, Umudugudu wa Kabuye yabyaye umwana amuta mu musarane.
Urukiko rukuru rwa Gisirikare ruri i Kanombe rwategetse ko urubanza ruregwamo Col Tom Byabagamba, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Sgt (Rtd) Francois Kabayiza rwatangira kuburanishwa mu mizi bafunzwe, nubwo ku wa 24/02/2015 bari basabye kuburana bari hanze ya gereza.
Ahitwa i Hindiro mu karere ka Ngororero habereye impanuka imodoka ikoreshwa n’umuryango utegamiye kuri leta (ONG) igonga abanyeshuri, babiri bahita bahasiga ubuzima abandi benshi barakomereka, ubu bajyanywe kwa muganga.
Urwego rw’abinjira n’abasohoka mu Karere ka Nyanza, ku wa 28/02/2015 rwatangaje ko hari abasore batanu n’umukobwa umwe bo muri aka karere bari bashowe mu icuruzwa ry’abantu ariko uwo mugambi ukaburizwamo utaragerwaho.
Kuba abarezi ari bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga makeye ugereranyije n’abandi ndetse n’ibiciro ku masoko ngo bituma babaho mu buzima bugoranye kandi bikaba byagira ingaruka ku bo bigisha bityo bakaba basaba ko Leta yabashyiriraho ihahiro ryihariye rijyanye n’ubushobozi bwabo.
Mu gitondo cyo ku wa 02/03/2015, mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke hatoraguwe umurambo w’umugore w’imyaka 52 witwa Anastasie Mukangeruka, bivugwa ko yaraye atwawe n’umugezi wa Nyabarongo mu ijoro ryo ku wa 01/03/2015 ubwo yari avanye n’umugabo we mu kabari, akaza kumusigaho intambwe nyuma umugabo akamushaka akamubura.